Tuesday, February 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Korali Disciples ya EAR Remera yavuze intego y’indirimbo yabo nshya ‘Genda Ubabwire’ igezweho

radiotv10by radiotv10
24/02/2026
in IMYIDAGADURO
0
Korali Disciples ya EAR Remera yavuze intego y’indirimbo yabo nshya ‘Genda Ubabwire’ igezweho
Share on FacebookShare on Twitter

Korali Disciples of Jesus ibarizwa mu Itorero rya EAR Remera yashyize hanze indirimbo nshya yise ‘Genda Ubabwire’, igamije kwibutsa abakristo inshingano yo kwamamaza ubutumwa bwiza bwa Yesu Kristo ku bantu bose.

Iyi korali yatangiye mu mwaka wa 2008, itangijwe n’abanyeshuri bake bigaga mu mashuri yisumbuye bahuraga bakaririmba cyane cyane mu biruhuko, bafite ishyaka ryo kwamamaza inkuru nziza ya Yesu Kristo. Ni na ho havuye izina Disciples of Jesus, risobanura “Abigishwa ba Yesu”. Batangiye ari abaririmbyi batarenze barindwi, ariko ubu bamaze kurenga 60.

Mu kiganiro umwe mu bayishinze, Nyirinkindi Jean Baptiste, yagiranye na RADIOTV 10, yavuze ko intego nyamukuru yabo ari ukwamamaza ubutumwa bwiza mu Rwanda no ku isi hose binyuze mu ndirimbo zifite ubutumwa bushingiye kuri Kristo (Christ-centered) kandi zikora ku mitima y’abazumva.

Yagize ati “Twumvaga dufite umuhamagaro wo kubwira abantu ubutumwa bwa Yesu Kristo, ni yo mpamvu twahisemo kwitwa Disciples of Jesus.”

Ubutumwa buri mu ndirimbo ‘Genda Ubabwire’

Nk’uko Nyirinkindi Jean Baptiste abisobanura, iyi ndirimbo ishingiye ku magambo yo muri Bibiliya agaruka ku nshingano Yesu yasigiye abamwizera yo kujya kubwiriza amahanga yose (Matayo 28:19-20), ndetse ikanibutsa ko abantu badashobora kwizera batabwiwe ubutumwa (Abaroma 10:13-14).

Ni indirimbo ishishikariza abakristo kutagumana ukwizera kwabo gusa, ahubwo bakakugeza ku bandi, bagafasha benshi kumenya Kristo.

Ibikorwa n’imishinga Korali Disciples of Jesus ifite

Iyi korali imaze gukora album ebyiri:

Genda Ubabwire: iriho indirimbo esheshatu, zimwe zisanzwe ziboneka ku mbuga zitandukanye zirimo YouTube na streaming platforms.

Shimwa Mana: iriho indirimbo esheshatu zikiri gutunganywa muri studio, zikazajya hanze vuba.

Mu bikorwa by’ivugabutumwa bamaze gukora harimo gahunda zitandukanye mu mashuri yisumbuye, za kaminuza ndetse n’ahandi hateranira abantu benshi, cyane cyane urubyiruko.

Mu gihe kiri imbere, bateganya gukomeza gukora indirimbo nyinshi zirimo ubutumwa bwo kuva mu byaha no kwegera Imana, no gukomeza kwagura ivugabutumwa rikagera ku bantu benshi mu Rwanda no hanze yarwo.

Bashimiye Rev. Dr. Canon Antoine Rutayisire

Abaririmbyi bavuga ko bishimiye cyane kuba Rev. Dr. Canon Antoine Rutayisire yarashimye iyi ndirimbo akanashishikariza abantu kuyireba, kuko ubutumwa buri muri yo bujyanye n’umuhamagaro we wo kwigisha abantu kuva mu byaha no gukurikira Kristo by’ukuri.

Banibukije abaririmbyi bose ko bakwiye kubaho ibyo baririmba; ubutumwa ntibube amagambo gusa, ahubwo bukagaragarira mu buzima bwabo bwa buri munsi.

Iyi ndirimbo ‘Genda Ubabwire’ iri mu zikomeje kwakirwa neza n’abakunzi b’umuziki wo kuramya no guhimbaza Imana mu Rwanda.

 

NTAMBARA Garleon
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four + 7 =

Previous Post

Nyamagabe: Ubuyobozi buhaye igisubizo abatuye mu cyaro ku cyifuzo bari babugejejeho ku imurikabikorwa

Next Post

Ku nshuro ya mbere u Rwanda rugiye kumenya aho ruhagaze mu ireme ry’uburezi ku Isi

Related Posts

Minisitiri Dr.Utumatwishima yanenze uwamenyekanye mu myidagaduro mu Rwanda watangaje ibinyoma byibasira Ubuyobozi

Minisitiri Dr.Utumatwishima yanenze uwamenyekanye mu myidagaduro mu Rwanda watangaje ibinyoma byibasira Ubuyobozi

by radiotv10
23/02/2026
0

Minisitiri w’Urubyiruko n’Ubuhanzi, Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah, yagaye Mupende Ramadhan wamamaye nka Bad Rama mu gufasha abahanzi nyarwanda, kubera...

Ufite inkomoko mu Rwanda ari guhatanira ikamba rya Miss w’u Bubiligi

Ufite inkomoko mu Rwanda wageze mu cyiciro cya nyuma cya Miss Belgium ntiyahiriwe

by radiotv10
23/02/2026
0

Kyra Nkezabera ukomoka ku babyeyi barimo Umunyarwanda, wahatanaga muri Miss Belgium wanageze mu cyiciro cya nyuma cy’iri rushanwa, ntiyabashije kwegukana...

Ubutumwa bukora ku mutima bwa nyuma umukinnyi wa filimi Eric Dane yageneye abakobwa be mbere yuko apfa

Ubutumwa bukora ku mutima bwa nyuma umukinnyi wa filimi Eric Dane yageneye abakobwa be mbere yuko apfa

by radiotv10
22/02/2026
0

Mu kiganiro yagiranye na Netflix mbere yuko yitaba Imana, umukinnyi wa filimi wamamaye ku Isi, Eric Dane, yageneye ubutumwa abakobwa...

Stay clean and confident: Simple hygiene habits every man needs

Stay clean and confident: Simple hygiene habits every man needs

by radiotv10
21/02/2026
0

Good hygiene is not just about smelling good. It is about health, confidence, and self-respect. A man who takes care...

Dore icyo urwego rwa Leta muri Uganda rwabwiye Umuhanzikazi wavuze ko yahundagajweho amafaranga

Dore icyo urwego rwa Leta muri Uganda rwabwiye Umuhanzikazi wavuze ko yahundagajweho amafaranga

by radiotv10
20/02/2026
0

Nyuma yuko umuhanzikazi Omega Baibe uri mu bagezweho muri Uganda, agaragaje ko yahundagajweho amafaranga mu gitaramo yakoreye muri Sudani y’Epfo,...

IZIHERUKA

Menya imisanzu mishya ya Mituweli na serivisi nshya zongewe ku bayivurizaho
IMIBEREHO MYIZA

Menya imisanzu mishya ya Mituweli na serivisi nshya zongewe ku bayivurizaho

by radiotv10
24/02/2026
0

Imirwano yahinduye isura muri Congo: FARDC n’abayifasha barashinjwa gutangiza intambara yagutse

Imirwano yahinduye isura muri Congo: FARDC n’abayifasha barashinjwa gutangiza intambara yagutse

24/02/2026
Polisi y’u Rwanda yemeje ko yamenye amakuru azatuma hafatwa umugore wagaragaye akubita inshyi umugabo

Polisi y’u Rwanda yemeje ko yamenye amakuru azatuma hafatwa umugore wagaragaye akubita inshyi umugabo

24/02/2026
Ubutumwa bw’umuyobozi w’umukino w’amagare ku Isi ku mpanuka ikomeye yabaye muri Tour du Rwanda

Ubutumwa bw’umuyobozi w’umukino w’amagare ku Isi ku mpanuka ikomeye yabaye muri Tour du Rwanda

24/02/2026
Ku nshuro ya mbere u Rwanda rugiye kumenya aho ruhagaze mu ireme ry’uburezi ku Isi

Ku nshuro ya mbere u Rwanda rugiye kumenya aho ruhagaze mu ireme ry’uburezi ku Isi

24/02/2026
Korali Disciples ya EAR Remera yavuze intego y’indirimbo yabo nshya ‘Genda Ubabwire’ igezweho

Korali Disciples ya EAR Remera yavuze intego y’indirimbo yabo nshya ‘Genda Ubabwire’ igezweho

24/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ku nshuro ya mbere u Rwanda rugiye kumenya aho ruhagaze mu ireme ry’uburezi ku Isi

Ku nshuro ya mbere u Rwanda rugiye kumenya aho ruhagaze mu ireme ry'uburezi ku Isi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Menya imisanzu mishya ya Mituweli na serivisi nshya zongewe ku bayivurizaho

Imirwano yahinduye isura muri Congo: FARDC n’abayifasha barashinjwa gutangiza intambara yagutse

Polisi y’u Rwanda yemeje ko yamenye amakuru azatuma hafatwa umugore wagaragaye akubita inshyi umugabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.