Sunday, May 11, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

KIGALI: Gutura aharenze ubushobozi bwite, intandaro yo kwangiza ibidukikije

radiotv10by radiotv10
19/10/2021
in MU RWANDA
0
KIGALI: Gutura aharenze ubushobozi bwite, intandaro yo kwangiza ibidukikije
Share on FacebookShare on Twitter

Hari abaturage bo m umujyi wa Kigali bavuga ko kuba kompanyi zitwara imyanda yo mu ngo zitinda kuyikusanya, ngo nibyo bituma bashinjwa uruhare mu kwangiza ibidukikije. Icyakora abashakashatsi bo bavuga ko iyi myitwarire y’abaturage ishobora kuba iterwa n’uko batura aharenze ubushobozi bwa bo. Ariko ngo ibi ntibigomba kubaha urwaho rwo kwimika umwanda.

Iyo utembereye mubice bitandukanye bituwe na rubanda rugufi rwo mumujyi wa Kigali, ntushobora gutungurwa nop kubona imifuka yuzuye ibishingwe biteretse kumihanda. Ibi ngo biba bitegereje imodoka. Usibye ibi, hari n’aho usanga biri mutuyira duto, bisa n’ibitegereje kwandururwa n’imvura. Ibi bigafatwa nk’intandaro ry’iyangirika ry’ibidukikije byiganjemo imigezi. Ugarukwaho cyane ni nyabarongo. Uyu mugezi ubikomezanya muri Nil.

Abaturage bo mu mujyi wa Kigali bavuga impamvu y’iyi myitwarire.

“Hari igihe uba ufite ibishingwe byinshi, ariko ntugire aho kubirunda.”Umuturage

N’ubwo uyu avuga ibi, hari undi ushimangira ko bamwe babimena muri ruhurura kubera ko imodoka ibitwara itinda kuza. Ibi ngo bibateza umwanda.

Icyakora abashakashatsi ku iyangirika ry’umugenzi wa Nyabarongo, ukomeza muri Nil, bavuga ko ibi biterwa n’uko bamwe batura aharenze imibereho yabo.

“Abenshi barakubwira ngo iriya myanda kuyitwara birahenze. Noneho yananirwa kwishyura icyo giciro, ntanajye no gutura mu nkengero z’umujyi. Rero kubera ko adashoboye kwishyura cya giciro, ya myanda ye ajya kuyimena muri ruhurura. Akaba yishe ubuzima bw’abandi.” Dr. Gashumba Jean de Dieu.

Menya uduce tw'Umujyi wa Kigali dufite amazina asebeje/asekeje - Kigali  Today

Hari ababura amafaranga yo kwishyura ngo imyanda ijyanwe ahabugenewe bikangira bayisutse mu migezi na ruhurura

Ku ruhande rwa Dr. Frank Habineza, umuyobozi mukuru w’ishyaka rishinzwe demokarasi no kurengera ibidukikije mu Rwanda, avuga ko ibivugwa n’abashakashatsi bitagomba kuba urwitwazo kuri bamwe.

“Byavuzwe ko bishobora kuba ari ikibazo. Ariko njyewe numva ko amafaranga atandukanye bitewe n’aho umuntu atuye. Njyewe aho ntuye ndumva dutanga ibihumbi bitanu (5,000 frw) ku kwezi. Ariko ndumva hari abaturanyi batanga ibihumbi bitatu, ibihumbi bibiri n’igihumbi. Twese tugomba kumenya akamaro kugutwara imyanda. [….] Twese nitumara kumenya akamaro ko gutwara iyo myanda, n’icyo gihumbi umuntu yakigomwa akagitanga. Twese tuigomba kugira isuku kugira ngo tubeho.” Dr. Frank Habineza

Rwandan opposition chooses candidate for presidential polls

Dr. Frank Habineza, umuyobozi mukuru w’ishyaka rishinzwe demokarasi no kurengera ibidukikije mu Rwanda

Ubushakashatsi bw’ishyaka Democratic Green Party of Rwanda, bwo mu 2021 bugaragaza ko ibikorwa birimo ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, imyanda yo mungo n’aho ishyirwa ngo bibangamiye ibidukikije kurwego rukomeye. Icyakora ngo hakenewe ubukangurambaga no gufasha abatishoboye kwimakaza isuku. Ibi ngo ni bimwe mubishobora kurengera urusobe rw’ibidukikije.

Inkuru ya David Nzabonimpa/Radio&TV10

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × three =

Previous Post

Rwabugiri Umar uheruka gutandukana na APR FC yasinye muri Police FC (Amateka ye muri ruhago)

Next Post

NA BYO BIBAHO: Ubuzima bugoye ku batuye mu gace gakonja kurusha ahandi ku isi

Related Posts

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Umusore w’imyaka 27 y’amavuko ukekwaho kwica uwari umukoresha we mu Murenge wa Ruli mu Karere ka Gakenke, yarangiza akamuzingazingira mu...

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwafashe icyemezo cyo gufunga by’agateganyo iminsi 30 Moses Turahirwa uzwi mu guhanga imideri wanashinze inzu yayo...

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

by radiotv10
09/05/2025
0

Umugore w’imyaka 58 wo mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza ukurikiranyweho kwica umugabo we w’imyaka 80, avuga ko...

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda bwashimiye Imana ku itorwa ry’Umushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Nyirubutungane Lewo XIV...

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kizura mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, yatawe muri yombi nyuma yuko mu...

IZIHERUKA

MU RWANDA

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

09/05/2025
Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
NA BYO BIBAHO: Ubuzima bugoye ku batuye mu gace gakonja kurusha ahandi ku isi

NA BYO BIBAHO: Ubuzima bugoye ku batuye mu gace gakonja kurusha ahandi ku isi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.