Friday, February 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

M23 yageneye ubutumwa bukarishye Ingabo za EAC zigiye koherezwa kuyihashya

radiotv10by radiotv10
23/06/2022
in MU RWANDA
0
M23 yagaragaje aho ihagaze ku myanzuro y’Abakuru b’Ibihugu bya EAC
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 ukomeje guhangana na FARDC muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, uratangaza ko udatewe ubwoba n’Itsinda ry’ingabo rihuriweho n’Ibihugu bigize EAC rigomba koherezwa kurandura imitwe yitwaje intwaro mu Burasirazuba bwa Congo irimo n’uyu.

Inama y’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) yateranye kuri uyu wa Mbere tariki 20 Kamena 2022, yahaye umugisha icyemezo cyo kohereza ingabo zihuriweho n’Ibihugu bigize uyu muryango, muri DRC kurandura imitwe yitwaje intwaro.

Uku guha umugisha iki gikorwa byaje bikurikira ibyemezo byari byafatiwe mu Nama ya mbere y’abakuru b’Ibihugu yateranye tariki 21 Mata 2022 igafata iki cyemezo.

Iyi nama y’Abakuru b’Ibihugu kandi yaje ikurikira iy’Abagaba Bakuru b’Ingabo zo mu Bihugu bigize EAC yateranye tariki 19 Kamena yiga ku mirongo y’uburyo iri tsinda rizatangira inshingano zaryo.

Umutwe wa M23 wari wasohoye itangazo rigira icyo rivuga ku myanzuro yafatiwe mu Nama y’Abakuru b’Ibihugu yateranye ku wa Mbere, yari yashimye icyemezo gisaba ubutegetsi bwa DRC guhagarika imvugo z’urwanga zikomeje gukwirakwira zisaba abaturage kugirira nabi Abanye-Congo bavuva Ikinyarwanda.

Gusa uyu mutwe ntiwari wigeze ugira icyo uvuga ku ngingo iyireba cyane yavugaga ko imitwe yose iri mu Congo igomba kuva mu bice yafashe ndetse n’iyavugaga ko Abakuru b’Ibihugu bemeje iyoherezwa ry’ingabo zigize iri tsinda.

Umuvugizi wa M23, Maj Willy Ngoma yabwiye BBC ko badatewe impungenge n’iri tsinda kuko bafite icyo barwanira kandi cyumvikana.

Abajijwe n’Umunyamakuru niba batatewe ubwoba n’izi ngabo zigiye koherezwa kubarandura, Maj Willy Ngoma yagize ati “Ubwoba bw’iki? Bwande? Twebwe, igihe cyose turwanira kuramuka kwacu, kuri ejo hazaza h’abana bacu, kuri ejo hazaza h’iki gihugu, twagira ubwoba bw’iki? Ntabwo.”

Abagaba Bakuru b’Ingabo zo mu Bihugu bigize EAC barahuye baganira ku iyoherezwa ry’iri tsinda

 

Maj Willy Ngoma uherutse no gutangaza ko nta ngabo zapfa kubakura mu Mujyi wa Bunagana baherutse gufata, muri iki kiganiro yongeye guhakana ko nta bufasha na buto bahabwa n’u Rwanda atsemba ko nta gikoresho na gito bahabwa n’undi muntu uwo ari we wese byumwihariko u Rwanda rubishinjwa, yewe ngo “habe n’urushinge” rudoda imyenda.

Uyu muvugizi wa M23, avuga ko mbere yuko Abakuru b’Ibihugu bigize EAC bafata imyanzuro nk’iriya bagomba kubanza kumva impamvu uyu mutwe urwana kuko ntakindi wifuza uretse uburenganzira bw’uru ruhande rwakomeje gutoterezwa mu Gihugu cyabo.

Yagize ati “turwana kugira ngo turamuke, turwanira ejo hazaza hafite uburumbuke h’iki gihugu. Kuvuga ko igihugu cyatewe mu gihe bazi impamvu ituma turwana, ibyo ni ukuba indyarya.”

Umutwe wa M23 ukomeje gufata bimwe mu bice byo muri Kivu ya Ruguru, uvuga ko gufata ibi bice bitari biri mu bushake bwawo ahubwo ko byatewe n’igitutu wari ukomeje kotswaho na FARDC idasiba kubagabaho ibitero, ukabifata kugira ngo ubiburizemo.

Imirwano hagati ya M23 na FARDC yatumye u Rwanda na Repubukika Iharanira Demokarasi ya Congo bongera kurebana ay’ingwe mu gihe kuva Felix Tshisekedi yatorerwa kuyobora iki Gihugu, umubano w’Ibihugu byombi utarasibye kugenda ugana imbere.

Iki gitotsi gishingiye ku birego Ibihugu byombi bishinjanya aho DRC yakunze gushinja u Rwanda ari rwo ruri kurwana na FARDC rwikinze umutaka wa M23 ngo rujye gusahura umutungo w’Iki Gihugu.

Perezida Paul Kagame w’u Rwanda utarakunze kuvuga cyane kuri ibi bibazo, mu Kiganiro aherutse kugirana n’Umunyamakuru Zain Verjee wakira Ihuriro rizwi nka Qatar Economic Forum, yavuze ko Perezida Felix Tshisekedi aca hejuru ibibazo by’ukuri biri mu Gihugu cye.

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko uru ritwazo rwa Perezida Tshisekedi rwo guhimbira u Rwanda ibirego, ari ukwihunza inshingano ze nka Perezida wananiwe gukemura ibibazo yagombye kuba yarakemuke mu buryo bworoshye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 + eighteen =

Previous Post

Kigali ubu niwo Mujyi ku Isi urimo abakomeye benshi, Boris Johnson na we yahasesekaye

Next Post

CHOGM: Museveni na we aje i Kigali nyuma y’imyaka 5 atahakandagira, afashe indege idasanzwe

Related Posts

Batunguwe no gusanga abanyeshuri barimo uwiga mu mashuri abanza mu kabari k’inzoga zitemewe

Batunguwe no gusanga abanyeshuri barimo uwiga mu mashuri abanza mu kabari k’inzoga zitemewe

by radiotv10
12/02/2026
0

Abari mu bugenzuzi bwo gutahura abacuruza inzoga z’inkorano mu Murenge wa Kamembe mu Karere ka Rusizi, bavuga ko bababajwe no...

Intumwa z’Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya RDF zasuye Kaminuza y’Igisirikare cya Kazakhstan

Intumwa z’Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya RDF zasuye Kaminuza y’Igisirikare cya Kazakhstan

by radiotv10
12/02/2026
0

Itsinda ry’intumwa ziturutse mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare ‘RDFCSC Nyakinama’, ziyobowe na Brig Gen Andrew Nyamvumba, riri mu rugendo shuri...

Gisagara: Bataraka ibihombo baterwa n’isoko bacururizamo bavuga ko ridakwiye kwitwa irya kijyambere

Gisagara: Bataraka ibihombo baterwa n’isoko bacururizamo bavuga ko ridakwiye kwitwa irya kijyambere

by radiotv10
12/02/2026
0

Abaturage bo mu Karere ka Gisagara bavuga ko isoko ry’aka Karere ridakwiye kwitwa irya kijyambere, kuko ryubatswe mu buryo butajyanye...

Abapolisi b’u Rwanda bongeye kwitwara neza mu irushanwa ry’abafite ubumenyi budasanzwe ‘UAE SWAT Challenge’

Abapolisi b’u Rwanda bongeye kwitwara neza mu irushanwa ry’abafite ubumenyi budasanzwe ‘UAE SWAT Challenge’

by radiotv10
12/02/2026
0

Ikipe ya Polisi y’u Rwanda ya mbere (RNP SWAT Team 1) yegukanye umwanya wa gatatu mu cyiciro cyo kunyura mu...

Why Being Alone Sometimes Is Healthier Than Being Surrounded by People

Why Being Alone Sometimes Is Healthier Than Being Surrounded by People

by radiotv10
12/02/2026
0

Modern society often celebrates being busy and social. People are expected to attend events, respond quickly to messages, and always...

IZIHERUKA

Uko hakiriwe umukinnyi wa filimi ‘Samusure’ wari umaze igihe agiye hanze y’u Rwanda
IBYAMAMARE

Uko hakiriwe umukinnyi wa filimi ‘Samusure’ wari umaze igihe agiye hanze y’u Rwanda

by radiotv10
12/02/2026
0

Hashyizwe hanze urutonde rw’amaradiyo yo mu Rwanda yemerewe kogeza Shampiyona

Hashyizwe hanze urutonde rw’amaradiyo yo mu Rwanda yemerewe kogeza Shampiyona

12/02/2026
Abanyamakuru bubatse amazina mu Rwanda Rugimbana na Rutamu bagiye kongera gukorana ikiganiro nyuma y’igihe batumvikana

Abanyamakuru bubatse amazina mu Rwanda Rugimbana na Rutamu bagiye kongera gukorana ikiganiro nyuma y’igihe batumvikana

12/02/2026
Umuyobozi wa MONUSCO aragenzwa n’iki mu gace kagenzurwa na AFC/M23?

Umuyobozi wa MONUSCO aragenzwa n’iki mu gace kagenzurwa na AFC/M23?

12/02/2026
Imvune ya rurangiranwa Lionel Messi yatumye ikipe ye ifata icyemezo ku mukino wa gicuti ifite

Imvune ya rurangiranwa Lionel Messi yatumye ikipe ye ifata icyemezo ku mukino wa gicuti ifite

12/02/2026
Eng.-For the first time an aircraft lands at Goma Airport since AFC/M23 took control

Eng.-For the first time an aircraft lands at Goma Airport since AFC/M23 took control

12/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
CHOGM: Museveni na we aje i Kigali nyuma y’imyaka 5 atahakandagira, afashe indege idasanzwe

CHOGM: Museveni na we aje i Kigali nyuma y’imyaka 5 atahakandagira, afashe indege idasanzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uko hakiriwe umukinnyi wa filimi ‘Samusure’ wari umaze igihe agiye hanze y’u Rwanda

Hashyizwe hanze urutonde rw’amaradiyo yo mu Rwanda yemerewe kogeza Shampiyona

Abanyamakuru bubatse amazina mu Rwanda Rugimbana na Rutamu bagiye kongera gukorana ikiganiro nyuma y’igihe batumvikana

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.