Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

M23 yagaragaje amakuru ababaje y’ibikorwa bya FARDC birimo no kwiheruka

radiotv10by radiotv10
23/03/2023
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
M23 yagaragaje amakuru ababaje y’ibikorwa bya FARDC birimo no kwiheruka

Photo-Internet: Umwe mu basirikare wigeze guhohoterwa azira uko asa

Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 wagaragaje ko igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) gikomeje kwivugana abo mu bwoko bw’Abatutsi, ugaragaza abo giherutse kwica barimo abasirikare babiri bacyo bafite amapite yo hejuru cyabahoye uko basa ngo nk’Abatutsi.

Ni urutonde rw’abantu batanu rukubiye mu itangaro ryashyizwe hanze n’ubuyobozi bw’Umutwe wa M23 mu kuri uyu wa Gatatu tariki 22 Werurwe 2023.

Iri tangazo ryo kumenyesha amahanga ndetse n’Abanyekongo muri rusange, M23 itangira ivuga ko itewe impungenge n’ibikorwa bishya bya gisirikare biyobowe n’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo gifatanyamo n’imitwe nka FDLR, NYATURA, APCLS, PARECO, Mai-Mai ndetse n’abacancuro.

Uyu mutwe uvuga ko Guverinoma ya Congo ikomeje kurenga ku mwanzuro wo guhagarika imirwano, aho igisirikare cyayo cyahise kigabiza ibice biherutse kurekurwa na M23 mu rwego rwo kubona uko kigaba ibitero ku birindiro by’uyu mutwe.

M23 ivuga kandi ko ibi bikorwa byo gushotora M23, binaherekezwa n’ibikorwa byo kwica abasivile, imbwirwaruhame zibiba urwango, ivanguramoko ndetse no kwica abantu bazizwa uko baremwe n’ibindi bikorwa bihonyora uburenganzira bwa bamwe mu Banyekongo.

Iti tangazo ryashyizweho umukono n’Umuvugizi wa M23 mu bya Politiki, Lawrence Kanyuka, rikomeza rigaragaza urutonde rw’abasivile ndetse n’abasirikare baherutse kwicwa bazizwa ubwoko bwabo.

Aba bantu; ni Justin Sesogo Mani wari umwarimu kuri Rugari Institute Mahono, ndetse n’umwana we w’imyaka icumi wakomerekejwe, ubu akaba avurirwa mu Bitaro bya Rutshuru.

Hishwe kandi Byiringiro w’imyaka 18 wiciwe muri Kirumbu ku ya 20 Werurwe 2023, hakaba kandi umuyobozi wa Lokarite ya Nyamagana, witwa Pontien Ruribikiye wishwe tariki 17 Werurwe 2023.

Hishwe kandi abasirikare babiri, Lieutenant Gahaya Adrien wari ingabo muri FARDC wishwe azizwa isura ye ngo igaragara nk’iy’umututsi, yicirwa ahitwa Kimoko tariki 18 Werurwe 2023.

Nanone hishwe Lieutenant Colonel Gatari Ngarukiye Celestin na we wishwe mu buryo bumwe n’uyu Lieutenant Gahaya wishwe azira uko asa.

Muri iri tangazo kandi; M23 ivuga ko ku wa Kabiri tariki 21 Werurwe 2023, i Kilorirwe habaye ibiganiro byahuje M23, itsinda rya EACRF rw’ingabo z’Umuryango w’Akarere ka Afurika y’Iburasirazuba ndetse n’itsinda rya EJVM.

Ibi biganiro byari bigamije “kurebera hamwe niba impande zose zirebwa n’umwanzuro wo guhagarika imirwano, ziri kuwubahiriza, niba kandi nta bikorwa bibangamira uburenganzira bwa muntu. Byagaragaye ko M23 iri mu murongo w’ibyo wiyemeje byo gusubira inyuma no guhagarika imirwano.”

Gusa imirwano hagati y’uyu mutwe wa M23 ndetse n’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) yo irakomeje, aho kuri uyu wa Gatatu yabereye mu bice bya Rugari, Buhumba na Kibumba.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − eight =

Previous Post

Impundu zari zigiye kuvuga: Amavubi yihagazeho akagozi gacika mu minota ya nyuma

Next Post

Amakuru mashya ashimishije ku muhanzikazi uri kuzamukana imbaduko mu Rwanda

Related Posts

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

by radiotv10
21/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko rizasubira mu Mujyi wa Uvira nyuma yuko riwukuyemo abarwanyi baryo bose, ugahita wigabizwa n’uruhande bahanganye, rugatangira...

AFC/M23 says it may return to Uvira days after withdrawing its forces

AFC/M23 says it may return to Uvira days after withdrawing its forces

by radiotv10
21/01/2026
0

The AFC/M23 coalition has indicated that it will return to the city of Uvira after withdrawing all its fighters, following...

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

by radiotv10
20/01/2026
0

Uganda held widely watched presidential and parliamentary elections on 15 January 2026, choosing both the country’s leader and members of...

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

by radiotv10
20/01/2026
0

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, cyatangaje ko kigaruriye Umujyi wa Uvira muri Kivu y’Epfo, nyuma yuko Ihuriro AFC/M23...

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

by radiotv10
20/01/2026
0

Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni, yabwiye abaturage ko intsinzi ikomeye yabonye mu matora y’umukuru w’igihugu aheruka igaragaza ubuhangange bw’ishyaka rye,...

IZIHERUKA

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe
FOOTBALL

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

by radiotv10
21/01/2026
0

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya ashimishije ku muhanzikazi uri kuzamukana imbaduko mu Rwanda

Amakuru mashya ashimishije ku muhanzikazi uri kuzamukana imbaduko mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.