Saturday, December 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kigali: Imvura idasanzwe yangije bimwe

radiotv10by radiotv10
27/10/2022
in MU RWANDA
0
Kigali: Imvura idasanzwe yangije bimwe
Share on FacebookShare on Twitter

Imvura ivanze n’umuyaga mwinshi, yaguye mu bice binyuranye byo mu Mujyi wa Kigali, yangije ibikorwa bidantukanye birimo ibyumba by’amashuri ndetse n’inzu z’abaturage.

Iyi mvura yaguye mu masaha y’igicamunsi cyo kuri uyu wa Kane tariki 27 Ukwakira 2022, yarimo umuyaga mwinshi ari na wo wangije ibi bikorwa.

Bamwe mu batuye mu bice bitandukanye mu Mujyi wa Kigali, babwiye RADIOTV10 ko iyi mvura yari ifite umuriri, ariko ko umuyaga warimo ari wo wari ukanganye.

Umwe yagize ati “Ni imvura iteye ubwoba kuko yarimo umuyaga udasanzwe. Mu baturanyi, hari inzu zasenyutse kubera umuyaga mwinshi.”

Iyi mvura yaguye nyuma yuko Ikigo cy’Igihugu cy’iteganyagihe cyari cyabitangaje ko uyu munsi tariki 27 Ukwakira 2022, hateganyijwe imvura mu Turere twose tw’Igihugu.

Ubutumwa bwari bwatangajwe na Meteo Rwanda, bwari bwatanzwe kuri uyu wa Gatatu, bwagiraga buti “Ejo ku wa 27 Ukwakira 2022, mu gitondo nta mvura iteganyijwe mu turere twose tw’Igihugu. Ku gicamunsi hateganyijwe imvura mu turere twose tw’Igihugu.”

Bamwe mu baturage bo mu bice binyuranye by’Igihugu barimo abo mu Ntara y’Amajyepfo, na bo bavuga ko haguye imvura nubwo itari nyinshi ariko yagaragayemo umuyaga mwinshi.

Umwe wo mu Karere ka Kamonyi, yagize ati “Umuyaga wabanje guhuha ari mwinshi, ukurikirwa n’imvura idakanganye ariko yarimo amahindu.”

Mu bice bitandukanye by’Igihugu, bavuga ko bamaze iminsi barabuze imvura ku buryo n’imyaka bari barahinze, yangiritse.

Ibikorwa remezo byangijwe n’imvura
Photos/RBA

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 1 =

Previous Post

FARDC yongeye gukizwa n’amaguru ihunga M23

Next Post

Uw’imyaka 33 ahishuye umujinya wamusubije mu ishuri kwigana n’umwana we

Related Posts

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Rwanda’s digital identity scheme is making progress toward its planned June 2026 rollout, with 300,000 now registered for the scheme,...

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

by radiotv10
13/12/2025
0

Mu muhango wo gusezerera ku Bapolisi 74 baherutse gushyirwa mu kiruhuko cy'izabukuru, Umuyobozi Mukuru wa Polisi y'u Rwanda, IGP Felix...

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

by radiotv10
13/12/2025
0

Patriotism is more than singing the national anthem or proudly wearing the colors of our flag. It is a deep...

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Gakeshyi mu Karere ka Gakenke, yafatanywe ibilo 17 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi na Litiro 14 za Kanyanga,...

IZIHERUKA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID
IMIBEREHO MYIZA

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

13/12/2025
Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

13/12/2025
Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

13/12/2025
Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

13/12/2025
America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uw’imyaka 33 ahishuye umujinya wamusubije mu ishuri kwigana n’umwana we

Uw’imyaka 33 ahishuye umujinya wamusubije mu ishuri kwigana n’umwana we

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.