Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

radiotv10by radiotv10
19/01/2026
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera
Share on FacebookShare on Twitter

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko impugenge ryagaragaje niriramuka rirekuye Umujyi wa Uvira, zahise zigaragaza nyuma yo kuhava byuzuye, kuko hahise hakorwa ibikorwa bihungabanya umutekano w’abaturage birimo ubusahuzi.

Ibi byabaye mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje, ubwo Ihuriro AFC/M23 ryari rimaze gukura byuzuye abarwanyi baryo muri uyu mujyi wa Uvira ryari ryafashe mu ntangiro z’Ukuboza 2025.

Mbere yuko iri huriro rirekura uyu mujyi, ryari ryabitangaje mu itangazo ryashyize hanze, rivuga ko ryafashe iki cyemezo nyuma yo kubisabwa n’ubuhuza bwa Leta Zunze Ubumwe za America, ariko rigasaba ko hashyirwaho uburyo bwizewe ko abatuye uyu mujyi bazasigara mu mahoro asesuye.

Iri Huriro kandi ryasabaga ko uyu Mujyi ujyanwamo ingabo zidafite uruhande zibogamiyeho, kugira ngo ryizere ko ibyo ryasabaga bishyirwa mu ngiro.

Gusa ubwo ryamaraga kuhakura abarwanyi baryo mu buryo bwuzuye, abarwanyi b’umutwe wa Wazalendo ukorana n’igisirikare cya Leta, bahise bawiraramo, batangira gukora ibikorwa bibi.

Umuhuzabikorwa wa AFC/M23, Corneille Nangaa, mu butumwa yatanze kuri iki Cyumweru; yavuze ko impungenge bagaragaje mbere, zahise zigaragaza nyuma yo kuva muri uyu mujyi.

Yagize ati “Impungenge twagaragazaga zabaye impamo: Kubangamira abaturage, gusahura imitungo y’abantu n’iy’abikorera, guhiga abantu, ubwicanyi, kumenesha abaturage b’Abatutsi b’Abanyamurenge n’ibindi, akajagari kari kateguwe kandi abantu bose bari baburiwe.”

Umuhuzabikorwa wa AFC/M23, Corneille Nangaa yavuze ko bari bagaragaje ingamba zikwiye kubahirizwa igihe bazaba bavuye muri uyu mujyi wa Uvira, ariko ko zitahawe agaciro na busa.

Ati “Ni nde uzabazwa aya y’amateka? Kubera ko inzira yacu iri mu kaga, kuba abantu bakwigira ba ntibindeba, ntibikwiye.”

Ihuriro AFC/M23 kandi riherutse gutangaza ko uruhande bahanganye rukomeje kurenga ku gahenge bemeranyijweho mu biganiro by’i Doha, aho rukomeje kugaba ibitero mu bice binyuranye birimo ibyifashisha indege zitagira abapilote, binahitana inzirakarengane nyinshi bikanangiza ibikorwa bya rubanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + nine =

Previous Post

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Next Post

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Related Posts

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

by radiotv10
09/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa New York, Zohran Mamdani yizihije iminsi 100 ye ya mbere ku ari muri izi nshingano akora urugendo...

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
09/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

IZIHERUKA

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage
AMAHANGA

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

by radiotv10
09/04/2026
0

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.