Friday, May 9, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

M23 ntikozwa ibyo yategekewe i Luanda byo kumanika amaboko no kurekura ibice yafashe

radiotv10by radiotv10
07/07/2022
in Uncategorized
0
DRC: M23 yafashe utundi duce dushobora kuyifungurira amarembo yo gufata Rutshuru yose
Share on FacebookShare on Twitter

Maj Willy Ngoma avuga ko abarwanyi b’umutwe wa M23 abereye Umuvugizi, badashobora kuva mu bice biri mu maboko yabo kuko batakongera gusubira mu buhungiro. Aha yasubizaga ku myanzuro y’i Luanda yasabye uyu mutwe gushyira hasi intwaro ukava mu birindiro byawo.

Atangaje ibi nyuma y’inama yahuje umukuru w’u Rwanda, uwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ndetse n’uwa Angoka byabereye i Luanda muri Angola kuri uyu wa Gatatu tariki 06 Nyakanga 2022.

Itangazo ry’ibiro by’umukuru w’Igihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, rivuga ko muri iyi nama hafatiwemo imyanzuro isaba Ibihugu byombi, guhagarika umwuka mubi umaze iminsi uhari.

Iri tangazo kandi rivuga ko umutwe wa M23 ugomba “guhagarika imirwano vuba na bwangu ikarekura ibice iri kugenzura kandi nta mananiza.”

Ibi byasabwe M23, si ubwa mbere ibisabwe kuko n’inama y’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, bamaze guterana inshuro eshatu, basabye uyu mutwe guhagarika imirwano ukayoboka ibiganiro biwuhuza na Leta ya Congo.

Umuvugizi wa M23, Major Willy Ngoma avuga ko ibi bongeye gusabwa, batabikozwa kuko badashobora kuva mu birindiro byabo.

Yavuze ko nubwo bari mu birindiro, ariko biri mu Gihugu cyabo, bityo ko badashobora kubivamo ngo basubire mu buhungiro.

Yagize ati “Twebwe turi Abanye-Congo, muragira ngo tubeho nta gihugu tugira?”

Maj Willy Ngoma avuga ko M23 ifite icyo irwanira kandi ko cyumvikana kikaba kinazwi n’ubutegetsi bwa DRCongo ariko bukaba bwaranze kucyubahiriza aho bwangiye gushyira mu bikorwa amasezerano asanzwe ari hagati y’impande zombi.

Abasesenguzi bamwe babwiye RADIOTV10 ko batumva impamvu inama y’i Luanda yafatiwemo umwanzuro ureba uyu mutwe wa M23 nyamara utari uri muri ibi biganiro.

Umwe yavuze ko ikibazo cya M23 atari icyo kujya kwigira mu zindi nama ahubwo ko kireba ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo nkuko byanagiye binagarukwaho na Leta y’u Rwanda.

Mu kiganiro Perezida Paul Kagame yagiranye na RBA muri iki cyumweru, yavuze ko ikibazo cya M23 atari icya none ahubwo ko gifite imizi kuva cyera kandi ko kireba ubuyobozi bwa Congo.

Perezida Paul Kagame kandi yabwiye RBA abategetsi batandukanye bo muri Congo bagiye baza mu Rwanda inshuro nyinshi kuganira na bamwe mu barwanyi ba M23 bahahungiye babizeza gushyira mu bikorwa ibyo bumvikanyeho ariko ko bitigeze bishyirwa mu bikorwa.

Perezida Kagame yavuze ko u Rwanda rwakunze kugaragariza Congo ndetse n’imiryango yiyemeje kuyifasha kurandura ibi bibazo, ko bikeneye inzira ya Politiki kurusha iya gisirikare.

Yavuze kandi ko ubwo uyu mutwe wa M23 wari ugiye kubura imirwano, u Rwanda rwari rwaburiye Congo ko rukurikije amakuru rwari rufite, byariho bitutumba, rukayisaba kugira icyo ikora ariko ikinangira.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − thirteen =

Previous Post

DJ Dizzo uvugwaho kubeshya Abanyarwanda icya Semuhanuka yavuze ku gifungo cy’imyaka 9 yakatiwe

Next Post

Nyanza: Umugabo ukurikiranyweho gusambanya umwana we yavuze icyabimuteye

Related Posts

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Ntazinda Erasme wahoze ari Umuyobozi w'Akarere ka Nyanza uregwa Icyaha cy’ubushoreke n’icyo guta urugo, yafatiwe icyemezo cyo kurekurwa nyuma yuko...

Ibirambuye ku cyatumye u Rwanda ruhagarika imikoranire n’u Bubiligi

Icyo u Rwanda rwizeza Ababiligi nyuma yuko ruciye umubano n’Igihugu cyabo

by radiotv10
21/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko guca umubano w’iki Gihugu n’u Bubiligi, bitazagira ingaruka ku Babiligi bari mu Rwanda cyangwa abifuza...

Belgium: Hidden agenda to “repossess” DR Congo

Belgium: Hidden agenda to “repossess” DR Congo

by radiotv10
20/03/2025
0

Comité National du Kivu (CNKI): CNKI was a colonial-era organization created by the Belgians to manage resources and economic activities...

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ngamba rwafatiwe na Canada

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ngamba rwafatiwe na Canada

by radiotv10
04/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iravuga ko ibyatangajwe n’iya Canada mu itangazo ry’ingamba yafatiye u Rwanda ku birebana n’ibibazo biri mu burasirazuba...

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Afurika y’Epfo zahise zivugana zigira n’ibyo zemeranyaho

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Afurika y’Epfo zahise zivugana zigira n’ibyo zemeranyaho

by radiotv10
31/01/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, na mugenzi we wa Afurika, Ronald Lamola bagiranye ikiganiro kuri telefone,...

IZIHERUKA

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda
Uncategorized

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyanza: Umugabo ukurikiranyweho gusambanya umwana we yavuze icyabimuteye

Nyanza: Umugabo ukurikiranyweho gusambanya umwana we yavuze icyabimuteye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.