Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

KIGALI: Gutura aharenze ubushobozi bwite, intandaro yo kwangiza ibidukikije

radiotv10by radiotv10
19/10/2021
in MU RWANDA
0
KIGALI: Gutura aharenze ubushobozi bwite, intandaro yo kwangiza ibidukikije
Share on FacebookShare on Twitter

Hari abaturage bo m umujyi wa Kigali bavuga ko kuba kompanyi zitwara imyanda yo mu ngo zitinda kuyikusanya, ngo nibyo bituma bashinjwa uruhare mu kwangiza ibidukikije. Icyakora abashakashatsi bo bavuga ko iyi myitwarire y’abaturage ishobora kuba iterwa n’uko batura aharenze ubushobozi bwa bo. Ariko ngo ibi ntibigomba kubaha urwaho rwo kwimika umwanda.

Iyo utembereye mubice bitandukanye bituwe na rubanda rugufi rwo mumujyi wa Kigali, ntushobora gutungurwa nop kubona imifuka yuzuye ibishingwe biteretse kumihanda. Ibi ngo biba bitegereje imodoka. Usibye ibi, hari n’aho usanga biri mutuyira duto, bisa n’ibitegereje kwandururwa n’imvura. Ibi bigafatwa nk’intandaro ry’iyangirika ry’ibidukikije byiganjemo imigezi. Ugarukwaho cyane ni nyabarongo. Uyu mugezi ubikomezanya muri Nil.

Abaturage bo mu mujyi wa Kigali bavuga impamvu y’iyi myitwarire.

“Hari igihe uba ufite ibishingwe byinshi, ariko ntugire aho kubirunda.”Umuturage

N’ubwo uyu avuga ibi, hari undi ushimangira ko bamwe babimena muri ruhurura kubera ko imodoka ibitwara itinda kuza. Ibi ngo bibateza umwanda.

Icyakora abashakashatsi ku iyangirika ry’umugenzi wa Nyabarongo, ukomeza muri Nil, bavuga ko ibi biterwa n’uko bamwe batura aharenze imibereho yabo.

“Abenshi barakubwira ngo iriya myanda kuyitwara birahenze. Noneho yananirwa kwishyura icyo giciro, ntanajye no gutura mu nkengero z’umujyi. Rero kubera ko adashoboye kwishyura cya giciro, ya myanda ye ajya kuyimena muri ruhurura. Akaba yishe ubuzima bw’abandi.” Dr. Gashumba Jean de Dieu.

Menya uduce tw'Umujyi wa Kigali dufite amazina asebeje/asekeje - Kigali  Today

Hari ababura amafaranga yo kwishyura ngo imyanda ijyanwe ahabugenewe bikangira bayisutse mu migezi na ruhurura

Ku ruhande rwa Dr. Frank Habineza, umuyobozi mukuru w’ishyaka rishinzwe demokarasi no kurengera ibidukikije mu Rwanda, avuga ko ibivugwa n’abashakashatsi bitagomba kuba urwitwazo kuri bamwe.

“Byavuzwe ko bishobora kuba ari ikibazo. Ariko njyewe numva ko amafaranga atandukanye bitewe n’aho umuntu atuye. Njyewe aho ntuye ndumva dutanga ibihumbi bitanu (5,000 frw) ku kwezi. Ariko ndumva hari abaturanyi batanga ibihumbi bitatu, ibihumbi bibiri n’igihumbi. Twese tugomba kumenya akamaro kugutwara imyanda. [….] Twese nitumara kumenya akamaro ko gutwara iyo myanda, n’icyo gihumbi umuntu yakigomwa akagitanga. Twese tuigomba kugira isuku kugira ngo tubeho.” Dr. Frank Habineza

Rwandan opposition chooses candidate for presidential polls

Dr. Frank Habineza, umuyobozi mukuru w’ishyaka rishinzwe demokarasi no kurengera ibidukikije mu Rwanda

Ubushakashatsi bw’ishyaka Democratic Green Party of Rwanda, bwo mu 2021 bugaragaza ko ibikorwa birimo ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, imyanda yo mungo n’aho ishyirwa ngo bibangamiye ibidukikije kurwego rukomeye. Icyakora ngo hakenewe ubukangurambaga no gufasha abatishoboye kwimakaza isuku. Ibi ngo ni bimwe mubishobora kurengera urusobe rw’ibidukikije.

Inkuru ya David Nzabonimpa/Radio&TV10

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 3 =

Previous Post

Rwabugiri Umar uheruka gutandukana na APR FC yasinye muri Police FC (Amateka ye muri ruhago)

Next Post

NA BYO BIBAHO: Ubuzima bugoye ku batuye mu gace gakonja kurusha ahandi ku isi

Related Posts

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
20/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

by radiotv10
20/01/2026
0

Abasirikare mu ngabo z’u Rwanda basanzwe ari inzobere mu by’ubwubatsi baherutse kujya muri Jamaica gutanga umusanzu mu gusana ibikorwa byangijwe...

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

by radiotv10
20/01/2026
0

Ambasaderi wa Brazil mu Rwanda, Irene Vida Gala; akomeje kugaragaza ibihe byiza agirira mu Rwanda bikamunyura, birimo kuba yarasogongeye bwa...

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

by radiotv10
20/01/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwafunze umwarimu wo muri Kaminuza ukurikiranyweho icyaha cyo gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri...

Rubavu: Igikorwa bamwe bakeshaga imibereho ubu kiri gushyira mu kaga ubuzima bwabo

Rubavu: Igikorwa bamwe bakeshaga imibereho ubu kiri gushyira mu kaga ubuzima bwabo

by radiotv10
20/01/2026
0

Abakoresha umuhanda Mahoko–Nkomane mu Karere ka Rubavu, bavuga ko wangiritse cyane, nyamara ari wo bifashishaga mu kugeza umusaruro ku isoko,...

IZIHERUKA

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe
MU RWANDA

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
20/01/2026
0

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

20/01/2026
AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

20/01/2026
Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

20/01/2026
Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

20/01/2026
Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

20/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
NA BYO BIBAHO: Ubuzima bugoye ku batuye mu gace gakonja kurusha ahandi ku isi

NA BYO BIBAHO: Ubuzima bugoye ku batuye mu gace gakonja kurusha ahandi ku isi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.