• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kigali ubu niwo Mujyi ku Isi urimo abakomeye benshi, Boris Johnson na we yahasesekaye

radiotv10by radiotv10
23/06/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Kigali ubu niwo Mujyi ku Isi urimo abakomeye benshi, Boris Johnson na we yahasesekaye
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane, Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Boris Johnson yageze mu Rwanda aho yitabiriye Inama ya CHOGM y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bo mu muryango wa Commonwealth.

Indege izanye Boris Johnson na Madamu we Carrie Symonds yasesekaye i Kanombe mu gitondo cyo kuri uyu wa 23 Kamena 2022.

Ku Kibuga cy’Indege yakiriwe n’abayobozi batandukanye barimo Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Prof Nshuti Manasseh.

Boris Johnson uyoboye u Bwongereza bukuriye Umuryango w’Ibihugu bikoresha icyongereza, aje mu Rwanda mu bikorwa byo gutangiza Inama ya CHOGM imaze iminsi ine iri kuba.

Aje asanga abandi bayobozi bakuru bo mu Bihugu bigize Commonwealth barimo Abaperezida ndetse n’abakuru ba za Guverinoma.

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki 22 Kamena 2022, u Rwanda rwari rwahaye ikaze abandi barimo Perezida wa Ghana, Nana Akufo-Addo, uwa Nigeria, Muhammadu Buhari, uwa Sierra Leone, Julius Maada Bio, Minisitiri w’Intebe wa Canada, Justin Trudeau.

Kuri uyu wa Gatatu kandi, Perezida wa Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, Moussa Faki Mahamat.

Boris Johnson aje nyuma y’umunsi umwe, Igikomangoma cy’Ubwami bw’u Bwongereza, Charles na we ageze mu Rwanda aho yahasesekaye mu ijoro ryo ku wa Kabiri tariki 21 Kamena 2022.

Uhagararariye u Rwanda mu Bwongereza, Ambasaderi Johnston Busingye aherutse gutangaza ko Boris Johnson yishimiye kuza mu Rwanda kuko ari Igihugu yumva gifite byinshi cyasangiza Isi kubera amateka ashaririye cyanyuzemo ubu kikaba kiri mu Bihugu by’intangarugero ku Isi.

Boris Johnson yageze i Kigali
Perezida Buhari wa Nigeria na we yaraye ahageze

Perezdia wa Sierra Leone, Julius Maada Bio na we yaraye ahageze
Na Minisitiri w’Intebe wa Canada
Perezdia wa Komisiyo ya AU na we yahageze

Yanakiriwe n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga

Perezida Buhari wa Nigeria na we yaraye ahageze

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve + fourteen =

Previous Post

Umunyamakuru w’Umunya-Uganda yashimagije Kigali ahabwa igisubizo gisekeje n’uwabaye Umuyobozi muri Polisi ya Uganda

Next Post

M23 yageneye ubutumwa bukarishye Ingabo za EAC zigiye koherezwa kuyihashya

Related Posts

Abo mu Mudugudu wapfushije abantu batandatu muri Nyabihu baravuga ko ari ishyano ryabagwiririye

Abo mu Mudugudu wapfushije abantu batandatu muri Nyabihu baravuga ko ari ishyano ryabagwiririye

by radiotv10
16/06/2026
0

Abaturage bo mu Kagari ka Arusha, Umurenge wa Bigogwe mu Karere ka Nyabihu baravuga ko bashenguwe n’impfu z’abantu batandatu bikekwa...

Huye: Bavuze ko umwaka bamaze badafite umuyobozi w’Akagari wababereye uw’ibibazo

Huye: Bavuze ko umwaka bamaze badafite umuyobozi w’Akagari wababereye uw’ibibazo

by radiotv10
16/06/2026
0

Abaturage bo mu Kagari ka Buvumu, Umurenge wa Mukura mu Karere ka Huye, bavuga ko bamaze hafi umwaka badafite Umunyamabanga...

How small decisions shape your future

How small decisions shape your future

by radiotv10
16/06/2026
0

It’s easy to believe that the future is shaped by big moments, major opportunities, life-changing decisions, or sudden breakthroughs. But...

Haravugwa urupfu rutunguranye rw’abantu batandatu bikekwa ko bishwe n’inzoga banyoye

Haravugwa urupfu rutunguranye rw’abantu batandatu bikekwa ko bishwe n’inzoga banyoye

by radiotv10
15/06/2026
0

Mu Kagari ka Arusha mu Murenge wa Bigogwe mu Karere ka Nyabihu, haravugwa urupfu rukiri urujijo rw’abantu batandatu barimo bane...

Irebere inyubako zigezweho z’Ibitaro bya Masaka bizatuma u Rwanda ruba igicumbi cy’ubuvuzi

Irebere inyubako zigezweho z’Ibitaro bya Masaka bizatuma u Rwanda ruba igicumbi cy’ubuvuzi

by radiotv10
15/06/2026
0

Mu Murenge wa Masaka mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, huzuye Ibitaro byubatse mu cyanya cyahariwe ibikorwa by’ubuvuzi...

Next Post
M23 yagaragaje aho ihagaze ku myanzuro y’Abakuru b’Ibihugu bya EAC

M23 yageneye ubutumwa bukarishye Ingabo za EAC zigiye koherezwa kuyihashya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umutoza w’Amavubi yatangiye kumva ibitekerezo by’abanyabigwi bakiniye Ikipe y’Igihugu

Iby’ingenzi wamenya ku imurikabikorwa rya mbere ku Isi mu bya gisirikare ryitabiriwe na RDF

Abo mu Mudugudu wapfushije abantu batandatu muri Nyabihu baravuga ko ari ishyano ryabagwiririye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.