Tuesday, April 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

M23 ntikozwa ibyo yategekewe i Luanda byo kumanika amaboko no kurekura ibice yafashe

radiotv10by radiotv10
07/07/2022
in Uncategorized
0
DRC: M23 yafashe utundi duce dushobora kuyifungurira amarembo yo gufata Rutshuru yose
Share on FacebookShare on Twitter

Maj Willy Ngoma avuga ko abarwanyi b’umutwe wa M23 abereye Umuvugizi, badashobora kuva mu bice biri mu maboko yabo kuko batakongera gusubira mu buhungiro. Aha yasubizaga ku myanzuro y’i Luanda yasabye uyu mutwe gushyira hasi intwaro ukava mu birindiro byawo.

Atangaje ibi nyuma y’inama yahuje umukuru w’u Rwanda, uwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ndetse n’uwa Angoka byabereye i Luanda muri Angola kuri uyu wa Gatatu tariki 06 Nyakanga 2022.

Itangazo ry’ibiro by’umukuru w’Igihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, rivuga ko muri iyi nama hafatiwemo imyanzuro isaba Ibihugu byombi, guhagarika umwuka mubi umaze iminsi uhari.

Iri tangazo kandi rivuga ko umutwe wa M23 ugomba “guhagarika imirwano vuba na bwangu ikarekura ibice iri kugenzura kandi nta mananiza.”

Ibi byasabwe M23, si ubwa mbere ibisabwe kuko n’inama y’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, bamaze guterana inshuro eshatu, basabye uyu mutwe guhagarika imirwano ukayoboka ibiganiro biwuhuza na Leta ya Congo.

Umuvugizi wa M23, Major Willy Ngoma avuga ko ibi bongeye gusabwa, batabikozwa kuko badashobora kuva mu birindiro byabo.

Yavuze ko nubwo bari mu birindiro, ariko biri mu Gihugu cyabo, bityo ko badashobora kubivamo ngo basubire mu buhungiro.

Yagize ati “Twebwe turi Abanye-Congo, muragira ngo tubeho nta gihugu tugira?”

Maj Willy Ngoma avuga ko M23 ifite icyo irwanira kandi ko cyumvikana kikaba kinazwi n’ubutegetsi bwa DRCongo ariko bukaba bwaranze kucyubahiriza aho bwangiye gushyira mu bikorwa amasezerano asanzwe ari hagati y’impande zombi.

Abasesenguzi bamwe babwiye RADIOTV10 ko batumva impamvu inama y’i Luanda yafatiwemo umwanzuro ureba uyu mutwe wa M23 nyamara utari uri muri ibi biganiro.

Umwe yavuze ko ikibazo cya M23 atari icyo kujya kwigira mu zindi nama ahubwo ko kireba ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo nkuko byanagiye binagarukwaho na Leta y’u Rwanda.

Mu kiganiro Perezida Paul Kagame yagiranye na RBA muri iki cyumweru, yavuze ko ikibazo cya M23 atari icya none ahubwo ko gifite imizi kuva cyera kandi ko kireba ubuyobozi bwa Congo.

Perezida Paul Kagame kandi yabwiye RBA abategetsi batandukanye bo muri Congo bagiye baza mu Rwanda inshuro nyinshi kuganira na bamwe mu barwanyi ba M23 bahahungiye babizeza gushyira mu bikorwa ibyo bumvikanyeho ariko ko bitigeze bishyirwa mu bikorwa.

Perezida Kagame yavuze ko u Rwanda rwakunze kugaragariza Congo ndetse n’imiryango yiyemeje kuyifasha kurandura ibi bibazo, ko bikeneye inzira ya Politiki kurusha iya gisirikare.

Yavuze kandi ko ubwo uyu mutwe wa M23 wari ugiye kubura imirwano, u Rwanda rwari rwaburiye Congo ko rukurikije amakuru rwari rufite, byariho bitutumba, rukayisaba kugira icyo ikora ariko ikinangira.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × one =

Previous Post

DJ Dizzo uvugwaho kubeshya Abanyarwanda icya Semuhanuka yavuze ku gifungo cy’imyaka 9 yakatiwe

Next Post

Nyanza: Umugabo ukurikiranyweho gusambanya umwana we yavuze icyabimuteye

Related Posts

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

by radiotv10
30/03/2026
0

Komiseri mu Muryango FPR-Inkotanyi, Habonimana Charles yanenze abayobozi bo mu Karere ka Nyarugenge baranduye ibishyimbo by’abaturage, avuga ko ibyemezo nk’ibi...

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

by radiotv10
26/03/2026
0

Nyuma yuko Gasogi utd itewe mpaga y’ibitego 3-0 n’amande ya miliyoni 2 Frw nyuma yo kubura ku kibuga cya Stade...

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

by radiotv10
17/02/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa NBA All-Star Game uhuza abakinnyi bakomeye muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe...

Abapolisi b’u Rwanda bagiye kujya mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bahawe impanuro

Abapolisi b’u Rwanda bagiye kujya mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bahawe impanuro

by radiotv10
10/02/2026
0

Abapolisi 160 bitegura koherezwa mu butumwa bw'Umuryango w'Abibumbye bwo kubungabunga amahoro muri Sudani y’Epfo, baganirijwe n’Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

by radiotv10
27/01/2026
0

Umwarimu wo muri Kaminuza uherutse gutabwa muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rumukurikiranyeho gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri yisumbuye, hari...

IZIHERUKA

Rwanda’s new Digital ID registration officially kicks off in Kigali
MU RWANDA

Number of Kigali residents registered for the digital ID announced, and next steps for those who missed it

by radiotv10
14/04/2026
0

Kasuku uzwi ku mbuga nkoranyambaga yatanze umucyo w’uko yakubitiwe muri America n’abo akeka

Kasuku uzwi ku mbuga nkoranyambaga yatanze umucyo w’uko yakubitiwe muri America n’abo akeka

14/04/2026
Hatangajwe umubare w’Abanyakigali bifotoje ngo bazahabwe Indangamuntu Koranabuhanga n’uko abacikanywe bazabigenza

Hatangajwe umubare w’Abanyakigali bifotoje ngo bazahabwe Indangamuntu Koranabuhanga n’uko abacikanywe bazabigenza

14/04/2026
Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Amakuru mashya: Gitifu w’Umurenge wa Bugarama akurikiranyweho ingengabitekerezo ya Jenoside

14/04/2026
Money or Passion: What should we follow in 2025?

Saving on Bank vs Saving on Mobile Money: Which Is Better?

14/04/2026
Ibivugwa ku ihagarikwa rya Muhawenimana umaze imyaka ayobora abafana b’Amavubi

Ibivugwa ku ihagarikwa rya Muhawenimana umaze imyaka ayobora abafana b’Amavubi

14/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyanza: Umugabo ukurikiranyweho gusambanya umwana we yavuze icyabimuteye

Nyanza: Umugabo ukurikiranyweho gusambanya umwana we yavuze icyabimuteye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Number of Kigali residents registered for the digital ID announced, and next steps for those who missed it

Kasuku uzwi ku mbuga nkoranyambaga yatanze umucyo w’uko yakubitiwe muri America n’abo akeka

Hatangajwe umubare w’Abanyakigali bifotoje ngo bazahabwe Indangamuntu Koranabuhanga n’uko abacikanywe bazabigenza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.