Saturday, November 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kigali ubu niwo Mujyi ku Isi urimo abakomeye benshi, Boris Johnson na we yahasesekaye

radiotv10by radiotv10
23/06/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Kigali ubu niwo Mujyi ku Isi urimo abakomeye benshi, Boris Johnson na we yahasesekaye
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane, Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Boris Johnson yageze mu Rwanda aho yitabiriye Inama ya CHOGM y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bo mu muryango wa Commonwealth.

Indege izanye Boris Johnson na Madamu we Carrie Symonds yasesekaye i Kanombe mu gitondo cyo kuri uyu wa 23 Kamena 2022.

Ku Kibuga cy’Indege yakiriwe n’abayobozi batandukanye barimo Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Prof Nshuti Manasseh.

Boris Johnson uyoboye u Bwongereza bukuriye Umuryango w’Ibihugu bikoresha icyongereza, aje mu Rwanda mu bikorwa byo gutangiza Inama ya CHOGM imaze iminsi ine iri kuba.

Aje asanga abandi bayobozi bakuru bo mu Bihugu bigize Commonwealth barimo Abaperezida ndetse n’abakuru ba za Guverinoma.

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki 22 Kamena 2022, u Rwanda rwari rwahaye ikaze abandi barimo Perezida wa Ghana, Nana Akufo-Addo, uwa Nigeria, Muhammadu Buhari, uwa Sierra Leone, Julius Maada Bio, Minisitiri w’Intebe wa Canada, Justin Trudeau.

Kuri uyu wa Gatatu kandi, Perezida wa Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, Moussa Faki Mahamat.

Boris Johnson aje nyuma y’umunsi umwe, Igikomangoma cy’Ubwami bw’u Bwongereza, Charles na we ageze mu Rwanda aho yahasesekaye mu ijoro ryo ku wa Kabiri tariki 21 Kamena 2022.

Uhagararariye u Rwanda mu Bwongereza, Ambasaderi Johnston Busingye aherutse gutangaza ko Boris Johnson yishimiye kuza mu Rwanda kuko ari Igihugu yumva gifite byinshi cyasangiza Isi kubera amateka ashaririye cyanyuzemo ubu kikaba kiri mu Bihugu by’intangarugero ku Isi.

Boris Johnson yageze i Kigali
Perezida Buhari wa Nigeria na we yaraye ahageze

Perezdia wa Sierra Leone, Julius Maada Bio na we yaraye ahageze
Na Minisitiri w’Intebe wa Canada
Perezdia wa Komisiyo ya AU na we yahageze

Yanakiriwe n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga

Perezida Buhari wa Nigeria na we yaraye ahageze

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × four =

Previous Post

Umunyamakuru w’Umunya-Uganda yashimagije Kigali ahabwa igisubizo gisekeje n’uwabaye Umuyobozi muri Polisi ya Uganda

Next Post

M23 yageneye ubutumwa bukarishye Ingabo za EAC zigiye koherezwa kuyihashya

Related Posts

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

by radiotv10
22/11/2025
0

Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (RRA/Rwanda Revenue Authority) cyatangaje ko mu mezi ane ashize abiyandikishihe muri gahunda y’ishimwe rihabwa abaka inyemezabwishyu ya...

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

by radiotv10
21/11/2025
0

Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, na we yageneye ubutumwa Perezdia Paul Kagame, amushimira ibiganiro byiza...

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

by radiotv10
21/11/2025
0

President Paul Kagame expressed his gratitude to the Emir of Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, who visited Rwanda...

U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

by radiotv10
21/11/2025
0

Mu biganiro byahuje urwego ruhuriweho na Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, impande zombi ziyemeje gutera intambwe...

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

by radiotv10
21/11/2025
0

Perezida Paul Kagame yashimiye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani wagendereye u Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi...

IZIHERUKA

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi
IBYAMAMARE

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

by radiotv10
22/11/2025
0

Rwandan-origin contestant advances to the final stage of Miss Belgium

Rwandan-origin contestant advances to the final stage of Miss Belgium

22/11/2025
Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

22/11/2025
Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

22/11/2025
Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

21/11/2025
Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

21/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 yagaragaje aho ihagaze ku myanzuro y’Abakuru b’Ibihugu bya EAC

M23 yageneye ubutumwa bukarishye Ingabo za EAC zigiye koherezwa kuyihashya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Rwandan-origin contestant advances to the final stage of Miss Belgium

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.