Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

M23 yafatiwe indi myanzuro ikomeye n’undi muryango w’Ibihugu

radiotv10by radiotv10
26/07/2022
in MU RWANDA
0
M23 iravugwaho kugenzura undi mupaka nyuma y’imirwano na FARDC yamaze amasaha 9
Share on FacebookShare on Twitter

Inama y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma byo mu Muryango w’Ubukungu w’Akarere ka Afurika yo Hagati (CEEAC), na yo yemeje ko umutwe wa M23 uhagarika imirwano vuba na bwangu kandi ukava mu bice wafashe.

Iyi nama yateranye kuri uyu wa Mbere tariki 25 Nyakanga 2022, yabereye i Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yayobowe na Perezida Félix Tshisekedi.

Imyanzuro y’iyi nama y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bihuriye muri CEEAC, irimo urebana n’umutwe wa M23 umaze iminsi uri mu mirwano na FARDC, ukaba waranafashe ibice bimwe ubu biri mu maboko yawo.

Abakuru b’Ibihugu bya CEEAC bahuriye muri iyi nama ya 21, bemeranyijwe guhuriza hamwe imbaraga ndetse hagashyirwaho Komisiyo y’uyu muryango izashyiraho uburyo bugamije gushyigikira ibikorwa byo gutuma M23 ihagarika imirwano no kuva mu birindiro yafashe.

Abakuru b’Ibihugu kandi bemeje ko umutwe wa M23, ushyira mu bikorwa imyanzuro yafatiwe mu nama y’i Nairobi.

Muri iyi nama kandi, Perezida Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo wayiyoboye, yagarutse ku bibazo byugarije Igihugu cye birimo kuba mu minsi ishize cyaribasiwe n’icyorezo cya COVID-19 ndetse n’imitwe yitwaje intwaro irimo uyu wa M23 yise ko ari uw’Iterabwoba.

Iyi myanzuro yafatiwe muri iyi nama y’Abakuru b’Ibihugu bya CEEAC si bishya kuri M23 kuko isa n’iyafatiwe mu nama z’Abakuru b’Ibihugu byo mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba zabereye i Nairobi muri Kenya.

Ibi byemezo kandi byanafatiwe mu nama yahuje Komisiyo ihuriweho n’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yateraniye i Luanda muri Angola mu cyumweru gishize.

Umutwe wa M23, wamaze gufata Umujyi wa Bunagana ndetse ukaba uherutse gushyiraho inzego z’imiyoborere muri uyu mujyi, wo wahakanye kuva cyera ko udashobora kuva mu bice wafashe mu gihe cyose ubutegetsi bwa Congo butarashyira mu bikorwa ibyo impande zombi zimvukanyeho.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine − five =

Previous Post

Icyo Tshisekedi yavuze ku Rwanda na DRC mu nama Biruta yahagarariyemo Perezida Kagame

Next Post

Imbere ya Panier, umukinnyi wa Basketball yambitse impeta umukozi wo mu biro muri Federasiyo

Related Posts

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

by radiotv10
07/01/2026
0

Mental exhaustion doesn’t always look like a breakdown or tears. Most of the time, it shows up quietly in ways...

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

by radiotv10
07/01/2026
0

Have you ever noticed how January feels like a fresh start? Suddenly, people are setting goals, joining gyms, or trying...

IZIHERUKA

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye
MU RWANDA

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

07/01/2026
The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Imbere ya Panier, umukinnyi wa Basketball yambitse impeta umukozi wo mu biro muri Federasiyo

Imbere ya Panier, umukinnyi wa Basketball yambitse impeta umukozi wo mu biro muri Federasiyo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.