• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Kigali: Umusore w’ibigango wagaragaye akubita umukobwa bunyamaswa yatawe muri yombi

radiotv10by radiotv10
24/06/2022
in Uncategorized
0
Kigali: Umusore w’ibigango wagaragaye akubita umukobwa bunyamaswa yatawe muri yombi
Share on FacebookShare on Twitter

Umusore w’ibigango bivugwa ko acunga umutekano [bouncer] mu kabari kamwe ko mu Mujyi wa Kigali wagaragaye mu mashusho akubita umukobwa akanamuterura agakubita hasi, yatawe muri yombi.

Amashusho yashyizwe kuri Twitter n’uwitwa Eric Madiba ku wa Gatatu tariki 22 Kamena, agaragaza uwo musore w’ibigango akubita urushyi rwihanukiriye umukobwa, agahita yikubita hasi.

Ntibicira aho kuko nyuma yo ku mukubita hasi, ahita amukubita umugeri ubundi agaterura uruhande rwo hejuru, agakubita hasi, umutwe w’uwo mukobwa ukukubita hasi ndetse bikumvikana.

Uwashyize aya mashusho kuri Twitter, yashyizeho ubutumwa agira ati “Ibi birababaje, sinari nzi ko mu Rwanda umuntu yihanira gutya.”

this very sad 😞 sinarinziko murwanda umuntu yihanira gutya , as you can see aha ni T2000 monaco coffee, bouncer ikubita umwari wumunyarwanda kazi ngo yaraye anywa abura ayo kwishyura. I don’t think this was the right way to solve the issue @PaulKagame @RIB_Rw @Rwandapolice pic.twitter.com/9OFaf4pq22

— Eric madiba (@ericmadibaa) June 22, 2022

Amakuru aremeza ko uyu wagaragaye akubita uyu mukobwa, yatawe muri yombi kuri uyu wa Kane tariki 23 Kamena 2022 mu gihe icyaha akekwaho cyo gukubita no gukomeretsa ku bushake cyabaye tariki 19 Kamena 2022 mu kabari ko mu Mujyi wa Kigali kari mu Murenge wa Nyarugenge mu Karere ka Nyarugenge.

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Dr Murangira B. Thierry yemeje ko uyu musore yatawe muri yombi akurikiranyweho icyaha cyo gukubita no gukomeretsa ku bushake, akaba acumbikiwe kuri Station ya Nyarugenge ahazwi nko kuri Lagalette.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 − seven =

Previous Post

Tumenye amakuru mpamo ku bukwe bw’uwabaye Minisitiri mu Rwanda n’uwabaye umukinnyi wa Football

Next Post

Igisupusupu yataramiye Abitabiriye CHOGM

Related Posts

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

by radiotv10
18/05/2026
0

Umupira w’amaguru w’abari n’abategarugori urabyinira ku rukoma kubera amafaranga ari gushyirwamo, guhera ku bihembo amakipe ari gutsindira. Mu kiciro cya...

How to spend money wisely and build a better financial future

How to spend money wisely and build a better financial future

by radiotv10
07/05/2026
0

Most people think their future depends on how much money they will make one day. But in reality, your future...

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

by radiotv10
30/03/2026
0

Komiseri mu Muryango FPR-Inkotanyi, Habonimana Charles yanenze abayobozi bo mu Karere ka Nyarugenge baranduye ibishyimbo by’abaturage, avuga ko ibyemezo nk’ibi...

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

by radiotv10
26/03/2026
0

Nyuma yuko Gasogi utd itewe mpaga y’ibitego 3-0 n’amande ya miliyoni 2 Frw nyuma yo kubura ku kibuga cya Stade...

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

by radiotv10
17/02/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa NBA All-Star Game uhuza abakinnyi bakomeye muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe...

Next Post
Igisupusupu yataramiye Abitabiriye CHOGM

Igisupusupu yataramiye Abitabiriye CHOGM

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.