Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kevine washenguye benshi yashyinguwe mu marira menshi hahishurwa ko yifuzaga kuvugisha Itangazamakuru

radiotv10by radiotv10
17/04/2022
in MU RWANDA
0
Kevine washenguye benshi yashyinguwe mu marira menshi hahishurwa ko yifuzaga kuvugisha Itangazamakuru

Ifoto yakuwe mu mashusho ya Isimbi TV

Share on FacebookShare on Twitter

Mu muhango wo guherekeza bwa nyuma Wibabara Kevine uherutse kwitaba Imana, abo mu muryango we bagarutse ku byamuraganga birimo kugira urugwiro kuri bose, ndetse bavuga ko yari afite gahunda yo kuzahura n’umunyamakuru akamubwira ishimwe yari afite.

Muri uyu muhango wabaye kuri uyu wa Kane, abo mu muryango wa nyakwigendera bavuze bimwe mu byamuranze mu burwayi bwe nko kuba yarakundaga kwikomeza agahorana icyizere.

Umwe mu bavandimwe we yagize ati “Yakundaga Imana cyane, umuntu uribwa mwatangira no kuririmba agasha kugufasha kuririmba no gusenga, ni cyo kintu yumvaga kimuha amahoro, ntabwo Kevine yatekerezaga ko azava mu mubiri ni cyo cyizere natwe twari dufite ni yo mpamvu mubona natwe byaturenze.”

Uyu muvandimwe wa nyakwigendera yavuze ko mu minsi ishize yari yamubwiye ko yifuza kuvugisha itangazamakuru by’umwihariko akanamubwira Umunyamakuru yifuza kuzavugisha wa YouTube Channel yitwa Isimbi TV.

Ati “Umunyamakuru umwe yaje ariko yaje yapfuye, twari kuzahura na we turi gushima Imana, ariko aje atariho atari bubashe kumubwira. Yarambwiye ngo Divi tuzajyana kureba Sabin, tuzajyana ku Isimbi nzabwira Imana ibitangaza byose yankoreye, nkamubwira nti ‘tuzajyana’, Kevine agiye atabivuze.”

Umugabo wa nyakwigendera bari bafitanye umwana umwe w’umuhungu, yavuze ko yari umunyamugisha kuba yari yarashakanye na Wibabara Kevine kubera imyitwarire ye myiza n’ubutwari bwamurangaga.

Yagarutse kuri byinshi babanyemo birimo uko bamenyaniye muri kaminuza, agahita yumva ko bagomba kuzabana kubera imico iboneye yari yaramubonanye.

Uyu mugabo wakuze ari impfubyi, yavuze ko yasabye Kevine ko bakubakana umuryango kugira ngo na we awugire kuko yawubuze akiri muto, undi akabimwemerera ndetse bakaza no kuwutangirana w’ibyishimo bakanagirirwa Ubuntu bakibaruka umwana.

Ati “Numvaga ko tuzabana, nkaba umubyeyi nkagira umwana akajya anyita Daddy, akamwita Mamy ni cyo nifuzaga kuko ni cyo nabuze mu bwana bwanjye.”

Yagarutse ku burwayi bwa nyakwigendera, avuga ko yakundaga gusenga cyane ndetse agahora asaba abantu kumusengera kandi ko bombi bumvaga bafite icyizere ko Imana izamukiza.

Yavuze ko mu magambo ya nyuma bavuganye, yamusabye kuzamumenyera umwana babyaranye, ati “Yagiye ambwira ibintu byinshi ariko yarambwiye ngo ‘niba mukunda koko nzamumenyere umwana ngo kandi aho azaba ari azaba arimo arabibona. Nanjye namusezeranyije ko nzamubera umubyeyi nzamuha ibimukwiriye n’inshingano za kibyeyi.”

Wibabara Kevine asize umwana umwe
Urupfu rwe rwashenguye benshi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 3 =

Previous Post

IFOTO: Perezida Ndayishimiye mu nzira y’umusaraba n’abakristu Gatulika

Next Post

Mu marira y’ibyishimo uwaburanye n’ababyeyi be muri Jenoside babonanye nyuma y’imyaka 28

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

IZIHERUKA

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?
FOOTBALL

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

15/01/2026
Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu marira y’ibyishimo uwaburanye n’ababyeyi be muri Jenoside babonanye nyuma y’imyaka 28

Mu marira y’ibyishimo uwaburanye n’ababyeyi be muri Jenoside babonanye nyuma y'imyaka 28

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.