Monday, December 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

KIGALI: Yatswe ruswa y’ibihumbi 20 kugira ngo yubake inzu

radiotv10by radiotv10
19/06/2021
in MU RWANDA
0
KIGALI: Yatswe ruswa y’ibihumbi 20 kugira ngo yubake inzu
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturage witwa Hakizimana Emmanuel wo mu murenge wa Bumbogo mu kagari ka Nyagasozi mu karere ka Gasabo, avuga ko yahohotewe n’ubuyobozi bw’akagari, bukamusenyera aho yari arimo yubaka buvuga ko yanyuranyije n’amategeko, yajya gusobanuza agasiragizwa kugera ubwo yatswe amafranga ibihumbi 20 ngo abone guhabwa uruhusa rwo kubaka.

Uyu muturage avuga ko bitewe no kuba afite uburwayi bwo mu mutwe hakiyongeraho kuba atishoboye, byatumye mu mwaka w’2019 abagiraneza bamuha inkunga y’ikibanza n’isakaro ngo yubake, yubaka inzu ubuyobozi bw’ibanze bumureba, ariko inzu igiye kuzura ubuyobozi bw’akagali buraza burayisenya.

Ati:” mu mwaka w’2019 umugiraneza yampaye ikibanza, bukeye itorero ry’igihugu rimaze kumenya ikibazo mfite rinyemerere kumpa isakaro, ntangira kubaka aha hantu. Murabireba rwose ko n’abandi bahatuye, Atari mu manegeka cyangwa wenda ngo habe Atari aho guturwa. Nyamara inzu ntangiye kuyisakara ubuyobozi bw’akagali bwaraje burayisenya, buvuga ko ngo nubatse ntaburenganzira mbifitiye, mbereka ibyemezo by’uko ndwaye n’ibigaragaza izi nkunga nagiye mpabwa kubera ubu burwayi, ariko ntibabyumva.”

Avuga ko kugeza ubu aba mu kikoni cy’uwamucumbikiye, ahantu avuga ko isaha iyo ariyo yose nyiraho yahamwaka akangara.

Uyu muturage, avuga ko nyuma yaje kujya ku Kagali kuko ubuyobozi bw’akagali bwamushinjaga kubaka mu buryo buhabanye n’igishushanyo mbonera kigaragaza imyubakire n’imiturire muri uyu murenge, yahagera agasiragizwa.

Ati: “ Bukeye narahagurutse njya kuri RIB mbasobanurira ikibazo cyanjye, bangira inama yo gusubira ku kagali nkajya gusobanuza neza, bampa n’ibaruwa bandikiye gitifu bamusaba gukurikirana ikibazo cyanjye neza. Gusa nkigera ku kagali nakomeje guteragiranwa, kugera ubwo gitifu w’akagali anyatse amafranga ibihumbi 20 y’u Rwanda, ngo kugira ngo akunde anyemerere gutangira kubaka.”

Uyu muturage avuga ko atigeze atanga aya mafranga yari arimo yakwa n’uyu muyobozi w’akagari, amafranga avuga ko yagizeho amakenga ko ashobora kuba ari ruswa.

Abaturanyi ba Hakizimana, bemeza ko yasenyewe by’amaherere, ngo kuko aho yari yahawe iki kibanza ari hagati y’izindi ngo ku buryo ntan’ikigaragaza ko wenda ari mu manegeka.

Umunyamakuru wa RadioTV10 yagize amatsiko yo kumenya niba ubuyobozi bw’akagari buzi ikibazo cy’uyu muturage uvuga ko bwamusiragije bukanamwaka ruswa koko, ahamagara ku murongo wa Telephone Nshimiyimana Alexis uyobora akagali ka Nyagasozi, amubwira ko ari mu nama ku murenge wa Bumbogo, umunyamakuru amusaba kumusangayo bakabonana, arabimwemerera.

Gusa ubwo umunyamakuru yageraga ku biro by’umurenge, ntiyabashije kumubona kuko telephone ye itongeye kuba ku murongo.

Icyakora ubuyobozi bw’umurenge wa Bumbogo bwo buvuga ko ikibazo cy’uyu muturage butari bukizi, bukizeza ko bugiye ku gikurikirana kigakemurwa byihuse.

Rugabirwa Deo, umuyobozi w’umurenge wa Bumbogo, at:”ntabwo nahita nemeza ko ayo mafranga ibihumbi makumyabiri koko uyu muyobozi yayamwatse, bityo ngiye kubikurikirana menye ukuri kwabyo kuko nta kiguzi na kimwe gisabwa usaba gusana cyangwa se kubaka, byongeye ko utishoboye ahubwo akwiye no kuba arimo afashwa akaba yakubakirwa.”

Nubwo ubuyobozi bw’umurenge buvuga ko iki kibazo butari bukizi, Hakizimana we avuga ko n’ubuyobozi bw’urwego rw’umurenge bubizi kuko afite kopi z’impapuro zigaragaza ko koko yageze ku murongo.

Muri izi mpapuro za twasanganye uyu muturage, harimo n’iza muganga zigaragaza ko afite uburwayi bwo mu mutwe, hakiyongeraho kuba atishoboye.

INKURU YA : Assoumani Twahirwa/Radio &Tv10 Rwanda

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen + 17 =

Previous Post

SITTING VOLLEYBALL: Amakipe 12 niyo azitabira imikino yo kwibuka guhera kuri uyu wa gtandatu

Next Post

Polisi yatangije ubukanguramba bwibutsa abakoresha umuhanda ko kurwanya ikwirakwira rya COVID-19 ari inshingano zabo

Related Posts

Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Ibikekwa ku Muyobozi wo mu Karere ka Nyabihu uri mu maboko ya RIB

by radiotv10
08/12/2025
0

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho kwigwizaho imitungo, aho bivugwa...

Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

by radiotv10
08/12/2025
0

Abahinzi b'umuceri mu gishanga cya Cyaruhogo, bo mu Murenge wa Rubona, bari baherutse kugaragaza ikibazo cy'ubwanikiro bwabo bwari bwangijwe n'ibiza...

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

by radiotv10
06/12/2025
0

Imiryango 214 itishoboye y'abahinzi ba Kawa yo mu Mirenge ya Rwinkwavu na Kabarondo yatangiye guhabwa ibiti bya Kawa ibihumbi 80,...

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
05/12/2025
0

I Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, ahari hahanzwe amaso n’Isi yose, haraye habereye umuhango wo gusinya amasezerano...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
05/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

IZIHERUKA

Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’
AMAHANGA

Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

by radiotv10
08/12/2025
0

Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Ibikekwa ku Muyobozi wo mu Karere ka Nyabihu uri mu maboko ya RIB

08/12/2025
Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

08/12/2025
Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

07/12/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

06/12/2025
Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

06/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post

Polisi yatangije ubukanguramba bwibutsa abakoresha umuhanda ko kurwanya ikwirakwira rya COVID-19 ari inshingano zabo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

Ibikekwa ku Muyobozi wo mu Karere ka Nyabihu uri mu maboko ya RIB

Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.