Thursday, July 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Rwabugiri Umar uheruka gutandukana na APR FC yasinye muri Police FC (Amateka ye muri ruhago)

radiotv10by radiotv10
19/10/2021
in SIPORO
0
Rwabugiri Umar uheruka gutandukana na APR FC yasinye muri Police FC (Amateka ye muri ruhago)
Share on FacebookShare on Twitter

Rwabugiri Umar Ndayisenga wari umunyezamu wa APR FC kuva mu 2019 bakaza gutandukana mbere y’uko batangira umwaka w’imikino 2021-2022, yasinye amasezerano y’umwaka umwe muri Police FC.

Rwabugiri Ndayisenga w’imyaka 26 yari amaze iminsi akorera imyitozo muri Police FC anayikinira mu mikino ya gicuti. Nyuma y’uko babonye ko yabafasha mu marushanwa bazakina mu mwaka w’imikino 2021-2022 bahita bamuha amasezerano.

Rwabugiri yavuze ku kunganya na Gicumbi ndetse n'intego APR FC ifite ihura  na Gasogi United – APR FC

Rwabugiri Umar uheruka gutandukana na APR FC yasinye muri Police FC

Rwabugiri yageze muri Police FC  nyuma y’uko byavuzwe ko amakipe nka Mukura Victory Sport, Kiyovu SC na AS Kigali bagiranye ibiganiro ariko ntibihite bikunda. Kiyovu SC niyo yari ifite amahirwe yo kumusinyisha nyuma y’uko ibye na Rayon Sports byari bimaze kwanga bapfa umubare w’amafaranga bashakaga kumugura. Rayon Sports yamuhaga miliyoni umunani mu gihe cy’imyaka ibiri (8,000,000 FRW).

Rwabugiri wakuriye mu ishuri ry’umupira w’amaguru rya APR FC kuva mu 2009 nyuma y’uko yari yatoranyijwe mu bana bari bafite impano mu 2008.

Kuva mu 2009 kugeza mu 2012 nibwo yari muri APR Football Academy kuko n’ubundi yabaga ari gahunda imara imyaka itatu. Nyuma mu 2014 ni bwo yaje kuzamurwa mu bakinnyi barindwi (7) bari bagiriwe icyizere cyo kuba bajyanwa mu ikipe nkuru ya APR FC.

Rwabugiri Omar mu muryango winjira muri Kiyovu Sports | UMUSEKE

Rwabugiri Umar Ndayisenga ni umunyezamu w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda unaheruka muri TOTAL CHAN 2020

Mu mwaka we wa mbere ntabwo yagize amahirwe yo kubona umwanya wo kubanza mu kibuga cyangwa kubona umwanya uhagije wo gukina bitewe nuko abanyezamu APR FC yari ifite bamurutaga yewe banamazemo igihe kumurusha ku buryo byari bigoranye cyane ko yakwizerwa n’abatoza.

Muri icyo gihe cya 2014, Rwabugiri yaje kugorwa n’ikibazo cy’imvune aza kubagwa, nyuma yo gukira yahise afata inzira agana mu karere ka Musanze ahari ikipe ya Musanze FC (2015-2017) mbere yo kuyivamo akagana muri Mukura Victory Sport asinyamo amasezerano y’imyaka ibiri (2017-2018, 2018-2019), kuri ubu akaba amaze kuyikinira ibiri agahita asoza amasezerano (2017-2019).

Umunyezamu Rwabugiri Omar wahoze muri APR FC agiye gusinyira ikipe ikomeye  - Teradig News

Rwabugiri Umar muri APR FC ku nshuro ye ya kabiri

Mu mwaka wa mbere yafatanyije na Mukura VS gutwara igikombe cy’Amahoro 2018 banagerana mu ijonjora rya gatatu ry’imikino Nyafurika y’amakipe yatwaye ibikombe by’ibihugu (Total CAF Confederation Cup 2018-2019).

Mu 2019, Rwabugiri Omar yagarutse muri APR FC kuko yayibayemo imyaka itandatu (2008-2014) akaba yarayivuyemo nyuma y’uko umwaka w’imikino 2020-2021 wari urangiye.

 

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 1 =

Previous Post

Iranzi Jean Claude na Sekamana Maxime basinye amasezerano mashya muri Rayon Sports

Next Post

KIGALI: Gutura aharenze ubushobozi bwite, intandaro yo kwangiza ibidukikije

Related Posts

U Rwanda rwabonye itike yo gukina imikino yo mu cyiciro cya nyuma ya BILLIE JEAN KING CUP

U Rwanda rwabonye itike yo gukina imikino yo mu cyiciro cya nyuma ya BILLIE JEAN KING CUP

by radiotv10
16/07/2025
0

Ikipe y'igihugu y'u Rwanda y'abagore mu mukino wa Tennis, yatsinze Senegal ihita iyobora itsinda inabona itike yo gukina imikino yo...

Umutoza Seninga wikojeje muri Zambia bikanga yasubiye mu ikipe yo mu Rwanda yigeze kumuhagarika

Umutoza Seninga wikojeje muri Zambia bikanga yasubiye mu ikipe yo mu Rwanda yigeze kumuhagarika

by radiotv10
16/07/2025
0

Umutoza Seninga Innocent wigeze guhagarikwa n’ikipe ya Etincelles FC, akanerecyeza muri Zambia ariko akabura ikipe, yongeye kugirirwa icyizere n’iyi kipe...

Rayon yabonye Umutoza Wungirije uturutse i Burundi

Rayon yabonye Umutoza Wungirije uturutse i Burundi

by radiotv10
15/07/2025
0

Ubuyobozi bw’Ikipe ya Rayon Sports, bwasinyishije Umurundi Haruna Ferouz nk’Umutoza Wungirije, wanyuze mu makipe anyuranye mu Gihugu cy’iwabo i Burundi...

Iby’ingenzi wamenya ku mukinnyi w’Umunyekongo wasinyiye Rayon Sports

Iby’ingenzi wamenya ku mukinnyi w’Umunyekongo wasinyiye Rayon Sports

by radiotv10
09/07/2025
0

Ikipe ya Rayon Sports FC yasinyishije rutahizamu w’Umunyekongo, Chadrack Bingi Belo, aba umukinnyi mushya wa 6 uyisinyiye iyi kipe avuye...

Uwayezu wayoboye Rayon yongeye kugaragarizwa ibyishimo n’abakunzi b’iyi kipe

Uwayezu wayoboye Rayon yongeye kugaragarizwa ibyishimo n’abakunzi b’iyi kipe

by radiotv10
09/07/2025
0

Uwayezu Jean Fidèle wigeze kuba Perezida wa Rayon Sports akaza kwegura, yagaragarijwe urukundo n’abakunzi b’iyi kipe, bamweretse ko bazirikana ibyo...

IZIHERUKA

U Rwanda rwabonye itike yo gukina imikino yo mu cyiciro cya nyuma ya BILLIE JEAN KING CUP
SIPORO

U Rwanda rwabonye itike yo gukina imikino yo mu cyiciro cya nyuma ya BILLIE JEAN KING CUP

by radiotv10
16/07/2025
0

Prosecution seeks 15-year prison sentence for Manzi, owner of Billion Traders

Prosecution seeks 15-year prison sentence for Manzi, owner of Billion Traders

16/07/2025
Byagenze gute ngo umunyeshuri umwe mu Rwanda akorere ikizamini cya Leta kuri Polisi?

Byagenze gute ngo umunyeshuri umwe mu Rwanda akorere ikizamini cya Leta kuri Polisi?

16/07/2025
“Too fat” or “Too skinny”?- Body shaming is never a joke

“Too fat” or “Too skinny”?- Body shaming is never a joke

16/07/2025
DRC: Former Army Chief General Tshiwewe accused of plotting to assassinate President Tshisekedi

DRC: Former Army Chief General Tshiwewe accused of plotting to assassinate President Tshisekedi

16/07/2025
Hashyizwe hanze umugambi ukekwa kuri General Tshiwewe wabaye Umugaba Mukuru w’Ingabo za DRCongo

Hashyizwe hanze umugambi ukekwa kuri General Tshiwewe wabaye Umugaba Mukuru w’Ingabo za DRCongo

16/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
KIGALI: Gutura aharenze ubushobozi bwite, intandaro yo kwangiza ibidukikije

KIGALI: Gutura aharenze ubushobozi bwite, intandaro yo kwangiza ibidukikije

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

U Rwanda rwabonye itike yo gukina imikino yo mu cyiciro cya nyuma ya BILLIE JEAN KING CUP

Prosecution seeks 15-year prison sentence for Manzi, owner of Billion Traders

Byagenze gute ngo umunyeshuri umwe mu Rwanda akorere ikizamini cya Leta kuri Polisi?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.