Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

M23 iryamiye amajanja nyuma yo kumenya ko FARDC yitegura kuyigabo ibitero simusiga

radiotv10by radiotv10
21/07/2022
in MU RWANDA
0
M23 iryamiye amajanja nyuma yo kumenya ko FARDC yitegura kuyigabo ibitero simusiga
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 watangaje ko ufite amakuru ko ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) zifatanyije n’imitwe irimo FDLR, bari mu myitozo ikomeye yo kuwugabaho ibitero byo kwisubiza ibice biri mu maboko yawo, utangaza ko na wo uticaye ubusa.

M23 imaze iminsi ihanganye n’ingabo za Leta ya Congo (FARDC) ziyambaje imitwe imwe y’inyeshyamba, yatangaje ibi mu itangazo yashyize hanze kuri uyu wa Gatatu tariki 20 Nyakanga 2022.

Iri tangazo rivuga ko FARDC ikomeje kwisuganya, yegeranya ibikoresho ndetse n’abasirikare benshi kugira ngo igabe ibitero byo kwisubiza ibice byafashwe n’uyu mutwe wa M23.

M23 isa nk’itanga abagabo ku mahanga n’abaturage ba Congo ko igiye kugabwaho ibitero, ivuga ko itazihanganira ibyo bitero ahubwo ko na yo izabisubiza inyuma mu rwego rwo kwitabara.

Iri tangazo rya M23 kandi isa nk’iriburira FARDC n’imitwe yiyambaje ko itazabarebera izuba mu gihe cyose bayigabaho ibitero

Riti “Abarwanyi ba M23 tuzitabara turirinda ibirindiro byacu kugira ngo turinde igikorwa cyose cy’umwanzi kigamije kubyigabiza.”

Umutwe wa M23 wavuze kandi ko utazongera kurebera ibikorwa by’iyicarubozo bimaze iminsi bikorerwa Abanye-Congo bavuga ururimi rw’Ikinyarwanda.

Mu cyumweru gishize Umuvugizi wa MONUSCO, Mathias Gillmann mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru i Kinshasa, yeruye ko yaba bo ndetse na FARDC badafite ubushobozi bwo guhashya umutwe wa M23.

Ibi byatangajwe na Mathias Gillmann byarakaje bamwe mu Banye-Congo bahise banirara mu mihanda bamagana MONUSCO, bavuga ko ntacyo ibamariye ahubwo ko ibagambanira.

Uyu mutwe wa M23 wo wakunze kuvuga ko ushyigikiye inzira z’ibiganiro ndetse ukaba wanabisubiyemo mu itangazo washyize hanze kuri uyu wa Gatatu.

Umuvugizi wa Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Patrick Muyaya, mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru kuri uyu wa Mbere, yavuze ko ubutegetsi bwa Congo budashobora kuganira n’uyu mutwe mu gihe cyose utarava muri Bunagana.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − fourteen =

Previous Post

Rwanda&DRC: Komisiyo ihuriweho yashinzwe kureba uko ibintu byasubira mu buryo yateranye

Next Post

Ambasaderi w’u Bwongereza yiragamye ibyo guca ruhinganyuma u Rwanda akaruvuga nabi

Related Posts

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

IZIHERUKA

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere
MU RWANDA

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

23/01/2026
Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

22/01/2026
Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ambasaderi w’u Bwongereza yiragamye ibyo guca ruhinganyuma u Rwanda akaruvuga nabi

Ambasaderi w’u Bwongereza yiragamye ibyo guca ruhinganyuma u Rwanda akaruvuga nabi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.