Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

M23 yagaragaje gihamya ko yafashe Ikibuga cy’Indege cya Goma inaganje muri uyu Mujyi

radiotv10by radiotv10
28/01/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
M23 yagaragaje gihamya ko yafashe Ikibuga cy’Indege cya Goma inaganje muri uyu Mujyi
Share on FacebookShare on Twitter

Umuvugizi wa M23 mu bya gisirikare, Col Willy Ngoma, yagaragaje ifoto yafotowe ahagaze ku Kibuga cy’Indege cya Goma, avuga ko ubu cyose cyamaze kugwa mu maboko y’uyu mutwe.

Ni ifoto yashyizwe hanze na Col Willy Ngoma kuri uyu Kabiri tariki 28 Mutarama 2025 ku isaha ya saa sita zirengaho iminota micye ku masaha yo mu Rwanda.

Iyi foto igaragaza Col Willy Ngoma ahagaze ku Kibuga cy’Indege cya Goma, iherekejwe n’ubutumwa bwe bugira buti “Ikibuga cy’Indege cya Goma ubu cyose kirinzwe n’Intare [abarwanyi ba M23 bakunze kwiyita Intare za Sarambwe].”

Willy Ngoma atangaje ibi nyuma y’iminsi ibiri uyu mutwe wa M23 unafunze ibikirwa by’iki kibuga cy’Indege cya Goma, aho ku ya 26 Mutarama 2025 wari watangaje ko ufunze ibikorwa byacyo kuko cyifashishwaga n’uruhande bahanganye mu bitero by’indege byari birembeje abaturage n’abarwanyi b’uyu mutwe.

Willy Ngoma atangaje ifatwa burundu rw’iki Kibuga cy’Indege cya Goma, nyuma y’umunsi urengaho amasaha, mugenzi we Lawrence Kanyuka usanzwe ari umuvugizi w’uyu mutwe mu bya Politiki, atangaje ko umujyi wa Goma wamaze kubohorwa.

Hari n’amafoto yagiye hanze agaragaza abarwanyi ba M23 bari muri uyu mujyi wa Goma rwagati, ndetse uyu muvugizi w’uyu mutwe, Col Willy Ngoma we n’abandi barwanyi bapfukamye hasi bashimira Imana kuba yatumye bagera kuri iyi ntambwe.

Gusa amakuru ava muri uyu mujyi, avuga ko hari uduce tukirimo uruhande ruhanganye n’uyu mutwe, rugikomeje guhanyanyaza rwihagararaho, mu gihe abenshi biganjemo abasirikare ba FARDC bamaze gukuramo akabo karenge bagahungira mu Rwanda.

Willy Ngoma ku kibuga cy’Indege cya Goma

Bashimiye Imana yababaye imbere

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × three =

Previous Post

Umwe mu bahanzi Nyarwanda agiye gukora ubukwe n’umukobwa uba muri America

Next Post

Amashusho y’umuhanzikazi w’ikirangirire ari kurira akomeje kurikoroza

Related Posts

AFC/M23 says it may return to Uvira days after withdrawing its forces

AFC/M23 says it may return to Uvira days after withdrawing its forces

by radiotv10
21/01/2026
0

The AFC/M23 coalition has indicated that it will return to the city of Uvira after withdrawing all its fighters, following...

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

by radiotv10
21/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko rizasubira mu Mujyi wa Uvira nyuma yuko riwukuyemo abarwanyi baryo bose, ugahita wigabizwa n’uruhande bahanganye, rugatangira...

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

by radiotv10
20/01/2026
0

Uganda held widely watched presidential and parliamentary elections on 15 January 2026, choosing both the country’s leader and members of...

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

by radiotv10
20/01/2026
0

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, cyatangaje ko kigaruriye Umujyi wa Uvira muri Kivu y’Epfo, nyuma yuko Ihuriro AFC/M23...

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

by radiotv10
20/01/2026
0

Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni, yabwiye abaturage ko intsinzi ikomeye yabonye mu matora y’umukuru w’igihugu aheruka igaragaza ubuhangange bw’ishyaka rye,...

IZIHERUKA

AFC/M23 says it may return to Uvira days after withdrawing its forces
AMAHANGA

AFC/M23 says it may return to Uvira days after withdrawing its forces

by radiotv10
21/01/2026
0

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
Menya ibihembo bitubutse byahawe abakinnyi ba Senegal nyuma yo kwegukana Igikombe cya Afurika

Menya ibihembo bitubutse byahawe abakinnyi ba Senegal nyuma yo kwegukana Igikombe cya Afurika

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amashusho y’umuhanzikazi w’ikirangirire ari kurira akomeje kurikoroza

Amashusho y’umuhanzikazi w’ikirangirire ari kurira akomeje kurikoroza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 says it may return to Uvira days after withdrawing its forces

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.