Thursday, May 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Kimenyi umugabo wa Miss Muyango yemeje iby’urukundo rwe rushya

radiotv10by radiotv10
07/05/2026
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Kimenyi umugabo wa Miss Muyango yemeje iby’urukundo rwe rushya
Share on FacebookShare on Twitter

Kimenyi Yves wakiniye amakipe anyuranye mu Rwanda n’iy’Igihugu, wasezeranye mu buryo bwemewe na Muyango Claudine, yahamije ko ubu ari mu rukundo n’umugore, binavugwa ko bafitanye abana b’impanga.

Kimenyi n’umugore witwa Nana uba hanze y’u Rwanda, babihamije mu kiganiro cyatambukaga imbonankubone ‘Live’ ku rubuga nkoranyambaga twa TikTok.

Muri iki kiganiro cyari kiyobowe n’uzwi nka GodFather ku mbuga nkoranyambaga ukunze kuyobora ibiganiro nk’ibi, aba bombi babajijwe iby’urukundo rwabo rumaze igihe runugwanugwa.

Kimenyi abajijwe niba hari igihe yaba yarakundanye n’uyu Nana, yashimangiye ko nta mpamvu yo kubishyira mu mpitagihe, ahubwo ko biri mu ndagihe.

Ati “Icya mbere ntabwo ari uwo twahoze dukundana [ashaka kuvuga ko bitabayeho ngo bize guhagarara, ahubwo ko biriho n’ubu].” Yahise abazwa niba uyu Nana ari umukunzi we, asubiza agira “Wa nyawe.”

Uyu mugore witwa Nana na we wari uri live muri iki kiganiro, yabajijwe icyo avuga ku rukundo rwe n’uyu mugabo wa Muyango Claudine witabiriye irushanwa rya Miss Rwanda unazwi mu myidagaduro mu Rwanda, avuga ko urukundo rwabo ruhagaze neza.

Nana wemeje ko akundana na Kimenyi

Uyu mugore, yavuze ko akundana na Kimenyi Yves, ndetse ko urukundo rwabo ari pata na rugi. Ati “No mu bihe bizaza ni yo twapfa tukazuka tuzakundana, ni umugabo wa nyawe ukunditse.”

Nana bivugwa ko asanzwe afite abana b’impanga, yabajijwe niba ari abo yabyaranye na Kimenyi Yves, asubiza agira ati “Ni impanga ze inshuro ebyiri, hari uzirwanira ngo nzimuhe?”

Urukundo rw’aba bombi, rwagiye ruvugwa mu bihe bitandukanye, nyuma yuko havuzwe igitotsi cyavutse mu muryango wa Kimenyi Yves na Muyango Claudine bakoranye ubukwe mu mwaka wa 2024, bakaba banafitanye umwana umwe.

Kimenyi Yves

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine − five =

Previous Post

Umunyamabanga wa America yakiriwe na Papa nyuma yuko havuzwe guterana amagambo na Trump

Next Post

Ibirambuye ku cyateye urupfu rwa Karasira witabye Imana ku munsi yari gufungurirwaho

Related Posts

Umunyemari Lugumi yagaragaje ikindi kimenyetso ntashidikanywaho ko ari mu rukundo na Alliah Cool

Umunyemari Lugumi yagaragaje ikindi kimenyetso ntashidikanywaho ko ari mu rukundo na Alliah Cool

by radiotv10
05/05/2026
0

Umuherwe w’Umunya-Tanzania Lugumi Saidi yongeye kugaragaza ko ari mu rukundo na Alliah Cool uzwi muri sinema no mu bindi bikorwa...

Menya agaciro k’isakoshi Miss Jolly yagaragaye afite

Menya agaciro k’isakoshi Miss Jolly yagaragaye afite

by radiotv10
04/05/2026
0

Miss Mutesi Jolly yagaragaye afite isakoshi yo mu bwoko ‘Hermès Kelly Bag’ igura abarirwa hagati ya $11,400–$14,500, ni ukuvuga ari...

Umwe mu baregwa hamwe n’umunyamakuru ‘Djihad’ yabuze mu Rukiko

Umwe mu baregwa hamwe n’umunyamakuru ‘Djihad’ yabuze mu Rukiko

by radiotv10
04/05/2026
0

Mu rubanza rw’ubujurire ruregwamo umunyamakuru Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad na bagenzi be bahamijwe icyaha cyo gukwirakwiza amashusho y'urukozasoni, umwe...

Hamenyekanye andi makuru arambuye yerecyeye igikorwa gitegerejwemo ikirangirire Lamar mu Rwanda

Amakuru mashya: Dj Toxxyk yafatiwe icyemezo n’Urukiko gituma ahita afungurwa

by radiotv10
05/05/2026
0

Umuvangamiziki Shema Arnold de Bosscher wamamaye nka Dj Toxxyk wari ukurikiranyweho ibyaha birimo ibishingiye ku mpanuka yatwaye ubuzima bw'Umupolisi, yabihamijwe...

Hamenyekanye igihano cyasabiwe umunyamakuru uzwi mu myidagaduro ukurikiranyweho kurwanira mu kabari

Amakuru mpamo ku yari yatangiye kuvugwa ku isezera ry’umunyamakuru w’imyidagaduro uzwi mu Rwanda

by radiotv10
01/05/2026
0

Umunyamakuru Rugemana Amena uzwi nka Babu mu biganiro by'imyidagaduro, yemeje ko yasezeye mu kiganiro yakoraga ku Isibo TV, ndetse no...

IZIHERUKA

Ibirambuye ku cyateye urupfu rwa Karasira witabye Imana ku munsi yari gufungurirwaho
MU RWANDA

Ibirambuye ku cyateye urupfu rwa Karasira witabye Imana ku munsi yari gufungurirwaho

by radiotv10
07/05/2026
0

Kimenyi umugabo wa Miss Muyango yemeje iby’urukundo rwe rushya

Kimenyi umugabo wa Miss Muyango yemeje iby’urukundo rwe rushya

07/05/2026
Umunyamabanga wa America yakiriwe na Papa nyuma yuko havuzwe guterana amagambo na Trump

Umunyamabanga wa America yakiriwe na Papa nyuma yuko havuzwe guterana amagambo na Trump

07/05/2026
Polisi yavuze igikekwaho gutera impanuka y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi zagonganye

Polisi yavuze igikekwaho gutera impanuka y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi zagonganye

07/05/2026
Ubuhinzi bwinjirije u Rwanda miliyari 13Frw mu minsi 5 gusa: Menya ibihingwa byinjije menshi

Ubuhinzi bwinjirije u Rwanda miliyari 13Frw mu minsi 5 gusa: Menya ibihingwa byinjije menshi

07/05/2026
Karasira wabitswe ari muzima yaje mu Rukiko na Bibiliya Abanyamategeko bamuvugaho ibitangaje

Breaking: Aimable Karasira wabaye umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda wari umaze igihe afunze yapfuye

07/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibirambuye ku cyateye urupfu rwa Karasira witabye Imana ku munsi yari gufungurirwaho

Ibirambuye ku cyateye urupfu rwa Karasira witabye Imana ku munsi yari gufungurirwaho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibirambuye ku cyateye urupfu rwa Karasira witabye Imana ku munsi yari gufungurirwaho

Kimenyi umugabo wa Miss Muyango yemeje iby’urukundo rwe rushya

Umunyamabanga wa America yakiriwe na Papa nyuma yuko havuzwe guterana amagambo na Trump

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.