Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kigali: Hagaragaye ikibazo gishya mu gutwara abagenzi gitandukanye n’ibizwi na benshi

radiotv10by radiotv10
31/08/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Kigali: Hagaragaye ikibazo gishya mu gutwara abagenzi gitandukanye n’ibizwi na benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Abatega imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, berecyeza cyangwa bava Kabuga-Mu mujyi (Downtown), baravuga ko bafite ikibazo cyo kuba imashini (Tap&Go) zishyurirwaho zitinda gusoma amakarita, bigatuma batinda aho bategera.

Aba bagenzi baganirije RADIOTV10, bavuga ko bibasaba gutegereza iminota itatu kugira ngo icyuma gisome ikarita, ku buryo kugira ngo imodoka yuzure, bisaba igihe cy’isaha.

Umunyamakuru wageze muri Gare yo mu Mujyi [Downtown], mu masaha ya saa tanu, yasanze umurongo w’abantu berecyeza i Kabuga, ari mugufi, ariko ikibazo kikaba iby’izi mashini zisoma amakarita.

Umwe yagize ati “Nk’ubu nakojejeho ikarita ngomba gutegereza iminota hagati y’ibiri n’itatu kugira ngo icyuma kiyisome. Kandi ibyo biba ku bagenzi bose uko barenga 70, imodoka rero ihaguruka itinze kuko abagenzi kuyijyamo bigoye.”

Aba baturage bavuga ko bashimira kuba barashyiriweho imodoka ibatwara, ariko ikibazo kikaba gisigaye kuri izi mashini, zituma batinda muri Gare atari uko babuze imodoka.

Undi ati “Rwose barakoze baduha imodoka tuyikeneye, ariko nibanakemure ikibazo cyo gutinda guharuka kandi atari uko twabuze imodoka ahubwo ihari nk’umurimbo.”

Bamwe mu bashoferi batwara izi modoka za kompanyi ya RITCO, bemera ko iki kibazo gihari, bakavuga ko izi modoka zifite imashini zihariye za Tap&Go, zikanagira amakarita yihariye, mu gihe abagenzi basanganzwe izisanzwe.

Aba bashoferi bavuga ko abagenzi bataramenya ko hari amakarita yihariye yagenewe ibi byuma biri muri izi modoka, bityo ko ari yo bari bakwiye kugura bakajya bakoresha.

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA ruvuga ko rwasabye izi Sosiyete zitanga ibi byuma, gukemura ikibazo cy’amakarita atinda mu gihe anyuranye n’ibyuma kandi mu gihe cya vuba.

RADIOTV10 yagerageje kuvugisha ubuyobozi bwa Kompanyi ya RITCO ivugwamo iki kibazo, ariko ntibyakunda.

Izi mashini zitinda gusoma amakarita
Bituma n’abagenzi batinda muri Gare

Eugenie NYIRANSABIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine − five =

Previous Post

Hagaragajwe andi mahirwe y’u Rwanda ku bihembo bikomeye bya muzika biteganyijwe

Next Post

Ibyo kwitega muri tombola y’irushanwa rikundwa na benshi muri ruhago y’Isi

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyo kwitega muri tombola y’irushanwa rikundwa na benshi muri ruhago y’Isi

Ibyo kwitega muri tombola y’irushanwa rikundwa na benshi muri ruhago y’Isi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.