Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

M23 yagaragaje gihamya ko yafashe Ikibuga cy’Indege cya Goma inaganje muri uyu Mujyi

radiotv10by radiotv10
28/01/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
M23 yagaragaje gihamya ko yafashe Ikibuga cy’Indege cya Goma inaganje muri uyu Mujyi
Share on FacebookShare on Twitter

Umuvugizi wa M23 mu bya gisirikare, Col Willy Ngoma, yagaragaje ifoto yafotowe ahagaze ku Kibuga cy’Indege cya Goma, avuga ko ubu cyose cyamaze kugwa mu maboko y’uyu mutwe.

Ni ifoto yashyizwe hanze na Col Willy Ngoma kuri uyu Kabiri tariki 28 Mutarama 2025 ku isaha ya saa sita zirengaho iminota micye ku masaha yo mu Rwanda.

Iyi foto igaragaza Col Willy Ngoma ahagaze ku Kibuga cy’Indege cya Goma, iherekejwe n’ubutumwa bwe bugira buti “Ikibuga cy’Indege cya Goma ubu cyose kirinzwe n’Intare [abarwanyi ba M23 bakunze kwiyita Intare za Sarambwe].”

Willy Ngoma atangaje ibi nyuma y’iminsi ibiri uyu mutwe wa M23 unafunze ibikirwa by’iki kibuga cy’Indege cya Goma, aho ku ya 26 Mutarama 2025 wari watangaje ko ufunze ibikorwa byacyo kuko cyifashishwaga n’uruhande bahanganye mu bitero by’indege byari birembeje abaturage n’abarwanyi b’uyu mutwe.

Willy Ngoma atangaje ifatwa burundu rw’iki Kibuga cy’Indege cya Goma, nyuma y’umunsi urengaho amasaha, mugenzi we Lawrence Kanyuka usanzwe ari umuvugizi w’uyu mutwe mu bya Politiki, atangaje ko umujyi wa Goma wamaze kubohorwa.

Hari n’amafoto yagiye hanze agaragaza abarwanyi ba M23 bari muri uyu mujyi wa Goma rwagati, ndetse uyu muvugizi w’uyu mutwe, Col Willy Ngoma we n’abandi barwanyi bapfukamye hasi bashimira Imana kuba yatumye bagera kuri iyi ntambwe.

Gusa amakuru ava muri uyu mujyi, avuga ko hari uduce tukirimo uruhande ruhanganye n’uyu mutwe, rugikomeje guhanyanyaza rwihagararaho, mu gihe abenshi biganjemo abasirikare ba FARDC bamaze gukuramo akabo karenge bagahungira mu Rwanda.

Willy Ngoma ku kibuga cy’Indege cya Goma

Bashimiye Imana yababaye imbere

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 + 6 =

Previous Post

Umwe mu bahanzi Nyarwanda agiye gukora ubukwe n’umukobwa uba muri America

Next Post

Amashusho y’umuhanzikazi w’ikirangirire ari kurira akomeje kurikoroza

Related Posts

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

by radiotv10
02/01/2026
0

Evans Eshun, uzwi ku izina rya Ebo Noah, wiyita umuhanuzi wo muri Ghana, yatawe muri yombi na Polisi y’iki Gihugu...

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

by radiotv10
01/01/2026
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, mu ijambo rye risoza umwaka, yongeye gushinja u Rwanda ibinyoma ko rufite uruhare mu bibazo...

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

by radiotv10
31/12/2025
0

Igihugu cya Mali n’icya Burkina Faso, byashyize hanze amatangazo y’ibyemezo bishobora gufata byo kwihimura kuri Leta Zunze Ubumwe za America...

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

by radiotv10
30/12/2025
0

Abayobozi bakuru b’Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Umugaba Mukuru w’Ingabo zaryo, Gen Sultani...

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

by radiotv10
30/12/2025
0

Maj Gen Sultani Makenga, Umugaba Mukuru w’Ingabo za AFC/M23, yibukije abagize iri huriro ko batagomba kumva ko intambara yo kurandura...

IZIHERUKA

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery
IMIBEREHO MYIZA

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

02/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

02/01/2026
Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

02/01/2026
Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

01/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amashusho y’umuhanzikazi w’ikirangirire ari kurira akomeje kurikoroza

Amashusho y’umuhanzikazi w’ikirangirire ari kurira akomeje kurikoroza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.