Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kigali: Aho abana bambukaga bakambakamba bigateza impungenge ubu byahindutse

radiotv10by radiotv10
17/10/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Kigali: Aho abana bambukaga bakambakamba bigateza impungenge ubu byahindutse
Share on FacebookShare on Twitter

Ahari hagaragaye ikiraro giteye impungenge mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro, aho abana bambukaga bigaragara ko bishobora gushyira ubuzima bwabo mu kaga, bamaze gukora ikiraro kigerageza kuba kitateza ibibazo.

Ibi byakozwe nyuma yuko umwe mu banyamakuru agaragaje ikibazo cy’ikiraro kiri kuri ruhurura yo mu Mudugudu wa Bigo mu Kagari ka Nyarurama mu Murenge wa Gatenga, cyambukagaho abana bajya ku ishuri ariko bigaragara ko cyashaje.

Mu butumwa umunyamakuru Emma Marie Umurerwa yari yanyujije ku mbuga nkoranyambaga, agaragaza iby’iki kibazo anifashishije ifoto, yari yagize ati “Aha ni mu Karere ka Kicukiro, Umurenge wa Gatenga, Akagari ka Nyarurama Umudugudu wa Bigo, ba buhinja bajya ku ishuri bakambakamba gutyo.”

Uyu munyamakuru kandi yavugaga ko hari n’amakuru avuga ko iyi ruhurura yariho iki kiraro iherutse kugwamo umuntu akaba ari mu Bitaro.

Iki kiraro cyari cyateye impungenge benshi bakibonye

Umuvugizi w’Umujyi wa Kigali, Emma Claudine Ntirenganya yari yasubije uyu munyamakuru agira ati “Mu gihe Umujyi wa Kigali urimo gushakisha uburyo wakora iyi ruhurura hamwe n’izindi ziteye inkeke mu Mujyi wa Kigali, Akarere ka Kicukiro kari gukora ibishoboka byose ngo kabe gakoze iki kiraro mu gihe cya vuba.”

Nyuma y’umunsi umwe gusa hatangajwe iby’iki kiraro, amakuru ahari, yemeza ko muri uyu Mudugudu wa Bigo, hahise hatunganywa ibiraro bibiri bigaragara ko byo bitashyira mu kaga ubuzima bw’ababinyuraho.

Umunyamakuru Emma Marie Umurerwa yagize ati “Abaturage bafatanyije n’Akarere ka Kicukiro bamaze gusana ibiraro bibiri byari biteye inkeke, i Nyarurama muri Bigo, mu gihe hagishakishwa uburyo bwo gukora za ruhurura zihangayikishije.”

Ni mu gihe abatangaga ibitekerezo ku ifoto yari yagaragajwe mbere, bavugaga ko iki kiraro kinyuraho aba bana b’u Rwanda, gikwiye gukorwa kitaragira uwo gitwarira ubuzima.

Ubu hamaze gukorwa ibiraro bibiri

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − 14 =

Previous Post

Amakuru mashya kuri Marburg mu Rwanda: Hagaragaye umubare munini w’abakize

Next Post

Sudani y’Epfo: Abasirikare b’u Rwanda beretse abakobwa uburyo bakwirwanaho igihe hari ubenderejeho

Related Posts

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

by radiotv10
05/01/2026
0

Abantu 15 bari bugamye imvura mu gishanga cyo mu Murenge wa Jarama mu Karere ka Ngoma, bakubiswe n’inkuba, icyenda muri...

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

by radiotv10
05/01/2026
0

Earbuds are amazing, they let us enjoy music, podcasts, and calls anywhere. But did you know they can be full...

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

IZIHERUKA

Eng.-AU statement addressing the capture of Venezuela’s president by the US
AMAHANGA

Eng.-AU statement addressing the capture of Venezuela’s president by the US

by radiotv10
05/01/2026
0

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

05/01/2026
Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

05/01/2026
Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

05/01/2026
How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

05/01/2026
Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

04/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Sudani y’Epfo: Abasirikare b’u Rwanda beretse abakobwa uburyo bakwirwanaho igihe hari ubenderejeho

Sudani y’Epfo: Abasirikare b’u Rwanda beretse abakobwa uburyo bakwirwanaho igihe hari ubenderejeho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-AU statement addressing the capture of Venezuela’s president by the US

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.