Monday, June 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kigali: Abazunguzayi baravugwaho gukorera amahano adasanzwe umunyerondo

radiotv10by radiotv10
08/03/2023
in MU RWANDA
0
Kigali: Abazunguzayi baravugwaho gukorera amahano adasanzwe umunyerondo
Share on FacebookShare on Twitter

Umwe mu bashinzwe umutekano mu rwego rw’Irondo mu Mujyi wa Kigali, biravugwa ko yishwe n’abakora ubucuruzi butemewe (Abazunguzayi), ubwo yari kumwe na bagenzi be mu mukwabu wo gufata aba bazwi nk’abazunguzayi, bakaza kumufata bakamujyana mu gihugu bakamutera icyuma akitaba Imana.

Ibi byabaye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri tariki indwi Werurwe 2023, mu mujyi wa Kigali rwagati mu Kagari ka Kiyovu mu Murenge wa Nyarugenge.

Amakuru avuga ko iyicwa ry’uyu munyerondo ryabaye nyuma yuko bamwe mu bakora ubucuruzi butemewe bazwi nk’abazunguzayi bamufataga bakamujyana munsi yo muri Gare yo mu mujyi rwagati, ari na ho baje kumuterera icyo cyuma mu gihuru bari bamujyanyemo.

Ntahobavukiye Marc, umwe mu banyerongo wari kumwe na nyakwigendera, yabwiye ikinyamakuru kitwa Igihe ko mugenzi wabo bari kumwe ubwo bari mu mukwabu wo kurwanya ubu bucuruzi butemewe, ariko bakaza gusagarirwa n’ababukora.

Yavuze ko abazunguzayi babateye amabuye, bakaza kwiruka. Ati “Uwari utwaye imodoka yahise ayikura aho, natwe turiruka buri wese ukwe turatatana. Nyuma nibwo naje kureba inyuma mbona Habanabashaka [nyakwigendera] bamusigaranye ariko abandi nanjye bari kunyirukaho.”

Uyu munyerondo, avuga ko nyuma baje guhura n’abandi banyerondo bagenzi be ariko bakaburamo mugenzi wabo bari babonye atwarwa n’abazunguzayi.

Avuga ko bamuhamagaye kuri telefone bakitabwa n’undi muntu. Ati “Hari uwafashe telefoni ye aratubwira ngo ‘mugenzi wanyu ari aha ngaha yapfuye.”

Uyu munyerondo avuga ko nyakwigendera basanze yapfiriye mu marembo y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare, NISR, ati “Twaje dusanga bamuteye icyuma bigaragara ko bakimuteye agakomeza guhunga ashiramo umwuka ageze aha.”

Aya makuru yanemejwe na Patricia Murekatete, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyarugenge wabereyemo ubu bugizi bwa nabi, wavuze ko inzego zishinzwe iperereza zahise ziritangira ariko ko abakekwaho kugira uruhare mu rupfu rwa nyakwigendera batarafatwa.

Ibikorwa byo guca ubucuruzi butemewe mu Mujyi wa Kigali, bisanzwe bigaragaramo imvururu ziterwa n’ababukora, bagaragaza imyitwarire idasanzwe bahangana n’inzego z’umutekano.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × three =

Previous Post

Inkuru y’incamugongo kuri General ufite amateka akomeye mu Rwanda

Next Post

Uko 7.000Frw yabyaye 100.000.000Frw: Uwacuruje ibisheke ubu ni Umujejetafaranga agaragaje ibitangaza

Related Posts

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Abatuye mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, baravuga ko hari abaremye itsinda ryiyise ‘Abanjongo’ baturuka mu Murenge wa...

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

by radiotv10
28/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zibifashijwemo n’iya Leta Zunze Ubumwe za America, zasinye amasezerano y’amahoro arimo...

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

by radiotv10
28/06/2025
0

Bamwe mu bakora akazi ko gusoroma icyayi mu mirima ya Pfunda mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, bavuga...

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

by radiotv10
28/06/2025
0

The Government of Rwanda and the Democratic Republic of Congo, with the support of the United States of America, have...

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

by radiotv10
27/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z’u Rwanda, barangije amasomo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Kimaka muri...

IZIHERUKA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye
IMIBEREHO MYIZA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

28/06/2025
Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

28/06/2025
Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

28/06/2025
Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

27/06/2025
“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

27/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uko 7.000Frw yabyaye 100.000.000Frw: Uwacuruje ibisheke ubu ni Umujejetafaranga agaragaje ibitangaza

Uko 7.000Frw yabyaye 100.000.000Frw: Uwacuruje ibisheke ubu ni Umujejetafaranga agaragaje ibitangaza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.