Monday, December 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

M23 yafatiwe indi myanzuro ikomeye n’undi muryango w’Ibihugu

radiotv10by radiotv10
26/07/2022
in MU RWANDA
0
M23 iravugwaho kugenzura undi mupaka nyuma y’imirwano na FARDC yamaze amasaha 9
Share on FacebookShare on Twitter

Inama y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma byo mu Muryango w’Ubukungu w’Akarere ka Afurika yo Hagati (CEEAC), na yo yemeje ko umutwe wa M23 uhagarika imirwano vuba na bwangu kandi ukava mu bice wafashe.

Iyi nama yateranye kuri uyu wa Mbere tariki 25 Nyakanga 2022, yabereye i Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yayobowe na Perezida Félix Tshisekedi.

Imyanzuro y’iyi nama y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bihuriye muri CEEAC, irimo urebana n’umutwe wa M23 umaze iminsi uri mu mirwano na FARDC, ukaba waranafashe ibice bimwe ubu biri mu maboko yawo.

Abakuru b’Ibihugu bya CEEAC bahuriye muri iyi nama ya 21, bemeranyijwe guhuriza hamwe imbaraga ndetse hagashyirwaho Komisiyo y’uyu muryango izashyiraho uburyo bugamije gushyigikira ibikorwa byo gutuma M23 ihagarika imirwano no kuva mu birindiro yafashe.

Abakuru b’Ibihugu kandi bemeje ko umutwe wa M23, ushyira mu bikorwa imyanzuro yafatiwe mu nama y’i Nairobi.

Muri iyi nama kandi, Perezida Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo wayiyoboye, yagarutse ku bibazo byugarije Igihugu cye birimo kuba mu minsi ishize cyaribasiwe n’icyorezo cya COVID-19 ndetse n’imitwe yitwaje intwaro irimo uyu wa M23 yise ko ari uw’Iterabwoba.

Iyi myanzuro yafatiwe muri iyi nama y’Abakuru b’Ibihugu bya CEEAC si bishya kuri M23 kuko isa n’iyafatiwe mu nama z’Abakuru b’Ibihugu byo mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba zabereye i Nairobi muri Kenya.

Ibi byemezo kandi byanafatiwe mu nama yahuje Komisiyo ihuriweho n’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yateraniye i Luanda muri Angola mu cyumweru gishize.

Umutwe wa M23, wamaze gufata Umujyi wa Bunagana ndetse ukaba uherutse gushyiraho inzego z’imiyoborere muri uyu mujyi, wo wahakanye kuva cyera ko udashobora kuva mu bice wafashe mu gihe cyose ubutegetsi bwa Congo butarashyira mu bikorwa ibyo impande zombi zimvukanyeho.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − three =

Previous Post

Icyo Tshisekedi yavuze ku Rwanda na DRC mu nama Biruta yahagarariyemo Perezida Kagame

Next Post

Imbere ya Panier, umukinnyi wa Basketball yambitse impeta umukozi wo mu biro muri Federasiyo

Related Posts

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

by radiotv10
20/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Burusiya, Sergey Lavrov, byibanze ku guteza imbere...

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

by radiotv10
20/12/2025
0

Bamwe mu barema isoko ry’amatungo magufi ryo mu Murenge wa Kabarondo, bavuga ko babangamirwa n’uko ritazitiye, bigatuma amatungo yangiza ubusitani...

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

by radiotv10
20/12/2025
0

Rwanda’s Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, held talks with his Russian counterpart, Sergey Lavrov, focusing...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
20/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
20/12/2025
1

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

IZIHERUKA

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze
IBYAMAMARE

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

by radiotv10
21/12/2025
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Imbere ya Panier, umukinnyi wa Basketball yambitse impeta umukozi wo mu biro muri Federasiyo

Imbere ya Panier, umukinnyi wa Basketball yambitse impeta umukozi wo mu biro muri Federasiyo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.