Monday, December 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kurandura SIDA ni inshingano yacu twese kandi igihugu cyacu gishimangira gahunda zo kuyirandura- Dr. Ngamije

radiotv10by radiotv10
02/12/2021
in MU RWANDA
0
Kurandura SIDA ni inshingano yacu twese kandi igihugu cyacu gishimangira gahunda zo kuyirandura- Dr. Ngamije
Share on FacebookShare on Twitter

Kuri uyu wa gatatu tariki ya 01 Ukuboza 2021, wa umunsi mpuzamahanga wo kurwanya SIDA wizihirijwe mu Karere ka Nyagatare, ahagarutswe ku ntambwe imaze guterwa igaragaza ko kurandura sida bishoboka, kandi ko ari inshingano ya buri wese.

 

Ibi byatangajwe na Minisitiri w’Ubuzima Dr. Ngamije Daniel wavuze ko hashize imyaka 40 Sida igaragaye ubu akaba ari ku nshuro ya 33 uwo munsi wizihijwe mu Rwanda kandi ko rutazahwema gukomeza kurandura icyo cyorezo.

 

Insanganyamatsiko y’uyu waka igira iti ‘Dufatanye turandure SIDA’.

 

Minisitiri w’Ubuzima Dr. Ngamije Daniel yavuze ko hamaze guterwa intambwe igaragara mu kurwanya Sida, kandi ko buri wese yabigiramo uruhare.

 

Yagize ati: “Kurandura SIDA ni inshingano yacu twese kandi igihugu cyacu gishimangira gahunda zo kurandura SIDA.”

 

Yongeyeho ari: “Tuzakomeza gukora kugira ngo serivisi zo kwirinda kwandura SIDA ndetse no kwita ku bafite Virusi bahabwa imiti, izo serivisi zikomeze gutangwa neza no muri ibi bihe dukomeje guhangana n’iki cyorezo cya Covid-19. Leta izakomeza gushyiramo imbaraga kugira ngo abafata imiti bakomeze kubaho mu buzima busanzwe kandi babeho ubuzima bwabo babayeho neza.”

 

Dr. Ngamije kandi yavuze ko Abanyarwanda barenga ibihumbi 200 mu Rwanda bafata imiti igabanya ubukana ndetse ko iyo umuntu ufite virusi itera Sida afashe imiti neza mu gihe cy’amezi 6 akagira n’imirire myiza, virusi itongera kuboneka mu maraso ibyo bitera abafata imiti kudatezuka kandi bakirinda mu gihe bakora imibonano mpuzabitsina bakikingira.

 

Ambasaderi wa Leta zunze ubumwe z’Amerika mu Rwanda, Peter Vrooman yavuze ko bahaye u Rwanda miliyoni 1,600 z’amadorali y’Amerika zo gufasha mu rwego rwo kurwanya SIDA.

 

Yagize ati “Ubufatanye twagiranye bwatanze umusaruro ushimishije, icya mbere abantu ibihumbi 200 babona imiti igabanya ubukana bwa SIDA, icya kabiri munsi y’abagore 2% gusa nibo banduza abana babo mu gihe cyo kubyara, icya gatatu uyu mwaka abana b’imfubyi, abatishoboye, abangavu n’abagore bakiri bato barenga ibihumbi 300 bahawe ubuvuzi bubafasha.”

 

Umuyobozi w’amashami y’Umuryango w’abibumbye  mu Rwanda, Fodé Ndiaye yashimiye u Rwanda uburyo rugira uruhare mu guhangana na VIH Sida.

 

Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima, RBC, Dr. Nsanzimana Sabin, yavuze ko abarenga 85% bipimishije SIDA mu Rwanda mu mibare mishya, ndetse agaragaza ko abasanzwe babana n’iki cyorezo, abarenga 95% bafata imiti igabanya ubukana, mu gihe abarenga 90% bafata imiti izatuma Virusi iba nke mu maraso ku buryo batakwanduza ugereranyije n’utari ku miti.

 

Uwatanze ubuhamya bwo kuba yaravukanye virusi itera Sida ariko akaba afata imiti byamufashije kubaho no kumva nta kibazo. Yasabye ko buri wese yakwipimisha akamenya uko ahagaze kuko bimufasha kumenya uko yitwara kandi akangurira abantu kwirinda.

Hijihijwe uyu munsi kandi hanatangizwa ubukangurambaga buzamara amezi atatu bugamije gushishikariza abaturage kwirinda SIDA.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − four =

Previous Post

Komisiyo y’misifurire muri FERWAFA yahagaritse abasifuzi bane  n’abakomiseri babiri kubera imyitwarire mibi

Next Post

Abafana ba Rayon Sports nyuma yo kutishimira umusaruro w’iyi kipe batoboye amapine y’imodoka

Related Posts

Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

by radiotv10
15/12/2025
0

Umusesenguzi mu bya Politiki, Hon. Evode Uwizeyimana, avuga ko ibyakunze gutangazwa na Perezida w’u Burundi ko yifuza gutera u Rwanda,...

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

by radiotv10
15/12/2025
0

Uhagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, Amb. Martin Ngoga, yagaragarije Akanama k’uyu Muryango gashinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi, amatariki yagiye...

MoMo Rwanda Launches Holiday Cashback Rewards for MoMoApp Customers

MoMo Rwanda Launches Holiday Cashback Rewards for MoMoApp Customers

by radiotv10
15/12/2025
0

Kigali, Rwanda - Mobile Money Rwanda Ltd (MoMo Rwanda ) is excited to announce an exclusive 5% cashback for MoMoApp...

Eng.-Rwanda presents to the World key dates of atrocities committed against the Banyamulenge

Eng.-Rwanda presents to the World key dates of atrocities committed against the Banyamulenge

by radiotv10
15/12/2025
0

Rwanda’s Permanent Representative to the United Nations, Ambassador Martin Ngoga, presented to the UN Security Council key dates marking atrocities...

How to Make a Good CV as a First-Time Worker-Tips to Create an Attractive and Professional Resume

How to Make a Good CV as a First-Time Worker-Tips to Create an Attractive and Professional Resume

by radiotv10
15/12/2025
0

Creating a Curriculum Vitae (CV) for the first time can feel intimidating, especially when you do not have much work...

IZIHERUKA

Australia yahise ifata icyemezo nyuma y’igitero gifatwa nk’igikomeye kibayeho mu myaka 30 ishize
AMAHANGA

Australia yahise ifata icyemezo nyuma y’igitero gifatwa nk’igikomeye kibayeho mu myaka 30 ishize

by radiotv10
15/12/2025
0

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

15/12/2025
Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

15/12/2025
Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

15/12/2025
Perezida w’Igihugu gifashwa n’Ingabo z’u Rwanda mu mutekano yavuze impamvu akwiye kongera gutorwa

Perezida w’Igihugu gifashwa n’Ingabo z’u Rwanda mu mutekano yavuze impamvu akwiye kongera gutorwa

15/12/2025
U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

15/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abafana ba Rayon Sports nyuma yo kutishimira umusaruro w’iyi kipe batoboye amapine y’imodoka

Abafana ba Rayon Sports nyuma yo kutishimira umusaruro w’iyi kipe batoboye amapine y’imodoka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Australia yahise ifata icyemezo nyuma y’igitero gifatwa nk’igikomeye kibayeho mu myaka 30 ishize

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.