• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Amakuru mashya ashimishije ku muhanzikazi uri kuzamukana imbaduko mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
23/03/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Amakuru mashya ashimishije ku muhanzikazi uri kuzamukana imbaduko mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzikazi Bwiza Emerance uri mu bagezweho mu Rwanda nubwo akizamuka, yerecyeje ku Mugabane w’u Burayi mu gitaramo yatumiwemo, nyuma yuko mu minsi ishize yagombaga kwerecyezayo bikaza kwanga.

Uyu muhanzikazi uri kubaka izina muri muzika nyarwanda, yuriye rutemikirere mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatatu tariki 22 Werurwe 2023 ku isaha ya saa 20:30’.

Bwiza werecyeje i Lyon mu Bufaransa, aho azakorera iki gitaramo yatumiwemo kizaba kuri uyu wa Gatanu tariki 24 Werurwe 2023, yagiye aherekejwe na bamwe mu bayobozi b’inzu isanzwe imufasha mu bya muzika ya KIKAC.

Ni ku nshuro ya mbere Bwiza yerecyeje ku Mugabane w’u Burayi, nyuma yuko mu minsi ishize yagombaga kujyayo ariko bikaza kwanga.

Bwiza agiye gutaramira ku Mugabane w’u Burayi, ari umwe mu bahanzikazi bakomeje kwigaragaza, yaba mu bihangano akora bigasamirwa hejuru ndetse no mu bitararamo atumirwamo mu Rwanda.

Bwiza udasiba gushyira hanze indirimbo, aherutse gusohora iyo yise Pain Killer yaje ikurikira iyitwa Soja yakoranye na Juno Kizigenza na we uri mu bagezweho mu Rwanda.

Abahanzi nyarwanda bakomeje guhirwa no gutumirwa mu bitaramo by’i Burayi, dore ko Bwiza agiyeyo asanzeyo Muneza Christopher na Riderman, bazanakorana muri iki gitaramo kizaba kuri uyu wa Gatanu.

Khamiss SANGO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × three =

Previous Post

M23 yagaragaje amakuru ababaje y’ibikorwa bya FARDC birimo no kwiheruka

Next Post

Meddy yakoze ibyatunguye benshi babyakirije impundu

Related Posts

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

by radiotv10
02/06/2026
0

Mu rubanza ruregwamo umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, Ubushinjacyaha bwagaragaje impamvu zikomeye bumusabira gufungwa by’agateganyo, zirimo urumogi ruri ku...

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

by radiotv10
02/06/2026
0

Umuhanzikazi France Mpundu uherutse kwambikwa impeta n’umusore wo muri Niger, Moctar bahuriye mu kiganiro ‘The Secret Story’ cyamamaye, yatangaje ko...

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

by radiotv10
01/06/2026
0

Uwamamaye nka Cedru mu mwuga wo gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi, yambitse impeta umukobwa witwa Ella wavuzweho gukundana na Lick Lick...

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

by radiotv10
01/06/2026
0

Your twenties are often described as the decade of discovery. It is a time when many people finish school, start...

Secrets to building strong and healthy friendships

Secrets to building strong and healthy friendships

by radiotv10
01/06/2026
0

Friendships are some of the most valuable relationships in our lives. Good friends support us during difficult times, celebrate our...

Next Post
Meddy yakoze ibyatunguye benshi babyakirije impundu

Meddy yakoze ibyatunguye benshi babyakirije impundu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.