Sunday, November 23, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kigali: Hafunzwe ibirombe by’amabuye y’agaciro by’umushoramari wakoreshagamo abana

radiotv10by radiotv10
15/07/2025
in MU RWANDA
0
Kigali: Hafunzwe ibirombe by’amabuye y’agaciro by’umushoramari wakoreshagamo abana
Share on FacebookShare on Twitter

Ibirombe bicukurwamo amabuye y’agaciro biherereye mu Murenge wa Rusororo mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, byakoreshwagamo abarimo abana bataruzuza imyaka y’ubukure, byafunzwe.

Ibi birombo by’umushoramari witwa Ntakirutimana Thacien, biherereye ku musozo wa Samuduha mu Kagari ka Mbandazi mu Murenge wa Rusororo.

Ni ibirombe by’amabuye y’agaciro ndetse n’umucanga, byakorwagamo n’abo mu byiciro byose; abagore, abagabo ndetse n’abana bigaragara ko bakiri bato batarageza imyaka yo gukoreshwa imirimo ivunanye nk’iyi.

Bavuga ko nubwo bakorera uyu mushoramari ariko atigeze abaha ubwishingizi, ku buryo hari n’abahagirira ibibazo ariko bikarangirira aho.

Uwitwa Tuyizere Aphrodice wakomerekeye muri aka kazi, yagize ati “Nagiye gusaba akazi kwa Ntakirutimana Thacien ko gucukura amabuye y’agaciro arakampa, nza gukoreramo ikirombe kinsangamo kirangwira, nza gusaba ubufasha arabunyima, umuryango wanjye ni wo wamvuje.”

Undi na we utifuje ko amazina ye atangazwa, yagize ati “Ntakirutimana Thacien ni we waduhaye akazi, nta bwishingizi yaduhaye, iyo umuntu akomeretse yirwanaho.”

Ni mu gihe uyu Ntakirutimana Thacien ahakana ko ari we ukoresha aba baturage, ndetse ko yamaze kwiyambaza inzego.

Ati “Icyatumye ntabaza, bavuze ko nshobora kuzabyitirirwa kuko ari we ugura umusozi, mpamagara izo nzego ndavuga ngo nimutabare ibintu bitaragera kure, baraza bati abo bantu birutse.”

Ni mu gihe Abakuru b’imidugudu muri aka gace gacukurwamo Aya mabuye y’agaciro n’imicanga, bagiye bagaragaza ko batazi abihishe inyuma y’ubu bucukuzi.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Mujyi wa Kigali, CIP Gahonzire Wellars avuga ko bamaze gufunga ibi birombe bya gasegereti n’imicanga kuko ntabyangombwa uwo mushoramari yari afite.

Yagize ati “Byaragaragaye ko bacukuraga aho babonye. Ikibazo rero kikimara kumenyekana, inzego za Polisi n’iz’Ibanze muri ako gace bagaragaje ko habayemo amakosa, biba ngombwa ko uwo muntu wacukuraga aba ahagaritswe kugeza igihe aboneye icyangombwa. Ni umuntu witwa Ntakirutimana Thacien yahawe icyangombwa kirimo amakosa kigaragaza ko yacukura Umurenge wose.”

Ubu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro n’imicanga kuri uyu musozi wa Samuduha bwari bafunzwe mu mwaka ushize, ariko nyuma y’uko Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Agakari utari ubishyigikiye amaze kwimurwa, bwahise bwongera gukorwa.

Ibi birombe byakorwagamo n’abarimo abana bato

Uwahakomerekeye avuga ko yasabye ubufasha akabwima akirwanaho

NTAMBARA Garleon
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − 16 =

Previous Post

Hatangajwe ibyaha bikekwa ku mukozi mu buyobozi bw’Umujyi wa Kigali ufunze

Next Post

Rwanda and Turkmenistan establish diplomatic relations for the first time

Related Posts

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

by radiotv10
22/11/2025
0

Rwanda  is actively rolling out its new Single Digital ID (SDID) system nationwide,a major initiative for digital transformation. The registration and data...

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

by radiotv10
22/11/2025
0

Kaminuza ya East Africa University Rwanda na yo imaze gutanga impamyabushobozi ku bantu bigiye ku murimo bagera kuri 340, biganjemo...

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

by radiotv10
22/11/2025
0

Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (RRA/Rwanda Revenue Authority) cyatangaje ko mu mezi ane ashize abiyandikishihe muri gahunda y’ishimwe rihabwa abaka inyemezabwishyu ya...

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

by radiotv10
21/11/2025
0

Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, na we yageneye ubutumwa Perezdia Paul Kagame, amushimira ibiganiro byiza...

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

by radiotv10
21/11/2025
0

President Paul Kagame expressed his gratitude to the Emir of Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, who visited Rwanda...

IZIHERUKA

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID
IMIBEREHO MYIZA

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

by radiotv10
22/11/2025
0

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

22/11/2025
Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

22/11/2025
Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

22/11/2025
Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

22/11/2025
Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

22/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rwanda and Turkmenistan establish diplomatic relations for the first time

Rwanda and Turkmenistan establish diplomatic relations for the first time

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.