• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kigali: Hatangijwe ibarura ry’abikingije COVID kugira ngo hamenyekana abanze gufata urwo Gushimangira

radiotv10by radiotv10
13/01/2022
in MU RWANDA
0
Kigali: Hatangijwe ibarura ry’abikingije COVID kugira ngo hamenyekana abanze gufata urwo Gushimangira
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwatangije ibarura rizakorwa urugo ku rundi hagenzurwa abikingije COVID-19 kugira ngo hamenyekane abatarafata doze n’imwe n’abatarafata iyo gushimangira kandi barageje igihe cyo kuyihabwa.

Ni ibarura ryategetwe n’ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali mu ibaruwa Umuyobozi wawo Rubingisa Pudence yandikiye Abayobzo Nshingwabikorwa b’Uturere tugize uyu Mujyi abasaba ko hatangira igenzura rigamije kureba uko abantu bikingije.

Imibare ya Minisiteri y’Ubuzima yo kuri uyu wa Gatatu tariki 12 Mutarama 202, igaragaza ko kugeza ubu abamaze kwikingiza mu Rwanda ari 7 827 517 barimo 5 888 447 bahawe doze ebyiri ndetse na 485 163 bamaze guhabwa doze ishimangira.

Hari amakuru avuga ko hari umubare w’abantu benshi bagejeje igihe cyo gufata doze ishimangira banze kujya kuyifata bikaba biri no mu byatumye Umujyi wa Kigali utangiza iri genzura.

Mu ibaruwa Rubingiza Pudence yandikiye abayobozi Nshingwabikorwa, hari aho agira ati “Tubandikiye tubasaba gukora ibarura ry’abaturage urugo ku rundi hagamijwe kumenya abaturage bamaze kubona inkingo uko zavuzwe haruguru, bigafasha mu gukora ubukangurambaga kugira ngo abatarabona inkingo uko zateganyijwe na bo bazifate.”

Iyi baruwa kandi ivuga ko iki kigomba gukorwa mu gihe kitarenze iminsi itatu aho kigomba kuba cyasojwe bitarenze tariki ya 14 Mutarama 2022 kandi raporo ikaba yejejwe ku Mujyi wa Kigali.

Iki gikorwa kandi cyamaze gutangira aho ubuyobozi bw’Umurenge wa Kagarama mu Karere ka Kicukiro bwatangiye gukora iri barura.

Ubutumwa bwanyujijwe kuri Twitter n’Ubuyobozi bw’uyu murenge, bugira buti “Uyu munsi mu Murenge wa Kagarama hatangiye igikorwa cyo gusura abaturage mu ngo harebwa ko bikingije COVID-19 byuzuye, n’abatarikingiza na rimwe ngo bagirwe inama yo kwikingiza.”

Ibi kandi bibaye mu gihe hakomeje kumvikana Abanyarwanda bari guhungira mu bihugu by’abaturanyi kubera kwanga kwikingiza COVID-19 barimo abagera mu 120 bamaze kwakira ku Kirwa cya Ijwi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × three =

Previous Post

Kuki ubutaka bwahawe u Rwanda bumaze imyaka 30 budakoreshwa kandi buri ahari amafaranga?

Next Post

Kigali: Umushoferi w’ivatiri yacaniwe maremare na Fuso ashiguka imodoka yayiroshye mu mugezi

Related Posts

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

by radiotv10
01/06/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, is currently in Seoul, South Korea, where he is...

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

by radiotv10
01/06/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe ari i Seoul muri Korea y’Epfo, aho yitabiriye Inama y’ubufatanye bw’iki Gihugu n’Umugabane...

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

by radiotv10
01/06/2026
0

A home should be the place where your body relaxes and your mind slows down after a long day. But...

Next Post
Kigali: Umushoferi w’ivatiri yacaniwe maremare na Fuso ashiguka imodoka yayiroshye mu mugezi

Kigali: Umushoferi w’ivatiri yacaniwe maremare na Fuso ashiguka imodoka yayiroshye mu mugezi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.