Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Korali Disciples ya EAR Remera yavuze intego y’indirimbo yabo nshya ‘Genda Ubabwire’ igezweho

radiotv10by radiotv10
24/02/2026
in IMYIDAGADURO
0
Korali Disciples ya EAR Remera yavuze intego y’indirimbo yabo nshya ‘Genda Ubabwire’ igezweho
Share on FacebookShare on Twitter

Korali Disciples of Jesus ibarizwa mu Itorero rya EAR Remera yashyize hanze indirimbo nshya yise ‘Genda Ubabwire’, igamije kwibutsa abakristo inshingano yo kwamamaza ubutumwa bwiza bwa Yesu Kristo ku bantu bose.

Iyi korali yatangiye mu mwaka wa 2008, itangijwe n’abanyeshuri bake bigaga mu mashuri yisumbuye bahuraga bakaririmba cyane cyane mu biruhuko, bafite ishyaka ryo kwamamaza inkuru nziza ya Yesu Kristo. Ni na ho havuye izina Disciples of Jesus, risobanura “Abigishwa ba Yesu”. Batangiye ari abaririmbyi batarenze barindwi, ariko ubu bamaze kurenga 60.

Mu kiganiro umwe mu bayishinze, Nyirinkindi Jean Baptiste, yagiranye na RADIOTV 10, yavuze ko intego nyamukuru yabo ari ukwamamaza ubutumwa bwiza mu Rwanda no ku isi hose binyuze mu ndirimbo zifite ubutumwa bushingiye kuri Kristo (Christ-centered) kandi zikora ku mitima y’abazumva.

Yagize ati “Twumvaga dufite umuhamagaro wo kubwira abantu ubutumwa bwa Yesu Kristo, ni yo mpamvu twahisemo kwitwa Disciples of Jesus.”

Ubutumwa buri mu ndirimbo ‘Genda Ubabwire’

Nk’uko Nyirinkindi Jean Baptiste abisobanura, iyi ndirimbo ishingiye ku magambo yo muri Bibiliya agaruka ku nshingano Yesu yasigiye abamwizera yo kujya kubwiriza amahanga yose (Matayo 28:19-20), ndetse ikanibutsa ko abantu badashobora kwizera batabwiwe ubutumwa (Abaroma 10:13-14).

Ni indirimbo ishishikariza abakristo kutagumana ukwizera kwabo gusa, ahubwo bakakugeza ku bandi, bagafasha benshi kumenya Kristo.

Ibikorwa n’imishinga Korali Disciples of Jesus ifite

Iyi korali imaze gukora album ebyiri:

Genda Ubabwire: iriho indirimbo esheshatu, zimwe zisanzwe ziboneka ku mbuga zitandukanye zirimo YouTube na streaming platforms.

Shimwa Mana: iriho indirimbo esheshatu zikiri gutunganywa muri studio, zikazajya hanze vuba.

Mu bikorwa by’ivugabutumwa bamaze gukora harimo gahunda zitandukanye mu mashuri yisumbuye, za kaminuza ndetse n’ahandi hateranira abantu benshi, cyane cyane urubyiruko.

Mu gihe kiri imbere, bateganya gukomeza gukora indirimbo nyinshi zirimo ubutumwa bwo kuva mu byaha no kwegera Imana, no gukomeza kwagura ivugabutumwa rikagera ku bantu benshi mu Rwanda no hanze yarwo.

Bashimiye Rev. Dr. Canon Antoine Rutayisire

Abaririmbyi bavuga ko bishimiye cyane kuba Rev. Dr. Canon Antoine Rutayisire yarashimye iyi ndirimbo akanashishikariza abantu kuyireba, kuko ubutumwa buri muri yo bujyanye n’umuhamagaro we wo kwigisha abantu kuva mu byaha no gukurikira Kristo by’ukuri.

Banibukije abaririmbyi bose ko bakwiye kubaho ibyo baririmba; ubutumwa ntibube amagambo gusa, ahubwo bukagaragarira mu buzima bwabo bwa buri munsi.

Iyi ndirimbo ‘Genda Ubabwire’ iri mu zikomeje kwakirwa neza n’abakunzi b’umuziki wo kuramya no guhimbaza Imana mu Rwanda.

 

NTAMBARA Garleon
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 5 =

Previous Post

Nyamagabe: Ubuyobozi buhaye igisubizo abatuye mu cyaro ku cyifuzo bari babugejejeho ku imurikabikorwa

Next Post

Ku nshuro ya mbere u Rwanda rugiye kumenya aho ruhagaze mu ireme ry’uburezi ku Isi

Related Posts

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mu rugo rw’umuhanzi w’umuraperi Ngenzi Serge wamenyekanye nka Neg G The General, utuye mu Murenge wa Kimisagara mu Karere ka...

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

by radiotv10
09/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwamaze gushyikiriza Ubushinjacyaha dosiye ikubiyemo ikirego kiregwamo umunyamakuru Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement, rutangaza ko iperereza...

Ibiri mu ibaruwa yanditswe n’umunyamakuru DC Clement nyuma yo gufungwa

Ibiri mu ibaruwa yanditswe n’umunyamakuru DC Clement nyuma yo gufungwa

by radiotv10
03/04/2026
0

Umunyamakuru Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement ukurikiranyweho ibyaha birimo kurwanya ububasha bw’amategeko, yanditse ibaruwa asaba imbabazi avuga ko ibyo...

Ruracyageretse hagati y’umunyamakuru n’umukinnyikazi wa filimi bapfa imodoka yagaragajwe n’umwe

Hemejwe ifungwa ry’umunyamakuru DC Clement hanasobanurwa imiterere y’icyabiteye

by radiotv10
02/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwemeje ko Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement, yatawe muri yombi akekwaho kwangiza ikintu cy’undi no...

Moses Turahirwa wari wajuriye atakambira Urukiko ngo rumurekure yagumishirijweho igihano

Moses Turahirwa wari wajuriye atakambira Urukiko ngo rumurekure yagumishirijweho igihano

by radiotv10
01/04/2026
0

Turahirwa Moses uri mu bahanga mu guhanga imideri bazwi mu Rwanda wanashinze inzu yayo ya Moshions, yagumishirijweho igihano cy’igifungo cy’imyaka...

IZIHERUKA

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe
IBYAMAMARE

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ku nshuro ya mbere u Rwanda rugiye kumenya aho ruhagaze mu ireme ry’uburezi ku Isi

Ku nshuro ya mbere u Rwanda rugiye kumenya aho ruhagaze mu ireme ry'uburezi ku Isi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.