Monday, July 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kigali: Abakunzi b’akaboga batunguwe n’icyemezo cyatewe n’ibyo batari bazi

radiotv10by radiotv10
14/03/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Kigali: Abakunzi b’akaboga batunguwe n’icyemezo cyatewe n’ibyo batari bazi
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bakunda inyama bavuga ko batunguwe n’icyemezo cyafashwe ko nta nyama zemewe kugurishwa zitamaze amasaha 24 muri frigo, bakavuga ko batari bazi ingaruka z’inyama zikibagwa zirimo umusemburo urekurwa n’itungo ryirwanaho iyo riri kubagwa, ushobora gutera uburwayi.

Ni nyuma y’icyemezo cyafashwe n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubugenzuzi bw’Ubuziranenge, Ihiganwa mu bucuruzi no kurengera umuguzi (RICA).

RICA yafashe icyemezo ko abacuruza inyama bagomba kumaza inyama amasaha 24 mu byuma bikonjesha, mu rwego rwo kugira ngo umusemburo uva mu nyama zikibagwa ubanze kuvamo.

Ni umusemburo ushobora gutera uburwayi bunyuranye ku barya inyama zikibagwa, zirimo indwara ya Cancer.

Bamwe mu bakunzi b’inyama ndetse n’abacuruzi bazo, bavuga ko batishimiye iki cyemezo dore ko abenshi bakunda kurya inyama zabazwe uwo munsi.

Umwe mu bacuruzi yagize ati “abaguzi rero bikundira izibagiweho, nk’abantu icumi twakira, umunani baba bashaka izibagiweho.”

Uyu mucuruzi avuga ko abaguzi b’inyama bakwiye kumva iki cyemezo cyafashwe, bakayoboka kurya inyama zimaze aya masaha zibazwe.

Umuturage ukunze kugura inyama we avuga ko ahubwo bumvaga ko inyama zagiye muri frigo ziba zatakaje umwimerere ko ahubwo ari zo bakekaga ko zabatera uburwayi.

Ati “Nkurikije n’indwara ziriho muri iyi minsi inyama nziza ni izibagiweho, inyama zagiye muri frigo ryari koko!”

Aba baturage kandi bavuga ko inyama ikibagwa iba ifite icyanga kurusha iyashyizwe muri frigo.

Ati “Inyama y’uwo munsi iba ifite icyanga, iyaraye muri frigo nta cyanga pe, gusa tuzajya tuzirya kuko leta yabyanzuye.”

Umukozi ushinzwe ubugenzuzi bw’ibikomoka ku matungo muri RICA, Nyirazikwiye Eprasie avuga ko iki cyemezo cyafashwe mu rwego rwo kurengera ubuzima bw’abaturarwanda kuko inyama zabazwe zigahita zitekwa zitamaze amasaha 24 muri frigo ziba zishobora gutera uburwayi.

Ati “Ni ukugira ngo imisemburo umubiri w’inka, ingurube warekuye wirwanaho mu gihe cyo kubaga ibanze ivemo kuko uriya musemburo utera uburwayi.”

 

INKURU MU MASHUSHO

Juventine MURAGIJEMALIYA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 + 13 =

Previous Post

Igitaramo gikomeye muri Uganda cyatumiwemo umuhanzi nyarwanda uzwiho ubuhanga bwihariye

Next Post

Uwamamaye mu by’umuziki mu Rwanda uregwa gusambanya umwana yahaye icyifuzo urukiko ruracyanga

Related Posts

Rusizi: Uzwiho kuvuga nabi ubuyobozi yafatanywe ibendera ry’Igihugu yamanuye ku Kagari izuba riva

Rusizi: Uzwiho kuvuga nabi ubuyobozi yafatanywe ibendera ry’Igihugu yamanuye ku Kagari izuba riva

by radiotv10
14/07/2025
0

Umugabo witwa Bwarikera Bonaventure wo mu Kagari ka Kizura mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, yafashwe n’abaturage nyuma...

Must-Know: Top menstrual hygiene habits for a safe and comfortable menstruation period

Must-Know: Top menstrual hygiene habits for a safe and comfortable menstruation period

by radiotv10
12/07/2025
0

Every girl and woman who goes through the menstruation period knows the feeling, the shift in the body and the...

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

by radiotv10
12/07/2025
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yazamuye mu ntera bamwe mu bakozi b’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Igorora, yohereza abandi mu...

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

by radiotv10
12/07/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Kabarondo mu Karere ka Kayonza, bavuga ko bizejwe n’umushoramari amasezerano yo guhinga urusenda mu...

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

by radiotv10
11/07/2025
0

The history of humanity is, in many ways, the history of domination of one group over another. Across centuries, these...

IZIHERUKA

Nyuma y’ukwezi uwabaye Perezida wa Zambia yitabye Imana n’uwayoboye Nigeria yapfuye
AMAHANGA

Nyuma y’ukwezi uwabaye Perezida wa Zambia yitabye Imana n’uwayoboye Nigeria yapfuye

by radiotv10
14/07/2025
0

Rusizi: Uzwiho kuvuga nabi ubuyobozi yafatanywe ibendera ry’Igihugu yamanuye ku Kagari izuba riva

Rusizi: Uzwiho kuvuga nabi ubuyobozi yafatanywe ibendera ry’Igihugu yamanuye ku Kagari izuba riva

14/07/2025
Must-Know: Top menstrual hygiene habits for a safe and comfortable menstruation period

Must-Know: Top menstrual hygiene habits for a safe and comfortable menstruation period

12/07/2025
Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

12/07/2025
Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

12/07/2025
LIBERATION vs INDEPENDENCE:

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

11/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uzwi muri muzika nyarwanda ufunze yagaragaye yaje kuburana

Uwamamaye mu by’umuziki mu Rwanda uregwa gusambanya umwana yahaye icyifuzo urukiko ruracyanga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyuma y’ukwezi uwabaye Perezida wa Zambia yitabye Imana n’uwayoboye Nigeria yapfuye

Rusizi: Uzwiho kuvuga nabi ubuyobozi yafatanywe ibendera ry’Igihugu yamanuye ku Kagari izuba riva

Must-Know: Top menstrual hygiene habits for a safe and comfortable menstruation period

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.