Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

KIGALI: Gutura aharenze ubushobozi bwite, intandaro yo kwangiza ibidukikije

radiotv10by radiotv10
19/10/2021
in MU RWANDA
0
KIGALI: Gutura aharenze ubushobozi bwite, intandaro yo kwangiza ibidukikije
Share on FacebookShare on Twitter

Hari abaturage bo m umujyi wa Kigali bavuga ko kuba kompanyi zitwara imyanda yo mu ngo zitinda kuyikusanya, ngo nibyo bituma bashinjwa uruhare mu kwangiza ibidukikije. Icyakora abashakashatsi bo bavuga ko iyi myitwarire y’abaturage ishobora kuba iterwa n’uko batura aharenze ubushobozi bwa bo. Ariko ngo ibi ntibigomba kubaha urwaho rwo kwimika umwanda.

Iyo utembereye mubice bitandukanye bituwe na rubanda rugufi rwo mumujyi wa Kigali, ntushobora gutungurwa nop kubona imifuka yuzuye ibishingwe biteretse kumihanda. Ibi ngo biba bitegereje imodoka. Usibye ibi, hari n’aho usanga biri mutuyira duto, bisa n’ibitegereje kwandururwa n’imvura. Ibi bigafatwa nk’intandaro ry’iyangirika ry’ibidukikije byiganjemo imigezi. Ugarukwaho cyane ni nyabarongo. Uyu mugezi ubikomezanya muri Nil.

Abaturage bo mu mujyi wa Kigali bavuga impamvu y’iyi myitwarire.

“Hari igihe uba ufite ibishingwe byinshi, ariko ntugire aho kubirunda.”Umuturage

N’ubwo uyu avuga ibi, hari undi ushimangira ko bamwe babimena muri ruhurura kubera ko imodoka ibitwara itinda kuza. Ibi ngo bibateza umwanda.

Icyakora abashakashatsi ku iyangirika ry’umugenzi wa Nyabarongo, ukomeza muri Nil, bavuga ko ibi biterwa n’uko bamwe batura aharenze imibereho yabo.

“Abenshi barakubwira ngo iriya myanda kuyitwara birahenze. Noneho yananirwa kwishyura icyo giciro, ntanajye no gutura mu nkengero z’umujyi. Rero kubera ko adashoboye kwishyura cya giciro, ya myanda ye ajya kuyimena muri ruhurura. Akaba yishe ubuzima bw’abandi.” Dr. Gashumba Jean de Dieu.

Menya uduce tw'Umujyi wa Kigali dufite amazina asebeje/asekeje - Kigali  Today

Hari ababura amafaranga yo kwishyura ngo imyanda ijyanwe ahabugenewe bikangira bayisutse mu migezi na ruhurura

Ku ruhande rwa Dr. Frank Habineza, umuyobozi mukuru w’ishyaka rishinzwe demokarasi no kurengera ibidukikije mu Rwanda, avuga ko ibivugwa n’abashakashatsi bitagomba kuba urwitwazo kuri bamwe.

“Byavuzwe ko bishobora kuba ari ikibazo. Ariko njyewe numva ko amafaranga atandukanye bitewe n’aho umuntu atuye. Njyewe aho ntuye ndumva dutanga ibihumbi bitanu (5,000 frw) ku kwezi. Ariko ndumva hari abaturanyi batanga ibihumbi bitatu, ibihumbi bibiri n’igihumbi. Twese tugomba kumenya akamaro kugutwara imyanda. [….] Twese nitumara kumenya akamaro ko gutwara iyo myanda, n’icyo gihumbi umuntu yakigomwa akagitanga. Twese tuigomba kugira isuku kugira ngo tubeho.” Dr. Frank Habineza

Rwandan opposition chooses candidate for presidential polls

Dr. Frank Habineza, umuyobozi mukuru w’ishyaka rishinzwe demokarasi no kurengera ibidukikije mu Rwanda

Ubushakashatsi bw’ishyaka Democratic Green Party of Rwanda, bwo mu 2021 bugaragaza ko ibikorwa birimo ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, imyanda yo mungo n’aho ishyirwa ngo bibangamiye ibidukikije kurwego rukomeye. Icyakora ngo hakenewe ubukangurambaga no gufasha abatishoboye kwimakaza isuku. Ibi ngo ni bimwe mubishobora kurengera urusobe rw’ibidukikije.

Inkuru ya David Nzabonimpa/Radio&TV10

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 − 4 =

Previous Post

Rwabugiri Umar uheruka gutandukana na APR FC yasinye muri Police FC (Amateka ye muri ruhago)

Next Post

NA BYO BIBAHO: Ubuzima bugoye ku batuye mu gace gakonja kurusha ahandi ku isi

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
09/01/2026
0

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
NA BYO BIBAHO: Ubuzima bugoye ku batuye mu gace gakonja kurusha ahandi ku isi

NA BYO BIBAHO: Ubuzima bugoye ku batuye mu gace gakonja kurusha ahandi ku isi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.