Monday, May 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kigali: Umunyamahanga wakatiwe imyaka 5 yavuze ko adakwiye gufungwa kuko afitiye u Rwanda akamaro

radiotv10by radiotv10
14/07/2022
in MU RWANDA
0
Kigali: Umunyamahanga wakatiwe imyaka 5 yavuze ko adakwiye gufungwa kuko afitiye u Rwanda akamaro
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamahanga ukomoka muri Korea, wakatiwe gufungwa imyaka itanu no gutanga ihazabu ya miliyoni 30, ahamijwe gukoresha inyandiko mpimbano, akajuririra icyemezo, yavuze ko adakwiye gufungwa kuko afitiye u Rwanda akamaro.

Urukiko Rukuru rwaburanishije uyu mugabo wo muri Korea witwa Jin Joseph, rwamuhamije iki cyaha cyo gukora cyangwa gukoresha inyandiko mpimbano, muri Mutarama uyu mwaka wa 2022.

Ni icyemezo yahise ajurira mu Rukiko rw’Ubujurire, aho yaburanye ubujurire bwe kuri uyu wa Gatatu tariki 13 Nyakanga 2022.

Ubwo yagera imbere y’Urukiko, yabanje kugaragaza inzitizi zibanziriza urubanza, aho yasabye Urukiko kutemerera itangazamakuru gukurikirana urubanza rwe ngo kuko inkuru zamwanditsweho ubwo yakatirwaga, zamugizeho ingaruka zikomeye.

Uyu mugabo w’imyaka 62 y’amavuko, yavuze ko nyuma yuko ziriya nkuru zisohotse zivuga kuri kiriya gihano yakatiwe, byagize ingaruka ku ishoramari afite mu Bihugu bitandukanye birimo Mozambiqwe, Zambia na Korea

Ubushinjacyaha bwavuze ko mu gihe Umunyamakuru yasabye gukurikiranza urubanza akanyura mu nzira zemewe n’amategeko, nta mpamvu yatuma adahabwa ubwo burenganzira.

Urukiko rwafashe icyemezo, rwemeza ko itangazamakuru rikurikirana uru rubanza ridafata amajwi cyangwa amashusho kuko gutara inkuru ari uburenganzira bwabo.

Umucamanza yahise aha umwanya uyu Munyakoreya Jin Joseph ngo atange impamvu zikomeye zatumye ajuririra icyemezo yafatiwe cyo gufungwa imyaka itanu.

 

Uyu mugabo wabaye nk’ugaruka ku mateka ye, yavuze ko ari ubwa mbere yisanze imbere y’ubutabera kuko muri iyi myaka 62 amaze ku Isi atigeze yitwara nabi.

Yavuze ko yageze mu Rwanda ku nshuro ya mbere muri 2015, aje kuhashora imari mu bijyanye n’ubucuruzi bw’ibinyabigiza.

Yavuze ko yagize uruhare rukomeye mu kuzana mu Rwanda imodoka za z’uruganda rwa Hyundai na Moto zikoreshwa na Polisi y’u Rwanda zo mu bwoko bwa.

Yavuze ko kubera urwo ruhare yagize mu iterambere ry’u Rwanda, atari akwiriye gufungwa imyaka itanu.

Jin Joseph n’umunyamategeko we Me Muragijimana Emmanuel basabye Urukiko rw’Ubujurire kuzatesha agaciro icyemezo cy’Urukiko Rukuru, rukemeza ko arekurwa kuko afitiye akamaro u Rwanda.

Ubushinjacyaha bwo bwavuze ko Urukiko Rukuru rwafashe kiriya cyemezo, rushingiye ku mpamvu n’ibimenyetso bifatika ariko ko mu gihe Urukiko rw’Ubujurire rwabibona ukundi, rwazamuhanisha igihano cy’igifungo gisubitse cyangwa ihazabu iri hagati ya Miliyoni 1 Frw na Miliyoni 5 Frw kuko ngo afitiye Igihugu akamaro.

Me Me Uwizeyimana Jean Baptiste uregera indishyi muri uru rubanza, yavuze ibyatangajwe na Jin Joseph ari na byo yavugiye mu zindi nkiko ariko ko yatunguwe n’imyitwarire y’Ubushinjacyaha yumvikanamo guhindura imvugo ku bijyanye n’ibihano.

Uyu munyamategeko yavuze ko Ubushinjacyaha bwakunze kugaragaza ibimenyetso bishinja uyu munya-Korea gukoresha inyandiko na kashi mpimbano kugira ngo yegukane Sosiyete y’ubucuruzi yitwa Mutara E&C LTD.

Urikiko rwabajije Jin Joseph ibihumbi 45$ [Miliyoni 45 Frw] yahaye uwitwa Kim Sun bikajya kuri Sosiyete yitwa KCRC LTD bivuye kuri kuri Konti ya Mutara E&C LTD, gusa ntiyabashije gutanga ibisobanuro byumvikana uretse kuvuga ko yayamuhaye kugira ngo hazavemo umushahara we kuko yari maze igihe adahembwa agira ngo abone ibimutunga.

Urukiko rwahise rupfundikira urubanza, rwanzura ko ruzasoma umwanzuro warwo tariki 29 Nyakanga 2022.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 + 18 =

Previous Post

Cyera kabaye Miss Muheto agiye gushyikirizwa imodoka yatsindiye…Hamenyekanye uko azayihabwa

Next Post

Ntidufite ubushobozi bwo guhanga na M23, na FARDC ntabwo ifite- MONUSCO yavuze ibyatangaje benshi

Related Posts

RUHANGO: RBC ivuga ko amaraso aramutse agurishijwe nta mu rwayi wakwigondera ikiguzi

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

by radiotv10
25/05/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko umwe mu bantu babiri bakekwaho kwiba ihene mu Murenge wa Ntongwe mu Karere ka Ruhango,...

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

by radiotv10
25/05/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yavuye i Doha muri Qatar aho yagiriraga uruzinduko rw’akazi yagiriraga muri iki Gihugu, rwaranzwe n'ibikorwa...

Wari uzi ko buri mwaka miliyari 2Frw zitikirira mu gusimbuza inote zishaje mu Rwanda?

Bane bakoreraga SACCO y’Umurenge barimo uwari umuyobozi wayo bafungiye miliyoni 88Frw

by radiotv10
25/05/2026
0

Abantu bane bari abakozi ba SACCO y’Umurenge wa Kigeyo mu Karere ka Rutsiro, bari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Icyo Min.Nduhungirehe avuga ku magambo rutwitsi y’Umudipolomate w’u Burundi wavuze ko u Rwanda rutewe ntakibazo abibonamo

by radiotv10
25/05/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko bibabaje kubona Ambasaderi w’u Burundi mu Bubiligi avuga amagambo rutwitsi ko...

U Rwanda rwatanze umucyo ku ruhande rwarwitiriwe mu myanzuro y’ibyasabwe u Burusiya

Eng.-Minister Nduhungirehe Reacts to Burundian Diplomat’s Remarks Supporting Possible Attack on Rwanda

by radiotv10
25/05/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, has said it is disturbing to see the Burundian...

IZIHERUKA

RUHANGO: RBC ivuga ko amaraso aramutse agurishijwe nta mu rwayi wakwigondera ikiguzi
MU RWANDA

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

by radiotv10
25/05/2026
0

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

25/05/2026
Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

25/05/2026
Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

25/05/2026
Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

25/05/2026
Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

25/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ntidufite ubushobozi bwo guhanga na M23, na FARDC ntabwo ifite- MONUSCO yavuze ibyatangaje benshi

Ntidufite ubushobozi bwo guhanga na M23, na FARDC ntabwo ifite- MONUSCO yavuze ibyatangaje benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.