Monday, December 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

M23 yaciye amarenga yo gufata undi Mujyi uzwi muri Congo

radiotv10by radiotv10
11/02/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
BREAKING: Bidasubirwaho M23 yafashe Umujyi wa Goma ihita iha amabwiriza FARDC yubahirije itazuyaje
Share on FacebookShare on Twitter

Ihuriro AFC ririmo n’umutwe wa M23, wagaragaje ko uhangayikishijwe bikomeye n’ibikorwa bihonyora uburenganzira bwa muntu biri kugaragara mu Mujyi wa Bukavu bikorwa na FARDC n’abambari bayo, rivuga ko ridashobora gukomeza kwihanganira ibyo bikorwa.

Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze n’iri Huriro AFC/M23 kuri uyu wa Mbere tariki 10 Gashyantare 2025, rimenyesha umuryango mpuzamahanga n’ubutegetsi bwa Congo ko ibikorwa byibasiye abaturage biri gukorwa n’uruhande rwa Leta bigomba guhagarara vuba na bwangu.

Iri tangazo ryashyizweho umukono n’Umuvugizi wa AFC/M23 mu bya Politiki, Lawrence Kanyuka rigira riti “AFC/M23 ikomeje kumva amarira y’abaturage b’abasivile bo muri Bukavu. FADRC n’impande za gisirikare ziyifasha bakomeje gukora ibikorwa bya kinyamaswa bitavugwa byibasira abasivile, birimo kubica no kubasahura ibyabo. Ibi byaha bigomba guhagarara byihuse, bitabaye ibyo ntayandi mahitamo tuzaba dufite uretse gutabara kugira ngo turinde Abanyekongo.”

Iri huriro rikomeza rivuga ko ibiri gukorwa mu bice bigenzurwa na Leta ya Kinshasa bihabanye n’ibibera mu bice biri mu maboko y’uyu mutwe wa M23, kuko abaturage bari baravanywe mu byabo bari gutaha mu ngo zabo ku bushake kuko hari umutekano usesuye. Riti “Kurinda abasivile bizakomeza kuba mu biza ku isonga kuri twe.”

AFC/M23 kandi yaboneyeho kunenga igikorwa cyakozwe n’uruhande rwa Leta ya Kinshasa cyo kurekura imfungwa zari zifungiye muri Gereza ya Manzenze, ndetse ko hari habanje no kuba ibindi bikorwa by’urugomo birimo ubwicanyi, gufata ku ngufu abagore ndetse no gutwika inzu z’abaturage, byakozwe mbere y’iminsi ibiri ngo hafatwe umujyi wa Goma.

AFC/M23 yaboneyeho gusaba MONUSCO guhagarika gukwirakwiza amakuru y’ibinyoma ayobya rubanda y’ibirego bidafite ishingiro ishinja uyu mutwe, aho iri huriro n’uyu mutwe wa M23 bavuga ko bigamije gutiza umurindi ibyaha bikorwa n’uruhande bahanganye.

Mu cyumweru gishize umutwe wa M23 wari watangaje ko wemeye agahenge ko kuba uhagaritse imirwano guhera tariki 04 Gashyantare, ariko ko igihe cyose uzashotorwa cyangwa ukumva ahari kuba ibikorwa bibangamira abaturage bikorwa n’uruhande bahanganye, utazazuyaza kujya gutabara.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + three =

Previous Post

Menya impamvu Guverinoma y’u Rwanda yazamuye imisoro ku nzoga n’itabi

Next Post

Hahishuwe impamvu z’urwitwazo z’abayobozi ba Congo zo kutitabira inama zirimo n’izo bihita byumvikana

Related Posts

Amakuru mpamo aturuka mu biboneye abasirikare benshi b’u Burundi berecyeza muri Congo

Eng.-Burundian troops and heavy weapons have been deployed along the country’s border with Rwanda

by radiotv10
15/12/2025
0

Reports indicate that Burundi continues to reinforce its border with Rwanda by deploying large numbers of troops and heavy weapons,...

Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

by radiotv10
15/12/2025
0

Imodoka yo mu bwoko bwa Bisi ya sosiyete itwara abagenzi ya Trinity Express yavaga i Kampala muri Uganda yerecyeza i...

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

by radiotv10
15/12/2025
0

Hakomeje kongerwa abasirikare benshi b’Igihugu cy’u Burundi n’intwaro za rutura ku mupaka wacyo n’u Rwanda, byumwihariko mu gace ka Gasenyi-Nemba...

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

by radiotv10
15/12/2025
0

Abanyekongo bahungiye i Bujumbura mu Burundi n’abari bagiyeyo ku bw’impamvu zinyuranye mbere yuko Umujyi wa Uvira ufatwa na AFC/M23, baravuga...

Australia yahise ifata icyemezo nyuma y’igitero gifatwa nk’igikomeye kibayeho mu myaka 30 ishize

Australia yahise ifata icyemezo nyuma y’igitero gifatwa nk’igikomeye kibayeho mu myaka 30 ishize

by radiotv10
15/12/2025
0

Australie yatangaje ko igiye gukaza amategeko agenga gutunga intwaro, nyuma y’uko ku wa Mbere, muri iki gihugu hatangiye ibikorwa byo...

IZIHERUKA

Amakuru mpamo aturuka mu biboneye abasirikare benshi b’u Burundi berecyeza muri Congo
AMAHANGA

Eng.-Burundian troops and heavy weapons have been deployed along the country’s border with Rwanda

by radiotv10
15/12/2025
0

Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

15/12/2025
Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

15/12/2025
Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

15/12/2025
Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

15/12/2025
Australia yahise ifata icyemezo nyuma y’igitero gifatwa nk’igikomeye kibayeho mu myaka 30 ishize

Australia yahise ifata icyemezo nyuma y’igitero gifatwa nk’igikomeye kibayeho mu myaka 30 ishize

15/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hahishuwe impamvu z’urwitwazo z’abayobozi ba Congo zo kutitabira inama zirimo n’izo bihita byumvikana

Hahishuwe impamvu z’urwitwazo z’abayobozi ba Congo zo kutitabira inama zirimo n’izo bihita byumvikana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-Burundian troops and heavy weapons have been deployed along the country’s border with Rwanda

Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.