Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kevine washenguye benshi yashyinguwe mu marira menshi hahishurwa ko yifuzaga kuvugisha Itangazamakuru

radiotv10by radiotv10
17/04/2022
in MU RWANDA
0
Kevine washenguye benshi yashyinguwe mu marira menshi hahishurwa ko yifuzaga kuvugisha Itangazamakuru

Ifoto yakuwe mu mashusho ya Isimbi TV

Share on FacebookShare on Twitter

Mu muhango wo guherekeza bwa nyuma Wibabara Kevine uherutse kwitaba Imana, abo mu muryango we bagarutse ku byamuraganga birimo kugira urugwiro kuri bose, ndetse bavuga ko yari afite gahunda yo kuzahura n’umunyamakuru akamubwira ishimwe yari afite.

Muri uyu muhango wabaye kuri uyu wa Kane, abo mu muryango wa nyakwigendera bavuze bimwe mu byamuranze mu burwayi bwe nko kuba yarakundaga kwikomeza agahorana icyizere.

Umwe mu bavandimwe we yagize ati “Yakundaga Imana cyane, umuntu uribwa mwatangira no kuririmba agasha kugufasha kuririmba no gusenga, ni cyo kintu yumvaga kimuha amahoro, ntabwo Kevine yatekerezaga ko azava mu mubiri ni cyo cyizere natwe twari dufite ni yo mpamvu mubona natwe byaturenze.”

Uyu muvandimwe wa nyakwigendera yavuze ko mu minsi ishize yari yamubwiye ko yifuza kuvugisha itangazamakuru by’umwihariko akanamubwira Umunyamakuru yifuza kuzavugisha wa YouTube Channel yitwa Isimbi TV.

Ati “Umunyamakuru umwe yaje ariko yaje yapfuye, twari kuzahura na we turi gushima Imana, ariko aje atariho atari bubashe kumubwira. Yarambwiye ngo Divi tuzajyana kureba Sabin, tuzajyana ku Isimbi nzabwira Imana ibitangaza byose yankoreye, nkamubwira nti ‘tuzajyana’, Kevine agiye atabivuze.”

Umugabo wa nyakwigendera bari bafitanye umwana umwe w’umuhungu, yavuze ko yari umunyamugisha kuba yari yarashakanye na Wibabara Kevine kubera imyitwarire ye myiza n’ubutwari bwamurangaga.

Yagarutse kuri byinshi babanyemo birimo uko bamenyaniye muri kaminuza, agahita yumva ko bagomba kuzabana kubera imico iboneye yari yaramubonanye.

Uyu mugabo wakuze ari impfubyi, yavuze ko yasabye Kevine ko bakubakana umuryango kugira ngo na we awugire kuko yawubuze akiri muto, undi akabimwemerera ndetse bakaza no kuwutangirana w’ibyishimo bakanagirirwa Ubuntu bakibaruka umwana.

Ati “Numvaga ko tuzabana, nkaba umubyeyi nkagira umwana akajya anyita Daddy, akamwita Mamy ni cyo nifuzaga kuko ni cyo nabuze mu bwana bwanjye.”

Yagarutse ku burwayi bwa nyakwigendera, avuga ko yakundaga gusenga cyane ndetse agahora asaba abantu kumusengera kandi ko bombi bumvaga bafite icyizere ko Imana izamukiza.

Yavuze ko mu magambo ya nyuma bavuganye, yamusabye kuzamumenyera umwana babyaranye, ati “Yagiye ambwira ibintu byinshi ariko yarambwiye ngo ‘niba mukunda koko nzamumenyere umwana ngo kandi aho azaba ari azaba arimo arabibona. Nanjye namusezeranyije ko nzamubera umubyeyi nzamuha ibimukwiriye n’inshingano za kibyeyi.”

Wibabara Kevine asize umwana umwe
Urupfu rwe rwashenguye benshi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − nineteen =

Previous Post

IFOTO: Perezida Ndayishimiye mu nzira y’umusaraba n’abakristu Gatulika

Next Post

Mu marira y’ibyishimo uwaburanye n’ababyeyi be muri Jenoside babonanye nyuma y’imyaka 28

Related Posts

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Save, mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bahuye n’ikibazo gikomeye mu buhinzi nyuma yuko urubura...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
24/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

IZIHERUKA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye
IMIBEREHO MYIZA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu marira y’ibyishimo uwaburanye n’ababyeyi be muri Jenoside babonanye nyuma y’imyaka 28

Mu marira y’ibyishimo uwaburanye n’ababyeyi be muri Jenoside babonanye nyuma y'imyaka 28

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.