Friday, May 9, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

M23 yagaragaje gihamya ko yafashe Ikibuga cy’Indege cya Goma inaganje muri uyu Mujyi

radiotv10by radiotv10
28/01/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
M23 yagaragaje gihamya ko yafashe Ikibuga cy’Indege cya Goma inaganje muri uyu Mujyi
Share on FacebookShare on Twitter

Umuvugizi wa M23 mu bya gisirikare, Col Willy Ngoma, yagaragaje ifoto yafotowe ahagaze ku Kibuga cy’Indege cya Goma, avuga ko ubu cyose cyamaze kugwa mu maboko y’uyu mutwe.

Ni ifoto yashyizwe hanze na Col Willy Ngoma kuri uyu Kabiri tariki 28 Mutarama 2025 ku isaha ya saa sita zirengaho iminota micye ku masaha yo mu Rwanda.

Iyi foto igaragaza Col Willy Ngoma ahagaze ku Kibuga cy’Indege cya Goma, iherekejwe n’ubutumwa bwe bugira buti “Ikibuga cy’Indege cya Goma ubu cyose kirinzwe n’Intare [abarwanyi ba M23 bakunze kwiyita Intare za Sarambwe].”

Willy Ngoma atangaje ibi nyuma y’iminsi ibiri uyu mutwe wa M23 unafunze ibikirwa by’iki kibuga cy’Indege cya Goma, aho ku ya 26 Mutarama 2025 wari watangaje ko ufunze ibikorwa byacyo kuko cyifashishwaga n’uruhande bahanganye mu bitero by’indege byari birembeje abaturage n’abarwanyi b’uyu mutwe.

Willy Ngoma atangaje ifatwa burundu rw’iki Kibuga cy’Indege cya Goma, nyuma y’umunsi urengaho amasaha, mugenzi we Lawrence Kanyuka usanzwe ari umuvugizi w’uyu mutwe mu bya Politiki, atangaje ko umujyi wa Goma wamaze kubohorwa.

Hari n’amafoto yagiye hanze agaragaza abarwanyi ba M23 bari muri uyu mujyi wa Goma rwagati, ndetse uyu muvugizi w’uyu mutwe, Col Willy Ngoma we n’abandi barwanyi bapfukamye hasi bashimira Imana kuba yatumye bagera kuri iyi ntambwe.

Gusa amakuru ava muri uyu mujyi, avuga ko hari uduce tukirimo uruhande ruhanganye n’uyu mutwe, rugikomeje guhanyanyaza rwihagararaho, mu gihe abenshi biganjemo abasirikare ba FARDC bamaze gukuramo akabo karenge bagahungira mu Rwanda.

Willy Ngoma ku kibuga cy’Indege cya Goma

Bashimiye Imana yababaye imbere

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 2 =

Previous Post

Umwe mu bahanzi Nyarwanda agiye gukora ubukwe n’umukobwa uba muri America

Next Post

Amashusho y’umuhanzikazi w’ikirangirire ari kurira akomeje kurikoroza

Related Posts

Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

by radiotv10
08/05/2025
0

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 rihanganye n'Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bafashe Sheferi ya Luhwinja yo muri Teritwari ya Mwenga...

DRC: Hari Ishyaka ryemeje ko rizatangamo Kabila umukandida mu matora ya Perezida ya 2023

Ishyaka rya Kabila ryafashe icyemezo nyuma yo kubona ko icyo ryafatiwe n’ubutegetsi kitagifite agaciro

by radiotv10
07/05/2025
0

Ishyaka PPRD rya Joseph Kabila wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryafashe icyemezo cyo gusubukura ibikorwa byaryo nyuma...

Hadutse indi ntambara ihanganishije Ibihugu by’ibituranyi nyuma y’ubushotoranyi butavugwaho rumwe

Hadutse indi ntambara ihanganishije Ibihugu by’ibituranyi nyuma y’ubushotoranyi butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/05/2025
0

Nyuma y’ibyumweru bibiri hagabwe igitero mu gace k’ubukerarugendo ko mu Buhindi, iki Gihugu kikagishinja igituranyi cyacyo cya Pakistan, cyatangije ibitero...

Leta ya Sudan yacanye umubano n’Igihugu ishinja gufasha umutwe uhanganye n’igisirikare cyayo

Leta ya Sudan yacanye umubano n’Igihugu ishinja gufasha umutwe uhanganye n’igisirikare cyayo

by radiotv10
07/05/2025
0

Mu gihe intamabara ihanganishije Igisirikare cya Sudan na Rapid Support Forces ikomeje guhindura isura, Guverinoma y’iki Gihugu, yacanye umubano na...

DRCongo: Abasirikare babiri bikekwa ko bari baganjijwe na manyinya bishe barashe abantu 15

Abarimo ‘Capitaine’ b’igisirikare cya Congo biciwe mu mirwano yabahuje n’imitwe irimo urwanya u Burundi

by radiotv10
07/05/2025
0

Abasirikare babiri bo mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) barimo ufite ipeti rya ‘Capitaine’ bivuganywe n'igico batezwe...

IZIHERUKA

Hatangajwe igikekwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi
MU RWANDA

Ibyo twamenye bivugwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho ihohotera rishingiye ku gitsina

by radiotv10
08/05/2025
0

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

08/05/2025
Igisubuzo Polisi y’u Rwanda yahaye uwayisabiye kumujyana Iwawa kuko ubuzima busanzwe bwanze

Igisubuzo Polisi y’u Rwanda yahaye uwayisabiye kumujyana Iwawa kuko ubuzima busanzwe bwanze

08/05/2025
Harimo iyari imaze imyaka 11: Amakipe yazamutse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

Harimo iyari imaze imyaka 11: Amakipe yazamutse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

08/05/2025
Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

08/05/2025
Rwamagana: Ntibumva uko basabwa kugurira Leta imodoka kandi batayirusha amafaranga

Rwamagana: Ntibumva uko basabwa kugurira Leta imodoka kandi batayirusha amafaranga

08/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amashusho y’umuhanzikazi w’ikirangirire ari kurira akomeje kurikoroza

Amashusho y’umuhanzikazi w’ikirangirire ari kurira akomeje kurikoroza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Ibyo twamenye bivugwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho ihohotera rishingiye ku gitsina

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

Igisubuzo Polisi y’u Rwanda yahaye uwayisabiye kumujyana Iwawa kuko ubuzima busanzwe bwanze

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.