Friday, May 9, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

KIGALI: Abakanishi ntibumva uburyo babuzwa gukora akazi bazira icyangombwa cy’urukingo rwa COVID-19

radiotv10by radiotv10
10/08/2021
in Uncategorized
0
KIGALI: Abakanishi ntibumva uburyo babuzwa gukora akazi bazira icyangombwa cy’urukingo rwa COVID-19
Share on FacebookShare on Twitter

Abakora umwuga w’ubukanishi bibumbiye muri koperative “Icyerekezo”  ihereye mu murenge wa Gatsata mu mujyi wa Kigali, barinubira ko babuzwa kwinjira mu kazi batabanje kwerekana icyemezo cyuko bakingiwe COVID-19.

Aba bavuga ko iki cyemzo gituma hari abamara iminsi badakora kubera ko bajya aho bakingirirwa bakahasanga abantu benshi bigatuma bataha badakingiwe.

Ubuyobozi bwa Koperative buvuga ko nta bundi buryo bwari gukoreshwa ngo abanyamuryango bikingize.

Muri gahunda, buri umukozi wese ugeze kuri buri rwinjiriro abanza kwerekana icyemezo cy’uko yakingiwe, utagifite asubizwayo nta bisobanuro bindi atanze.

Mu majwi ya bamwe muri aba bakanishi bakorera muri iri garaje,  barinuba bavuga ko batumva impamvu inzego za leta zivuga ko kwikingiza ari ubushkae, ariko bo bakaba babihatirwa kugeza n’ubwo bimwa uburenganzira bwo gushaka umugati.

Uwitwa Singirankabo yagize ati ” Mperuka kwikingiza leta ivuga ko ari ubushake ariko se ubu nibwo bushake bavuga? ubu se ntitwabihatiwe?”

Image

Abakorera mu igaraje riri mu Gatsata ntabwo bumva icyemezo cyabafatiwe 

Aba bavuga ko ikibabaza ngo ari uko babwiwe umunsi umwe ko bajya kwikingiza ngo ariko bugacya byabaye itegeko kubera ubwinshi bw’abantu baba bari kuri site bikingirizaho hari abamaze kujyayo inshuro ebyiri bagataha badakingiwe.

Ibi kandi bikajyana n’uko uwo munsi badakora kuko ntawakwinjira atikinjie, bagasanga ari uguhonyora uburenganzira bwabo.

Agaragaza uburyo bashaka kwikingiza akabura uko akingirwa kubera ubwinshi bw’abantu, Kamana Jean de Dieu yagize ati “Maze iminsi ibiri njya kwikingiza nkahasanga abantu benshi bigatuma ntakingirwa, ubwo kandi niko ntanajya mu kazi kuko sinabona icyangombwa cy’uko nikingije”

Aba basaba ko hajya hatangwa igihe gihagije, abantu bakajya basimburana ku buryo badasabwa kugendera rimwe bigatuma hari abamara iminsi badakora kubera ko batagezweho. Twabajije umuyobozi w’iyi koperaive”Icyerekezo” witwa Mousa impamvu bashyizeho itegeko ryo kwikingiza n’icyo avuga kuri izi mbogamizi z’abanyamuryango ayoboye, asubiza ko nta bundi buryo bwari buhari bwatuma abakorera muri iri garaje bajya kwikingiza, kandi ngo babonaga bamwe baseta ibirenge.

“Twabamenyesheje  kuva ku wa Gatanu ko bagomba kwikingiza, ariko kugeza uyu munsi hari abari batarajyayo, nta bundi buryo rero bundi twarigukoresha ngo bajyeyo uretse gusaba buri wese kujya za mu kazi abanje kwerekana ko yikingije, kandi barikubyitabira cyane.”

Image

Abakorera mu igaraje ryo mu Gatsata bari muri koperative “Icyerecyezo”  bavuga ko gukingirwa babigerageje ariko bamawe babura aho batoborera kubera ubwinshi bw’abantu bashaka iyi serivisi

Yaba mu magambo no mu nyandiko bituruka muri Minisiteri y’ubuzima, bigaragara ko kwikingiza ari ubushake bwa buri muturage, icyakora ngo ku wutabyumva neza, afite uburenganzira bwo kubanza gusobanurirwa  impamvu n’akamaro kabyo bityo akabona kwikingiza abikuye ku mutima.

Ku rundi ruhande, aba bakanishi bo bavuga ko nabo bazi akamaro ko kwingiza ariko  ubushake buvugwa ntibabwumva mu gihe babuzwa gushaka umugati bakajyayo ku gahato.

Image

Abadafite icyemeza ko bikingije COVID-19 Ntago bemererwa kwinjira mu igaraje

Minisiteri y’ubuzima ntiragira icyo ivuga ku kuba ibi by’abangirwa kwinjira mu kazi badafite icyemezo cyo gukingirwa bitaba ari rya tegeko yacishijemo akarongo gatukura mu mabwiriza agenda ikingira.

Inkuru ya Eugenie Nyiransabimana/RadioTV10 Rwanda

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − fifteen =

Previous Post

Indwara ya Marburg yagaragaye ku muntu wa mbere muri Guinea

Next Post

MUHANGA: Abarema isoko rya Kabadaha barataka ibihombo batewe na guma mu rugo

Related Posts

Ibirambuye ku cyatumye u Rwanda ruhagarika imikoranire n’u Bubiligi

Icyo u Rwanda rwizeza Ababiligi nyuma yuko ruciye umubano n’Igihugu cyabo

by radiotv10
21/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko guca umubano w’iki Gihugu n’u Bubiligi, bitazagira ingaruka ku Babiligi bari mu Rwanda cyangwa abifuza...

Belgium: Hidden agenda to “repossess” DR Congo

Belgium: Hidden agenda to “repossess” DR Congo

by radiotv10
20/03/2025
0

Comité National du Kivu (CNKI): CNKI was a colonial-era organization created by the Belgians to manage resources and economic activities...

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ngamba rwafatiwe na Canada

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ngamba rwafatiwe na Canada

by radiotv10
04/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iravuga ko ibyatangajwe n’iya Canada mu itangazo ry’ingamba yafatiye u Rwanda ku birebana n’ibibazo biri mu burasirazuba...

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Afurika y’Epfo zahise zivugana zigira n’ibyo zemeranyaho

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Afurika y’Epfo zahise zivugana zigira n’ibyo zemeranyaho

by radiotv10
31/01/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, na mugenzi we wa Afurika, Ronald Lamola bagiranye ikiganiro kuri telefone,...

Hategerejwe ijambo Tshisekedi ageza ku Banyekongo nyuma yo guhura n’abayobora Inzego zikomeye mu Gihugu

Hategerejwe ijambo Tshisekedi ageza ku Banyekongo nyuma yo guhura n’abayobora Inzego zikomeye mu Gihugu

by radiotv10
28/01/2025
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi nyuma yo gutumiza inama y’igitaraganya yahuje inzego zikomeye muri iki Gihugu...

IZIHERUKA

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo ibirimo intwaro zikomeye
AMAHANGA

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo ibirimo intwaro zikomeye

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

09/05/2025
Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

09/05/2025
Abahanzi bazaririmba mu birori bya Basketball bitegerejwe mu Rwanda bamenyekanye

Abahanzi bazaririmba mu birori bya Basketball bitegerejwe mu Rwanda bamenyekanye

09/05/2025
Abapolisi bari bamaze umwaka mu butumwa bakigera mu Rwanda bagarutse ku byo bishimira bakoze

Abapolisi bari bamaze umwaka mu butumwa bakigera mu Rwanda bagarutse ku byo bishimira bakoze

09/05/2025
Abishoye mu bujura bw’ibikoresho bifite benshi akamaro bongeye guhagurukirwa

Abishoye mu bujura bw’ibikoresho bifite benshi akamaro bongeye guhagurukirwa

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
MUHANGA:  Abarema isoko rya Kabadaha barataka ibihombo batewe na guma mu rugo

MUHANGA: Abarema isoko rya Kabadaha barataka ibihombo batewe na guma mu rugo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo ibirimo intwaro zikomeye

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.