Monday, November 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kohererezanya abaturage hagati y’u Rwanda n’u Burundi, ikimenyetso kizahuka ry’umubano w’impande zombi

radiotv10by radiotv10
09/08/2021
in MU RWANDA
0
Kohererezanya abaturage hagati y’u Rwanda n’u Burundi, ikimenyetso kizahuka ry’umubano w’impande zombi
Share on FacebookShare on Twitter

Abahanga muri politike mpuzamahanga baravuga ko n’ubwo u Rwanda rutarashyira mu bikorwa ubusabe bw’u Burundi bwo kohererezanya abaturage b’impande zombi ngo bifite igisobanuro gikomeye mu kuzahura imibanire y’ibihugu byombi.

Iminsi 10 ishize u Rwanda n’u Burundi bahererekanyije abaturage b’impande zombie, igikorwa giheruka ni icyo ku itariki 7 Kanama 2021 aho u Burundi bwahaye u Rwanda abanyarwanda barindwi (7) bafatiwe muri iki gihugu binjiyemo mu buryo bunyuranije n’amategeko.

Iki gikorwa cyakurikiye icyo kuwa 30 Nyakanga 2021. Icyo gihe i Nemba mu karere ka Bugesera, u Rwanda rwahaye u Burundi ingabo 19 byavuzwe ko zibumbiye mu mutwe wa Red Tabara. Izi  zafatiwe mu Rwanda muri Nzeri 2020 zivuye kugaba ibitero mu Burundi.

Iki gikorwa cyahuriranye n’imana ya 19 y’umuryango w’ubukungu bw’ibihugu byo muri Afurika yo hagati. Icyo gihe perezida w’u Burundi, Maj Gen. Evariste Ndayishimiye yavuze ko ubu bushake bw’u Rwanda byaba byiza bukomereje no ku ngingo yo kohereza abakekwaho guhirika ubutegetsi bw’u Burundi, bivugwa ko bari mu Rwanda.

“ Muri aka kanya mvugana na mwe, u Rwanda ruriguha guverinoma  y’u Burundi abanyabyaha 19 bishe imiryango y’Abarundi muri Nzeri 2020, babiciye mu majyaruguru y’u Burundi. Mboneyeho gusaba ko iki gikorwa cyakomereza no kubashatse gutembagaza ubutegetsi mu 2015, bagahitana n’abantu batagira ingano. Abo na bo bagomba koherezwa bagashyikirizwa ubutabera.”

N’ubwo bimeze bitya, abahanga muri politike mpuzamahanga baravuga ko iyi ngingo izakemurwa n’ibiganiro. Ariko ngo ibikorwa byo mu minsi icumi ishize, ngo biratanga icyizere ku mibanire y’ibihugu byombi.

Dr. Ismael Buchanan, umuhanga muri politike mpuzamahanga agaruka kuri ibi yagize ati” Ibi birasaba ibiganiro kugira ngo n’abandi uburundi bwagaragaza boherezwe.”

Uyu muhanga muri politike mpuzamahanga yakomeje avuga ko hagati aho uku guhererekanya imfungwa zikagera mu gihugu ari nzima nta n’umwe utaka ko uburenganzira bwa muntu bwe bwahonyanzwe ngo biratanga ikizere ko ibihugu byombi biri mu biganiro.

Ibi kandi ngo biratanga icyizere ko uyu mwaka wa 2021, ushobora kurangira ibihugu byombi byerekeza kugisubizo cy’ibibazo bimaze imyaka itanu.

Abahanga muri politike kandi, bashimangira ko biramutse bikomeje muri uyu mujyo, ngo urujya n’uruza rw’abantu n’ibintu rwaba ruri hafi kugaruka nyuma y’imyaka itanu imikoranire y’ibihugu byombi itameze neza ku bw’impamvu za politike.

Inkuru ya : Nzabonimpa David/RadioTv10 Rwanda

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 − 8 =

Previous Post

Basketball: Ikipe y’u Rwanda yageze muri Senegal-AMAFOTO

Next Post

DR Congo: Abasirikare barenga 2000 bamaze guhitanwa n’inyeshyamba

Related Posts

Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

by radiotv10
17/11/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi umugenzuzi mu Kigo cy'Igihugu gishinzwe Ubuziranenge bw'Ibiribwa n'Imiti (Rwanda FDA), na...

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

by radiotv10
17/11/2025
0

Bamwe mu batuye mu Mirenge ya Kivumu na Nyamyumba mu Turere twa Rubavu na Rutsiro mu Ntara y’Iburengerazuba, bavuga ko...

Start Strong:- Monday tips that will make your week more productive

Start Strong:- Monday tips that will make your week more productive

by radiotv10
17/11/2025
0

Many people say Monday is the hardest of the week, but it doesn’t have to be. When you start your...

Imiterere y’ishuri barereramo abana babo rituma bagira impungenge

Imiterere y’ishuri barereramo abana babo rituma bagira impungenge

by radiotv10
17/11/2025
0

Abarerera mu Ishuri Ribanza rya Nyanza ryo mu Murenge wa Ngera mu Karere ka Nyaruguru, barasaba ko inyubako z’iri shuri...

Rusizi: Abaturage babiri mu icumi bari hamwe baba barwaye diyabete

Rusizi: Abaturage babiri mu icumi bari hamwe baba barwaye diyabete

by radiotv10
17/11/2025
0

Mu rwego rwo kurwanya indwara zitandura zirimo diyabete yibasiye abangana na 2% mu baturage b’akarere ka Rusizi, ubuyobozi bw’aka karere...

IZIHERUKA

Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga
MU RWANDA

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

by radiotv10
17/11/2025
0

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

17/11/2025
Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

17/11/2025
Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

17/11/2025
Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

17/11/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Ubutumwa AFC/M23 yageneye Congo ku gufungura Ikibuga cya Goma no kuyizana mu bibazo byayo n’u Rwanda

17/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
DR Congo: Abasirikare barenga 2000 bamaze guhitanwa n’inyeshyamba

DR Congo: Abasirikare barenga 2000 bamaze guhitanwa n’inyeshyamba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.