Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kurandura SIDA ni inshingano yacu twese kandi igihugu cyacu gishimangira gahunda zo kuyirandura- Dr. Ngamije

radiotv10by radiotv10
02/12/2021
in MU RWANDA
0
Kurandura SIDA ni inshingano yacu twese kandi igihugu cyacu gishimangira gahunda zo kuyirandura- Dr. Ngamije
Share on FacebookShare on Twitter

Kuri uyu wa gatatu tariki ya 01 Ukuboza 2021, wa umunsi mpuzamahanga wo kurwanya SIDA wizihirijwe mu Karere ka Nyagatare, ahagarutswe ku ntambwe imaze guterwa igaragaza ko kurandura sida bishoboka, kandi ko ari inshingano ya buri wese.

 

Ibi byatangajwe na Minisitiri w’Ubuzima Dr. Ngamije Daniel wavuze ko hashize imyaka 40 Sida igaragaye ubu akaba ari ku nshuro ya 33 uwo munsi wizihijwe mu Rwanda kandi ko rutazahwema gukomeza kurandura icyo cyorezo.

 

Insanganyamatsiko y’uyu waka igira iti ‘Dufatanye turandure SIDA’.

 

Minisitiri w’Ubuzima Dr. Ngamije Daniel yavuze ko hamaze guterwa intambwe igaragara mu kurwanya Sida, kandi ko buri wese yabigiramo uruhare.

 

Yagize ati: “Kurandura SIDA ni inshingano yacu twese kandi igihugu cyacu gishimangira gahunda zo kurandura SIDA.”

 

Yongeyeho ari: “Tuzakomeza gukora kugira ngo serivisi zo kwirinda kwandura SIDA ndetse no kwita ku bafite Virusi bahabwa imiti, izo serivisi zikomeze gutangwa neza no muri ibi bihe dukomeje guhangana n’iki cyorezo cya Covid-19. Leta izakomeza gushyiramo imbaraga kugira ngo abafata imiti bakomeze kubaho mu buzima busanzwe kandi babeho ubuzima bwabo babayeho neza.”

 

Dr. Ngamije kandi yavuze ko Abanyarwanda barenga ibihumbi 200 mu Rwanda bafata imiti igabanya ubukana ndetse ko iyo umuntu ufite virusi itera Sida afashe imiti neza mu gihe cy’amezi 6 akagira n’imirire myiza, virusi itongera kuboneka mu maraso ibyo bitera abafata imiti kudatezuka kandi bakirinda mu gihe bakora imibonano mpuzabitsina bakikingira.

 

Ambasaderi wa Leta zunze ubumwe z’Amerika mu Rwanda, Peter Vrooman yavuze ko bahaye u Rwanda miliyoni 1,600 z’amadorali y’Amerika zo gufasha mu rwego rwo kurwanya SIDA.

 

Yagize ati “Ubufatanye twagiranye bwatanze umusaruro ushimishije, icya mbere abantu ibihumbi 200 babona imiti igabanya ubukana bwa SIDA, icya kabiri munsi y’abagore 2% gusa nibo banduza abana babo mu gihe cyo kubyara, icya gatatu uyu mwaka abana b’imfubyi, abatishoboye, abangavu n’abagore bakiri bato barenga ibihumbi 300 bahawe ubuvuzi bubafasha.”

 

Umuyobozi w’amashami y’Umuryango w’abibumbye  mu Rwanda, Fodé Ndiaye yashimiye u Rwanda uburyo rugira uruhare mu guhangana na VIH Sida.

 

Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima, RBC, Dr. Nsanzimana Sabin, yavuze ko abarenga 85% bipimishije SIDA mu Rwanda mu mibare mishya, ndetse agaragaza ko abasanzwe babana n’iki cyorezo, abarenga 95% bafata imiti igabanya ubukana, mu gihe abarenga 90% bafata imiti izatuma Virusi iba nke mu maraso ku buryo batakwanduza ugereranyije n’utari ku miti.

 

Uwatanze ubuhamya bwo kuba yaravukanye virusi itera Sida ariko akaba afata imiti byamufashije kubaho no kumva nta kibazo. Yasabye ko buri wese yakwipimisha akamenya uko ahagaze kuko bimufasha kumenya uko yitwara kandi akangurira abantu kwirinda.

Hijihijwe uyu munsi kandi hanatangizwa ubukangurambaga buzamara amezi atatu bugamije gushishikariza abaturage kwirinda SIDA.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 + 1 =

Previous Post

Komisiyo y’misifurire muri FERWAFA yahagaritse abasifuzi bane  n’abakomiseri babiri kubera imyitwarire mibi

Next Post

Abafana ba Rayon Sports nyuma yo kutishimira umusaruro w’iyi kipe batoboye amapine y’imodoka

Related Posts

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

IZIHERUKA

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo
FOOTBALL

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

by radiotv10
19/01/2026
0

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

19/01/2026
Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abafana ba Rayon Sports nyuma yo kutishimira umusaruro w’iyi kipe batoboye amapine y’imodoka

Abafana ba Rayon Sports nyuma yo kutishimira umusaruro w’iyi kipe batoboye amapine y’imodoka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.