Friday, December 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

M23 iryamiye amajanja nyuma yo kumenya ko FARDC yitegura kuyigabo ibitero simusiga

radiotv10by radiotv10
21/07/2022
in MU RWANDA
0
M23 iryamiye amajanja nyuma yo kumenya ko FARDC yitegura kuyigabo ibitero simusiga
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 watangaje ko ufite amakuru ko ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) zifatanyije n’imitwe irimo FDLR, bari mu myitozo ikomeye yo kuwugabaho ibitero byo kwisubiza ibice biri mu maboko yawo, utangaza ko na wo uticaye ubusa.

M23 imaze iminsi ihanganye n’ingabo za Leta ya Congo (FARDC) ziyambaje imitwe imwe y’inyeshyamba, yatangaje ibi mu itangazo yashyize hanze kuri uyu wa Gatatu tariki 20 Nyakanga 2022.

Iri tangazo rivuga ko FARDC ikomeje kwisuganya, yegeranya ibikoresho ndetse n’abasirikare benshi kugira ngo igabe ibitero byo kwisubiza ibice byafashwe n’uyu mutwe wa M23.

M23 isa nk’itanga abagabo ku mahanga n’abaturage ba Congo ko igiye kugabwaho ibitero, ivuga ko itazihanganira ibyo bitero ahubwo ko na yo izabisubiza inyuma mu rwego rwo kwitabara.

Iri tangazo rya M23 kandi isa nk’iriburira FARDC n’imitwe yiyambaje ko itazabarebera izuba mu gihe cyose bayigabaho ibitero

Riti “Abarwanyi ba M23 tuzitabara turirinda ibirindiro byacu kugira ngo turinde igikorwa cyose cy’umwanzi kigamije kubyigabiza.”

Umutwe wa M23 wavuze kandi ko utazongera kurebera ibikorwa by’iyicarubozo bimaze iminsi bikorerwa Abanye-Congo bavuga ururimi rw’Ikinyarwanda.

Mu cyumweru gishize Umuvugizi wa MONUSCO, Mathias Gillmann mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru i Kinshasa, yeruye ko yaba bo ndetse na FARDC badafite ubushobozi bwo guhashya umutwe wa M23.

Ibi byatangajwe na Mathias Gillmann byarakaje bamwe mu Banye-Congo bahise banirara mu mihanda bamagana MONUSCO, bavuga ko ntacyo ibamariye ahubwo ko ibagambanira.

Uyu mutwe wa M23 wo wakunze kuvuga ko ushyigikiye inzira z’ibiganiro ndetse ukaba wanabisubiyemo mu itangazo washyize hanze kuri uyu wa Gatatu.

Umuvugizi wa Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Patrick Muyaya, mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru kuri uyu wa Mbere, yavuze ko ubutegetsi bwa Congo budashobora kuganira n’uyu mutwe mu gihe cyose utarava muri Bunagana.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − 4 =

Previous Post

Rwanda&DRC: Komisiyo ihuriweho yashinzwe kureba uko ibintu byasubira mu buryo yateranye

Next Post

Ambasaderi w’u Bwongereza yiragamye ibyo guca ruhinganyuma u Rwanda akaruvuga nabi

Related Posts

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
05/12/2025
0

I Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, ahari hahanzwe amaso n’Isi yose, haraye habereye umuhango wo gusinya amasezerano...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
05/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

by radiotv10
05/12/2025
0

Abagore bo mu Ngabo z’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, bagaragarije abagore n’abakobwa bo muri iki Gihugu...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

by radiotv10
05/12/2025
0

Abanyekongo biganjemo abagore n’abana bakomeje guhungira mu Rwanda nyuma yuko imirwano ikomeje gukara mu bice bimwe mu byo muri Kivu...

Iby’ingenzi wamenya ku yandi masezerano yasinywe hagati y’u Rwanda na Congo

Iby’ingenzi wamenya ku yandi masezerano yasinywe hagati y’u Rwanda na Congo

by radiotv10
05/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zasinye amasezerano y’inyongera mu bijyanye n’ubukungu, arimo ajyanye n’imikoranire mu bijyanye...

IZIHERUKA

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana
IMYIDAGADURO

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

by radiotv10
05/12/2025
0

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

05/12/2025
Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

05/12/2025
Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

05/12/2025
Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

05/12/2025
Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ambasaderi w’u Bwongereza yiragamye ibyo guca ruhinganyuma u Rwanda akaruvuga nabi

Ambasaderi w’u Bwongereza yiragamye ibyo guca ruhinganyuma u Rwanda akaruvuga nabi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.