Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Lt. Col Niyomugabo Bernard yahawe ipeti rya Colonel, yoherezwa muri Qatar

radiotv10by radiotv10
18/10/2021
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Lt. Col Niyomugabo Bernard yahawe ipeti rya Colonel, yoherezwa muri Qatar
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda (RDF) Paul Kagame, yazamuye mu ntera Lt Colonel Niyomugabo Bernard amugira Colonel, anamwohereza muri Qatar aho yagiye guhagararira inyungu za gisirikare (Defence Attaché).

 

Inshingano yahawe nka Defence Attaché (DA) ni uko agiye kuba umukozi w’Ambasade uhagarariye ibikorwa by’inzego z’umutekano z’u Rwanda muri Qatar, akaba azakora ubujyanama mu bya dipolomasi ishingiye ku bikorwa bya gisirikare bisigasira umubano w’ibihugu byombi.

 

Col. Niyomugabo afite ubunararibonye mu bya gisirikare no gucunga umutekano, cyane ko yagiye akora inshingano zitandukanye zishimangira ubushobozi n’uburambe afite mu guhagararira inyungu z’u Rwanda ku rwego mpuzamaahnga.

 

Guhera mu mpera z’umwaka wa 2015 kugeza mu 2016, Col. Niyomugabo yayoboye Itsinda ry’ingabo zirwanira mu kirere ryari mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbubye ryo kugarura amahoro muri Sudani ye’Epfo. Muri Kanama 2016, ni bwo bambitswe imidali y’ishimwe n’Intumwa y’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye.

 

Col Niyomugabo ahawe inshingano nshya mu gihe mu zindi nshingano yari ashinzwe harimo kuba yari Umuyobozi Mukuru ushinzwe Abakozi n’Ubutegetsi mu Ngabo z’u Rwanda (J1).

U Rwanda rukomeje urugendo rwo gushimangira umubano mu bya gisirikare wiyongera ku bufatanye bumaze gushinga imizi no mu zindi nzego z’ubutwererane zirimo ubucuruzi n’ishoramari.

 

Ku wa 6 kugeza ku wa 7 Mutarama 2020 ni bwo Umugaba Mukuru w’Ingabo za Qatar, Lt Gen Ghanim bin Shaheen al-Ghanim n’itsinda ayoboye bagiriye uruzinduko mu Rwanda rwari rugamije gushimangira umubano usanzwe hagati y’u Rwanda na Qatar, no kurebera hamwe uko hakwagurwa umubano mu bijyanye n’ibya gisirikare hagati y’ibihugu byombi.

Lt Gen Ghanim bin Shaheen al-Ghanim yavuze ko Igihugu cye kizakomeza ubufatanye hagamijwe kureba ko ingabo z’ibihugu byombi bigira ahazaza heza.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 + sixteen =

Previous Post

APR  ntiyahiriwe n’umunsi wa mbere wa kamarampaka, REG na Patriots zitwara neza

Next Post

Imyaka 14 irashije Lucky Phillip Dube ufatwa nk’umwami wa Reggae apfuye

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Imyaka 14 irashije Lucky Phillip Dube ufatwa nk’umwami wa Reggae apfuye

Imyaka 14 irashije Lucky Phillip Dube ufatwa nk’umwami wa Reggae apfuye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.