Kigali: Bavuga ko igabanuka rya COVID rikwiye kujyana no kugabanya amande y’abarenga ku mabwiriza

Facebook
Twitter
LinkedIn
WhatsApp

Bamwe mu baturage bo mu Mujyi wa Kigali, bavuga ko kuba icyorezo cya COVID-19 cyaragenjeje amaguru macye bikwiye kujyana no kugabanya amande n’ibihano bicibwa abarenga ku mabwiriza yo kwirinda iki cyorezo kuko ingaruka zashobora guterwa no kuyarengaho na zo zagabanutse.

Aba baturage bavuga ko amande yacibwaga abarenga ku mabwiriza yo kwirinda icyorezo cya COVID-19 kuva cyagera mu Rwanda ari yo agicibwa kugeza ubu.

Izindi Nkuru

Bakavuga ko uko iki cyorezo kigenza amaguru macye, n’amande acibwa abarenze ku mabwiriza yo kukirinda yari akwiye kugabanuka kuko n’abayarengaho batakiri benshi kubera ko bamaze kuyumva kandi bakaba bamaze kumenya kuyubahiriza.

Bavuga kandi ko ingaruka zashoboraga kubaho ubwo kiriya cyorezo cyari gifite umurego, ubu zagabanutse bityo ko n’ibihano bikwiye koroshywa.

Ibi byifuzo byabo kandi babishingira ku kuba n’ubukungu bwabo bwarahungabanye ku buryo kubona ariya mafaranga bacibwa bitoroshye.

Umwe muri bo avuga ko nk’abafatirwa kutambara neza agapfukamunwa, bakwiye gucibwa nka 2 000 Frw. Ati “Icyifuzo ni uko bayagabanya kuko muri iyi minsi hari ibintu bafunze bidakora wenda bagashyira nko kuri bibiri.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Impuzamiryango Iharanira Uburenganzira bwa Muntu, Me Safari Emmanuel avuga ko igikwiye gukorerwa abarenze ku mabwiriza, ari ukubigisha kurusha kubaha.

Me Safari Emmanuel na we ashyigikiye ko ariya mande agabanywa kubera imibereho n’ubushobozi bw’Abanyarwanda muri ibi bihe.

Juventine MURAGIJEMALIYA
RadioTV10

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IzindiNkuru