Friday, December 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

KIGALI: Yatswe ruswa y’ibihumbi 20 kugira ngo yubake inzu

radiotv10by radiotv10
19/06/2021
in MU RWANDA
0
KIGALI: Yatswe ruswa y’ibihumbi 20 kugira ngo yubake inzu
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturage witwa Hakizimana Emmanuel wo mu murenge wa Bumbogo mu kagari ka Nyagasozi mu karere ka Gasabo, avuga ko yahohotewe n’ubuyobozi bw’akagari, bukamusenyera aho yari arimo yubaka buvuga ko yanyuranyije n’amategeko, yajya gusobanuza agasiragizwa kugera ubwo yatswe amafranga ibihumbi 20 ngo abone guhabwa uruhusa rwo kubaka.

Uyu muturage avuga ko bitewe no kuba afite uburwayi bwo mu mutwe hakiyongeraho kuba atishoboye, byatumye mu mwaka w’2019 abagiraneza bamuha inkunga y’ikibanza n’isakaro ngo yubake, yubaka inzu ubuyobozi bw’ibanze bumureba, ariko inzu igiye kuzura ubuyobozi bw’akagali buraza burayisenya.

Ati:” mu mwaka w’2019 umugiraneza yampaye ikibanza, bukeye itorero ry’igihugu rimaze kumenya ikibazo mfite rinyemerere kumpa isakaro, ntangira kubaka aha hantu. Murabireba rwose ko n’abandi bahatuye, Atari mu manegeka cyangwa wenda ngo habe Atari aho guturwa. Nyamara inzu ntangiye kuyisakara ubuyobozi bw’akagali bwaraje burayisenya, buvuga ko ngo nubatse ntaburenganzira mbifitiye, mbereka ibyemezo by’uko ndwaye n’ibigaragaza izi nkunga nagiye mpabwa kubera ubu burwayi, ariko ntibabyumva.”

Avuga ko kugeza ubu aba mu kikoni cy’uwamucumbikiye, ahantu avuga ko isaha iyo ariyo yose nyiraho yahamwaka akangara.

Uyu muturage, avuga ko nyuma yaje kujya ku Kagali kuko ubuyobozi bw’akagali bwamushinjaga kubaka mu buryo buhabanye n’igishushanyo mbonera kigaragaza imyubakire n’imiturire muri uyu murenge, yahagera agasiragizwa.

Ati: “ Bukeye narahagurutse njya kuri RIB mbasobanurira ikibazo cyanjye, bangira inama yo gusubira ku kagali nkajya gusobanuza neza, bampa n’ibaruwa bandikiye gitifu bamusaba gukurikirana ikibazo cyanjye neza. Gusa nkigera ku kagali nakomeje guteragiranwa, kugera ubwo gitifu w’akagali anyatse amafranga ibihumbi 20 y’u Rwanda, ngo kugira ngo akunde anyemerere gutangira kubaka.”

Uyu muturage avuga ko atigeze atanga aya mafranga yari arimo yakwa n’uyu muyobozi w’akagari, amafranga avuga ko yagizeho amakenga ko ashobora kuba ari ruswa.

Abaturanyi ba Hakizimana, bemeza ko yasenyewe by’amaherere, ngo kuko aho yari yahawe iki kibanza ari hagati y’izindi ngo ku buryo ntan’ikigaragaza ko wenda ari mu manegeka.

Umunyamakuru wa RadioTV10 yagize amatsiko yo kumenya niba ubuyobozi bw’akagari buzi ikibazo cy’uyu muturage uvuga ko bwamusiragije bukanamwaka ruswa koko, ahamagara ku murongo wa Telephone Nshimiyimana Alexis uyobora akagali ka Nyagasozi, amubwira ko ari mu nama ku murenge wa Bumbogo, umunyamakuru amusaba kumusangayo bakabonana, arabimwemerera.

Gusa ubwo umunyamakuru yageraga ku biro by’umurenge, ntiyabashije kumubona kuko telephone ye itongeye kuba ku murongo.

Icyakora ubuyobozi bw’umurenge wa Bumbogo bwo buvuga ko ikibazo cy’uyu muturage butari bukizi, bukizeza ko bugiye ku gikurikirana kigakemurwa byihuse.

Rugabirwa Deo, umuyobozi w’umurenge wa Bumbogo, at:”ntabwo nahita nemeza ko ayo mafranga ibihumbi makumyabiri koko uyu muyobozi yayamwatse, bityo ngiye kubikurikirana menye ukuri kwabyo kuko nta kiguzi na kimwe gisabwa usaba gusana cyangwa se kubaka, byongeye ko utishoboye ahubwo akwiye no kuba arimo afashwa akaba yakubakirwa.”

Nubwo ubuyobozi bw’umurenge buvuga ko iki kibazo butari bukizi, Hakizimana we avuga ko n’ubuyobozi bw’urwego rw’umurenge bubizi kuko afite kopi z’impapuro zigaragaza ko koko yageze ku murongo.

Muri izi mpapuro za twasanganye uyu muturage, harimo n’iza muganga zigaragaza ko afite uburwayi bwo mu mutwe, hakiyongeraho kuba atishoboye.

INKURU YA : Assoumani Twahirwa/Radio &Tv10 Rwanda

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × three =

Previous Post

SITTING VOLLEYBALL: Amakipe 12 niyo azitabira imikino yo kwibuka guhera kuri uyu wa gtandatu

Next Post

Polisi yatangije ubukanguramba bwibutsa abakoresha umuhanda ko kurwanya ikwirakwira rya COVID-19 ari inshingano zabo

Related Posts

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

IZIHERUKA

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri
IBYAMAMARE

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

by radiotv10
26/12/2025
0

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

26/12/2025
Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

26/12/2025
Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

25/12/2025
Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

25/12/2025
Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

25/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post

Polisi yatangije ubukanguramba bwibutsa abakoresha umuhanda ko kurwanya ikwirakwira rya COVID-19 ari inshingano zabo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.