Saturday, July 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kirehe: Uko hafashwe umusore wari wibye televiziyo akayihisha mu rutoki

radiotv10by radiotv10
02/08/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Kirehe: Uko hafashwe umusore wari wibye televiziyo akayihisha mu rutoki
Share on FacebookShare on Twitter

Umusore w’imyaka 19 yafatiwe mu Murenge wa Nasho mu Karere ka Kirehe mu masaha y’ijoro ubwo yari agiye gukura televiziyo yari yahishe mu rutoki nyuma yo kuyiba umuturage.

Uyu musore wafatiwe mu Mudugudu wa Nyakazinga mu Kagari ka Kagese mu Murenge wa Nasho, asanzwe avuka mu Mudugudu wa Rurambi II mu Kagari ka Mpanga mu Murenge wa Mpanga.

Yafatanywe leteviziyo yo mu bwoko bwa Flat Screen B box ifite pousse 24, yari yibye umuturage abanje kwica urugi rw’inzu ye.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba, Superintendent of Police (SP) Hamdun Twizerimana yavuze ko uyu musore yibye iyi televiziyo avuye iwabo mu Murenge wa Mpanga, ahengera mu rugo yayibyemo badahari, ubundi yica urugi rwo mu gikari, yiba iki gikoresho.

SP Hamdun Twizerimana yakomeje avuga ko uyu musore yabonye ntaho yanyuza iyi televiziyo, ubundi abanza kuyihisha.

Ati “Yigiriye inama yo kuyihisha mu rutoki, ayirenzaho ibikenyeri. Nyiri urugo yaje gutaha asanze Televiziyo ye yibwe ahita abimenyesha Polisi hatangira ibikorwa byo kuyishakisha.”

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba, avuga ko uyu musore yaje kwitwikira ijoro ahagana saa tatu, ubundi ajya gufata iyo televiziyo aho yari yayihishe, ariko Polisi ihita imufatira mu cyuho.

Uyu musore akimara gufatwa, yemeye icyaha cyo kwiba iyi televiziyo, avuga n’uburyo yabigenje, kuko yabanje gucunga niba ba nyiri urugo badahari.

Uyu musore yashyikirijwe urwego rw’igihugu rw’Ubugenzacyaha kuri sitasiyo ya Nasho ngo akorerwe dosiye, naho Televiziyo isubizwa nyirayo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 + 6 =

Previous Post

Umugabo afungiye igikorwa kidasanzwe cyumvikanamo urukundo ruhebuje afitiye umukobwa

Next Post

Ibivugwa nyuma y’urupfu rw’umunyapolitiki w’inararibonye muri Afurika

Related Posts

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

by radiotv10
12/07/2025
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yazamuye mu ntera bamwe mu bakozi b’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Igorora, yohereza abandi mu...

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

by radiotv10
12/07/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Kabarondo mu Karere ka Kayonza, bavuga ko bizejwe n’umushoramari amasezerano yo guhinga urusenda mu...

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

by radiotv10
11/07/2025
0

The history of humanity is, in many ways, the history of domination of one group over another. Across centuries, these...

Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

by radiotv10
11/07/2025
0

Urukiko Rukuru rwatesheje agaciro ubujurire bwa Kazungu Denis wari wajuririye icyemezo yafatiwe cyo gufungwa burundu nyuma yo guhamywa ibyaha birimo...

BREAKING: Intumwa zirimo iz’u Rwanda, DRCongo, na America zahuriye ku meza y’ibiganiro i Doha

Eng.-Interior Ministers of Rwanda and DRC invited to Doha talks between Kinshasa and AFC/M23

by radiotv10
11/07/2025
0

The Minister of Interior of Rwanda and his counterpart from the Democratic Republic of Congo are in Doha, Qatar, for...

IZIHERUKA

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo
MU RWANDA

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

by radiotv10
12/07/2025
0

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

12/07/2025
LIBERATION vs INDEPENDENCE:

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

11/07/2025
Abacamanza barenga 100 muri Congo bagiye kwigaragambiriza imbere ya Minisiteri

Abacamanza barenga 100 muri Congo bagiye kwigaragambiriza imbere ya Minisiteri

11/07/2025
Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

11/07/2025
Amafoto ya mbere y’umuhanzikazi Clarisse Karasira ateruye ubuheta bwe

Amafoto ya mbere y’umuhanzikazi Clarisse Karasira ateruye ubuheta bwe

11/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibivugwa nyuma y’urupfu rw’umunyapolitiki w’inararibonye muri Afurika

Ibivugwa nyuma y’urupfu rw’umunyapolitiki w’inararibonye muri Afurika

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.