Tuesday, January 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kigali: Batewe impungenge n’uburyo batwarwamo iyo barenze ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19

radiotv10by radiotv10
05/07/2021
in MU RWANDA
0
Kigali: Batewe impungenge n’uburyo batwarwamo iyo barenze ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage b’umujyi wa Kigali n’ahandi hirya no hino mu gihugu bafite impungenge z’uko ababishinzwe bapakira abantu benshi mu modoka barenze ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19 kuko bitewe n’uko bapakirwa bishobora kubanduza ubwandu bityo bakifuza ko hakwiye gushakwa imodoka zihagije bapakirwamo cyangwa hakarebwa ubundi buryo bizajya bibikorwamo bidateje impungenge mu baturage bisanga muri ibyo bihe.

Ku ruhande rw’imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu bavuga ko abareba uko amabwiriza yo kwirinda COVID-19 yubahirizwa  bakwiye gukora ibyubahirije amategeko barinda abaturage kwandura.

Abaturage Radio&TV10 yasanze ku isoko rya Kimironko mu karere ka Gasabo bavuga ko uburyo batwarwa mu modoka y’irondo biba bitubahirije amabwiriza yo kwirinda COVID-19 kuko baba bacucitse.

Iyo ugereranyije abashyirwa mu modoka y’irondo baba bagera kuri barindwi (7) hari aho Radio &TV10 yabonye abatwawe mu modoka harimo n’igare umwe mu bafashwe yari afite.

Image

Uburyo abafatiwe mu kutubahiriza amabwiriza yo kwirinda COVID-19 usanga batwarwa mu buryo butabarinda

Ushingiye kuri izi ngero ubona ko aba bafatiwe mu makosa bagashyira muri izi modoka ubona ko  kwirinda COVID-19 biba bisa n’ibigoye kubera ko batahanye intera.

Umwe muri aba baturage waganiriye na Radio&TV10 yagarutse kuri izi mpungenge agira ati « Niba badutwaye badupakiye, wibaza icyo badutoza kwirinda icyo aricyo bikakuyobera ».

Mugenzi we twabasangaye yateruye kuri iki kibazo agira ati « Impungenge zihari n’uko n’ubundi winjiye muri iyo modoka uri muzima ushobora guhita uhandurira.

Tubona abantu byoroshye ko bandura kuko iriya modoka yagenewe gutwara abantu bacye ntabwo ari iyo gupakiramo abantu ngo yuzure ku  buryo abantu bagenda bacucikanye. Niba imodoka itwara abantu icumi baba bagomba kuba icumi »

Imodoka y’irondo ishobora kutwanduza kuko bashobora kugutwara gutyo uri muzima bakakujyana kuguha amasomo n’ubundi ukavayo wanduye . Amakosa tuba twayakoze ariko ntabwo bikuraho ko ubwirinzi buhita burangirira mu modoka y’irondo » Umuturage

Image

Abakora irindo nabo usanga bicaea begeranye ku buryo nabo bigoye ko birinda COVID-19

Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu ari nayo ireberera abakora irondo ry’umwuga batwijeje kuduha amakuru kuri iyi ngingo ariko nyuma ntibyakunda ko tubabona ku murongo wa telefoni.

Ku ruhande rw’impuzamiryango iharanira uburenganzira bwa muntu binyuze ku muvugizi wa wayo  Sekanyange Jean Léonard yabwiye Radio &TV10 ko abareba uko amabwiriza yo kwirinda COVID-19  bakwiye gukora ibyubahirije amategeko barinda abaturage kwandura COVID-19.

Image

Abafatwa barenze ku mwabwiriza yo kwirinda COVID-19 ntibemera uburyo batwarwamo

Kugeza ubu imibare y’abandura COVID-19 n’abo ihitana ikomeje kwiyongera mu Rwanda ari nako inzego z’ubuzima zikangurira abantu gukomeza kwirinda iki cyorezo bubahiriza ingamba zose zashyizweho zirimo kwambara neza agapfukamunwa ,guhana intera ndetse no gukaraba intoki  ukoresheje amazi meza n’isabune kenshi gashoboka

Inkuru ya: MURAGIJEMALIYA Juventine/Radio &TV10 Rwanda

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × two =

Previous Post

Abatuye i Nyamata ntibazi impamvu babuzwa kwinjira muri Kigali

Next Post

Florent Ibengé watozaga AS Vita Club yabonye akazi muri RS Berkane akazajya ahembwa ayarenga 50,000,000 FRW

Related Posts

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yakiriye mu Biro bye, abarimo Prof. Dong-Sup Yoon usanzwe ari Perezida wa Yonsei University, Kaminuza yo muri...

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

by radiotv10
27/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yamaze gutanga ikirego mu Rukiko Ruhoraho rushinzwe Ubukemurampaka, iregamo iy’u Bwongereza nyuma yo guhagarika amasezerano Ibihugu byombi...

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

by radiotv10
27/01/2026
0

Brigadier General Godfrey Gasana wahoze ari Umugaba Wungirije w’Ingabo zirwanira mu Kirere akaba aherutse kugirwa Umupilote wihariye wa Perezida wa...

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza, Bill na Joyce Cummings; ndetse n’abagira uruhare...

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

by radiotv10
27/01/2026
0

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) ku bufatanye n’Ihuriro ry’Imiryango itari iya Leta, bari mu bukangurambaga bwo gukumira indwara zititaweho, zirimo...

IZIHERUKA

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi
IMYIDAGADURO

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

27/01/2026
Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

27/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

27/01/2026
AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

27/01/2026
Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

27/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Florent Ibengé watozaga AS Vita Club yabonye akazi muri RS Berkane akazajya ahembwa ayarenga 50,000,000 FRW

Florent Ibengé watozaga AS Vita Club yabonye akazi muri RS Berkane akazajya ahembwa ayarenga 50,000,000 FRW

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.