Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

radiotv10by radiotv10
19/01/2026
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera
Share on FacebookShare on Twitter

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko impugenge ryagaragaje niriramuka rirekuye Umujyi wa Uvira, zahise zigaragaza nyuma yo kuhava byuzuye, kuko hahise hakorwa ibikorwa bihungabanya umutekano w’abaturage birimo ubusahuzi.

Ibi byabaye mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje, ubwo Ihuriro AFC/M23 ryari rimaze gukura byuzuye abarwanyi baryo muri uyu mujyi wa Uvira ryari ryafashe mu ntangiro z’Ukuboza 2025.

Mbere yuko iri huriro rirekura uyu mujyi, ryari ryabitangaje mu itangazo ryashyize hanze, rivuga ko ryafashe iki cyemezo nyuma yo kubisabwa n’ubuhuza bwa Leta Zunze Ubumwe za America, ariko rigasaba ko hashyirwaho uburyo bwizewe ko abatuye uyu mujyi bazasigara mu mahoro asesuye.

Iri Huriro kandi ryasabaga ko uyu Mujyi ujyanwamo ingabo zidafite uruhande zibogamiyeho, kugira ngo ryizere ko ibyo ryasabaga bishyirwa mu ngiro.

Gusa ubwo ryamaraga kuhakura abarwanyi baryo mu buryo bwuzuye, abarwanyi b’umutwe wa Wazalendo ukorana n’igisirikare cya Leta, bahise bawiraramo, batangira gukora ibikorwa bibi.

Umuhuzabikorwa wa AFC/M23, Corneille Nangaa, mu butumwa yatanze kuri iki Cyumweru; yavuze ko impungenge bagaragaje mbere, zahise zigaragaza nyuma yo kuva muri uyu mujyi.

Yagize ati “Impungenge twagaragazaga zabaye impamo: Kubangamira abaturage, gusahura imitungo y’abantu n’iy’abikorera, guhiga abantu, ubwicanyi, kumenesha abaturage b’Abatutsi b’Abanyamurenge n’ibindi, akajagari kari kateguwe kandi abantu bose bari baburiwe.”

Umuhuzabikorwa wa AFC/M23, Corneille Nangaa yavuze ko bari bagaragaje ingamba zikwiye kubahirizwa igihe bazaba bavuye muri uyu mujyi wa Uvira, ariko ko zitahawe agaciro na busa.

Ati “Ni nde uzabazwa aya y’amateka? Kubera ko inzira yacu iri mu kaga, kuba abantu bakwigira ba ntibindeba, ntibikwiye.”

Ihuriro AFC/M23 kandi riherutse gutangaza ko uruhande bahanganye rukomeje kurenga ku gahenge bemeranyijweho mu biganiro by’i Doha, aho rukomeje kugaba ibitero mu bice binyuranye birimo ibyifashisha indege zitagira abapilote, binahitana inzirakarengane nyinshi bikanangiza ibikorwa bya rubanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + seven =

Previous Post

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Next Post

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.