Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

M23 nyuma yo kogenzura Bukavu yavuze ibyo yihutiye gukora

radiotv10by radiotv10
17/02/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
M23 nyuma yo kogenzura Bukavu yavuze ibyo yihutiye gukora
Share on FacebookShare on Twitter

Ihuriro AFC ribarizwamo n’umutwe wa M23, riravuga ko nyuma yo gukura ku ngohi abatuye Umujyi wa Bukavu mu Ntara ya Kivu y’Epfo, abarwanyi b’iri huriro baramukiye mu gikorwa cyo kugarura umutekano mu buryo bwuzuye.

Ni igikorwa cyakozwe kuri iki Cyumweru tariki 16 Gashyantare 2025 nk’uko bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze n’iri Huriro AFC/M23 mu ijoro ryacyeye.

Iri tangazo ryashyizweho umukono n’Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, rivuga ko iri Huriro kubera “ibikorwa bihungabanya umutekano, iby’ubwicanyi n’ubusahuzi byakorwaga na FARDC, FNDB, FDLR n’abambari babo”, uyu mutwe wiyemeje guhagarika ibi bikorwa byose.

Iri Huriro rikomeza rivuga ko nyuma kandi yuko ihuriro ry’uruhande rwa Leta ya Kinshasa, ryahisemo gutererana abaturage bo muri uyu Mujyi wa Bukavu, ku buryo hari hakenewe kubagarurira umutekano.

Lawrence Kanyuka yagize ati “Kuva mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru tariki 16 Gashyantare 2025, ingabo zacu zakoze akazi ko kugarurira umutekano abaturage ndetse n’ibyabo mu Mujyi wa Bukavu mu buryo bwuzuye bafatanyije n’abaturage.”

Umujyi wa Bukavu wabohojwe n’Umutwe wa M23 nyuma yuko ubigarutseho kenshi ko utazakomeza kwihanganira kubona abawutuye bakomeza gukorerwa ibikorwa bibi, nubwo wari wemeje ko watangiye agahenge ko guhagarika imirwano.

AFC/M23 kandi yibukije ko igishyize imbere inzira z’ibiganiro. Bati “Turahamagarira ibiganiro bitaziguye kandi by’ukuri na Leta ya Kinshasa mu gushaka umuti w’umuzi w’amakimbirane, ndetse no kugarura amahoro arambye mu Gihugu cyacu.”

Muri iri tangazo iri Huriro rigakomeza rigira riti “AFC/M23 irahamagarira impande zose zaba iza Politiki n’iza gisirikare zitabona ibintu kimwe n’Ubutegetsi bubi bwa Kinshasa kwiyunga mu rugamba rwo kubohora Igihugu, kugira ngo habeho impinduka nziza mu miyoborere ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.”

Iri Huriro ryanaboneyeho kunenga FARDC n’impande ziyifasha, zikomeje gushyira imbere ibikorwa bihonyora uburenganzira bw’abaturage, ndetse ko ari byo bituma agahenge ko guhagarika imirwano gakomeza kurengwaho.

AFC/M23 yongeye kwibutsa ko itazigera yihanganira kubona hari aho abaturage b’abasivile babangamiye, ahubwo ko ahazajya haba igikorwa kibangamiye abaturage cyangwa cy’ubushotoranyi mu bice bigenzurwa n’iri Huriro, rizajya ryirwanaho.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × three =

Previous Post

Kigali: Umusore wafatanywe amafaranga y’amiganano yabajijwe inkomoko yayo biramuyobera

Next Post

Perezida Kagame yageneye ubutumwa Umuyobozi mushya wa Komisiyo ya Afurika Yunze Ubumwe

Related Posts

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

by radiotv10
09/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa New York, Zohran Mamdani yizihije iminsi 100 ye ya mbere ku ari muri izi nshingano akora urugendo...

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
09/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

IZIHERUKA

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi
MU RWANDA

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
10/04/2026
0

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

10/04/2026
Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

09/04/2026
Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yageneye ubutumwa Umuyobozi mushya wa Komisiyo ya Afurika Yunze Ubumwe

Perezida Kagame yageneye ubutumwa Umuyobozi mushya wa Komisiyo ya Afurika Yunze Ubumwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.