Wednesday, June 18, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

M23 yagaragaje amakuru ababaje y’ibikorwa bya FARDC birimo no kwiheruka

radiotv10by radiotv10
23/03/2023
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
M23 yagaragaje amakuru ababaje y’ibikorwa bya FARDC birimo no kwiheruka

Photo-Internet: Umwe mu basirikare wigeze guhohoterwa azira uko asa

Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 wagaragaje ko igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) gikomeje kwivugana abo mu bwoko bw’Abatutsi, ugaragaza abo giherutse kwica barimo abasirikare babiri bacyo bafite amapite yo hejuru cyabahoye uko basa ngo nk’Abatutsi.

Ni urutonde rw’abantu batanu rukubiye mu itangaro ryashyizwe hanze n’ubuyobozi bw’Umutwe wa M23 mu kuri uyu wa Gatatu tariki 22 Werurwe 2023.

Iri tangazo ryo kumenyesha amahanga ndetse n’Abanyekongo muri rusange, M23 itangira ivuga ko itewe impungenge n’ibikorwa bishya bya gisirikare biyobowe n’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo gifatanyamo n’imitwe nka FDLR, NYATURA, APCLS, PARECO, Mai-Mai ndetse n’abacancuro.

Uyu mutwe uvuga ko Guverinoma ya Congo ikomeje kurenga ku mwanzuro wo guhagarika imirwano, aho igisirikare cyayo cyahise kigabiza ibice biherutse kurekurwa na M23 mu rwego rwo kubona uko kigaba ibitero ku birindiro by’uyu mutwe.

M23 ivuga kandi ko ibi bikorwa byo gushotora M23, binaherekezwa n’ibikorwa byo kwica abasivile, imbwirwaruhame zibiba urwango, ivanguramoko ndetse no kwica abantu bazizwa uko baremwe n’ibindi bikorwa bihonyora uburenganzira bwa bamwe mu Banyekongo.

Iti tangazo ryashyizweho umukono n’Umuvugizi wa M23 mu bya Politiki, Lawrence Kanyuka, rikomeza rigaragaza urutonde rw’abasivile ndetse n’abasirikare baherutse kwicwa bazizwa ubwoko bwabo.

Aba bantu; ni Justin Sesogo Mani wari umwarimu kuri Rugari Institute Mahono, ndetse n’umwana we w’imyaka icumi wakomerekejwe, ubu akaba avurirwa mu Bitaro bya Rutshuru.

Hishwe kandi Byiringiro w’imyaka 18 wiciwe muri Kirumbu ku ya 20 Werurwe 2023, hakaba kandi umuyobozi wa Lokarite ya Nyamagana, witwa Pontien Ruribikiye wishwe tariki 17 Werurwe 2023.

Hishwe kandi abasirikare babiri, Lieutenant Gahaya Adrien wari ingabo muri FARDC wishwe azizwa isura ye ngo igaragara nk’iy’umututsi, yicirwa ahitwa Kimoko tariki 18 Werurwe 2023.

Nanone hishwe Lieutenant Colonel Gatari Ngarukiye Celestin na we wishwe mu buryo bumwe n’uyu Lieutenant Gahaya wishwe azira uko asa.

Muri iri tangazo kandi; M23 ivuga ko ku wa Kabiri tariki 21 Werurwe 2023, i Kilorirwe habaye ibiganiro byahuje M23, itsinda rya EACRF rw’ingabo z’Umuryango w’Akarere ka Afurika y’Iburasirazuba ndetse n’itsinda rya EJVM.

Ibi biganiro byari bigamije “kurebera hamwe niba impande zose zirebwa n’umwanzuro wo guhagarika imirwano, ziri kuwubahiriza, niba kandi nta bikorwa bibangamira uburenganzira bwa muntu. Byagaragaye ko M23 iri mu murongo w’ibyo wiyemeje byo gusubira inyuma no guhagarika imirwano.”

Gusa imirwano hagati y’uyu mutwe wa M23 ndetse n’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) yo irakomeje, aho kuri uyu wa Gatatu yabereye mu bice bya Rugari, Buhumba na Kibumba.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − 7 =

Previous Post

Impundu zari zigiye kuvuga: Amavubi yihagazeho akagozi gacika mu minota ya nyuma

Next Post

Amakuru mashya ashimishije ku muhanzikazi uri kuzamukana imbaduko mu Rwanda

Related Posts

Nyuma y’iminsi micye Igisirikare cya Israel cyishe Abajenerali batatu ba Iran cyongeye kwigamba

Nyuma y’iminsi micye Igisirikare cya Israel cyishe Abajenerali batatu ba Iran cyongeye kwigamba

by radiotv10
17/06/2025
0

Igisirikare cya Israel kiravuga ko ku nshuro ya kabiri mu gihe cy’iminsi itanu gusa cyivuganye Abajenerali batatu mu gisirikare cya...

Haravugwa amakuru ateye impungenge mu bice biberamo biberamo imirwano muri Congo

Haravugwa amakuru ateye impungenge mu bice biberamo biberamo imirwano muri Congo

by radiotv10
17/06/2025
0

Komiseri Mukuru w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Burenganzira bwa Muntu, Volker Türk yavuze ko ibintu byifashe nabi mu Burasirazuba bwa...

Hari icyabonetse mu iperereza ku mpanuka y’indege yahitanye abarenga 200

Hari icyabonetse mu iperereza ku mpanuka y’indege yahitanye abarenga 200

by radiotv10
16/06/2025
0

Abari gukora iperereza ku mpanuka y’indege ya Air India iherutse gukora impanuka igahitana abagenzi 241, babashije kubona agasanduku gafata amajwi,...

Trump yabaye nk’ukina ku mubyimba Iran ku bitero rurangiza byayishegeshe bikanahitana abasirikare bakuru bayo

Trump yabaye nk’ukina ku mubyimba Iran ku bitero rurangiza byayishegeshe bikanahitana abasirikare bakuru bayo

by radiotv10
14/06/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump; yavuze ko igitero Israel yagabye kuri Iran cyahitanye abasirikare bakomeye barimo...

Perezida wa Afurika y’Epfo yakirijwe amarira ubwo yasuraga abaturahe bagize ibyago

Perezida wa Afurika y’Epfo yakirijwe amarira ubwo yasuraga abaturahe bagize ibyago

by radiotv10
14/06/2025
0

Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa, yasuye umujyi wa Mthatha mu Ntara ya Eastern Cape iheruka kwibasirwa n'ibiza by’imvura nyinshi...

IZIHERUKA

Sosiyete y’u Rwanda y’Indege-RwandAir yegukanye igihembo mu byatangiwe i Burayi
MU RWANDA

Sosiyete y’u Rwanda y’Indege-RwandAir yegukanye igihembo mu byatangiwe i Burayi

by radiotv10
17/06/2025
0

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

17/06/2025
Izajya ihabwa n’abakivuka: Iby’ingenzi wamenya ku irangamuntu nshya igiye kujya itangwa mu Rwanda

Izajya ihabwa n’abakivuka: Iby’ingenzi wamenya ku irangamuntu nshya igiye kujya itangwa mu Rwanda

17/06/2025
Umucyo ku bakinnyi bavugwa muri APR barimo n’abayikiniye bashobora kuyigarukamo

Umucyo ku bakinnyi bavugwa muri APR barimo n’abayikiniye bashobora kuyigarukamo

17/06/2025
Harimo no gucibwa Miliyani 10Frw: Hatangajwe ibihano ku bazajya bishyuza amafaranga y’amanyamahanga

Harimo no gucibwa Miliyani 10Frw: Hatangajwe ibihano ku bazajya bishyuza amafaranga y’amanyamahanga

17/06/2025
Nyuma y’iminsi micye Igisirikare cya Israel cyishe Abajenerali batatu ba Iran cyongeye kwigamba

Nyuma y’iminsi micye Igisirikare cya Israel cyishe Abajenerali batatu ba Iran cyongeye kwigamba

17/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya ashimishije ku muhanzikazi uri kuzamukana imbaduko mu Rwanda

Amakuru mashya ashimishije ku muhanzikazi uri kuzamukana imbaduko mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Sosiyete y’u Rwanda y’Indege-RwandAir yegukanye igihembo mu byatangiwe i Burayi

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Izajya ihabwa n’abakivuka: Iby’ingenzi wamenya ku irangamuntu nshya igiye kujya itangwa mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.