Korali Disciples of Jesus ibarizwa mu Itorero rya EAR Remera yashyize hanze indirimbo nshya yise ‘Genda Ubabwire’, igamije kwibutsa abakristo inshingano yo kwamamaza ubutumwa bwiza bwa Yesu Kristo ku bantu bose.
Iyi korali yatangiye mu mwaka wa 2008, itangijwe n’abanyeshuri bake bigaga mu mashuri yisumbuye bahuraga bakaririmba cyane cyane mu biruhuko, bafite ishyaka ryo kwamamaza inkuru nziza ya Yesu Kristo. Ni na ho havuye izina Disciples of Jesus, risobanura “Abigishwa ba Yesu”. Batangiye ari abaririmbyi batarenze barindwi, ariko ubu bamaze kurenga 60.
Mu kiganiro umwe mu bayishinze, Nyirinkindi Jean Baptiste, yagiranye na RADIOTV 10, yavuze ko intego nyamukuru yabo ari ukwamamaza ubutumwa bwiza mu Rwanda no ku isi hose binyuze mu ndirimbo zifite ubutumwa bushingiye kuri Kristo (Christ-centered) kandi zikora ku mitima y’abazumva.
Yagize ati “Twumvaga dufite umuhamagaro wo kubwira abantu ubutumwa bwa Yesu Kristo, ni yo mpamvu twahisemo kwitwa Disciples of Jesus.”
Ubutumwa buri mu ndirimbo ‘Genda Ubabwire’
Nk’uko Nyirinkindi Jean Baptiste abisobanura, iyi ndirimbo ishingiye ku magambo yo muri Bibiliya agaruka ku nshingano Yesu yasigiye abamwizera yo kujya kubwiriza amahanga yose (Matayo 28:19-20), ndetse ikanibutsa ko abantu badashobora kwizera batabwiwe ubutumwa (Abaroma 10:13-14).
Ni indirimbo ishishikariza abakristo kutagumana ukwizera kwabo gusa, ahubwo bakakugeza ku bandi, bagafasha benshi kumenya Kristo.
Ibikorwa n’imishinga Korali Disciples of Jesus ifite
Iyi korali imaze gukora album ebyiri:
Genda Ubabwire: iriho indirimbo esheshatu, zimwe zisanzwe ziboneka ku mbuga zitandukanye zirimo YouTube na streaming platforms.
Shimwa Mana: iriho indirimbo esheshatu zikiri gutunganywa muri studio, zikazajya hanze vuba.
Mu bikorwa by’ivugabutumwa bamaze gukora harimo gahunda zitandukanye mu mashuri yisumbuye, za kaminuza ndetse n’ahandi hateranira abantu benshi, cyane cyane urubyiruko.
Mu gihe kiri imbere, bateganya gukomeza gukora indirimbo nyinshi zirimo ubutumwa bwo kuva mu byaha no kwegera Imana, no gukomeza kwagura ivugabutumwa rikagera ku bantu benshi mu Rwanda no hanze yarwo.
Bashimiye Rev. Dr. Canon Antoine Rutayisire
Abaririmbyi bavuga ko bishimiye cyane kuba Rev. Dr. Canon Antoine Rutayisire yarashimye iyi ndirimbo akanashishikariza abantu kuyireba, kuko ubutumwa buri muri yo bujyanye n’umuhamagaro we wo kwigisha abantu kuva mu byaha no gukurikira Kristo by’ukuri.
Banibukije abaririmbyi bose ko bakwiye kubaho ibyo baririmba; ubutumwa ntibube amagambo gusa, ahubwo bukagaragarira mu buzima bwabo bwa buri munsi.
Iyi ndirimbo ‘Genda Ubabwire’ iri mu zikomeje kwakirwa neza n’abakunzi b’umuziki wo kuramya no guhimbaza Imana mu Rwanda.

NTAMBARA Garleon
RADIOTV10











