Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kuki imibereho ikomeje kurushaho guhenda? Impuguke zabisobanuye zigaragaza n’icyaba umuti

radiotv10by radiotv10
10/01/2022
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Kuki imibereho ikomeje kurushaho guhenda? Impuguke zabisobanuye zigaragaza n’icyaba umuti
Share on FacebookShare on Twitter

Hakomeje kumvikana bamwe mu baturage bavuga ko imibereho yo mu Rwanda ikomeje kurushaho guhenda bitewe n’ibiciro ku isoko bitumbagira uko bwije uko bucyeye. Impuguke mu bukungu zigaragaza impamvu ndetse n’igikwiye gukorwa.

Uko imyaka ihita indi igataha ubuzima burushaho guhenda aho bigaragazwa no kuba nko mu myaka itanu ishize amafaranga umuntu yajyanaga ku isoko guhaha ibyamutunga ku munsi ubu yikubye kabiri.

Si ibiribwa gusa uko n’ikiguzi cya serivisi kidasiba kuzamuka aho nk’amafaranga y’ishuri, ay’amacumbi n’izindi servisi yazamutse ku kigero gihabanye n’ibyo abaturage binjiza.

Abacuruza zimwe muri izo services z’ibanze, na bo bavuga ko bazibona zibahenze ku buryo kuzitanga ku giciro cyo hejuru biterwa n’uburyo bazibonye.

 

Kuzamura ubushobozi bw’umuturage byarirengagijwe

Dr. Fidele Mutemberezi wigisha amasomo y’ubukungu muri kaminuza avuga ko ubushobozi bw’ibyo abaturage binjiza mu Rwanda butigeze buzamurwa ngo bujyane n’aho igihe kigeze.

Ati “Niba winjiza umushahara w’ibihumbi ijana ukamara umwaka umwe, ibiri,…uzi ko kugira ngo umushahara uzamuke biba ari intambara. Iyo ibiciro byiyongereye ku masoko, amafaranga ibihumbi bitanu wajyanaga guhaha iyo ugiye ku isoko ntabwo uba ugishoboye kubigura.”

Dr. Fidele Mutemberezi avuga ko mu bihugu byateye imbere ubushobozi bw’ibyo abaturage binjiza bugenda bushyirwa ku kigero cy’ibiciro bigezweho ku masoko.

Kongerera agaciro ifaranga ry’u Rwanda

Dr Canisius Bihira, umuhanga mu bukungu, avuga ko kimwe mu bishobora kuzahura imibereho y’abaturage, ari ukongera agaciro k’ifaranga ry’u Rwanda binyuze mu kongera umusaruro.

Avuga ko nubwo ifaranga ry’u Rwanda ritataye agaciro cyane ugereranyije n’iryo mu bihugu byo mu karere, avuga ko naryo atari shyashya.

Agendera ku ngero ati “Mu 1984 nakoraga mu Banki ya Kigali, icyo gihe idorali twarivunjaga amafaranga 82, icupa rya Primus ryaguraga amafaranga 30 ubu riragura igihugu.”

Dr Canisius avuga ko iki ubwacyo atari ikibazo kuko umubare w’Abanyarwanda na wo wazamutse ahubwo ko ikibazo ari umusaruro.

Ati “Icyo gihe abaturage bari bacye ndumva batararengaga miliyoni eshatu cyangwa enye none ubu dufite nka miliyoni 13 kandi umusaruro ntabwo wigeze wiyongera. Niyo warebera ku musaruro w’ikawa cyangwa icyayi twoherezaga hanze ntabwo wigeze wiyongera.”

Uyu musesenguzi avuga ko umuti w’ikibazo ukwiye kureberwa mu kongera umusaruro w’u Rwanda bityo n’ibyoherezwa hanze bikazamuka bikanatuma na benshi babona akazi.

RADIOTV1O

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − twelve =

Previous Post

Kicukiro: Imodoka yari iparitse bagiye kubona babona iragurumanye bitera urujijo

Next Post

Jacques Tuyisenge yizeje ko Shampiyona nisubukurwa azagaruka kunyeganyeza incundura z’amakipe

Related Posts

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

IZIHERUKA

Editorial: The New World Economic Order
MU RWANDA

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Jacques Tuyisenge yizeje ko Shampiyona nisubukurwa azagaruka kunyeganyeza incundura z’amakipe

Jacques Tuyisenge yizeje ko Shampiyona nisubukurwa azagaruka kunyeganyeza incundura z’amakipe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.