Tuesday, May 13, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kirehe: Ishuri rya Musenyeri riravugwaho ubwambuzi n’abarikoreye banarimenyeho andi makuru

radiotv10by radiotv10
28/08/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Kirehe: Ishuri rya Musenyeri riravugwaho ubwambuzi n’abarikoreye banarimenyeho andi makuru
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bo Murenge wa Gahara mu Karere ka Kirehe, baravuga ko bakoreye ishuri ry’Imyuga n’Ubumenyi-Ngiro ryo muri uyu Murenge rya Musenyeri Mutabazi Anastase, none ryarafunze, bakaba bibaza uwo bazishyuza kuko banamenye ko rinafitiye Banki umwenda.

Aba bakoreye ishuri ryitiriwe Mutagatifu Anastase Gahara TVET School riri mu Kagari ka Nyagasenyi aho bavuga ko ari irya Musenyeri Mutabazi Anastase, bavuga ko barikoreye imirimo inyuranye, none ubu rikaba ryaramaze gufunga imiryango.

Bamwe muri bo kandi baniyambaje Inkiko bateza kashi mpuruza, abandi bahitamo kwicecekera kuko ayo bakoreye atashonoraga gutuma bajya mu nkiko.

Nzamurambaho Francois Xavier wari ufite amacumbi yacumbikirwagamo abanyeshuri bo muri iri shuri, none rikaba ryarafunze rimubereyemo umwenda w’amezi atandatu.

Ati “Ubwo byanagiye mu rukiko kuko nabonaGA ndenganywa, biba ngombwa ko mbatsinda, mbatsindira ibihumbi 575 kugeza na n’ubu imyaka umunani irarangiye.”

Undi uvuga ko yambuwe n’iri shuri, avuga ko ryagiye rimwishyura amafaranga atuzuye. Ati “Ubwa mbere nakozeyo bampa ibihumbi mirongo itanu, ubwa kabiri nkozeyo bampa mirongo itandatu, ubwa gatatu baratangiye kwiga birangira twumva ngo cyafunze, banyambura ibihumbi mirongo ine.”

RADIOTV10 yagerageje kuvugisha Musenyeri Mutabazi Anastase, nyiri iri shuri, ariko ntibyakundira umunyamakuru ku mpamvu itamuturutseho.

Umuyobozi w’Akarere ka Kirehe, Bruno Rangira yabwiye RADIOTV10 ko intandaro yo gufungwa kw’iri shuri ari ikibazo cy’amadeni ryari ribereyemo abaturage ndetse n’umwenda ukomeye rifitiye Banki Nyarwanda Itsura Amajyambere BRD.

Rangira avuga ko iri shuri ryanajyanywe mu nkiko na BRD, ndetse “nyiraryo Musenyeri yagiye atsindwa n’abantu batandukanye ariko ideni rinini afite ni irya BRD.”

Akomeza agira ati “Hari hatangiye uburyo ryatezwa cyamunara kugira ngo abafitiwe madeni babone amafaranga yabo nkuko itegeko rya cyamunara ribitegeka.”

Umuyobozi w’Akarere avuga ko iri shuri ryashyizwe muri cyamunara inshuro ebyiri ariko ribura umuguzi, ryongera gusubizwaho ku nshuro ya gatatu.

Ati “Nk’ubuyobozi bw’Akarere tumaze guhura na Musenyeri inshuro nyinshi kugira ngo arebe ko yakemura ikibazo ku bantu batandukanye yishyura, tugaragaza ko hari ibyo akora kugira ngo bishyurwe gusa ntabwo arabikora.”

Yavuze kandi ko n’amafaranga y’ishuri yishyurwaga n’abanyeshuri yahitaga afatirwa akigera kuri konti zaryo kubera amadeni iri shuri rifitiye Banki.

Bamwe mu bareze iri shuri baranatsinze ariko ntibarishyurwa

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × two =

Previous Post

Abafite imitungo itimukanwa bagomba gusorera bagiriwe inama

Next Post

Guteza imbere umuco wo gusoma mu Rwanda byungutse amaboko y’umuryango ufite ubushake bwihariye

Related Posts

Past.Julienne yashyize umucyo ku bitangazwa ku mbuga nkoranyambaga bamwe bakagira ngo ni we

Past.Julienne yashyize umucyo ku bitangazwa ku mbuga nkoranyambaga bamwe bakagira ngo ni we

by radiotv10
13/05/2025
0

Umukozi w’Imana Pastor Julienne Kabanda Kabirigi uherutse gufungirwa umuryango ushingiye ku myerereye ‘Grace Room Ministries’ ayobora, yasabye abantu kuba maso...

Ibyo wamenya ku ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu mazi

Ibyo wamenya ku ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu mazi

by radiotv10
13/05/2025
0

Ishami rishinzwe umutekano wo mu mazi, ni rimwe mu ya Polisi y'u Rwanda, benshi babona iyo ryiyambajwe igihe habaye impanuka...

Perezida w’Igihugu kimwe muri Afurika yatanzeho u Rwanda urugero rw’ibyo ibindi byarwigiraho

Perezida w’Igihugu kimwe muri Afurika yatanzeho u Rwanda urugero rw’ibyo ibindi byarwigiraho

by radiotv10
13/05/2025
0

Perezida wa Senegal, Bassirou Diomaye Faye yavuze ko u Rwanda rumaze kuba indashyikirwa mu kubyaza umusaruro ikoranabuhanga, bityo ko n’ibindi...

AMAFOTO: Perezida Kagame muri Côte d’Ivoire yahuye n’Abayobozi batandukanye

AMAFOTO: Perezida Kagame muri Côte d’Ivoire yahuye n’Abayobozi batandukanye

by radiotv10
13/05/2025
0

Perezida Paul Kagame witabiriye Inama muri Côte d’Ivoire yanatangiyemo ikiganiro, yahuye n’abayobozi batandukanye barimo Abakuru b’Ibihugu bagenzi be banaganiriye ku...

Huye: Ubuyobozi n’abaturage ntibavuga rumwe ku ntandaro y’ikibazo cy’Umudugudu ugaragaramo abana benshi bataye ishuri

Huye: Ubuyobozi n’abaturage ntibavuga rumwe ku ntandaro y’ikibazo cy’Umudugudu ugaragaramo abana benshi bataye ishuri

by radiotv10
13/05/2025
1

Ababyeyi batujwe mu mudugudu w’abatishoboye uherereye mu Kagari ka Kabuye mu Murenge wa Maraba mu Karere ka Huye, bavuga ko...

IZIHERUKA

Past.Julienne yashyize umucyo ku bitangazwa ku mbuga nkoranyambaga bamwe bakagira ngo ni we
MU RWANDA

Past.Julienne yashyize umucyo ku bitangazwa ku mbuga nkoranyambaga bamwe bakagira ngo ni we

by radiotv10
13/05/2025
0

Ibyo wamenya ku ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu mazi

Ibyo wamenya ku ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu mazi

13/05/2025
Ubutumwa Rayon yageneye umufana wayo wahuye n’isanganya agakorerwa ibyamaganywe na benshi

Ubutumwa Rayon yageneye umufana wayo wahuye n’isanganya agakorerwa ibyamaganywe na benshi

13/05/2025
Perezida w’Igihugu kimwe muri Afurika yatanzeho u Rwanda urugero rw’ibyo ibindi byarwigiraho

Perezida w’Igihugu kimwe muri Afurika yatanzeho u Rwanda urugero rw’ibyo ibindi byarwigiraho

13/05/2025
Iby’ibibazo by’amikoro bivugwa mu ikipe iri mu zikomeye mu Rwanda byashyize hanze n’abakozi bayo

Iby’ibibazo by’amikoro bivugwa mu ikipe iri mu zikomeye mu Rwanda byashyize hanze n’abakozi bayo

13/05/2025
AMAFOTO: Perezida Kagame muri Côte d’Ivoire yahuye n’Abayobozi batandukanye

AMAFOTO: Perezida Kagame muri Côte d’Ivoire yahuye n’Abayobozi batandukanye

13/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Guteza imbere umuco wo gusoma mu Rwanda byungutse amaboko y’umuryango ufite ubushake bwihariye

Guteza imbere umuco wo gusoma mu Rwanda byungutse amaboko y’umuryango ufite ubushake bwihariye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Past.Julienne yashyize umucyo ku bitangazwa ku mbuga nkoranyambaga bamwe bakagira ngo ni we

Ibyo wamenya ku ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu mazi

Ubutumwa Rayon yageneye umufana wayo wahuye n’isanganya agakorerwa ibyamaganywe na benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.