Monday, May 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kuba Minisitiri yakurikiranwaho ruswa birashimangira ihame ryo kutayihanganira- Minisitiri w’Intebe

radiotv10by radiotv10
19/05/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
2
Kuba Minisitiri yakurikiranwaho ruswa birashimangira ihame ryo kutayihanganira- Minisitiri w’Intebe
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente yavuze ko kuba umwe mu bagize Guverinoma yakurikiranwaho ruswa bishimangira ihame rya ‘Zero tolerance’ ryo kutihanganira na busa ruswa.

Ibyumweru bibiri birashize, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda ahagaritse uwari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco, Hon Bamporiki Edouard kubera ibyo akurikiranyweho agomba kubazwa.

Tariki 05 Gicurasi 2022, nyuma y’uko Ibiro bya Minisitiri w’Intebe bisohoreye itangazo ko Perezida Kagame Paul yahagaritse Bamporiki, Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha na rwo rwahise rutangaza ko ruri gukurikirana uyu munyapolitiki ukekwaho ruswa n’ibindi byaha bifitanye isano na yo, ndetse akaba afungiye iwe mu rugo.

Mu kiganiro yagiranye n’Abanyamakuru kuri uyu wa Gatatu tariki 18 Gicurasi 2022, Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente yagarutse kuri uyu wahoze muri Guverinoma y’u Rwanda ukurikiranyweho ruswa, avuga ko buri wese wakoze icyaha aba agomba kugikurikiranwaho.

Dr Ngirente yavuze ko ubusanzwe mu Rwanda hariho ihame rya ‘Zero tolerance’ [kutihanganira na busa ruswa] kandi ko rireba buri Munyarwanda.

Ati “Murabizi Abaminisitiri bava mu Banyarwanda, twe twifuza ko icika burundu ariko iyo ibonetse kuri buri Munyarwanda wese ntabwo ari uko ari Minisitiri cyangwa atari we. Umunyarwanda wese byabonekaho icya mbere biratubabaza ariko ikiza iyo yemeye icyaha nyine, inzego z’ubutabera zikora akazi kabwo.”

Yakomeje agira ati “Ahubwo ni na kimwe kirakwereka ko nyine ya tolerance [kwihanganira] koko ari zero ni uko na Minisitiri wabifatiwemo abihanirwa birashimangira uwo murongo wa Leta iyo ataba ari zero uwo Muministiri ntiyari guhanwa.”

Dr Ngirente avuga ko uyu wahoze muri Guverinoma y’u Rwanda ari gukorwaho iperereza n’inzego zibishinzwe ariko ko na we ubwe yabyemeye.

Nyuma y’umunsi umwe ahagaritswe, tariki 06 Gicurasi, Hon Bamporiki yatambukije ubutumwa kuri Twitter yemera ko yaguye mu moshya akakira indonke, ariko ko abisabira imbabazi.

Icyo gihe yari yagize ati “Nyakubahwa Umukuru w’u Rwanda Paul Kagame, Narahemutse. Umutima wanze kumpa amahwemo. Bavandimwe, Nshuti zanjye, namwe abankurikira kuri uru rubuga, Nakoze icyaha cyo kwakira indonke. Nkaba ntafite irindi jambo navuga usibye Kubasaba mwese imbabazi. Ndatakambye.”

Izi mbabazi zari zasabwe na Bamporiki, zavuzweho na Perezida Paul Kagame ubwo yasubizaga umwe mu baturage wari wasubije Bamporiki ko imbabazi azikwiye ariko na we akirinda kuzongera kugwa mu cyaha nk’iki.

Perezida Kagame wasubizaga uyu wari watanze igitekerezo ku butumwa bwa Bamporiki, yagize ati Ibyo uvuga wowe bifite ishingiro. Kutongera gukora ibisa nkibyoyakoze bibi. Bitaruguhora mubibi ugahora usaba kubabarirwa! Ibya Bamporiki niko bimeze. Hari nabandi bameze gutyo. Umuntu wese yakora icyaha ariko nokukirinda birashoboka. Guhanwa nabyo birafasha !!!”

Bamporiki Edouard wahoze muri Guverinoma y’u Rwanda

RADIOTV10

Comments 2

  1. Nyiraneza Jeanne says:
    4 years ago

    Uburyo mudohora ibihano muhanisha abakuru bakatwereye imbuto biragaragaza ubusumbane mubanyarwanda bukabije!!!kuko niba umuturage atanga ruswa cg akayakira,byagera mu bayobozi bagahanwa ki vip,ngaho ngo ibihano bisubistswe!!!ngaho ngo bafungiwe mu rugo!!ngaho ngo hari na bandi ntimubavuge!!!!bigaragaza integenge mukuyirwanya ninayo mpamvu itacika kuko abo bakomeye mworohereza ibihano ninabo barya nyinshi!!ubwose zero torerance muvuga niyihe ko ahubwo mutorera 80/100!!!
    Nyamara rubanda rugufi zero toreranze ikaba 120/100!!
    Iki kintu gihinduke kuko umuntu aba umuyobozi iyo akora ibyiza,naho iyo yakoze amarorerwa agomba kuba umuturage usanzwe.

    Reply
    • nizeeyimana bomba damascene says:
      4 years ago

      ndemeranywa nawe rwose 100/100 reba umumotari afungirwa ruswa ya 2000 Frws, reba urya mugabo wo muri REB yazize 500k ubwo se koko ni urugero rwiza muba muduha mukurikize amatigeko murakoze

      Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − fourteen =

Previous Post

Sgt Robert warekuwe yagaragaye ari kumwe n’uvugwaho kuba umwambari wa RNC

Next Post

Nyanza: Umugabo arakekwaho kwica umugore batandukanye nyuma y’uko bagabanyijwe imitungo

Related Posts

RUHANGO: RBC ivuga ko amaraso aramutse agurishijwe nta mu rwayi wakwigondera ikiguzi

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

by radiotv10
25/05/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko umwe mu bantu babiri bakekwaho kwiba ihene mu Murenge wa Ntongwe mu Karere ka Ruhango,...

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

by radiotv10
25/05/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yavuye i Doha muri Qatar aho yagiriraga uruzinduko rw’akazi yagiriraga muri iki Gihugu, rwaranzwe n'ibikorwa...

Wari uzi ko buri mwaka miliyari 2Frw zitikirira mu gusimbuza inote zishaje mu Rwanda?

Bane bakoreraga SACCO y’Umurenge barimo uwari umuyobozi wayo bafungiye miliyoni 88Frw

by radiotv10
25/05/2026
0

Abantu bane bari abakozi ba SACCO y’Umurenge wa Kigeyo mu Karere ka Rutsiro, bari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Icyo Min.Nduhungirehe avuga ku magambo rutwitsi y’Umudipolomate w’u Burundi wavuze ko u Rwanda rutewe ntakibazo abibonamo

by radiotv10
25/05/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko bibabaje kubona Ambasaderi w’u Burundi mu Bubiligi avuga amagambo rutwitsi ko...

U Rwanda rwatanze umucyo ku ruhande rwarwitiriwe mu myanzuro y’ibyasabwe u Burusiya

Eng.-Minister Nduhungirehe Reacts to Burundian Diplomat’s Remarks Supporting Possible Attack on Rwanda

by radiotv10
25/05/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, has said it is disturbing to see the Burundian...

IZIHERUKA

RUHANGO: RBC ivuga ko amaraso aramutse agurishijwe nta mu rwayi wakwigondera ikiguzi
MU RWANDA

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

by radiotv10
25/05/2026
0

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

25/05/2026
Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

25/05/2026
Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

25/05/2026
Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

25/05/2026
Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

25/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyanza: Umugabo arakekwaho kwica umugore batandukanye nyuma y’uko bagabanyijwe imitungo

Nyanza: Umugabo arakekwaho kwica umugore batandukanye nyuma y’uko bagabanyijwe imitungo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.