Monday, May 12, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kirehe: Abamaze imyaka 10 birukanywe muri Tanzania bagaragaje ikibazo cy’inyubako batujwemo

radiotv10by radiotv10
02/09/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Kirehe: Abamaze imyaka 10 birukanywe muri Tanzania bagaragaje ikibazo cy’inyubako batujwemo
Share on FacebookShare on Twitter

Abirukanywe muri Tanzania muri 2013 batujwe i Rubimba mu Murenge wa Gahara mu Karere ka Kirehe, baravuga ko inzu batujwemo zigiye kubagwaho kandi bakaba badafite ubushobozi bwo kuzisanira.

Aba baturage bavuga ko kandi ko nubwo batujwe batigeze bahabwa ibyangombwa by’aho batujwe, ku buryo baramutse banabifite babasha kwaka inguzanyo muri za Banki, bakabasha kwisanira izi nzu bubakiwe.

Habumugisha Yosiya yagize ati “Turagira icyo dusaba bakatubwira ngo nta serivisi mugomba kubona kubera ko nta byangombwa by’ubutaka dufite. Turamutse tubonye icyangombwa cy’ubutaka no kwiteza imbere twabishobora kandi twashobora no kujya hariya kuri SACCO tukiguriza amafaranga.”

Ndereyimana Marceline na we ati “Icyo cyangombwa tukibonye natwe twamenya ko iyi nzu ari iyacu. Twamenya n’iyo sambu ko ari iyacu.”

Umuyobozi w’Akarere ka Kirehe, Bruno Rangira yizeza aba baturage ko iki kibazo cyabo kigiye kwigwaho kandi ko batazatinda kubona igisubizo kibanogeye.

Yagize ati “Twatangiye uburyo bwo kugira ngo babone ibyangombwa no kubona umuriro, ndumva ibyo ari byo byose mu gihe kitarenze muri uku kwezi bizaba byose byakemutse kuko hari uburyo bikorwamo ngo babone ibyangombwa, hari amabwiriza tugenderaho tureba imyaka bamazemo n’uko twabasabira ngo babone ibyangombwa twarabitangiye.”

Umuyobozi w’Akarere ka Kirehe, Bruno Rangira yizeza aba baturage ko mu gihe kitarenze ibyumweru bibiri biri imbere, iki kibazo cyabo kizaba cyakemutse.

Mu gitabo cy’amabwiriza agenga uburyo bwo gutuza abantu batujwe na Leta cyo mu mwaka wa 2017, umutwe wa kabiri, ingingo ya kabiri havugwamo ko umuntu wese watujwe muri ubu buryo ahabwa uburenganzira bwo kwandikwaho umutungo mu gihe cy’imyaka itanu uhereye igihe yasinyiye amasezerano yo gutuzwa.

Nanone kandi iyo yagaragaje imikorere myiza imuvana mu bukene, inzu yatujwemo aba ashobora kuyegurirwa mbere y’iyo myaka itanu iteganywa n’aya mabwiriza.

Inzu z’aba baturage zarashaje cyane
Bavuga ko bahangayitse

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − ten =

Previous Post

Nyanza: Bahishuye ibyo babwirwa bumva bidakwiye iyo bazamuye ikibazo bamaranye imyaka 6

Next Post

Fly high with MTN’s “Recharge and Win!” promo and stand a chance to win prizes worth over RWF 200,000,000

Related Posts

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa yavuze ko nta kibazo afitanye na mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame kubera ibiherutse...

BREAKING: Perezida Kagame na Tshisekedi bahuriye mu biganiro

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko ibiganiro hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bikomeje gukorwa ku nzego zinyuranye...

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

Perezida Kagame yagize icyo avuga ku byemezo bya Trump byo guhagarikira inkunga Afurika

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko ibyatangajwe na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America byo guhagarikira inkunga Ibihugu bya Afurika,...

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

by radiotv10
12/05/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda irafungura ku mugaragaro Ambasade yayo mu Gihugu cya Hongrie cyo ku Mugabane w’u Burayi, hanabe ibiganiro hagati...

Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida Paul Kagame ari i Abidjan muri Côte d’Ivoire aho yagiye kwifatanya na bagenzi be bo ku Mugabane wa Afurika...

IZIHERUKA

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo
MU RWANDA

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

by radiotv10
12/05/2025
0

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

12/05/2025
BREAKING: Perezida Kagame na Tshisekedi bahuriye mu biganiro

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

12/05/2025
Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

Perezida Kagame yagize icyo avuga ku byemezo bya Trump byo guhagarikira inkunga Afurika

12/05/2025
U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

12/05/2025
Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

12/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Fly high with MTN’s “Recharge and Win!” promo and stand a chance to win prizes worth over RWF 200,000,000

Fly high with MTN’s “Recharge and Win!” promo and stand a chance to win prizes worth over RWF 200,000,000

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.