Monday, December 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kuki imibereho ikomeje kurushaho guhenda? Impuguke zabisobanuye zigaragaza n’icyaba umuti

radiotv10by radiotv10
10/01/2022
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Kuki imibereho ikomeje kurushaho guhenda? Impuguke zabisobanuye zigaragaza n’icyaba umuti
Share on FacebookShare on Twitter

Hakomeje kumvikana bamwe mu baturage bavuga ko imibereho yo mu Rwanda ikomeje kurushaho guhenda bitewe n’ibiciro ku isoko bitumbagira uko bwije uko bucyeye. Impuguke mu bukungu zigaragaza impamvu ndetse n’igikwiye gukorwa.

Uko imyaka ihita indi igataha ubuzima burushaho guhenda aho bigaragazwa no kuba nko mu myaka itanu ishize amafaranga umuntu yajyanaga ku isoko guhaha ibyamutunga ku munsi ubu yikubye kabiri.

Si ibiribwa gusa uko n’ikiguzi cya serivisi kidasiba kuzamuka aho nk’amafaranga y’ishuri, ay’amacumbi n’izindi servisi yazamutse ku kigero gihabanye n’ibyo abaturage binjiza.

Abacuruza zimwe muri izo services z’ibanze, na bo bavuga ko bazibona zibahenze ku buryo kuzitanga ku giciro cyo hejuru biterwa n’uburyo bazibonye.

 

Kuzamura ubushobozi bw’umuturage byarirengagijwe

Dr. Fidele Mutemberezi wigisha amasomo y’ubukungu muri kaminuza avuga ko ubushobozi bw’ibyo abaturage binjiza mu Rwanda butigeze buzamurwa ngo bujyane n’aho igihe kigeze.

Ati “Niba winjiza umushahara w’ibihumbi ijana ukamara umwaka umwe, ibiri,…uzi ko kugira ngo umushahara uzamuke biba ari intambara. Iyo ibiciro byiyongereye ku masoko, amafaranga ibihumbi bitanu wajyanaga guhaha iyo ugiye ku isoko ntabwo uba ugishoboye kubigura.”

Dr. Fidele Mutemberezi avuga ko mu bihugu byateye imbere ubushobozi bw’ibyo abaturage binjiza bugenda bushyirwa ku kigero cy’ibiciro bigezweho ku masoko.

Kongerera agaciro ifaranga ry’u Rwanda

Dr Canisius Bihira, umuhanga mu bukungu, avuga ko kimwe mu bishobora kuzahura imibereho y’abaturage, ari ukongera agaciro k’ifaranga ry’u Rwanda binyuze mu kongera umusaruro.

Avuga ko nubwo ifaranga ry’u Rwanda ritataye agaciro cyane ugereranyije n’iryo mu bihugu byo mu karere, avuga ko naryo atari shyashya.

Agendera ku ngero ati “Mu 1984 nakoraga mu Banki ya Kigali, icyo gihe idorali twarivunjaga amafaranga 82, icupa rya Primus ryaguraga amafaranga 30 ubu riragura igihugu.”

Dr Canisius avuga ko iki ubwacyo atari ikibazo kuko umubare w’Abanyarwanda na wo wazamutse ahubwo ko ikibazo ari umusaruro.

Ati “Icyo gihe abaturage bari bacye ndumva batararengaga miliyoni eshatu cyangwa enye none ubu dufite nka miliyoni 13 kandi umusaruro ntabwo wigeze wiyongera. Niyo warebera ku musaruro w’ikawa cyangwa icyayi twoherezaga hanze ntabwo wigeze wiyongera.”

Uyu musesenguzi avuga ko umuti w’ikibazo ukwiye kureberwa mu kongera umusaruro w’u Rwanda bityo n’ibyoherezwa hanze bikazamuka bikanatuma na benshi babona akazi.

RADIOTV1O

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − 1 =

Previous Post

Kicukiro: Imodoka yari iparitse bagiye kubona babona iragurumanye bitera urujijo

Next Post

Jacques Tuyisenge yizeje ko Shampiyona nisubukurwa azagaruka kunyeganyeza incundura z’amakipe

Related Posts

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

by radiotv10
15/12/2025
0

Nyuma y’igitero umutwe w’iterabwoba wa FDLR wagabye muri Teritwari ya Walikare cyahitanye abantu bane, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, yavuze...

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

by radiotv10
15/12/2025
0

After a brutal attack carried out by the FDLR terrorist group in Walikale Territory left four civilians dead. Rwanda’s Minister...

Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

by radiotv10
15/12/2025
0

Umusesenguzi mu bya Politiki, Hon. Evode Uwizeyimana, avuga ko ibyakunze gutangazwa na Perezida w’u Burundi ko yifuza gutera u Rwanda,...

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

by radiotv10
15/12/2025
0

Uhagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, Amb. Martin Ngoga, yagaragarije Akanama k’uyu Muryango gashinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi, amatariki yagiye...

MoMo Rwanda Launches Holiday Cashback Rewards for MoMoApp Customers

MoMo Rwanda Launches Holiday Cashback Rewards for MoMoApp Customers

by radiotv10
15/12/2025
0

Kigali, Rwanda - Mobile Money Rwanda Ltd (MoMo Rwanda ) is excited to announce an exclusive 5% cashback for MoMoApp...

IZIHERUKA

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge
MU RWANDA

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

by radiotv10
15/12/2025
0

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

15/12/2025
Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

15/12/2025
Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

15/12/2025
Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

15/12/2025
Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

15/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Jacques Tuyisenge yizeje ko Shampiyona nisubukurwa azagaruka kunyeganyeza incundura z’amakipe

Jacques Tuyisenge yizeje ko Shampiyona nisubukurwa azagaruka kunyeganyeza incundura z’amakipe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.