• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Kwambara neza no kuberwa ntibikiri iby’abakobwa gusa ubu n’abasore bo mu Rwanda barabiyobotse

radiotv10by radiotv10
18/11/2025
in IMYIDAGADURO
0
Men and fashion: How Rwandan men are redefining style
Share on FacebookShare on Twitter

Mu myaka yshize, imyambarire no kwiyitaho byari iby’abakobwa n’abagore. Abasore n’abagabo benshi bumvaga ibyo guhitamo imyenda myiza no kwisiga amavuta meza, bitabareba ariko imyumvire yarahindutse, ubu na bo basigaye barimba, bakajyanisha imyenda, bikanogera ijisho rya benshi.

Muri iki gihe, kwambara neza no kwiyitaho bimaze gufatwa nk’ibigaragaza icyizere, kwiyubaha no kwikunda. Mu Mujyi wa Kigali no mu yindi mijyi, abagabo barimo guhuza imyenda igezweho n’imideli yo ku isi, gushyigikira abahanga mu by’imideri bo mu Gihugu no gusangiza abantu imyambarire yabo ku mbuga nkoranyambaga

Izi mpinduka ntizigarukira ku myenda gusa, kuko ahantu ho gutunganyiriza imisatsi hahindutse ahantu nyabagendwa ku bantu bose, ari abagore ndetse n’abagabo.

Muri iki gihe, abagabo bifashisha serivisi zitandukanye z’ubwiza zirimo izibaha amavuta y’uruhu nk’uburyo bwo gutuma bagaragara neza. Ibicuruzwa by’ubwiza bigenewe abagabo na byo byarongerewe, bigaragaza ko kwiyitaho biri kuba igice cy’ubuzima bwabo bwa buri munsi

Nubwo hari abacyumva ko ibi ari “ibintu by’abagore,” imideli n’isuku ntibigira igitsina. Kwiyitaho ni indangagaciro zigaragaza umuntu wiyubaha, wiyizera kandi ufite umuco wo gusa neza.

Abagabo b’Abanyarwanda bari guhindura imyumvire yo hambere, bakagaragaza ko kuba umugabo bishobora kujyana n’imyambarire, isuku no kwiyitaho

Ibi bigaragaza ko imideli itagenewe abantu bamwe ahubwo ari uburyo bwo kwerekana uwo uri we no guha agaciro ishusho yawe. Abagabo b’Abanyarwanda bamaze kubisobanukirwa, berekana ko imyambarire ari umuco, icyizere n’indangagaciro, kandi ko kwambara neza bidasigana no kwigirira icyizere.

Frank Axel Nyabagabo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − 18 =

Previous Post

ITANGAZO RY’AMASOKO RIHAMAGARIRA GUPIGANWA MU MURENGE WA RUKOMA

Next Post

Abanyamakuru b’ibiganiro bya siporo mu Rwanda bongeye guhabwa umuburo

Related Posts

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

by radiotv10
02/06/2026
0

Mu rubanza ruregwamo umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, Ubushinjacyaha bwagaragaje impamvu zikomeye bumusabira gufungwa by’agateganyo, zirimo urumogi ruri ku...

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

by radiotv10
02/06/2026
0

Umuhanzikazi France Mpundu uherutse kwambikwa impeta n’umusore wo muri Niger, Moctar bahuriye mu kiganiro ‘The Secret Story’ cyamamaye, yatangaje ko...

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

by radiotv10
01/06/2026
0

Uwamamaye nka Cedru mu mwuga wo gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi, yambitse impeta umukobwa witwa Ella wavuzweho gukundana na Lick Lick...

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

by radiotv10
01/06/2026
0

Your twenties are often described as the decade of discovery. It is a time when many people finish school, start...

Secrets to building strong and healthy friendships

Secrets to building strong and healthy friendships

by radiotv10
01/06/2026
0

Friendships are some of the most valuable relationships in our lives. Good friends support us during difficult times, celebrate our...

Next Post
Abanyamakuru b’ibiganiro bya siporo mu Rwanda bongeye guhabwa umuburo

Abanyamakuru b’ibiganiro bya siporo mu Rwanda bongeye guhabwa umuburo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.