Sunday, December 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Leban: Mu ushyingura abahitanywe n’igitero kidasanzwe habaye ikindi bisa havugwa ababiri inyuma

radiotv10by radiotv10
19/09/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Leban: Mu ushyingura abahitanywe n’igitero kidasanzwe habaye ikindi bisa havugwa ababiri inyuma
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu 32 baburiye ubuzima mu gitero cya kabiri cy’ibisasu byatezwe mu dukoresho tw’itumanaho (ibyombo), mu gihugu cya Leban ubwo bari mu muhango wo gushyingura abandi na bo bahitanywe n’igitero nk’iki, byombi bashinja Israel.

Uretse aba bantu 32 bitanywe n’iki gitero, abandi barenga 450 bahakomerekeye nk’uko byemejwe na Minisiteri y’Ubuzima muri iki Gihugu.

Bimwe muri ibyo bisasu, byaturitse ubwo abantu ibihumbi bari mu muhango wo gushyingura abandi bantu 12 bapfuye bazize ibisasu nk’ibi na byo byatezwe mu byombo ubusanzwe ngo bikoreshwa n’abarwanyi b’umutwe wa Hezbollah.

Uyu mutwe wa Hezbollah ukomeje gushinja Israel ko ari yo iri inyuma y’ibi bitero, icyakora Israel yo ntacyo irabitangazaho.

Ibi bitero bibaye mu gihe Minisitiri w’Ingabo wa Israel, Yoav Gallant aherutse gutangaza ko Israel yinjiye mu cyiciro gishya cy’intambara, ndetse ko intambara igiye kuyimurira mu majyaruguru ya Gaza, hafi y’igihugu cya Leban.

Yari yagize ati “Turi gutangira icyiciro gishya cy’intambara, biradusaba  ubutwari, kwihangana no gukomera.”

Hagati aho Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, António Guterres yavuze ko ibi bitero bidahagaze mu mugaru mashya bishobora kubyara ibyago bikomeye, asaba ko bihagarara.

Ubu hari ubwoba bw’uko hashobora kuba intambara yeruye hagati ya Israel n’umutwe wa Hezbollah wo muri Leban, nyuma y’amezi 11 hari imirwano ya hato na hoto hagati y’izi mpande zombi yatejwe n’intambara ya Israel na Hamas muri Gaza.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 + 6 =

Previous Post

Abagore bahishuye uburenganzira bwabo bujya buhonyorwa bazizwa ubundi bemererwa n’amategeko

Next Post

Perezida Kagame yagaragaje icyafashije u Rwanda kugera aho rugeze nyuma y’akaga gakomeye rwari ruvuyemo

Related Posts

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

by radiotv10
13/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko uruhande bahanganye rugizwe n’abarimo ingabo z’u Burundi,...

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

by radiotv10
12/12/2025
0

Leta Zunze Ubumwe za America zaburiye ko zishobora gufatira ibihano bikomeye Sudan y’Epfo, birimo no kuyihagarikira inkunga ihabwa, nyuma yo...

Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

AFC/M23 yashyize hanze imyitwarire iteye impungenge ya bamwe mu basirikare b’u Burundi nyuma yo kubatsinda

by radiotv10
12/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko nubwo abasirikare benshi b’u Burundi basubiye mu Gihugu cyabo nyuma yo gukubitirwa incuro muri Uvira, hari...

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

by radiotv10
11/12/2025
0

Magloire Paluku wahoze ari umunyamakuru, ubu akaba yari Umujyanama mu bijyanye n'itumanaho mu Buhuzabikorwa bw’Ihuriro AFC/M23, akaba yari n'inkoramutima ya...

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

by radiotv10
11/12/2025
0

Nyuma yuko abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 bafashe Umujyi wa Uvira muri Kivu y’Epfo bakubise incuro abarimo abasirikare b’u Burundi, Igihugu cyabo...

IZIHERUKA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID
IMIBEREHO MYIZA

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

13/12/2025
Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

13/12/2025
Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

13/12/2025
Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

13/12/2025
America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yagaragaje icyafashije u Rwanda kugera aho rugeze nyuma y’akaga gakomeye rwari ruvuyemo

Perezida Kagame yagaragaje icyafashije u Rwanda kugera aho rugeze nyuma y’akaga gakomeye rwari ruvuyemo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.