Sunday, January 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kigali: Impanuka idasanzwe y’ubwanikiro bwaguye biravugwa ko yahitanye benshi

radiotv10by radiotv10
03/02/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
6
Kigali: Impanuka idasanzwe y’ubwanikiro bwaguye biravugwa ko yahitanye benshi

Ifoto yakuwe kuri internet ntabwo ihuye n'ibivugwa mu nkuru

Share on FacebookShare on Twitter

Mu Murenge wa Rusororo mu Karere ka Gasabo, haravugwa impanuka idasanzwe y’ubwanikiro bw’ibigoro, bwagwiriye abaturage, aho bivugwa ko hari benshi bahasize ubuzima.

Iyi mpanuka yabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 03 Gashyantare 2023 mu Kagari ka Gasagara muri uyu Murenge wa Rusororo.

Umuturage wo muri aka gace, yabwiye RADIOTV10 ko ubu bwanikiro bw’ibigiro bwagwiriye abahinzi bari baje mu mirimo yo kwanika umusaruro wabo nka koperative.

Yagize ati “Ejo hashize bari babisaruye, uyu munsi rero bari bazindutse bajya kubyandika, ubwanikiro burabagwira.”

Uyu muturage kandi yavuze ko hari amakuru avuga ko abahitanywe n’iyi mpanuka babarirwa hejuru y’icumi (10).

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Gasagara, Byukusenge Valentine yabwiye RADIOTV10 ko iyi mpanuka yabaye mu gitondo ahagana saa mbiri.

Uyu muyobozi wari uri kwegeranya imibare y’abahitanywe n’iyi mpanuka, yavuze ko ahuze cyane ariko ko hari abaturage koko bahasize ubuzima.

Abaturage bagera mu icumi (10) basize ubuzima muri iyi mpanuka, mu gihe abo yakomerekeyemo abagera muri 36 nkuko byaje gutangazwa n’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze.

Muri aba bantu icumi (10) basize ubuzima muri iyi mpanuka, harimo abagabo batandatu (6) n’abagore bane (4) bose bari muri ubu bwanikiro bwaguye bukabasangamo. Abakomeretse bahise bajyanwa ku Bitaro bya Masaka, ubu bakaba bari kwitabwaho n’abaganga.

Ubuyobozi bw’Inzego z’ibanze kandi buvuga ko ubu bwanikiro bushobora kuba bwaguye kubera kuremererwa n’ibigori byari bimaze gushyirwaho n’aba baturage, bigatuma uyu musaruro ndetse n’ibiti byari bibwubatse bibagwa hejuru kuko bari bakirimo.

RADIOTV10

Comments 6

  1. Jado C says:
    3 years ago

    Ubwo kandi wasanga uwabyubatse ariwe bakurikirana kandi wumva ko bishoka ko bwaremerewe numusaruro w’ibigori bari bamanitsemo? Imana ibahe iruhuko ridashira kandi yorohereze abasigaye

    Reply
    • Ntirenganya Alfred says:
      3 years ago

      Bitewe nuko buba bwubatse nubundi bagashyiraho ibintu biremereye ningombwa ko bugwa ariko hakagombye kurebwa uburemere bwibiburimo nahandi bitazateza impanuka nubu di

      Reply
  2. Ernestine says:
    3 years ago

    Imbaraga z’ubuhunikiro n’ibyo bwateganirijwe kwakira byari bitandukanye. Gusa impanuka ni impanuka nyine nta kundi. RIP kubahasize ubuzima. Abakomeretse nabo tubifurije gukira vuba.

    Reply
  3. Cool says:
    3 years ago

    Rest In peace ,nubundi niba hasanzwe hanikwamo nisaha y’Imana yabahamagaye,baruhukire mumahoro ababuze ababo turabakomeje mwihangane🙏😭😭😭😭😭

    Reply
  4. Gabriel Kayonga says:
    3 years ago

    RIP, ubwo barebe uko ubwo bwanikiro uko bwakubakishwa ibyuma n’ahandi buri, kuko buba bwikoreye ibiro byinshi by’ibigori. Imana ikomeze imiryango yabuze ababo muriyo mpanuka.

    Reply
  5. Twagira says:
    3 years ago

    Hihangane abasigaye iyo ninkimanuka ahandibazazubaka ababishinzwe bajya bakoresha ibyuma

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − 14 =

Previous Post

Ufite uburwayi bwo mu mutwe yakoze igikorwa cyatumye benshi bumva bafite ikimwaro

Next Post

Amakuru mashya ku rubanza rw’umwana rwazamuye impaka: Icyemezo cyafashwe

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya ku rubanza rw’umwana rwazamuye impaka: Icyemezo cyafashwe

Amakuru mashya ku rubanza rw’umwana rwazamuye impaka: Icyemezo cyafashwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.