Thursday, February 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kuba Minisitiri yakurikiranwaho ruswa birashimangira ihame ryo kutayihanganira- Minisitiri w’Intebe

radiotv10by radiotv10
19/05/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
2
Kuba Minisitiri yakurikiranwaho ruswa birashimangira ihame ryo kutayihanganira- Minisitiri w’Intebe
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente yavuze ko kuba umwe mu bagize Guverinoma yakurikiranwaho ruswa bishimangira ihame rya ‘Zero tolerance’ ryo kutihanganira na busa ruswa.

Ibyumweru bibiri birashize, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda ahagaritse uwari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco, Hon Bamporiki Edouard kubera ibyo akurikiranyweho agomba kubazwa.

Tariki 05 Gicurasi 2022, nyuma y’uko Ibiro bya Minisitiri w’Intebe bisohoreye itangazo ko Perezida Kagame Paul yahagaritse Bamporiki, Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha na rwo rwahise rutangaza ko ruri gukurikirana uyu munyapolitiki ukekwaho ruswa n’ibindi byaha bifitanye isano na yo, ndetse akaba afungiye iwe mu rugo.

Mu kiganiro yagiranye n’Abanyamakuru kuri uyu wa Gatatu tariki 18 Gicurasi 2022, Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente yagarutse kuri uyu wahoze muri Guverinoma y’u Rwanda ukurikiranyweho ruswa, avuga ko buri wese wakoze icyaha aba agomba kugikurikiranwaho.

Dr Ngirente yavuze ko ubusanzwe mu Rwanda hariho ihame rya ‘Zero tolerance’ [kutihanganira na busa ruswa] kandi ko rireba buri Munyarwanda.

Ati “Murabizi Abaminisitiri bava mu Banyarwanda, twe twifuza ko icika burundu ariko iyo ibonetse kuri buri Munyarwanda wese ntabwo ari uko ari Minisitiri cyangwa atari we. Umunyarwanda wese byabonekaho icya mbere biratubabaza ariko ikiza iyo yemeye icyaha nyine, inzego z’ubutabera zikora akazi kabwo.”

Yakomeje agira ati “Ahubwo ni na kimwe kirakwereka ko nyine ya tolerance [kwihanganira] koko ari zero ni uko na Minisitiri wabifatiwemo abihanirwa birashimangira uwo murongo wa Leta iyo ataba ari zero uwo Muministiri ntiyari guhanwa.”

Dr Ngirente avuga ko uyu wahoze muri Guverinoma y’u Rwanda ari gukorwaho iperereza n’inzego zibishinzwe ariko ko na we ubwe yabyemeye.

Nyuma y’umunsi umwe ahagaritswe, tariki 06 Gicurasi, Hon Bamporiki yatambukije ubutumwa kuri Twitter yemera ko yaguye mu moshya akakira indonke, ariko ko abisabira imbabazi.

Icyo gihe yari yagize ati “Nyakubahwa Umukuru w’u Rwanda Paul Kagame, Narahemutse. Umutima wanze kumpa amahwemo. Bavandimwe, Nshuti zanjye, namwe abankurikira kuri uru rubuga, Nakoze icyaha cyo kwakira indonke. Nkaba ntafite irindi jambo navuga usibye Kubasaba mwese imbabazi. Ndatakambye.”

Izi mbabazi zari zasabwe na Bamporiki, zavuzweho na Perezida Paul Kagame ubwo yasubizaga umwe mu baturage wari wasubije Bamporiki ko imbabazi azikwiye ariko na we akirinda kuzongera kugwa mu cyaha nk’iki.

Perezida Kagame wasubizaga uyu wari watanze igitekerezo ku butumwa bwa Bamporiki, yagize ati Ibyo uvuga wowe bifite ishingiro. Kutongera gukora ibisa nkibyoyakoze bibi. Bitaruguhora mubibi ugahora usaba kubabarirwa! Ibya Bamporiki niko bimeze. Hari nabandi bameze gutyo. Umuntu wese yakora icyaha ariko nokukirinda birashoboka. Guhanwa nabyo birafasha !!!”

Bamporiki Edouard wahoze muri Guverinoma y’u Rwanda

RADIOTV10

Comments 2

  1. Nyiraneza Jeanne says:
    4 years ago

    Uburyo mudohora ibihano muhanisha abakuru bakatwereye imbuto biragaragaza ubusumbane mubanyarwanda bukabije!!!kuko niba umuturage atanga ruswa cg akayakira,byagera mu bayobozi bagahanwa ki vip,ngaho ngo ibihano bisubistswe!!!ngaho ngo bafungiwe mu rugo!!ngaho ngo hari na bandi ntimubavuge!!!!bigaragaza integenge mukuyirwanya ninayo mpamvu itacika kuko abo bakomeye mworohereza ibihano ninabo barya nyinshi!!ubwose zero torerance muvuga niyihe ko ahubwo mutorera 80/100!!!
    Nyamara rubanda rugufi zero toreranze ikaba 120/100!!
    Iki kintu gihinduke kuko umuntu aba umuyobozi iyo akora ibyiza,naho iyo yakoze amarorerwa agomba kuba umuturage usanzwe.

    Reply
    • nizeeyimana bomba damascene says:
      4 years ago

      ndemeranywa nawe rwose 100/100 reba umumotari afungirwa ruswa ya 2000 Frws, reba urya mugabo wo muri REB yazize 500k ubwo se koko ni urugero rwiza muba muduha mukurikize amatigeko murakoze

      Reply

Leave a Reply to nizeeyimana bomba damascene Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven − 1 =

Previous Post

Sgt Robert warekuwe yagaragaye ari kumwe n’uvugwaho kuba umwambari wa RNC

Next Post

Nyanza: Umugabo arakekwaho kwica umugore batandukanye nyuma y’uko bagabanyijwe imitungo

Related Posts

Gisagara: Bataraka ibihombo baterwa n’isoko bacururizamo bavuga ko ridakwiye kwitwa irya kijyambere

Gisagara: Bataraka ibihombo baterwa n’isoko bacururizamo bavuga ko ridakwiye kwitwa irya kijyambere

by radiotv10
12/02/2026
0

Abaturage bo mu Karere ka Gisagara bavuga ko isoko ry’aka Karere ridakwiye kwitwa irya kijyambere, kuko ryubatswe mu buryo butajyanye...

Louise Mushikiwabo yahaye inshingano uwabaye Perezida w’u Burundi

Kuba DRC idashyigikiye kandidatire ye, kuzahatana n’Umunyekongo,…-Byinshi mu kiganiro cya Louise Mushikiwabo

by radiotv10
11/02/2026
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikiwabo, yatangaje ko kuba DRC idashyigikiye kandidatire ye, atari igitangaza, kandi ko...

Iby’umukobwa wimwe urukundo n’umusore yimariyemo byarangiye umwe agiye mu Bitaro undi muri Kasho

Iby’umukobwa wimwe urukundo n’umusore yimariyemo byarangiye umwe agiye mu Bitaro undi muri Kasho

by radiotv10
11/02/2026
0

Umukobwa w’imyaka 18 wo mu Murenge wa Kamembe mu Karere ka Rusizi, wari amaze igihe asaba umusore ko bakundana, undi...

Min.Nduhungirehe yagize icyo avuga ku makuru yemeza iyoherezwa muri Congo ry’abacancuro bihariye ba Blackwater n’intwaro zikomeye

Min.Nduhungirehe yagize icyo avuga ku makuru yemeza iyoherezwa muri Congo ry’abacancuro bihariye ba Blackwater n’intwaro zikomeye

by radiotv10
11/02/2026
0

Nyuma yuko hasohotse inkuru yemeza ko Erik Prince washinzwe umutwe wa Blackwater w’abarwanyi b’abacancuro yohereje bamwe na drone muri DRC,...

Abakomeje kwinangira gukoresha ihererekanya ry’ibinyabiziga mu Rwanda bongeye kuburirwa

Abakomeje kwinangira gukoresha ihererekanya ry’ibinyabiziga mu Rwanda bongeye kuburirwa

by radiotv10
11/02/2026
0

Polisi y’u Rwanda yongeye kwibutsa abakomeje kwinangira kwitabira gukora ihererekanya ry’ibinyabiziga, kubikora bidasabye uru rwego rubahamagara cyangwa rukabasanga aho bari....

IZIHERUKA

Abanyamakuru bubatse amazina mu Rwanda Rugimbana na Rutamu bagiye kongera gukorana ikiganiro nyuma y’igihe batumvikana
SIPORO

Abanyamakuru bubatse amazina mu Rwanda Rugimbana na Rutamu bagiye kongera gukorana ikiganiro nyuma y’igihe batumvikana

by radiotv10
12/02/2026
0

Gisagara: Bataraka ibihombo baterwa n’isoko bacururizamo bavuga ko ridakwiye kwitwa irya kijyambere

Gisagara: Bataraka ibihombo baterwa n’isoko bacururizamo bavuga ko ridakwiye kwitwa irya kijyambere

12/02/2026
Louise Mushikiwabo yahaye inshingano uwabaye Perezida w’u Burundi

Kuba DRC idashyigikiye kandidatire ye, kuzahatana n’Umunyekongo,…-Byinshi mu kiganiro cya Louise Mushikiwabo

11/02/2026
Iby’umukobwa wimwe urukundo n’umusore yimariyemo byarangiye umwe agiye mu Bitaro undi muri Kasho

Iby’umukobwa wimwe urukundo n’umusore yimariyemo byarangiye umwe agiye mu Bitaro undi muri Kasho

11/02/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo avuga ku makuru yemeza iyoherezwa muri Congo ry’abacancuro bihariye ba Blackwater n’intwaro zikomeye

Min.Nduhungirehe yagize icyo avuga ku makuru yemeza iyoherezwa muri Congo ry’abacancuro bihariye ba Blackwater n’intwaro zikomeye

11/02/2026
Abakomeje kwinangira gukoresha ihererekanya ry’ibinyabiziga mu Rwanda bongeye kuburirwa

Abakomeje kwinangira gukoresha ihererekanya ry’ibinyabiziga mu Rwanda bongeye kuburirwa

11/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyanza: Umugabo arakekwaho kwica umugore batandukanye nyuma y’uko bagabanyijwe imitungo

Nyanza: Umugabo arakekwaho kwica umugore batandukanye nyuma y’uko bagabanyijwe imitungo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abanyamakuru bubatse amazina mu Rwanda Rugimbana na Rutamu bagiye kongera gukorana ikiganiro nyuma y’igihe batumvikana

Gisagara: Bataraka ibihombo baterwa n’isoko bacururizamo bavuga ko ridakwiye kwitwa irya kijyambere

Kuba DRC idashyigikiye kandidatire ye, kuzahatana n’Umunyekongo,…-Byinshi mu kiganiro cya Louise Mushikiwabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.