Sunday, June 8, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kwibuka30: Ubutumwa bwa Madamu Jeannette Kagame bucyebura abagoreka amateka y’ibyabaye mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
25/04/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Kwibuka30: Ubutumwa bwa Madamu Jeannette Kagame bucyebura abagoreka amateka y’ibyabaye mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

U Rwanda ruri mu minsi ijana yahariwe Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi igahitana inzirakarengane zirenga miliyoni imwe, mu gihe hakiri abagoreka amateka bakanapfobya Jenoside. Madamu Jeannette Kagame, mu nyandiko ye ndende; yageneye ubutumwa abayoba bakanyura iyi nzira itannye.

Inyandiko ya Madamu Jeannette Kagame

Kwibuka ni Inshingano, Jenoside si Ikamba twirata

Twibuke, Twiyubaka.

Imyaka 30 irashize, u Rwanda ruvuye mu icuraburindi aho rwari rutwikiriwe n’igihu cy’umwijima umuntu atatekereza ko cyakweyuka!

Biteye isoni bikanashengura umutima, kubona nyuma y’imyaka igera kuri 30, Abanyarwanda tukirwana no gusobanurira ukuri kw’amateka yacu – amateka asobanutse kandi yanditswe neza, abantu ubusanzwe bazwiho kumva no guharanira ukuri.

Igishengura umutima, nticyica ngo kigarukire aho gusa, ahubwo hejuru y’agashinyaguro n’umubabaro w’Abazize Jenoside yakorewe Abatutsi, hari abahisemo kugoreka amateka y’urupfu bishwe, aho kubaha icyubahiro kibakwiriye ngo babareke baruhukire mu mahoro.

Mpisemo kwandika kuko mpora nibaza. Aka gashinyaguro kazakomeza kugeza ryari?

Birababaje kubona bisa nk’aho tugomba gukomeza kwisobanura kuri bamwe bahitamo inabi, biyemeje kugoreka amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi kandi yaremejwe uko ari kandi adakwiye gushidikanywaho, kuko ubundi kizira ku zindi Jenoside zabaye kandi zikemezwa mu mateka y’Isi.

Aka karengane gakomeje intego, cyakora ntacyadutangaza, kuko ntacyo tutabonye – Ukuri kuzima ko turakuzi!

Ni byo Abanyarwanda turacyafite intimba ariko ntituzigera dutezuka na rimwe ku kuvuga ukuri, mu gihe n’uyu munsi tukibona ko ikinyoma kirimbuzi gikomeje guhabwa intebe no mu baturanyi babonye ayo mateka.

Mu gisobanuro cya Jenoside: Jenoside igira abo yibasira n’ubibasira, utoteza n’utotezwa. Nk’uko byemejwe na Loni (ONU) inyito yemewe ni ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’. Birasobanutse!

Muri Repubulika ya mbere n’iya kabiri mu gihe cya mbere ya Jenoside, abari bayoboye u Rwanda bumvaga batewe ishema no kwiyita ‘Parmehutu’ cyangwa ‘Hutu Power’, mu gihe “Abatutsi bagizwe nyamuke” batotezwaga bakanashinyagurirwa mu buryo bwose bushoboka.

Mu maso y’abo bategetsi, Abatutsi bahinduwe ibivume. Bafatwaga nk’abagome biratana ubwenge, bagereranyijwe n’imungu mu muryango Nyarwanda, bakabita n’andi mazina abatesha agaciro. Ku rundi ruhande banashinjwaga kuba ibikoresho by’abakoloni kandi abakoloni nabo ubwabo baravugaga ko Abatutsi ari umwanzi ukomeye ku gihugu.

Mpora nibaza impamvu kuvuga ukuri kw’aya mateka muri iki gihe, kuri bamwe bisa nk’aho ari “ugukoza agati mu ntozi”. Aho si kwa kwirengagiza nyine no kurebera, abantu batotezwa bicwa, kwatumye baturoha mu nyanja y’urwango n’ivangura byabibwe igihe kirekire, bikatugeza aho bifuzaga?

Ibi bikorwa byavuyemo itoteza ryakorewe Abatutsi igihe kirekire, n’ubu turacyabyumva hafi yacu.

Muri uwo mugambi mubisha, “Umututsi” yagombaga kubanza guteshwa agaciro no guhindurwa ubusa igihe kirekire. Agahindurwa igicibwa mu maso ya bose bityo bikorohereza buri wese kumwica urw’agashinyaguro no kumurimbura burundu.

Mu 1994 hafi isi yose yarareberaga ubwo twamburwaga ubumuntu, imisozi yose y’u Rwanda yahinduwe imva.

Birengagije ko Abanyarwanda bose nabo bakwiriye kubaho, n’ubu bakaba batinyuka kurenzaho guhonyora amateka yacu nkana!

None ni ukubera iki hari ijisho ry’ubugambanyi risa n’irihora kuri aba banyarwanda batereranywe kuva kera ndetse banafatwa nk’ ‘abateye ipfunwe batanakwiye kugera ahabona’?

Simfite amagambo yabivuga uko biri.

Nta jambo mbona rikwiye ryasobanura aka kaga kagwiriye u Rwanda; iyo witegereje umwete wa bamwe mu guhimba inkuru no kugoreka amateka bagamije gukuza ivangura uko tugeze mu gihe cyo Kwibuka; kwirengagiza nkana amahitamo yacu nk’Abanyarwanda, ndetse n’ibakwe bafite ryo kwanga kwemera ukuri ku kuba twarabohowe n’abacu bitanze bagahagarika Jenoside.

Nyamara kandi twongere twibuke ko abo birengagiza ukuri, aribo bareberaga icyaha gikorwa, igihe Abatutsi bicwaga buhororo buhoro, bakabihunza amaso, bagahitamo guceceka.

Biratangaje rero kumva impuruza yabo idasanzwe, bituma umuntu anibaza byinshi.

Mbese ubu burakari bwari hehe igihe amoko yandikwaga mu ndangamuntu kugira ngo bizorohe guhiga Abatutsi igihe cyose, no kubamenesha mu rwababyaye, bakoherezwa ishyanga?

Kuki ubwo burakari bwakajije ubukana, igihe Abanyarwanda bahitagamo Guverinoma y’Ubumwe bwabo?

Ku bakinigwa n’imvugo bakoresha kuri Jenoside yahekuye u Rwanda, imyaka 30 ikaba ishize bakirwana nabyo nagira ngo mbibarize: Ese koko mwahisemo kwiyambura ubumuntu mutinya kuvuga ko Jenoside yakorewe Abatutsi, kuko mutekereza ko ari ugutera ingabo mu bitugu ubuyobozi bw’ u Rwanda – ‘Ubuyobozi mwita ko bubangamye’?

Ariko ibi ntabwo aribyo bitera urujijo kurusha; hadutse uruvangitirane rugamije kuyobya uburari: ubujura bw’amabuye y’agaciro, ubwicanyi bugamije kurimbura ubwoko, abajenosideri bahunze bagikomeje umugambi mubisha wo kurimbura abantu, basize badasoje.

N’abemera koko, ko hari abatotezwa muri aka Karere dutuyemo, babisasira igisobanuro cy’uko abamburwa ubumuntu ari abavuga ururimi rw’Ikinyarwanda, kandi ahubwo ari ishingiro ry’urwango rwihishe inyuma ya Jenoside. Nyamara ntawe ukwiye kuvutswa ubuzima azira uko ari.

Ibi bituma umuntu yibaza uwungukira mu gutera urujijo ku ngingo nk’izi zitandukanye zidakwiriye no guhuzwa. Ese ubwo ahari uburyarya no kwigiza nkana ni he?

Binyuze mu bitangazamakuru n’inama zitandukanye, turacyumva imvugo zihembera urwango, tukabona kandi tugasoma amagambo y’urukozasoni, abwirwa abarokotse Jenoside anagamije kubaca intege, mu rugendo rwo kwiyubakira Igihugu.

Hari ubwo wibaza ahari ko habuze umutimanama n’ubushishozi ukaba wanagira ngo ni ubunebwe no kwigiza nkana by’abandika bene nk’ibi. Uzumva bavuga bati: ‘Aba bategetsi barangwa n’ivanguramoko, basahura abakene, ‘umutungo kamere ukaba watuma bamara imbaga’!

Iyo kurimbura ubwoko biza kuba biterwa no kurwanira umutungo kamere, uyu mugabane wacu wakagize abagizweho ingaruka n’ibyo bikorwa bake.

Hari byinshi bidasobanutse!

Ni inde wungukira muri iki kinyoma?

Ese indangagaciro zacu zaracengewe, zirahutazwa ku buryo twemera gucibwamo ibice byoroshye bityo n’abashaka kutuyobya, ndetse ntitunabibone?

Mu gihe dusoma ibi binyoma ku mateka y’u Rwanda, bikorwa ndetse bigakwirakwizwa cyane mu bihe byo Kwibuka, nk’aho ibikomere dufite bidahagije…tugomba gukomeza kurwanya abavuga amateka yacu uko atari.

Biratangaje kubona hari abasa nk’aho bakumbura ya minsi y’urwango n’amacakubiri byari byarahawe umwanya mu gihugu kidafite ubuzima, gishishikajwe no kwimaraho abana gikoresheje imihoro aho kuyikoresha icyo yagenewe, ngo ikorere imirima izatunga abatuye igihugu.

Ese amateka ntacyo yatwigishije?

Iryo vanguramoko rifite agaciro kahe mu buzima bwabo ku buryo bemera gukomeza kuba imbata y’ibyo bitekerezo?

Ukuri turakuzi! Tuzi neza abo Jenoside yibasiraga kandi ntituzigera tubibagirwa.

Ikindi twize ni uko u Rwanda rw’uyu munsi, uru Rwanda rwishakamo ibisubizo, uru Rwanda rwateye imbere, rudashobora guha umwanya ibidateza imbere igihugu nko kubiba amoko mu bantu. Twese twasobanukiwe ko turi Abanyarwanda.

Twese turi Abanyarwanda, uru Rwanda ni urwacu twese!

Ntituzongera kwemera ko rutemba amaraso y’abacu.

Kuri iyi nshuro ya 30 twibuka, inkovu ziracyari mbisi, kandi birumvikana turacyababaye, ariko tugira icyizere n’umunezero iyo tureba aho abato babyiruka baganisha uru Rwanda rwacu.

Iyo tuvuga “Ntibizongera ukundi” birenze kuba icyifuzo, ahubwo ni igihango!

Gushidikanya ku bushobozi bw’u Rwanda bwo guhangara ibyananiranye byaba ari ukwibeshya gukomeye. Nyuma y’imyaka 30 y’amahoro, igihe kirageze ngo n’abirengagizaga batangire kwemera ukuri kw’amateka.

Abavuga ko bahangayikishijwe n’ahazaza hacu, bakwiriye gukoresha neza igihe cyabo ‘bita ku Rwanda’ mu gukumira Jenoside ndetse no guhangana n’ingengabitekerezo yayo.

Kuri mwe mwarokotse,

Tuzirikana amahitamo yanyu yo kubaho, mukanga guheranwa n’ishavu. Kwibuka bikomeze guhamya ishema dutewe no kuba mutwaje mu buzima, uyu munsi tukaba tubafite.

Mpore, Rwanda.

Nyakubahwa Madamu Jeannette Kagame

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − thirteen =

Previous Post

Ibyishimo byatashye mu rugo rw’umwe mu bahanzi ba Gospel Nyarwanda

Next Post

BREAKING: Amakuru mashya ku bimukira ba mbere bazoherezwa mu Rwanda bavuye mu Bwongereza

Related Posts

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, hatawe muri yombi umusore w’imyaka 20 nyuma yo gukekwaho gufata ku ngufu...

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
BREAKING: Amakuru mashya ku bimukira ba mbere bazoherezwa mu Rwanda bavuye mu Bwongereza

BREAKING: Amakuru mashya ku bimukira ba mbere bazoherezwa mu Rwanda bavuye mu Bwongereza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.