Sunday, January 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kurandura SIDA ni inshingano yacu twese kandi igihugu cyacu gishimangira gahunda zo kuyirandura- Dr. Ngamije

radiotv10by radiotv10
02/12/2021
in MU RWANDA
0
Kurandura SIDA ni inshingano yacu twese kandi igihugu cyacu gishimangira gahunda zo kuyirandura- Dr. Ngamije
Share on FacebookShare on Twitter

Kuri uyu wa gatatu tariki ya 01 Ukuboza 2021, wa umunsi mpuzamahanga wo kurwanya SIDA wizihirijwe mu Karere ka Nyagatare, ahagarutswe ku ntambwe imaze guterwa igaragaza ko kurandura sida bishoboka, kandi ko ari inshingano ya buri wese.

 

Ibi byatangajwe na Minisitiri w’Ubuzima Dr. Ngamije Daniel wavuze ko hashize imyaka 40 Sida igaragaye ubu akaba ari ku nshuro ya 33 uwo munsi wizihijwe mu Rwanda kandi ko rutazahwema gukomeza kurandura icyo cyorezo.

 

Insanganyamatsiko y’uyu waka igira iti ‘Dufatanye turandure SIDA’.

 

Minisitiri w’Ubuzima Dr. Ngamije Daniel yavuze ko hamaze guterwa intambwe igaragara mu kurwanya Sida, kandi ko buri wese yabigiramo uruhare.

 

Yagize ati: “Kurandura SIDA ni inshingano yacu twese kandi igihugu cyacu gishimangira gahunda zo kurandura SIDA.”

 

Yongeyeho ari: “Tuzakomeza gukora kugira ngo serivisi zo kwirinda kwandura SIDA ndetse no kwita ku bafite Virusi bahabwa imiti, izo serivisi zikomeze gutangwa neza no muri ibi bihe dukomeje guhangana n’iki cyorezo cya Covid-19. Leta izakomeza gushyiramo imbaraga kugira ngo abafata imiti bakomeze kubaho mu buzima busanzwe kandi babeho ubuzima bwabo babayeho neza.”

 

Dr. Ngamije kandi yavuze ko Abanyarwanda barenga ibihumbi 200 mu Rwanda bafata imiti igabanya ubukana ndetse ko iyo umuntu ufite virusi itera Sida afashe imiti neza mu gihe cy’amezi 6 akagira n’imirire myiza, virusi itongera kuboneka mu maraso ibyo bitera abafata imiti kudatezuka kandi bakirinda mu gihe bakora imibonano mpuzabitsina bakikingira.

 

Ambasaderi wa Leta zunze ubumwe z’Amerika mu Rwanda, Peter Vrooman yavuze ko bahaye u Rwanda miliyoni 1,600 z’amadorali y’Amerika zo gufasha mu rwego rwo kurwanya SIDA.

 

Yagize ati “Ubufatanye twagiranye bwatanze umusaruro ushimishije, icya mbere abantu ibihumbi 200 babona imiti igabanya ubukana bwa SIDA, icya kabiri munsi y’abagore 2% gusa nibo banduza abana babo mu gihe cyo kubyara, icya gatatu uyu mwaka abana b’imfubyi, abatishoboye, abangavu n’abagore bakiri bato barenga ibihumbi 300 bahawe ubuvuzi bubafasha.”

 

Umuyobozi w’amashami y’Umuryango w’abibumbye  mu Rwanda, Fodé Ndiaye yashimiye u Rwanda uburyo rugira uruhare mu guhangana na VIH Sida.

 

Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima, RBC, Dr. Nsanzimana Sabin, yavuze ko abarenga 85% bipimishije SIDA mu Rwanda mu mibare mishya, ndetse agaragaza ko abasanzwe babana n’iki cyorezo, abarenga 95% bafata imiti igabanya ubukana, mu gihe abarenga 90% bafata imiti izatuma Virusi iba nke mu maraso ku buryo batakwanduza ugereranyije n’utari ku miti.

 

Uwatanze ubuhamya bwo kuba yaravukanye virusi itera Sida ariko akaba afata imiti byamufashije kubaho no kumva nta kibazo. Yasabye ko buri wese yakwipimisha akamenya uko ahagaze kuko bimufasha kumenya uko yitwara kandi akangurira abantu kwirinda.

Hijihijwe uyu munsi kandi hanatangizwa ubukangurambaga buzamara amezi atatu bugamije gushishikariza abaturage kwirinda SIDA.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one + nineteen =

Previous Post

Komisiyo y’misifurire muri FERWAFA yahagaritse abasifuzi bane  n’abakomiseri babiri kubera imyitwarire mibi

Next Post

Abafana ba Rayon Sports nyuma yo kutishimira umusaruro w’iyi kipe batoboye amapine y’imodoka

Related Posts

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yahaye inshingano abasirikare babiri barimo Brig Gen Godfrey Gasana, wagizwe Umupilote...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
25/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Save, mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bahuye n’ikibazo gikomeye mu buhinzi nyuma yuko urubura...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

25/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abafana ba Rayon Sports nyuma yo kutishimira umusaruro w’iyi kipe batoboye amapine y’imodoka

Abafana ba Rayon Sports nyuma yo kutishimira umusaruro w’iyi kipe batoboye amapine y’imodoka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.