Monday, November 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kohererezanya abaturage hagati y’u Rwanda n’u Burundi, ikimenyetso kizahuka ry’umubano w’impande zombi

radiotv10by radiotv10
09/08/2021
in MU RWANDA
0
Kohererezanya abaturage hagati y’u Rwanda n’u Burundi, ikimenyetso kizahuka ry’umubano w’impande zombi
Share on FacebookShare on Twitter

Abahanga muri politike mpuzamahanga baravuga ko n’ubwo u Rwanda rutarashyira mu bikorwa ubusabe bw’u Burundi bwo kohererezanya abaturage b’impande zombi ngo bifite igisobanuro gikomeye mu kuzahura imibanire y’ibihugu byombi.

Iminsi 10 ishize u Rwanda n’u Burundi bahererekanyije abaturage b’impande zombie, igikorwa giheruka ni icyo ku itariki 7 Kanama 2021 aho u Burundi bwahaye u Rwanda abanyarwanda barindwi (7) bafatiwe muri iki gihugu binjiyemo mu buryo bunyuranije n’amategeko.

Iki gikorwa cyakurikiye icyo kuwa 30 Nyakanga 2021. Icyo gihe i Nemba mu karere ka Bugesera, u Rwanda rwahaye u Burundi ingabo 19 byavuzwe ko zibumbiye mu mutwe wa Red Tabara. Izi  zafatiwe mu Rwanda muri Nzeri 2020 zivuye kugaba ibitero mu Burundi.

Iki gikorwa cyahuriranye n’imana ya 19 y’umuryango w’ubukungu bw’ibihugu byo muri Afurika yo hagati. Icyo gihe perezida w’u Burundi, Maj Gen. Evariste Ndayishimiye yavuze ko ubu bushake bw’u Rwanda byaba byiza bukomereje no ku ngingo yo kohereza abakekwaho guhirika ubutegetsi bw’u Burundi, bivugwa ko bari mu Rwanda.

“ Muri aka kanya mvugana na mwe, u Rwanda ruriguha guverinoma  y’u Burundi abanyabyaha 19 bishe imiryango y’Abarundi muri Nzeri 2020, babiciye mu majyaruguru y’u Burundi. Mboneyeho gusaba ko iki gikorwa cyakomereza no kubashatse gutembagaza ubutegetsi mu 2015, bagahitana n’abantu batagira ingano. Abo na bo bagomba koherezwa bagashyikirizwa ubutabera.”

N’ubwo bimeze bitya, abahanga muri politike mpuzamahanga baravuga ko iyi ngingo izakemurwa n’ibiganiro. Ariko ngo ibikorwa byo mu minsi icumi ishize, ngo biratanga icyizere ku mibanire y’ibihugu byombi.

Dr. Ismael Buchanan, umuhanga muri politike mpuzamahanga agaruka kuri ibi yagize ati” Ibi birasaba ibiganiro kugira ngo n’abandi uburundi bwagaragaza boherezwe.”

Uyu muhanga muri politike mpuzamahanga yakomeje avuga ko hagati aho uku guhererekanya imfungwa zikagera mu gihugu ari nzima nta n’umwe utaka ko uburenganzira bwa muntu bwe bwahonyanzwe ngo biratanga ikizere ko ibihugu byombi biri mu biganiro.

Ibi kandi ngo biratanga icyizere ko uyu mwaka wa 2021, ushobora kurangira ibihugu byombi byerekeza kugisubizo cy’ibibazo bimaze imyaka itanu.

Abahanga muri politike kandi, bashimangira ko biramutse bikomeje muri uyu mujyo, ngo urujya n’uruza rw’abantu n’ibintu rwaba ruri hafi kugaruka nyuma y’imyaka itanu imikoranire y’ibihugu byombi itameze neza ku bw’impamvu za politike.

Inkuru ya : Nzabonimpa David/RadioTv10 Rwanda

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 + 8 =

Previous Post

Basketball: Ikipe y’u Rwanda yageze muri Senegal-AMAFOTO

Next Post

DR Congo: Abasirikare barenga 2000 bamaze guhitanwa n’inyeshyamba

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

by radiotv10
24/11/2025
0

Umugabo w’imyaka 47 y’amavuko wo mu Murenge wa Murunda mu Karere ka Rutsiro, wari ufitanye amakimbirane n’umugore we amushinja kumuca...

Perezida Kagame na Touadéra wa Centrafrique bagiranye ibiganiro

Perezida Kagame na Touadéra wa Centrafrique bagiranye ibiganiro

by radiotv10
24/11/2025
0

Perezida Paul Kagame yahuye na mugenzi we Faustin Archange Touadéra wa Repubulika ya Centrafrique, bagirana ibiganiro byagarutse ku mikoranire irimo...

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

by radiotv10
22/11/2025
0

Rwanda  is actively rolling out its new Single Digital ID (SDID) system nationwide,a major initiative for digital transformation. The registration and data...

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

by radiotv10
22/11/2025
0

Kaminuza ya East Africa University Rwanda na yo imaze gutanga impamyabushobozi ku bantu bigiye ku murimo bagera kuri 340, biganjemo...

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

by radiotv10
22/11/2025
0

Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (RRA/Rwanda Revenue Authority) cyatangaje ko mu mezi ane ashize abiyandikishihe muri gahunda y’ishimwe rihabwa abaka inyemezabwishyu ya...

IZIHERUKA

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse
MU RWANDA

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

by radiotv10
24/11/2025
0

Perezida Kagame na Touadéra wa Centrafrique bagiranye ibiganiro

Perezida Kagame na Touadéra wa Centrafrique bagiranye ibiganiro

24/11/2025
Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

22/11/2025
Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

22/11/2025
Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

22/11/2025
Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

22/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
DR Congo: Abasirikare barenga 2000 bamaze guhitanwa n’inyeshyamba

DR Congo: Abasirikare barenga 2000 bamaze guhitanwa n’inyeshyamba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

Perezida Kagame na Touadéra wa Centrafrique bagiranye ibiganiro

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.