Tuesday, December 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

KIGALI: Yatswe ruswa y’ibihumbi 20 kugira ngo yubake inzu

radiotv10by radiotv10
19/06/2021
in MU RWANDA
0
KIGALI: Yatswe ruswa y’ibihumbi 20 kugira ngo yubake inzu
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturage witwa Hakizimana Emmanuel wo mu murenge wa Bumbogo mu kagari ka Nyagasozi mu karere ka Gasabo, avuga ko yahohotewe n’ubuyobozi bw’akagari, bukamusenyera aho yari arimo yubaka buvuga ko yanyuranyije n’amategeko, yajya gusobanuza agasiragizwa kugera ubwo yatswe amafranga ibihumbi 20 ngo abone guhabwa uruhusa rwo kubaka.

Uyu muturage avuga ko bitewe no kuba afite uburwayi bwo mu mutwe hakiyongeraho kuba atishoboye, byatumye mu mwaka w’2019 abagiraneza bamuha inkunga y’ikibanza n’isakaro ngo yubake, yubaka inzu ubuyobozi bw’ibanze bumureba, ariko inzu igiye kuzura ubuyobozi bw’akagali buraza burayisenya.

Ati:” mu mwaka w’2019 umugiraneza yampaye ikibanza, bukeye itorero ry’igihugu rimaze kumenya ikibazo mfite rinyemerere kumpa isakaro, ntangira kubaka aha hantu. Murabireba rwose ko n’abandi bahatuye, Atari mu manegeka cyangwa wenda ngo habe Atari aho guturwa. Nyamara inzu ntangiye kuyisakara ubuyobozi bw’akagali bwaraje burayisenya, buvuga ko ngo nubatse ntaburenganzira mbifitiye, mbereka ibyemezo by’uko ndwaye n’ibigaragaza izi nkunga nagiye mpabwa kubera ubu burwayi, ariko ntibabyumva.”

Avuga ko kugeza ubu aba mu kikoni cy’uwamucumbikiye, ahantu avuga ko isaha iyo ariyo yose nyiraho yahamwaka akangara.

Uyu muturage, avuga ko nyuma yaje kujya ku Kagali kuko ubuyobozi bw’akagali bwamushinjaga kubaka mu buryo buhabanye n’igishushanyo mbonera kigaragaza imyubakire n’imiturire muri uyu murenge, yahagera agasiragizwa.

Ati: “ Bukeye narahagurutse njya kuri RIB mbasobanurira ikibazo cyanjye, bangira inama yo gusubira ku kagali nkajya gusobanuza neza, bampa n’ibaruwa bandikiye gitifu bamusaba gukurikirana ikibazo cyanjye neza. Gusa nkigera ku kagali nakomeje guteragiranwa, kugera ubwo gitifu w’akagali anyatse amafranga ibihumbi 20 y’u Rwanda, ngo kugira ngo akunde anyemerere gutangira kubaka.”

Uyu muturage avuga ko atigeze atanga aya mafranga yari arimo yakwa n’uyu muyobozi w’akagari, amafranga avuga ko yagizeho amakenga ko ashobora kuba ari ruswa.

Abaturanyi ba Hakizimana, bemeza ko yasenyewe by’amaherere, ngo kuko aho yari yahawe iki kibanza ari hagati y’izindi ngo ku buryo ntan’ikigaragaza ko wenda ari mu manegeka.

Umunyamakuru wa RadioTV10 yagize amatsiko yo kumenya niba ubuyobozi bw’akagari buzi ikibazo cy’uyu muturage uvuga ko bwamusiragije bukanamwaka ruswa koko, ahamagara ku murongo wa Telephone Nshimiyimana Alexis uyobora akagali ka Nyagasozi, amubwira ko ari mu nama ku murenge wa Bumbogo, umunyamakuru amusaba kumusangayo bakabonana, arabimwemerera.

Gusa ubwo umunyamakuru yageraga ku biro by’umurenge, ntiyabashije kumubona kuko telephone ye itongeye kuba ku murongo.

Icyakora ubuyobozi bw’umurenge wa Bumbogo bwo buvuga ko ikibazo cy’uyu muturage butari bukizi, bukizeza ko bugiye ku gikurikirana kigakemurwa byihuse.

Rugabirwa Deo, umuyobozi w’umurenge wa Bumbogo, at:”ntabwo nahita nemeza ko ayo mafranga ibihumbi makumyabiri koko uyu muyobozi yayamwatse, bityo ngiye kubikurikirana menye ukuri kwabyo kuko nta kiguzi na kimwe gisabwa usaba gusana cyangwa se kubaka, byongeye ko utishoboye ahubwo akwiye no kuba arimo afashwa akaba yakubakirwa.”

Nubwo ubuyobozi bw’umurenge buvuga ko iki kibazo butari bukizi, Hakizimana we avuga ko n’ubuyobozi bw’urwego rw’umurenge bubizi kuko afite kopi z’impapuro zigaragaza ko koko yageze ku murongo.

Muri izi mpapuro za twasanganye uyu muturage, harimo n’iza muganga zigaragaza ko afite uburwayi bwo mu mutwe, hakiyongeraho kuba atishoboye.

INKURU YA : Assoumani Twahirwa/Radio &Tv10 Rwanda

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 + seven =

Previous Post

SITTING VOLLEYBALL: Amakipe 12 niyo azitabira imikino yo kwibuka guhera kuri uyu wa gtandatu

Next Post

Polisi yatangije ubukanguramba bwibutsa abakoresha umuhanda ko kurwanya ikwirakwira rya COVID-19 ari inshingano zabo

Related Posts

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
01/12/2025
0

Perezida wa Repubulika y'u Rwanda, Paul Kagame; yashyize mu myanya abayobozi barimo Minisitiri w'Ubuhinzi mushya, n'Abanyamabanga ba Leta babiri barimo...

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

by radiotv10
01/12/2025
0

Hari abahoze ari abakozi b’Ikigo Nderabuzima cya Murara mu Karere ka Rubavu, bavuga ko bari mu gihirahiro nyuma y’uko mu...

Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

by radiotv10
01/12/2025
0

Abagabo batatu batawe muri yombi na Polisi ikorera mu Karere ka Gisagara, bakekwaho kwica umugabo bamukase ijosi, barimo uwakundaga kumubwira...

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

by radiotv10
01/12/2025
0

Mu Mujyi wa Kigali hagiye gutangira gahunda nshya mu gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange, izatuma nta modoka zihagarara umwanya...

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

by radiotv10
01/12/2025
0

Mu rwego rwo gukomeza gushimangira ubufatanye n’imikoranire myiza hagati y’inzego z’umutekano n’abaturage, Inzego z’Umutekano z’u Rwanda (RSF) ziri mu bikorwa...

IZIHERUKA

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda
MU RWANDA

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
01/12/2025
0

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa umunyamakuru Djihad uherutse gutabwa muri yombi

01/12/2025
Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

01/12/2025
Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

01/12/2025
Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

01/12/2025
RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

01/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post

Polisi yatangije ubukanguramba bwibutsa abakoresha umuhanda ko kurwanya ikwirakwira rya COVID-19 ari inshingano zabo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa umunyamakuru Djihad uherutse gutabwa muri yombi

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.