Sunday, January 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kohererezanya abaturage hagati y’u Rwanda n’u Burundi, ikimenyetso kizahuka ry’umubano w’impande zombi

radiotv10by radiotv10
09/08/2021
in MU RWANDA
0
Kohererezanya abaturage hagati y’u Rwanda n’u Burundi, ikimenyetso kizahuka ry’umubano w’impande zombi
Share on FacebookShare on Twitter

Abahanga muri politike mpuzamahanga baravuga ko n’ubwo u Rwanda rutarashyira mu bikorwa ubusabe bw’u Burundi bwo kohererezanya abaturage b’impande zombi ngo bifite igisobanuro gikomeye mu kuzahura imibanire y’ibihugu byombi.

Iminsi 10 ishize u Rwanda n’u Burundi bahererekanyije abaturage b’impande zombie, igikorwa giheruka ni icyo ku itariki 7 Kanama 2021 aho u Burundi bwahaye u Rwanda abanyarwanda barindwi (7) bafatiwe muri iki gihugu binjiyemo mu buryo bunyuranije n’amategeko.

Iki gikorwa cyakurikiye icyo kuwa 30 Nyakanga 2021. Icyo gihe i Nemba mu karere ka Bugesera, u Rwanda rwahaye u Burundi ingabo 19 byavuzwe ko zibumbiye mu mutwe wa Red Tabara. Izi  zafatiwe mu Rwanda muri Nzeri 2020 zivuye kugaba ibitero mu Burundi.

Iki gikorwa cyahuriranye n’imana ya 19 y’umuryango w’ubukungu bw’ibihugu byo muri Afurika yo hagati. Icyo gihe perezida w’u Burundi, Maj Gen. Evariste Ndayishimiye yavuze ko ubu bushake bw’u Rwanda byaba byiza bukomereje no ku ngingo yo kohereza abakekwaho guhirika ubutegetsi bw’u Burundi, bivugwa ko bari mu Rwanda.

“ Muri aka kanya mvugana na mwe, u Rwanda ruriguha guverinoma  y’u Burundi abanyabyaha 19 bishe imiryango y’Abarundi muri Nzeri 2020, babiciye mu majyaruguru y’u Burundi. Mboneyeho gusaba ko iki gikorwa cyakomereza no kubashatse gutembagaza ubutegetsi mu 2015, bagahitana n’abantu batagira ingano. Abo na bo bagomba koherezwa bagashyikirizwa ubutabera.”

N’ubwo bimeze bitya, abahanga muri politike mpuzamahanga baravuga ko iyi ngingo izakemurwa n’ibiganiro. Ariko ngo ibikorwa byo mu minsi icumi ishize, ngo biratanga icyizere ku mibanire y’ibihugu byombi.

Dr. Ismael Buchanan, umuhanga muri politike mpuzamahanga agaruka kuri ibi yagize ati” Ibi birasaba ibiganiro kugira ngo n’abandi uburundi bwagaragaza boherezwe.”

Uyu muhanga muri politike mpuzamahanga yakomeje avuga ko hagati aho uku guhererekanya imfungwa zikagera mu gihugu ari nzima nta n’umwe utaka ko uburenganzira bwa muntu bwe bwahonyanzwe ngo biratanga ikizere ko ibihugu byombi biri mu biganiro.

Ibi kandi ngo biratanga icyizere ko uyu mwaka wa 2021, ushobora kurangira ibihugu byombi byerekeza kugisubizo cy’ibibazo bimaze imyaka itanu.

Abahanga muri politike kandi, bashimangira ko biramutse bikomeje muri uyu mujyo, ngo urujya n’uruza rw’abantu n’ibintu rwaba ruri hafi kugaruka nyuma y’imyaka itanu imikoranire y’ibihugu byombi itameze neza ku bw’impamvu za politike.

Inkuru ya : Nzabonimpa David/RadioTv10 Rwanda

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − 3 =

Previous Post

Basketball: Ikipe y’u Rwanda yageze muri Senegal-AMAFOTO

Next Post

DR Congo: Abasirikare barenga 2000 bamaze guhitanwa n’inyeshyamba

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
DR Congo: Abasirikare barenga 2000 bamaze guhitanwa n’inyeshyamba

DR Congo: Abasirikare barenga 2000 bamaze guhitanwa n’inyeshyamba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.