Kimenyi Yves wakiniye amakipe anyuranye mu Rwanda n’iy’Igihugu, wasezeranye mu buryo bwemewe na Muyango Claudine, yahamije ko ubu ari mu rukundo n’umugore, binavugwa ko bafitanye abana b’impanga.
Kimenyi n’umugore witwa Nana uba hanze y’u Rwanda, babihamije mu kiganiro cyatambukaga imbonankubone ‘Live’ ku rubuga nkoranyambaga twa TikTok.
Muri iki kiganiro cyari kiyobowe n’uzwi nka GodFather ku mbuga nkoranyambaga ukunze kuyobora ibiganiro nk’ibi, aba bombi babajijwe iby’urukundo rwabo rumaze igihe runugwanugwa.
Kimenyi abajijwe niba hari igihe yaba yarakundanye n’uyu Nana, yashimangiye ko nta mpamvu yo kubishyira mu mpitagihe, ahubwo ko biri mu ndagihe.
Ati “Icya mbere ntabwo ari uwo twahoze dukundana [ashaka kuvuga ko bitabayeho ngo bize guhagarara, ahubwo ko biriho n’ubu].” Yahise abazwa niba uyu Nana ari umukunzi we, asubiza agira “Wa nyawe.”
Uyu mugore witwa Nana na we wari uri live muri iki kiganiro, yabajijwe icyo avuga ku rukundo rwe n’uyu mugabo wa Muyango Claudine witabiriye irushanwa rya Miss Rwanda unazwi mu myidagaduro mu Rwanda, avuga ko urukundo rwabo ruhagaze neza.

Uyu mugore, yavuze ko akundana na Kimenyi Yves, ndetse ko urukundo rwabo ari pata na rugi. Ati “No mu bihe bizaza ni yo twapfa tukazuka tuzakundana, ni umugabo wa nyawe ukunditse.”
Nana bivugwa ko asanzwe afite abana b’impanga, yabajijwe niba ari abo yabyaranye na Kimenyi Yves, asubiza agira ati “Ni impanga ze inshuro ebyiri, hari uzirwanira ngo nzimuhe?”
Urukundo rw’aba bombi, rwagiye ruvugwa mu bihe bitandukanye, nyuma yuko havuzwe igitotsi cyavutse mu muryango wa Kimenyi Yves na Muyango Claudine bakoranye ubukwe mu mwaka wa 2024, bakaba banafitanye umwana umwe.


RADIOTV10











