Tuesday, March 31, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kigali ubu niwo Mujyi ku Isi urimo abakomeye benshi, Boris Johnson na we yahasesekaye

radiotv10by radiotv10
23/06/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Kigali ubu niwo Mujyi ku Isi urimo abakomeye benshi, Boris Johnson na we yahasesekaye
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane, Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Boris Johnson yageze mu Rwanda aho yitabiriye Inama ya CHOGM y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bo mu muryango wa Commonwealth.

Indege izanye Boris Johnson na Madamu we Carrie Symonds yasesekaye i Kanombe mu gitondo cyo kuri uyu wa 23 Kamena 2022.

Ku Kibuga cy’Indege yakiriwe n’abayobozi batandukanye barimo Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Prof Nshuti Manasseh.

Boris Johnson uyoboye u Bwongereza bukuriye Umuryango w’Ibihugu bikoresha icyongereza, aje mu Rwanda mu bikorwa byo gutangiza Inama ya CHOGM imaze iminsi ine iri kuba.

Aje asanga abandi bayobozi bakuru bo mu Bihugu bigize Commonwealth barimo Abaperezida ndetse n’abakuru ba za Guverinoma.

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki 22 Kamena 2022, u Rwanda rwari rwahaye ikaze abandi barimo Perezida wa Ghana, Nana Akufo-Addo, uwa Nigeria, Muhammadu Buhari, uwa Sierra Leone, Julius Maada Bio, Minisitiri w’Intebe wa Canada, Justin Trudeau.

Kuri uyu wa Gatatu kandi, Perezida wa Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, Moussa Faki Mahamat.

Boris Johnson aje nyuma y’umunsi umwe, Igikomangoma cy’Ubwami bw’u Bwongereza, Charles na we ageze mu Rwanda aho yahasesekaye mu ijoro ryo ku wa Kabiri tariki 21 Kamena 2022.

Uhagararariye u Rwanda mu Bwongereza, Ambasaderi Johnston Busingye aherutse gutangaza ko Boris Johnson yishimiye kuza mu Rwanda kuko ari Igihugu yumva gifite byinshi cyasangiza Isi kubera amateka ashaririye cyanyuzemo ubu kikaba kiri mu Bihugu by’intangarugero ku Isi.

Boris Johnson yageze i Kigali
Perezida Buhari wa Nigeria na we yaraye ahageze

Perezdia wa Sierra Leone, Julius Maada Bio na we yaraye ahageze
Na Minisitiri w’Intebe wa Canada
Perezdia wa Komisiyo ya AU na we yahageze

Yanakiriwe n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga

Perezida Buhari wa Nigeria na we yaraye ahageze

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 − 3 =

Previous Post

Umunyamakuru w’Umunya-Uganda yashimagije Kigali ahabwa igisubizo gisekeje n’uwabaye Umuyobozi muri Polisi ya Uganda

Next Post

M23 yageneye ubutumwa bukarishye Ingabo za EAC zigiye koherezwa kuyihashya

Related Posts

Impanuro ‘Rutangarwamaboko’ yageneye Umuyobozi wafashe icyemezo cyo kurandura ibishyimbo by’umuturage

Impanuro ‘Rutangarwamaboko’ yageneye Umuyobozi wafashe icyemezo cyo kurandura ibishyimbo by’umuturage

by radiotv10
31/03/2026
0

Nzayisenga Modeste uzwi nk'Umupfumu Rutangarwamaboko, yavuze ko umuyobozi waranduye ibishyimbo by’umuturage, yakoze ibitari iby’i Rwanda, ariko ko mbere yo kubikora...

Touadéra wa Centrafrique nyuma y’irahira yakiriye Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda wahagarariye Perezida Kagame

Touadéra wa Centrafrique nyuma y’irahira yakiriye Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda wahagarariye Perezida Kagame

by radiotv10
31/03/2026
0

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Justin Nsengiyumva wahagarariye Perezida Paul Kagame mu muhango w’irahira rya Perezida Faustin-Archange Touadéra wongeye gutorerwa...

Why Self-Evaluation Matters: Unlock Your Growth and Transform Your Life

Why Self-Evaluation Matters: Unlock Your Growth and Transform Your Life

by radiotv10
31/03/2026
0

There comes a point where you realize that life moves fast, and if you don’t pause once in a while,...

Mobile Money Rwanda Ltd Unveils ‘MoFlex’: A Revolutionary microloan solution

Mobile Money Rwanda Ltd Unveils ‘MoFlex’: A Revolutionary microloan solution

by radiotv10
30/03/2026
0

Mobile Money Rwanda Ltd (MoMo Rwanda), in partnership with Ecobank Rwanda Plc and YABX Technologies (Netherlands) B.V , is pleased...

Icyo ubuyobozi bwari bwavuze ku kibazo cy’ibishyimbo byaranduwe muri Kigali cyavuzweho ibyanyuze benshi

Icyo ubuyobozi bwari bwavuze ku kibazo cy’ibishyimbo byaranduwe muri Kigali cyavuzweho ibyanyuze benshi

by radiotv10
30/03/2026
0

Ikibazo cy’ibishyimbo byaranduwe mu Mujyi wa Kigali cyagatsweho na Komiseri muri FPR-Inkotanyi akagaya Abayobozi babikoze, Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwari...

IZIHERUKA

Harumvikana gushidikanya ku gihe intambara ya Iran izarangirira
AMAHANGA

Harumvikana gushidikanya ku gihe intambara ya Iran izarangirira

by radiotv10
31/03/2026
0

Gen.Muhoozi yatanze itegeko ryo kurekura umwe mu Bajenerali babiri baherutse gutabwa muri yombi

Gen.Muhoozi yatanze itegeko ryo kurekura umwe mu Bajenerali babiri baherutse gutabwa muri yombi

31/03/2026
Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

AFC/M23 yatangaje uko byifashe mu mirwano iyihanganishije n’abarimo FARDC na FDLR

31/03/2026
Impanuro ‘Rutangarwamaboko’ yageneye Umuyobozi wafashe icyemezo cyo kurandura ibishyimbo by’umuturage

Impanuro ‘Rutangarwamaboko’ yageneye Umuyobozi wafashe icyemezo cyo kurandura ibishyimbo by’umuturage

31/03/2026
BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

31/03/2026
Eng.-AFC/M23 Announces the Situation in Ongoing Fighting Against FARDC and FDLR

Eng.-AFC/M23 Announces the Situation in Ongoing Fighting Against FARDC and FDLR

31/03/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 yagaragaje aho ihagaze ku myanzuro y’Abakuru b’Ibihugu bya EAC

M23 yageneye ubutumwa bukarishye Ingabo za EAC zigiye koherezwa kuyihashya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Harumvikana gushidikanya ku gihe intambara ya Iran izarangirira

Gen.Muhoozi yatanze itegeko ryo kurekura umwe mu Bajenerali babiri baherutse gutabwa muri yombi

AFC/M23 yatangaje uko byifashe mu mirwano iyihanganishije n’abarimo FARDC na FDLR

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.