Thursday, October 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kigali: Batewe impungenge n’uburyo batwarwamo iyo barenze ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19

radiotv10by radiotv10
05/07/2021
in MU RWANDA
0
Kigali: Batewe impungenge n’uburyo batwarwamo iyo barenze ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage b’umujyi wa Kigali n’ahandi hirya no hino mu gihugu bafite impungenge z’uko ababishinzwe bapakira abantu benshi mu modoka barenze ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19 kuko bitewe n’uko bapakirwa bishobora kubanduza ubwandu bityo bakifuza ko hakwiye gushakwa imodoka zihagije bapakirwamo cyangwa hakarebwa ubundi buryo bizajya bibikorwamo bidateje impungenge mu baturage bisanga muri ibyo bihe.

Ku ruhande rw’imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu bavuga ko abareba uko amabwiriza yo kwirinda COVID-19 yubahirizwa  bakwiye gukora ibyubahirije amategeko barinda abaturage kwandura.

Abaturage Radio&TV10 yasanze ku isoko rya Kimironko mu karere ka Gasabo bavuga ko uburyo batwarwa mu modoka y’irondo biba bitubahirije amabwiriza yo kwirinda COVID-19 kuko baba bacucitse.

Iyo ugereranyije abashyirwa mu modoka y’irondo baba bagera kuri barindwi (7) hari aho Radio &TV10 yabonye abatwawe mu modoka harimo n’igare umwe mu bafashwe yari afite.

Image

Uburyo abafatiwe mu kutubahiriza amabwiriza yo kwirinda COVID-19 usanga batwarwa mu buryo butabarinda

Ushingiye kuri izi ngero ubona ko aba bafatiwe mu makosa bagashyira muri izi modoka ubona ko  kwirinda COVID-19 biba bisa n’ibigoye kubera ko batahanye intera.

Umwe muri aba baturage waganiriye na Radio&TV10 yagarutse kuri izi mpungenge agira ati « Niba badutwaye badupakiye, wibaza icyo badutoza kwirinda icyo aricyo bikakuyobera ».

Mugenzi we twabasangaye yateruye kuri iki kibazo agira ati « Impungenge zihari n’uko n’ubundi winjiye muri iyo modoka uri muzima ushobora guhita uhandurira.

Tubona abantu byoroshye ko bandura kuko iriya modoka yagenewe gutwara abantu bacye ntabwo ari iyo gupakiramo abantu ngo yuzure ku  buryo abantu bagenda bacucikanye. Niba imodoka itwara abantu icumi baba bagomba kuba icumi »

Imodoka y’irondo ishobora kutwanduza kuko bashobora kugutwara gutyo uri muzima bakakujyana kuguha amasomo n’ubundi ukavayo wanduye . Amakosa tuba twayakoze ariko ntabwo bikuraho ko ubwirinzi buhita burangirira mu modoka y’irondo » Umuturage

Image

Abakora irindo nabo usanga bicaea begeranye ku buryo nabo bigoye ko birinda COVID-19

Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu ari nayo ireberera abakora irondo ry’umwuga batwijeje kuduha amakuru kuri iyi ngingo ariko nyuma ntibyakunda ko tubabona ku murongo wa telefoni.

Ku ruhande rw’impuzamiryango iharanira uburenganzira bwa muntu binyuze ku muvugizi wa wayo  Sekanyange Jean Léonard yabwiye Radio &TV10 ko abareba uko amabwiriza yo kwirinda COVID-19  bakwiye gukora ibyubahirije amategeko barinda abaturage kwandura COVID-19.

Image

Abafatwa barenze ku mwabwiriza yo kwirinda COVID-19 ntibemera uburyo batwarwamo

Kugeza ubu imibare y’abandura COVID-19 n’abo ihitana ikomeje kwiyongera mu Rwanda ari nako inzego z’ubuzima zikangurira abantu gukomeza kwirinda iki cyorezo bubahiriza ingamba zose zashyizweho zirimo kwambara neza agapfukamunwa ,guhana intera ndetse no gukaraba intoki  ukoresheje amazi meza n’isabune kenshi gashoboka

Inkuru ya: MURAGIJEMALIYA Juventine/Radio &TV10 Rwanda

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + 3 =

Previous Post

Abatuye i Nyamata ntibazi impamvu babuzwa kwinjira muri Kigali

Next Post

Florent Ibengé watozaga AS Vita Club yabonye akazi muri RS Berkane akazajya ahembwa ayarenga 50,000,000 FRW

Related Posts

Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Menya umubare w’abarwanyi bose bahoze muri FDLR bamaze gutahuka mu Rwanda bavuye muri Congo

by radiotv10
30/10/2025
0

Komisiyo ishinzwe Gusezerera no Gusubiza mu buzima busanzwe abahoze ari Abasirikare, yatangaje ko mu myaka 24 (kuva muri 2001), abahoze...

Eng.-Over 12,000 former FDLR combatants have returned to Rwanda over the past 24 years

Eng.-Over 12,000 former FDLR combatants have returned to Rwanda over the past 24 years

by radiotv10
30/10/2025
0

The Rwanda Demobilization and Reintegration Commission (RDRC) has announced that over the past 24 years (since 2001), more than 12,000...

Huye: Harumvikana kunyuranya imvugo hagati y’ubuyobozi n’abavuga ko bategereje agahimbazamusyi kabo bagaheba

Huye: Harumvikana kunyuranya imvugo hagati y’ubuyobozi n’abavuga ko bategereje agahimbazamusyi kabo bagaheba

by radiotv10
30/10/2025
0

Bamwe mu barezi b’amarerero bo mu Murenge wa Mukura mu Karere ka Huye, bavuga ko bamaze igihe bakora batabona agahimbazamusyi...

Rural-Urban migration: What happens when youth move to Kigali in search of a ‘Better Life’?

Rural-Urban migration: What happens when youth move to Kigali in search of a ‘Better Life’?

by radiotv10
30/10/2025
0

Every year, a big number of young Rwandans pack their bags to move to Kigali, drawn mostly by the promise...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
30/10/2025
0

IZIHERUKA

Amakuru agezweho kuri imwe mu makipe yo muri Sudani yemerewe gukina Shampiyona y’u Rwanda
FOOTBALL

Amakuru agezweho kuri imwe mu makipe yo muri Sudani yemerewe gukina Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
30/10/2025
0

Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Menya umubare w’abarwanyi bose bahoze muri FDLR bamaze gutahuka mu Rwanda bavuye muri Congo

30/10/2025
Hatanzwe impuruza ku bikorerwa Abarundi baba hanze y’Igihugu cyabo

Hatanzwe impuruza ku bikorerwa Abarundi baba hanze y’Igihugu cyabo

30/10/2025
Eng.-Over 12,000 former FDLR combatants have returned to Rwanda over the past 24 years

Eng.-Over 12,000 former FDLR combatants have returned to Rwanda over the past 24 years

30/10/2025
Hatangajwe icyemezo cyanyuze benshi ku musirikarekazi wo mu Congo wafotowe asomana n’umukunzi we

Hatangajwe icyemezo cyanyuze benshi ku musirikarekazi wo mu Congo wafotowe asomana n’umukunzi we

30/10/2025
Habayeho impinduka ku makipe yo muri Sudani byari byatangajwe ko azakina Shampiyona y’u Rwanda

Habayeho impinduka ku makipe yo muri Sudani byari byatangajwe ko azakina Shampiyona y’u Rwanda

30/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Florent Ibengé watozaga AS Vita Club yabonye akazi muri RS Berkane akazajya ahembwa ayarenga 50,000,000 FRW

Florent Ibengé watozaga AS Vita Club yabonye akazi muri RS Berkane akazajya ahembwa ayarenga 50,000,000 FRW

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho kuri imwe mu makipe yo muri Sudani yemerewe gukina Shampiyona y’u Rwanda

Menya umubare w’abarwanyi bose bahoze muri FDLR bamaze gutahuka mu Rwanda bavuye muri Congo

Hatanzwe impuruza ku bikorerwa Abarundi baba hanze y’Igihugu cyabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.