Thursday, January 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

M23 yaciye amarenga yo gufata undi Mujyi uzwi muri Congo

radiotv10by radiotv10
11/02/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
BREAKING: Bidasubirwaho M23 yafashe Umujyi wa Goma ihita iha amabwiriza FARDC yubahirije itazuyaje
Share on FacebookShare on Twitter

Ihuriro AFC ririmo n’umutwe wa M23, wagaragaje ko uhangayikishijwe bikomeye n’ibikorwa bihonyora uburenganzira bwa muntu biri kugaragara mu Mujyi wa Bukavu bikorwa na FARDC n’abambari bayo, rivuga ko ridashobora gukomeza kwihanganira ibyo bikorwa.

Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze n’iri Huriro AFC/M23 kuri uyu wa Mbere tariki 10 Gashyantare 2025, rimenyesha umuryango mpuzamahanga n’ubutegetsi bwa Congo ko ibikorwa byibasiye abaturage biri gukorwa n’uruhande rwa Leta bigomba guhagarara vuba na bwangu.

Iri tangazo ryashyizweho umukono n’Umuvugizi wa AFC/M23 mu bya Politiki, Lawrence Kanyuka rigira riti “AFC/M23 ikomeje kumva amarira y’abaturage b’abasivile bo muri Bukavu. FADRC n’impande za gisirikare ziyifasha bakomeje gukora ibikorwa bya kinyamaswa bitavugwa byibasira abasivile, birimo kubica no kubasahura ibyabo. Ibi byaha bigomba guhagarara byihuse, bitabaye ibyo ntayandi mahitamo tuzaba dufite uretse gutabara kugira ngo turinde Abanyekongo.”

Iri huriro rikomeza rivuga ko ibiri gukorwa mu bice bigenzurwa na Leta ya Kinshasa bihabanye n’ibibera mu bice biri mu maboko y’uyu mutwe wa M23, kuko abaturage bari baravanywe mu byabo bari gutaha mu ngo zabo ku bushake kuko hari umutekano usesuye. Riti “Kurinda abasivile bizakomeza kuba mu biza ku isonga kuri twe.”

AFC/M23 kandi yaboneyeho kunenga igikorwa cyakozwe n’uruhande rwa Leta ya Kinshasa cyo kurekura imfungwa zari zifungiye muri Gereza ya Manzenze, ndetse ko hari habanje no kuba ibindi bikorwa by’urugomo birimo ubwicanyi, gufata ku ngufu abagore ndetse no gutwika inzu z’abaturage, byakozwe mbere y’iminsi ibiri ngo hafatwe umujyi wa Goma.

AFC/M23 yaboneyeho gusaba MONUSCO guhagarika gukwirakwiza amakuru y’ibinyoma ayobya rubanda y’ibirego bidafite ishingiro ishinja uyu mutwe, aho iri huriro n’uyu mutwe wa M23 bavuga ko bigamije gutiza umurindi ibyaha bikorwa n’uruhande bahanganye.

Mu cyumweru gishize umutwe wa M23 wari watangaje ko wemeye agahenge ko kuba uhagaritse imirwano guhera tariki 04 Gashyantare, ariko ko igihe cyose uzashotorwa cyangwa ukumva ahari kuba ibikorwa bibangamira abaturage bikorwa n’uruhande bahanganye, utazazuyaza kujya gutabara.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten − 7 =

Previous Post

Menya impamvu Guverinoma y’u Rwanda yazamuye imisoro ku nzoga n’itabi

Next Post

Hahishuwe impamvu z’urwitwazo z’abayobozi ba Congo zo kutitabira inama zirimo n’izo bihita byumvikana

Related Posts

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

by radiotv10
31/12/2025
0

Igihugu cya Mali n’icya Burkina Faso, byashyize hanze amatangazo y’ibyemezo bishobora gufata byo kwihimura kuri Leta Zunze Ubumwe za America...

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

by radiotv10
30/12/2025
0

Abayobozi bakuru b’Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Umugaba Mukuru w’Ingabo zaryo, Gen Sultani...

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

by radiotv10
30/12/2025
0

Maj Gen Sultani Makenga, Umugaba Mukuru w’Ingabo za AFC/M23, yibukije abagize iri huriro ko batagomba kumva ko intambara yo kurandura...

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

by radiotv10
29/12/2025
0

Ubuyobozi Bukuru bw’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) bwitandukanyije n'amagambo ya Major General Sylvain Ekenge Bomusa Efomi wari...

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

by radiotv10
29/12/2025
0

The High Command of the Armed Forces of the Democratic Republic of Congo (FARDC) has distanced itself from the hate...

IZIHERUKA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier
MU RWANDA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

31/12/2025
Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hahishuwe impamvu z’urwitwazo z’abayobozi ba Congo zo kutitabira inama zirimo n’izo bihita byumvikana

Hahishuwe impamvu z’urwitwazo z’abayobozi ba Congo zo kutitabira inama zirimo n’izo bihita byumvikana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.