Tuesday, January 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kigali: Impanuka idasanzwe y’ubwanikiro bwaguye biravugwa ko yahitanye benshi

radiotv10by radiotv10
03/02/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
6
Kigali: Impanuka idasanzwe y’ubwanikiro bwaguye biravugwa ko yahitanye benshi

Ifoto yakuwe kuri internet ntabwo ihuye n'ibivugwa mu nkuru

Share on FacebookShare on Twitter

Mu Murenge wa Rusororo mu Karere ka Gasabo, haravugwa impanuka idasanzwe y’ubwanikiro bw’ibigoro, bwagwiriye abaturage, aho bivugwa ko hari benshi bahasize ubuzima.

Iyi mpanuka yabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 03 Gashyantare 2023 mu Kagari ka Gasagara muri uyu Murenge wa Rusororo.

Umuturage wo muri aka gace, yabwiye RADIOTV10 ko ubu bwanikiro bw’ibigiro bwagwiriye abahinzi bari baje mu mirimo yo kwanika umusaruro wabo nka koperative.

Yagize ati “Ejo hashize bari babisaruye, uyu munsi rero bari bazindutse bajya kubyandika, ubwanikiro burabagwira.”

Uyu muturage kandi yavuze ko hari amakuru avuga ko abahitanywe n’iyi mpanuka babarirwa hejuru y’icumi (10).

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Gasagara, Byukusenge Valentine yabwiye RADIOTV10 ko iyi mpanuka yabaye mu gitondo ahagana saa mbiri.

Uyu muyobozi wari uri kwegeranya imibare y’abahitanywe n’iyi mpanuka, yavuze ko ahuze cyane ariko ko hari abaturage koko bahasize ubuzima.

Abaturage bagera mu icumi (10) basize ubuzima muri iyi mpanuka, mu gihe abo yakomerekeyemo abagera muri 36 nkuko byaje gutangazwa n’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze.

Muri aba bantu icumi (10) basize ubuzima muri iyi mpanuka, harimo abagabo batandatu (6) n’abagore bane (4) bose bari muri ubu bwanikiro bwaguye bukabasangamo. Abakomeretse bahise bajyanwa ku Bitaro bya Masaka, ubu bakaba bari kwitabwaho n’abaganga.

Ubuyobozi bw’Inzego z’ibanze kandi buvuga ko ubu bwanikiro bushobora kuba bwaguye kubera kuremererwa n’ibigori byari bimaze gushyirwaho n’aba baturage, bigatuma uyu musaruro ndetse n’ibiti byari bibwubatse bibagwa hejuru kuko bari bakirimo.

RADIOTV10

Comments 6

  1. Jado C says:
    3 years ago

    Ubwo kandi wasanga uwabyubatse ariwe bakurikirana kandi wumva ko bishoka ko bwaremerewe numusaruro w’ibigori bari bamanitsemo? Imana ibahe iruhuko ridashira kandi yorohereze abasigaye

    Reply
    • Ntirenganya Alfred says:
      3 years ago

      Bitewe nuko buba bwubatse nubundi bagashyiraho ibintu biremereye ningombwa ko bugwa ariko hakagombye kurebwa uburemere bwibiburimo nahandi bitazateza impanuka nubu di

      Reply
  2. Ernestine says:
    3 years ago

    Imbaraga z’ubuhunikiro n’ibyo bwateganirijwe kwakira byari bitandukanye. Gusa impanuka ni impanuka nyine nta kundi. RIP kubahasize ubuzima. Abakomeretse nabo tubifurije gukira vuba.

    Reply
  3. Cool says:
    3 years ago

    Rest In peace ,nubundi niba hasanzwe hanikwamo nisaha y’Imana yabahamagaye,baruhukire mumahoro ababuze ababo turabakomeje mwihangane🙏😭😭😭😭😭

    Reply
  4. Gabriel Kayonga says:
    3 years ago

    RIP, ubwo barebe uko ubwo bwanikiro uko bwakubakishwa ibyuma n’ahandi buri, kuko buba bwikoreye ibiro byinshi by’ibigori. Imana ikomeze imiryango yabuze ababo muriyo mpanuka.

    Reply
  5. Twagira says:
    3 years ago

    Hihangane abasigaye iyo ninkimanuka ahandibazazubaka ababishinzwe bajya bakoresha ibyuma

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × one =

Previous Post

Ufite uburwayi bwo mu mutwe yakoze igikorwa cyatumye benshi bumva bafite ikimwaro

Next Post

Amakuru mashya ku rubanza rw’umwana rwazamuye impaka: Icyemezo cyafashwe

Related Posts

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yakiriye mu Biro bye, abarimo Prof. Dong-Sup Yoon usanzwe ari Perezida wa Yonsei University, Kaminuza yo muri...

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

by radiotv10
27/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yamaze gutanga ikirego mu Rukiko Ruhoraho rushinzwe Ubukemurampaka, iregamo iy’u Bwongereza nyuma yo guhagarika amasezerano Ibihugu byombi...

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

by radiotv10
27/01/2026
0

Brigadier General Godfrey Gasana wahoze ari Umugaba Wungirije w’Ingabo zirwanira mu Kirere akaba aherutse kugirwa Umupilote wihariye wa Perezida wa...

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza, Bill na Joyce Cummings; ndetse n’abagira uruhare...

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

by radiotv10
27/01/2026
0

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) ku bufatanye n’Ihuriro ry’Imiryango itari iya Leta, bari mu bukangurambaga bwo gukumira indwara zititaweho, zirimo...

IZIHERUKA

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo
MU RWANDA

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

by radiotv10
27/01/2026
0

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

27/01/2026
Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

27/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

27/01/2026
AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

27/01/2026
Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

27/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya ku rubanza rw’umwana rwazamuye impaka: Icyemezo cyafashwe

Amakuru mashya ku rubanza rw’umwana rwazamuye impaka: Icyemezo cyafashwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.