Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kuki imibereho ikomeje kurushaho guhenda? Impuguke zabisobanuye zigaragaza n’icyaba umuti

radiotv10by radiotv10
10/01/2022
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Kuki imibereho ikomeje kurushaho guhenda? Impuguke zabisobanuye zigaragaza n’icyaba umuti
Share on FacebookShare on Twitter

Hakomeje kumvikana bamwe mu baturage bavuga ko imibereho yo mu Rwanda ikomeje kurushaho guhenda bitewe n’ibiciro ku isoko bitumbagira uko bwije uko bucyeye. Impuguke mu bukungu zigaragaza impamvu ndetse n’igikwiye gukorwa.

Uko imyaka ihita indi igataha ubuzima burushaho guhenda aho bigaragazwa no kuba nko mu myaka itanu ishize amafaranga umuntu yajyanaga ku isoko guhaha ibyamutunga ku munsi ubu yikubye kabiri.

Si ibiribwa gusa uko n’ikiguzi cya serivisi kidasiba kuzamuka aho nk’amafaranga y’ishuri, ay’amacumbi n’izindi servisi yazamutse ku kigero gihabanye n’ibyo abaturage binjiza.

Abacuruza zimwe muri izo services z’ibanze, na bo bavuga ko bazibona zibahenze ku buryo kuzitanga ku giciro cyo hejuru biterwa n’uburyo bazibonye.

 

Kuzamura ubushobozi bw’umuturage byarirengagijwe

Dr. Fidele Mutemberezi wigisha amasomo y’ubukungu muri kaminuza avuga ko ubushobozi bw’ibyo abaturage binjiza mu Rwanda butigeze buzamurwa ngo bujyane n’aho igihe kigeze.

Ati “Niba winjiza umushahara w’ibihumbi ijana ukamara umwaka umwe, ibiri,…uzi ko kugira ngo umushahara uzamuke biba ari intambara. Iyo ibiciro byiyongereye ku masoko, amafaranga ibihumbi bitanu wajyanaga guhaha iyo ugiye ku isoko ntabwo uba ugishoboye kubigura.”

Dr. Fidele Mutemberezi avuga ko mu bihugu byateye imbere ubushobozi bw’ibyo abaturage binjiza bugenda bushyirwa ku kigero cy’ibiciro bigezweho ku masoko.

Kongerera agaciro ifaranga ry’u Rwanda

Dr Canisius Bihira, umuhanga mu bukungu, avuga ko kimwe mu bishobora kuzahura imibereho y’abaturage, ari ukongera agaciro k’ifaranga ry’u Rwanda binyuze mu kongera umusaruro.

Avuga ko nubwo ifaranga ry’u Rwanda ritataye agaciro cyane ugereranyije n’iryo mu bihugu byo mu karere, avuga ko naryo atari shyashya.

Agendera ku ngero ati “Mu 1984 nakoraga mu Banki ya Kigali, icyo gihe idorali twarivunjaga amafaranga 82, icupa rya Primus ryaguraga amafaranga 30 ubu riragura igihugu.”

Dr Canisius avuga ko iki ubwacyo atari ikibazo kuko umubare w’Abanyarwanda na wo wazamutse ahubwo ko ikibazo ari umusaruro.

Ati “Icyo gihe abaturage bari bacye ndumva batararengaga miliyoni eshatu cyangwa enye none ubu dufite nka miliyoni 13 kandi umusaruro ntabwo wigeze wiyongera. Niyo warebera ku musaruro w’ikawa cyangwa icyayi twoherezaga hanze ntabwo wigeze wiyongera.”

Uyu musesenguzi avuga ko umuti w’ikibazo ukwiye kureberwa mu kongera umusaruro w’u Rwanda bityo n’ibyoherezwa hanze bikazamuka bikanatuma na benshi babona akazi.

RADIOTV1O

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 3 =

Previous Post

Kicukiro: Imodoka yari iparitse bagiye kubona babona iragurumanye bitera urujijo

Next Post

Jacques Tuyisenge yizeje ko Shampiyona nisubukurwa azagaruka kunyeganyeza incundura z’amakipe

Related Posts

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

How Personal Hygiene Affects Confidence

How Personal Hygiene Affects Confidence

by radiotv10
14/01/2026
0

Personal hygiene may seem like a small part of daily life, but it has a big impact on how we...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

14/01/2026
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Jacques Tuyisenge yizeje ko Shampiyona nisubukurwa azagaruka kunyeganyeza incundura z’amakipe

Jacques Tuyisenge yizeje ko Shampiyona nisubukurwa azagaruka kunyeganyeza incundura z’amakipe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.