Saturday, January 31, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kigali:Umujyi wa Kigali urashinjwa gutinda kwemerera abaturage kwitunganyiriza ubutaka (Phyisical Plan)

radiotv10by radiotv10
20/10/2021
in MU RWANDA
0
Kigali:Umujyi wa Kigali urashinjwa gutinda kwemerera abaturage kwitunganyiriza ubutaka (Phyisical Plan)
Share on FacebookShare on Twitter

Hari bamwe mu batuye mu mujyi wa Kigali bavuga ko hashize igihe kinini basabye umujyi wa Kigali kwitunganyiriza ubutaka bwo guturaho (Phyisical Plan) ariko ngo bategereje igisubizo amaso ahera mu kirere.

Mu mujyi wa Kigali nyuma y’uko igishushanyombonera gisohotse kikagaragaza ubutaka bwemerewe guturwa mbere yo gutangira kubaka abaturage basabwa kubanza gutunganya ubwo butaka (Phyisical Plan) harimo kubucamo mihanda no kugena aho ibindi bikorwaremezo bizanyuzwa.

Ibi bikorwa ari uko abaturage bafite ubutaka buherereye mu gace kamwe bishyize hamwe bakandikira ubuyobozi bw’umujyi wa Kigali bagaragaza uko biteguye kwitunganyiriza ubutaka kugirango bemererwe gutangira kubwubakamo.

Kuri ubu ariko hari bamwe mu bavuganye na radio tv10 bavuga ko hashize igihe kinini basabye kwitunganyiriza ubutaka bwabo ariko ngo bategereje igisubizo amaso ahera mu kirere.

Abo twavuganye ni abo mu murenge wa NDERA ho mu karere ka Gasabo.

Umwe yagize ati”hashize  amezi  arinnndwi dusabye umujyi wa Kigali kugirango twitunganyirize ubutaka ariko ntagisubizo na kimwe twahawe kandi ibi nibyo bituma hari abaturage bishora mu kubaka nta byangombwa bikarangira basenyewe.”

Undi nawe yagize ati” jyewe navuye Rusizi nje gushakisha ngira amahirwe ngura akabanza hano I Ndera ariko ngiye kumara imyaka ibiri nifuza kubaka twasaba ibyangombwa bakabitwima ngo ubutaka bwacu ntibutunganyijwe kandi nabyo twishyize hamwe turabisaba ariko ntibatwemerera.”

Kuri iki kibazo buyobozi bw’umujyi wa Kigali bushimangira ko nta muturage wemere kubaka ku butaka butaratunganywa ariko bwizeza aba bamaze kubisaba ko mu minsi micye abaza kuba abahawe ibisubizo. Dr Mpabwanamaguru Merard umuyobozi w’umujyi wa Kigali wungirije ushinzwe imiturire ubwo yasubizaga ibibazo mu kiganiro umujyi wa Kigali uherutse kugirana n’itangazamakuru yagize ati “Kuba hari abatinda kwemerewa kwitunganyiriza ubutaka ntibivuga ko abantu bishora mu kubaka akajagari ikindi ntabwo ubutaka bwose wagenewe guturwa hano i Kigali twabyika ngo tubukate bwose nkaho nyuma yacu hatazaboneka abandi bifuza kubaka abo rero nibihangane muminsi micye turabasubiza.”

Hari abavuga ko kuba hirya no hino mu mujyi wa Kigali hagenda humvikana abaturage bubaka amazu nyuma abayobozi bakabasenyera bitwaje ko ngo byakozwe nta byangombwa akenshi ngo n’uko iyo basabye kwitunganyiriza ubutaka umujyi wa Kigali ngo ubigendamo biguruntege umuturage akarambirwa gutegereza.

Bitegenyijwe ko Umujyi wa Kigali uzaba utuwe na miliyoni 3 n’ibihumbi 800 mu 2050, aha uzaba ukeneye inzu zirenga ibihumbi 859 zizahaza uwo mubare w’abanya-Kigali mu myaka 30 iri imbere.

Inkuru ya NTAKIRUTIMANA Pacifique/Radio&TV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 2 =

Previous Post

AMAFOTO: AS Kigali yafashe urugendo rugana i Kinshasa

Next Post

TOTAL CAFCL: 48 barimo abakinnyi 25 nibo bafashe urugendo rwa APR FC rugana muri Tunisia

Related Posts

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

by radiotv10
31/01/2026
0

Minisitiri w'Intebe, Dr Justin Nsengiyumva wakoranya Umuganda n'abaturage bo mu Karere ka Kayonza, yabibukije ko iki gikorwa ari bumwe mu...

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

by radiotv10
31/01/2026
0

Mugisha David Gakuba uba muri Leta Zunze Ubumwe za America ukurikiranyweho kwica mugenzi we amugongeye ku kabari ko mu Mujyi...

RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

by radiotv10
31/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 21 y’amavuko wo mu Murenge wa Save mu Karere ka Gisaga, ukurikiranyweho kwica umugore we w’imyaka 20, yavuze...

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

by radiotv10
31/01/2026
0

Bamwe mu bakozi bo mu bigo bitandukanye byo mu Rwanda basoje amahugurwa ajyanye n’ikusanyamibare hakoreshejwe ikoranabuhanga, bavuze ko bungukiyemo ubumenyi...

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, yatangaje ko ku wa Mbere tariki 02 Gashyantare 2026 ari umunsi w’Ikiruhuko rusange, bitewe no...

IZIHERUKA

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye
IMIBEREHO MYIZA

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

by radiotv10
31/01/2026
0

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

31/01/2026
RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

31/01/2026
Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

31/01/2026
The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

31/01/2026
AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
TOTAL CAFCL: 48 barimo abakinnyi 25 nibo bafashe urugendo rwa APR FC rugana muri Tunisia

TOTAL CAFCL: 48 barimo abakinnyi 25 nibo bafashe urugendo rwa APR FC rugana muri Tunisia

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.