Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kigali: Imvura idasanzwe yangije bimwe

radiotv10by radiotv10
27/10/2022
in MU RWANDA
0
Kigali: Imvura idasanzwe yangije bimwe
Share on FacebookShare on Twitter

Imvura ivanze n’umuyaga mwinshi, yaguye mu bice binyuranye byo mu Mujyi wa Kigali, yangije ibikorwa bidantukanye birimo ibyumba by’amashuri ndetse n’inzu z’abaturage.

Iyi mvura yaguye mu masaha y’igicamunsi cyo kuri uyu wa Kane tariki 27 Ukwakira 2022, yarimo umuyaga mwinshi ari na wo wangije ibi bikorwa.

Bamwe mu batuye mu bice bitandukanye mu Mujyi wa Kigali, babwiye RADIOTV10 ko iyi mvura yari ifite umuriri, ariko ko umuyaga warimo ari wo wari ukanganye.

Umwe yagize ati “Ni imvura iteye ubwoba kuko yarimo umuyaga udasanzwe. Mu baturanyi, hari inzu zasenyutse kubera umuyaga mwinshi.”

Iyi mvura yaguye nyuma yuko Ikigo cy’Igihugu cy’iteganyagihe cyari cyabitangaje ko uyu munsi tariki 27 Ukwakira 2022, hateganyijwe imvura mu Turere twose tw’Igihugu.

Ubutumwa bwari bwatangajwe na Meteo Rwanda, bwari bwatanzwe kuri uyu wa Gatatu, bwagiraga buti “Ejo ku wa 27 Ukwakira 2022, mu gitondo nta mvura iteganyijwe mu turere twose tw’Igihugu. Ku gicamunsi hateganyijwe imvura mu turere twose tw’Igihugu.”

Bamwe mu baturage bo mu bice binyuranye by’Igihugu barimo abo mu Ntara y’Amajyepfo, na bo bavuga ko haguye imvura nubwo itari nyinshi ariko yagaragayemo umuyaga mwinshi.

Umwe wo mu Karere ka Kamonyi, yagize ati “Umuyaga wabanje guhuha ari mwinshi, ukurikirwa n’imvura idakanganye ariko yarimo amahindu.”

Mu bice bitandukanye by’Igihugu, bavuga ko bamaze iminsi barabuze imvura ku buryo n’imyaka bari barahinze, yangiritse.

Ibikorwa remezo byangijwe n’imvura
Photos/RBA

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty + four =

Previous Post

FARDC yongeye gukizwa n’amaguru ihunga M23

Next Post

Uw’imyaka 33 ahishuye umujinya wamusubije mu ishuri kwigana n’umwana we

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uw’imyaka 33 ahishuye umujinya wamusubije mu ishuri kwigana n’umwana we

Uw’imyaka 33 ahishuye umujinya wamusubije mu ishuri kwigana n’umwana we

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.