Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kevine washenguye benshi yashyinguwe mu marira menshi hahishurwa ko yifuzaga kuvugisha Itangazamakuru

radiotv10by radiotv10
17/04/2022
in MU RWANDA
0
Kevine washenguye benshi yashyinguwe mu marira menshi hahishurwa ko yifuzaga kuvugisha Itangazamakuru

Ifoto yakuwe mu mashusho ya Isimbi TV

Share on FacebookShare on Twitter

Mu muhango wo guherekeza bwa nyuma Wibabara Kevine uherutse kwitaba Imana, abo mu muryango we bagarutse ku byamuraganga birimo kugira urugwiro kuri bose, ndetse bavuga ko yari afite gahunda yo kuzahura n’umunyamakuru akamubwira ishimwe yari afite.

Muri uyu muhango wabaye kuri uyu wa Kane, abo mu muryango wa nyakwigendera bavuze bimwe mu byamuranze mu burwayi bwe nko kuba yarakundaga kwikomeza agahorana icyizere.

Umwe mu bavandimwe we yagize ati “Yakundaga Imana cyane, umuntu uribwa mwatangira no kuririmba agasha kugufasha kuririmba no gusenga, ni cyo kintu yumvaga kimuha amahoro, ntabwo Kevine yatekerezaga ko azava mu mubiri ni cyo cyizere natwe twari dufite ni yo mpamvu mubona natwe byaturenze.”

Uyu muvandimwe wa nyakwigendera yavuze ko mu minsi ishize yari yamubwiye ko yifuza kuvugisha itangazamakuru by’umwihariko akanamubwira Umunyamakuru yifuza kuzavugisha wa YouTube Channel yitwa Isimbi TV.

Ati “Umunyamakuru umwe yaje ariko yaje yapfuye, twari kuzahura na we turi gushima Imana, ariko aje atariho atari bubashe kumubwira. Yarambwiye ngo Divi tuzajyana kureba Sabin, tuzajyana ku Isimbi nzabwira Imana ibitangaza byose yankoreye, nkamubwira nti ‘tuzajyana’, Kevine agiye atabivuze.”

Umugabo wa nyakwigendera bari bafitanye umwana umwe w’umuhungu, yavuze ko yari umunyamugisha kuba yari yarashakanye na Wibabara Kevine kubera imyitwarire ye myiza n’ubutwari bwamurangaga.

Yagarutse kuri byinshi babanyemo birimo uko bamenyaniye muri kaminuza, agahita yumva ko bagomba kuzabana kubera imico iboneye yari yaramubonanye.

Uyu mugabo wakuze ari impfubyi, yavuze ko yasabye Kevine ko bakubakana umuryango kugira ngo na we awugire kuko yawubuze akiri muto, undi akabimwemerera ndetse bakaza no kuwutangirana w’ibyishimo bakanagirirwa Ubuntu bakibaruka umwana.

Ati “Numvaga ko tuzabana, nkaba umubyeyi nkagira umwana akajya anyita Daddy, akamwita Mamy ni cyo nifuzaga kuko ni cyo nabuze mu bwana bwanjye.”

Yagarutse ku burwayi bwa nyakwigendera, avuga ko yakundaga gusenga cyane ndetse agahora asaba abantu kumusengera kandi ko bombi bumvaga bafite icyizere ko Imana izamukiza.

Yavuze ko mu magambo ya nyuma bavuganye, yamusabye kuzamumenyera umwana babyaranye, ati “Yagiye ambwira ibintu byinshi ariko yarambwiye ngo ‘niba mukunda koko nzamumenyere umwana ngo kandi aho azaba ari azaba arimo arabibona. Nanjye namusezeranyije ko nzamubera umubyeyi nzamuha ibimukwiriye n’inshingano za kibyeyi.”

Wibabara Kevine asize umwana umwe
Urupfu rwe rwashenguye benshi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven + fifteen =

Previous Post

IFOTO: Perezida Ndayishimiye mu nzira y’umusaraba n’abakristu Gatulika

Next Post

Mu marira y’ibyishimo uwaburanye n’ababyeyi be muri Jenoside babonanye nyuma y’imyaka 28

Related Posts

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yakiriye mu Biro bye, abarimo Prof. Dong-Sup Yoon usanzwe ari Perezida wa Yonsei University, Kaminuza yo muri...

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

by radiotv10
27/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yamaze gutanga ikirego mu Rukiko Ruhoraho rushinzwe Ubukemurampaka, iregamo iy’u Bwongereza nyuma yo guhagarika amasezerano Ibihugu byombi...

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

by radiotv10
27/01/2026
0

Brigadier General Godfrey Gasana wahoze ari Umugaba Wungirije w’Ingabo zirwanira mu Kirere akaba aherutse kugirwa Umupilote wihariye wa Perezida wa...

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza, Bill na Joyce Cummings; ndetse n’abagira uruhare...

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

by radiotv10
27/01/2026
0

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) ku bufatanye n’Ihuriro ry’Imiryango itari iya Leta, bari mu bukangurambaga bwo gukumira indwara zititaweho, zirimo...

IZIHERUKA

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi
IMYIDAGADURO

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

27/01/2026
Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

27/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

27/01/2026
AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

27/01/2026
Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

27/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu marira y’ibyishimo uwaburanye n’ababyeyi be muri Jenoside babonanye nyuma y’imyaka 28

Mu marira y’ibyishimo uwaburanye n’ababyeyi be muri Jenoside babonanye nyuma y'imyaka 28

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.