Friday, December 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

M23 yaciye amarenga yo gufata undi Mujyi uzwi muri Congo

radiotv10by radiotv10
11/02/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
BREAKING: Bidasubirwaho M23 yafashe Umujyi wa Goma ihita iha amabwiriza FARDC yubahirije itazuyaje
Share on FacebookShare on Twitter

Ihuriro AFC ririmo n’umutwe wa M23, wagaragaje ko uhangayikishijwe bikomeye n’ibikorwa bihonyora uburenganzira bwa muntu biri kugaragara mu Mujyi wa Bukavu bikorwa na FARDC n’abambari bayo, rivuga ko ridashobora gukomeza kwihanganira ibyo bikorwa.

Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze n’iri Huriro AFC/M23 kuri uyu wa Mbere tariki 10 Gashyantare 2025, rimenyesha umuryango mpuzamahanga n’ubutegetsi bwa Congo ko ibikorwa byibasiye abaturage biri gukorwa n’uruhande rwa Leta bigomba guhagarara vuba na bwangu.

Iri tangazo ryashyizweho umukono n’Umuvugizi wa AFC/M23 mu bya Politiki, Lawrence Kanyuka rigira riti “AFC/M23 ikomeje kumva amarira y’abaturage b’abasivile bo muri Bukavu. FADRC n’impande za gisirikare ziyifasha bakomeje gukora ibikorwa bya kinyamaswa bitavugwa byibasira abasivile, birimo kubica no kubasahura ibyabo. Ibi byaha bigomba guhagarara byihuse, bitabaye ibyo ntayandi mahitamo tuzaba dufite uretse gutabara kugira ngo turinde Abanyekongo.”

Iri huriro rikomeza rivuga ko ibiri gukorwa mu bice bigenzurwa na Leta ya Kinshasa bihabanye n’ibibera mu bice biri mu maboko y’uyu mutwe wa M23, kuko abaturage bari baravanywe mu byabo bari gutaha mu ngo zabo ku bushake kuko hari umutekano usesuye. Riti “Kurinda abasivile bizakomeza kuba mu biza ku isonga kuri twe.”

AFC/M23 kandi yaboneyeho kunenga igikorwa cyakozwe n’uruhande rwa Leta ya Kinshasa cyo kurekura imfungwa zari zifungiye muri Gereza ya Manzenze, ndetse ko hari habanje no kuba ibindi bikorwa by’urugomo birimo ubwicanyi, gufata ku ngufu abagore ndetse no gutwika inzu z’abaturage, byakozwe mbere y’iminsi ibiri ngo hafatwe umujyi wa Goma.

AFC/M23 yaboneyeho gusaba MONUSCO guhagarika gukwirakwiza amakuru y’ibinyoma ayobya rubanda y’ibirego bidafite ishingiro ishinja uyu mutwe, aho iri huriro n’uyu mutwe wa M23 bavuga ko bigamije gutiza umurindi ibyaha bikorwa n’uruhande bahanganye.

Mu cyumweru gishize umutwe wa M23 wari watangaje ko wemeye agahenge ko kuba uhagaritse imirwano guhera tariki 04 Gashyantare, ariko ko igihe cyose uzashotorwa cyangwa ukumva ahari kuba ibikorwa bibangamira abaturage bikorwa n’uruhande bahanganye, utazazuyaza kujya gutabara.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight − one =

Previous Post

Menya impamvu Guverinoma y’u Rwanda yazamuye imisoro ku nzoga n’itabi

Next Post

Hahishuwe impamvu z’urwitwazo z’abayobozi ba Congo zo kutitabira inama zirimo n’izo bihita byumvikana

Related Posts

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu muhanda wa Goma-Rutshuru werecyeza muri Pariki y’Igihugu ya Virunga, abarwanyi b’umutwe wa AFC/M23 baguye mu gico cy’inyeshyamba za Wazalendo...

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

by radiotv10
26/12/2025
1

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump; yatangaje ko nk’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’iki Gihugu, yagabye igitero simusiga ku...

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

by radiotv10
26/12/2025
0

Umusirikare ufite ipeti rya Lieutenant Colonel mu gisirikare cy’u Burundi uherutse kurasirwa ku rugamba rwo guhangana na AFC/M23, byamenyekanye ko...

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

by radiotv10
25/12/2025
0

Muri Nigeria, igisasu cyaturikiye mu musigiti uherereye mu mujyi wa Maiduguri, muri Leta ya Borno, gihitana abantu batanu, abandi 35...

Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

by radiotv10
23/12/2025
0

Guverineri wa Leta ya Niger muri Nigeria yayoboye umuhango wo kwakira abana 130 n’abarimu bari barashimuswe n’abitwaje intwaro, nyuma yo...

IZIHERUKA

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando
AMAHANGA

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

by radiotv10
26/12/2025
0

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

26/12/2025
Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

26/12/2025
Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

26/12/2025
Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

26/12/2025
Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

25/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hahishuwe impamvu z’urwitwazo z’abayobozi ba Congo zo kutitabira inama zirimo n’izo bihita byumvikana

Hahishuwe impamvu z’urwitwazo z’abayobozi ba Congo zo kutitabira inama zirimo n’izo bihita byumvikana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.