Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kwizera Olivier wa Rayon Sports aragera imbere y’ubucamanza

radiotv10by radiotv10
24/06/2021
in MU RWANDA
0
Kwizera Olivier wa Rayon Sports aragera imbere y’ubucamanza
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyezamu wa Rayon Sports, Kwizera Olivier uherutse gufatanwa ikiyobyabwenge cy’urumogi, kuri uyu wa Kane tariki 24 Kamena, aragezwa imbere y’urukiko.

Uyu munyezamu ujya anahamagarwa mu ikipe y’igihugu, yatawe muri yombi mu ntangiro z’uku kwezi tariki 04 Kamena 2021 ubwo Ikipe y’Igihugu yari no mu mikino ya gicuti n’iya Centrafrique ariko we akaba atarayihamagawemo.

Uyu munyezamu wakunze kuvugwaho kuba afite impano muri ruhago, yafatanywe n’abandi bakinnyi barimo myugariro Runanira Hamza na we wakiniye Rayon Sports n’andi makipe anyuranye.

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Dr Murangira Thierry aherutse gutangaza ko uriya munyezamu Kwizera Olivier yafatanywe urumogi ari kumwe n’abandi bantu umunani bari mu rugo rwe.

Bariya bantu bose bahise bajyanwa gukorerwa ibizamini muri Laboratwari y’Igihugu y’Ibimenyetso bya gihanga (Rwanda Forensic Laboratory).

Kwizera Olivier agiye kuburanishwa kuri iki cyaha cyo gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi nyuma y’uko umuhanzi Tuyishime Joshua uzwi nka Jay Polly na we afatiwe icyemezo cyo gufungwa iminsi 30 kuko akurikiranyweho na we icyaha cyo gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi.

Uyu muhanzi uregwa hamwe na bagenzi be bajuririye kiriya cyemezo cyo kubafungwa by’agateganyo cyafashwe n’Urukiko rw’Ibanze rwa Gasabo ariko Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo rwaburanishije ubujurire bwabo, ruza kubutera utwatsi.

YANDITSWE NA: Jean Paul Mugabe/Radio&TV10 Rwanda

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 − 7 =

Previous Post

Radio &Tv10 yasinye amasezerano na MNI mu rwego rwo gukomeza guteza imbere umuziki w’u Rwanda

Next Post

EURO 2020: Portugal izacakirana na Belgium, France iri kumwe na Suisse muri 1/8 cy’irangiza

Related Posts

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

IZIHERUKA

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo
FOOTBALL

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

by radiotv10
19/01/2026
0

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

19/01/2026
Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
EURO 2020: Portugal izacakirana na Belgium, France iri kumwe na Suisse muri 1/8 cy’irangiza

EURO 2020: Portugal izacakirana na Belgium, France iri kumwe na Suisse muri 1/8 cy’irangiza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.