• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Ufite inkomoko mu Rwanda wageze mu cyiciro cya nyuma cya Miss Belgium ntiyahiriwe

radiotv10by radiotv10
23/02/2026
in IMYIDAGADURO
0
Ufite inkomoko mu Rwanda ari guhatanira ikamba rya Miss w’u Bubiligi
Share on FacebookShare on Twitter

Kyra Nkezabera ukomoka ku babyeyi barimo Umunyarwanda, wahatanaga muri Miss Belgium wanageze mu cyiciro cya nyuma cy’iri rushanwa, ntiyabashije kwegukana ikamba.

Uyu mukobwa ukomoka kuri Se w’Umunuyarwanda na Nyina w’Umubiligikazi, yahatanaga muri uri rushanwa ry’ubwiza ryasojwe mu mpera z’icyumweru twaraje dusoje, ku wa Gatandatu.

Muri iri rushanwa ryegukanywe na Olga Lambordo wamaze kuba Miss w’u Bubiligi, uyu mukobwa ukomoka mu Rwanda, yaje muri 15 ba mbere.

Uyu mukobwa w’imyaka 21 wari winjiye muri iri rushanwa azamukiye mu bahatanye mu Mujyi wa Bruxelles, yageze mu cyiciro cya nyuma abanje gutsinda mu bindi byiciro byabanje yagiye anazamuka ari mu myanya ya mbere muri ibyo byiciro.

Ubwo yari ageze mu cyiciro cya nyuma cy’iri rushanwa, Kyra Nkezabera yavugaga ko yizeye kuba yakwegukana iri kamba, cyangwa akaza mu myanya myiza nk’igisonga, ariko nanone akavuga ko umwanya wose yabona ntacyo uzamutwara kuko no kugera mu cyiciro cya nyuma, byamushimishije.

Uyu mukobwa wavukiye i Bruxelles mu Bubiligi muri 2003, avuga ko ahoza u Rwanda ku mutima, kuko nubwo atarubamo, ariko azirikana ko afitanye isano n’iki Gihugu cyibarutse umwe mu babyeyi be.

Olga Lambordo watwaye iri kamba ry’iri rushanwa rya Miss Belgium ryari ribaye ku nshuro yaryo ya 93, asanzwe ari umunyeshuri wiga muri Kamonuza ibijyanye n’imiti (Pharmacie).

Olga Lambordo wegukanye Miss Belgium
Kyra ufite inkomoko mu Rwanda ntiyahiriwe
Kyra Nkezabera yageze mu cyiciro cya nyuma cya Miss Belgium
Kyra Nkezabera yazamutse mu bahataniraga mu mujyi wa Bruxelles

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 − 3 =

Previous Post

What to activate in yourself to make 2026 your best year yet

Next Post

Kayonza: Bari mu rujijo nyuma yo kumara 1/2 cy’umwaka badahembwa

Related Posts

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

by radiotv10
02/06/2026
0

Umuhanzikazi France Mpundu uherutse kwambikwa impeta n’umusore wo muri Niger, Moctar bahuriye mu kiganiro ‘The Secret Story’ cyamamaye, yatangaje ko...

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

by radiotv10
01/06/2026
0

Uwamamaye nka Cedru mu mwuga wo gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi, yambitse impeta umukobwa witwa Ella wavuzweho gukundana na Lick Lick...

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

by radiotv10
01/06/2026
0

Your twenties are often described as the decade of discovery. It is a time when many people finish school, start...

Secrets to building strong and healthy friendships

Secrets to building strong and healthy friendships

by radiotv10
01/06/2026
0

Friendships are some of the most valuable relationships in our lives. Good friends support us during difficult times, celebrate our...

Super Manager yaciye amarenga y’icyo ashobora gukurikizaho nyuma y’icyemezo cy’urubanza yari yarezemo asaba miliyoni 380Frw

Super Manager yaciye amarenga y’icyo ashobora gukurikizaho nyuma y’icyemezo cy’urubanza yari yarezemo asaba miliyoni 380Frw

by radiotv10
29/05/2026
0

Umuhanzi Super Manager uzwi mu myidagaduro mu Rwanda, nyuma yo gutsinda urubanza yari yarezemo sosiyete y’itumanaho ayisaba indishyi ya Miliyoni...

Next Post
Kayonza: Bari mu rujijo nyuma yo kumara 1/2 cy’umwaka badahembwa

Kayonza: Bari mu rujijo nyuma yo kumara 1/2 cy'umwaka badahembwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.