Sunday, June 1, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

M23 yagaragaje ko ikomeje kunguka abarwanyi bashya

radiotv10by radiotv10
20/03/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
M23 yagaragaje ko ikomeje kunguka abarwanyi bashya
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Umutwe wa M23, bwavuze ko urubyiruko rubarirwa mu ijana rwo muri Teritwari ya Masisi, rwifuje kwinjira mu gisirikare cy’uyu mutwe umaze igihe uhanganye na Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Byatangajwe n’Umuvugizi wa M23, Lawrence Kanyuka mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 20 Werurwe 2025, mu butumwa yatambukije ku rubuga nkoranyambaga rwa X.

Muri ubu butumwa, Lawrence Kanyuka, yagize ati “Urubyiruko rubarirwa mu ijana rwo muri Bweremana muri Sheferi ya Buhunde muri Teritwari ya Masisi, bagaragaje ubushake bwo kwinjira mu gisirikare cya ARC/M23.”

Lawrence Kanyuka yavuze ko ubu bushake bw’uru rubyiruko rwabugaragaje ku wa Kabiri w’iki cyumweru, tariki 17 Werurwe 2025 mu biganiro Guverineri Wungirije w’Intara, Shadrak Amani Bahati yari yagiranye n’abaturage bo muri aka gace ka Bweremana.

Muri ibi biganiro, Guverineri Wungirije, Shadrak Amani Bahati wari uhagarariye Guverineri, yasabye abaturage bo muri aka gace ka Bweramana kugira uruhare mu mutekano wabo, kandi bakunga ubumwe, kugira ngo babashe kugera ku iterambere.

Uyu mutwe wa M23 ukomeje kunguka amaboko mashya y’abarwanyi bari kuwinjiramo, wamaze no gufata umujyi wa Walikare wo mu Ntara ya Kivu ya Ruguru.

Iki gikorwa cyo gufata uyu Mujyi wa Walikare cyabaye kuri uyu wa Gatatu tariki 19 Werurwe 2025 nyuma yuko wari umaze gufata uduce dutandukanye turimo Ngora, Kisima na Mubanda.

Uyu mutwe ufashe uyu mujyi nyuma yuko wanze no kwitabira ibiganiro byagombaga kuwuhuza n’ubuyobozi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byagombaga kuba ku wa Kabiri tariki 18 Werurwe 2025, ariko uyu mutwe ukaza kwanga kubyitabira ku munota wa nyuma nyuma yuko bamwe mu bayobozi b’ihuriro AFC/M23 bari mu basohotse mu baherutse gufatirwa ibihano n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 3 =

Previous Post

Haravugwa n’ubukwe: Iby’urukundo rw’abazwi mu myidagaduro y’u Rwanda bikomeje kuvugwaho

Next Post

Hagaragajwe gahunda y’uko abanyeshuri biga bacumbikiwe bazataha

Related Posts

Joseph Kabila kuva yagera i Goma yagaragaye ari kumwe n’abayobozi ba AFC/M23

Joseph Kabila kuva yagera i Goma yagaragaye ari kumwe n’abayobozi ba AFC/M23

by radiotv10
31/05/2025
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 bwatangaje ko bwagiranye ibiganiro byiza na Joseph Kabila Kabange wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo,...

Kabila yahuye n’irindi tsinda atangaza n’isezerano yarihaye rireba Abanyekongo bose

Kabila yahuye n’irindi tsinda atangaza n’isezerano yarihaye rireba Abanyekongo bose

by radiotv10
30/05/2025
0

Joseph Kabila wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, uherutse kugaruka muri iki Gihugu byumwihariko mu mujyi wa Goma...

Amakuru agezweho kuri AFC/M23 nyuma y’iminsi itatu y’imirwano ikaze hagati yayo na Wazalendo

Amakuru agezweho kuri AFC/M23 nyuma y’iminsi itatu y’imirwano ikaze hagati yayo na Wazalendo

by radiotv10
30/05/2025
0

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 bari kugenzura uduce twinshi twa Gurupoma ya Ikobo muri Teritwari ya Walikare, nyuma y’iminsi itatu y’imirwano yari...

Menya igikorwa cya mbere Joseph Kabila yagaragayemo kuva yagera i Goma

Menya igikorwa cya mbere Joseph Kabila yagaragayemo kuva yagera i Goma

by radiotv10
29/05/2025
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 bwatangaje ko Joseph Kabila wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo wamaze kugera mu bice bigenzurwa...

Burundi: Umunyapolitiki wo mu ishyaka riri ku butegetesi wifuza kuba Umudepite yatawe muri yombi

Burundi: Umunyapolitiki wo mu ishyaka riri ku butegetesi wifuza kuba Umudepite yatawe muri yombi

by radiotv10
29/05/2025
0

Umukandida uri guhatanira kuba Umudepite ahagarariye Ishyaka CNDD-FDD mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Burundi, yatawe muri yombi avuye mu nama....

IZIHERUKA

Joseph Kabila kuva yagera i Goma yagaragaye ari kumwe n’abayobozi ba AFC/M23
AMAHANGA

Joseph Kabila kuva yagera i Goma yagaragaye ari kumwe n’abayobozi ba AFC/M23

by radiotv10
31/05/2025
0

Abakunzi b’Umuziki Nyarwanda mu Gihugu hose bagiye kongera kunyeganyega

Abakunzi b’Umuziki Nyarwanda mu Gihugu hose bagiye kongera kunyeganyega

31/05/2025
Kabila yahuye n’irindi tsinda atangaza n’isezerano yarihaye rireba Abanyekongo bose

Kabila yahuye n’irindi tsinda atangaza n’isezerano yarihaye rireba Abanyekongo bose

30/05/2025
Amakuru agezweho kuri AFC/M23 nyuma y’iminsi itatu y’imirwano ikaze hagati yayo na Wazalendo

Amakuru agezweho kuri AFC/M23 nyuma y’iminsi itatu y’imirwano ikaze hagati yayo na Wazalendo

30/05/2025
Annet Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ ufunze yongeye kumugenera ubutumwa

Annet Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ ufunze yongeye kumugenera ubutumwa

30/05/2025
Hatanzwe umucyo ku mpamvu i Nyange hashyinguwe intwari ebyiri kandi hariciwe batandatu

Hatanzwe umucyo ku mpamvu i Nyange hashyinguwe intwari ebyiri kandi hariciwe batandatu

30/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hagaragajwe gahunda y’uko abanyeshuri biga bacumbikiwe bazataha

Hagaragajwe gahunda y’uko abanyeshuri biga bacumbikiwe bazataha

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Joseph Kabila kuva yagera i Goma yagaragaye ari kumwe n’abayobozi ba AFC/M23

Abakunzi b’Umuziki Nyarwanda mu Gihugu hose bagiye kongera kunyeganyega

Kabila yahuye n’irindi tsinda atangaza n’isezerano yarihaye rireba Abanyekongo bose

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.