Wednesday, December 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

M23 yafatiwe indi myanzuro ikomeye n’undi muryango w’Ibihugu

radiotv10by radiotv10
26/07/2022
in MU RWANDA
0
M23 iravugwaho kugenzura undi mupaka nyuma y’imirwano na FARDC yamaze amasaha 9
Share on FacebookShare on Twitter

Inama y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma byo mu Muryango w’Ubukungu w’Akarere ka Afurika yo Hagati (CEEAC), na yo yemeje ko umutwe wa M23 uhagarika imirwano vuba na bwangu kandi ukava mu bice wafashe.

Iyi nama yateranye kuri uyu wa Mbere tariki 25 Nyakanga 2022, yabereye i Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yayobowe na Perezida Félix Tshisekedi.

Imyanzuro y’iyi nama y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bihuriye muri CEEAC, irimo urebana n’umutwe wa M23 umaze iminsi uri mu mirwano na FARDC, ukaba waranafashe ibice bimwe ubu biri mu maboko yawo.

Abakuru b’Ibihugu bya CEEAC bahuriye muri iyi nama ya 21, bemeranyijwe guhuriza hamwe imbaraga ndetse hagashyirwaho Komisiyo y’uyu muryango izashyiraho uburyo bugamije gushyigikira ibikorwa byo gutuma M23 ihagarika imirwano no kuva mu birindiro yafashe.

Abakuru b’Ibihugu kandi bemeje ko umutwe wa M23, ushyira mu bikorwa imyanzuro yafatiwe mu nama y’i Nairobi.

Muri iyi nama kandi, Perezida Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo wayiyoboye, yagarutse ku bibazo byugarije Igihugu cye birimo kuba mu minsi ishize cyaribasiwe n’icyorezo cya COVID-19 ndetse n’imitwe yitwaje intwaro irimo uyu wa M23 yise ko ari uw’Iterabwoba.

Iyi myanzuro yafatiwe muri iyi nama y’Abakuru b’Ibihugu bya CEEAC si bishya kuri M23 kuko isa n’iyafatiwe mu nama z’Abakuru b’Ibihugu byo mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba zabereye i Nairobi muri Kenya.

Ibi byemezo kandi byanafatiwe mu nama yahuje Komisiyo ihuriweho n’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yateraniye i Luanda muri Angola mu cyumweru gishize.

Umutwe wa M23, wamaze gufata Umujyi wa Bunagana ndetse ukaba uherutse gushyiraho inzego z’imiyoborere muri uyu mujyi, wo wahakanye kuva cyera ko udashobora kuva mu bice wafashe mu gihe cyose ubutegetsi bwa Congo butarashyira mu bikorwa ibyo impande zombi zimvukanyeho.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − 12 =

Previous Post

Icyo Tshisekedi yavuze ku Rwanda na DRC mu nama Biruta yahagarariyemo Perezida Kagame

Next Post

Imbere ya Panier, umukinnyi wa Basketball yambitse impeta umukozi wo mu biro muri Federasiyo

Related Posts

Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

by radiotv10
17/12/2025
0

Umwarimu wigisha mu ishuri ry’Imyuga n’Ubumenyingiro (TSS) rya Mutenderi mu Karere ka Ngoma, yatawe muri yombi akekwaho gusambanya umwana w’umukobwa...

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

by radiotv10
17/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yavuze ko Abapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri pandagari mu Karere ka Rubavu, batangiye gukurikiranwa kuko uburyo babikozemo...

Hari Akarere mu Rwanda kagiye kubarura abashomeri badafite akazi bagatuyemo

Hari Akarere mu Rwanda kagiye kubarura abashomeri badafite akazi bagatuyemo

by radiotv10
17/12/2025
0

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwamenyesheje abagatuye ko hagiye gukorwa igikorwa cyo kubarura abashomeri badafite akazi bari hagati y’imyaka 16 na...

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

by radiotv10
17/12/2025
0

Umusore wo mu Murene wa Runda mu Karere ka Kamonyi, akurikiranyweho kwica umukecuru amukubise ishoka ubwo yamusangaga iwe nyuma yuko...

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

by radiotv10
17/12/2025
0

Igisasu cyo mu bwoko bwa Grenade cyishe giturikanye abana batatu b’umuryango wo mu Murenge wa Cyumba mu Karere ka Gicumbi,...

IZIHERUKA

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026
FOOTBALL

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

by radiotv10
17/12/2025
0

Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

17/12/2025
Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abarimo umunyamakuru Djihad baregwa gusakaza amashusho y’urukozasoni

17/12/2025
Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

17/12/2025
Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

17/12/2025
Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

17/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Imbere ya Panier, umukinnyi wa Basketball yambitse impeta umukozi wo mu biro muri Federasiyo

Imbere ya Panier, umukinnyi wa Basketball yambitse impeta umukozi wo mu biro muri Federasiyo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abarimo umunyamakuru Djihad baregwa gusakaza amashusho y’urukozasoni

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.