Saturday, December 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

M23 yamaganiye kure ibyatangajwe ku mibare ihanitse y’abantu bahitanywe n’imirwano y’i Goma

radiotv10by radiotv10
14/03/2025
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
M23 yamaganiye kure ibyatangajwe ku mibare ihanitse y’abantu bahitanywe n’imirwano y’i Goma
Share on FacebookShare on Twitter

Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka yamaganye yivuye inyuma amakuru yatangajwe ko yabwiye kimwe mu bitangazamakuru mpuzamahanga ko imirwano y’i Goma yahitanye ubuzima bw’abantu 9 500.

Inkuru yatangajwe na Jeune Afrique, igaruka ku mibare y’abantu baguye mu mirwano yabereye i Goma ubwo Umutwe wa M23 wafataga uyu mujyi hagati ya tariki 27 na 28 Mutarama 2025.

Iyi nkuru ifite umutwe ugira uti “Est de la RDC: l’impossible bilan de la bataille de Goma”. Tugenekereje mu Kinyarwanda ni ukuvuga ngo “Imibare itangaje y’abahitanywe n’imirwano y’i Goma”.

Muri iyi nkuru, iki Kinyamakuru kigenda kigaragaza imibare yagiye itangazwa n’abantu batandukanye barimo ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, imiryango irimo uw’uw’Abibumbye, aho bose batarenzaga mu bantu ibihumbi bitatu (3 000).

Iki kinyamakuru kivuga ko umubare w’abantu 2 900 ari wo wakunze kugarukwaho mu bitangazamakuru binyuranye ko ari bo bantu baguye muri iyi mirwano.

Jeune Afrique ivuga ko tariki 05 Gashyantare 2025, AFC yatangaje ko ababarirwa mu 2 500 bo ku ruhande rw’igisirikare cya Congo n’abagifasha, baguye muri iyi mirwano,

Naho tariki 04 Gashyantare Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe ibikorwa by’Ubutabazi OCHA, rikaba ryaravuze ko hapfuye abantu 2 000, nyuma rikaza kwemeza ko hapfuye abantu 2 773 hagakomereka 3 003.

Iki kinyamakuru gikomeza kivuga ko imibare yagiye yiyongera, ku buryo tariki 09 Werurwe 2025 Minisiteri y’Ubuzima muri DRC yemeje ko hapfuye abantu 8 573, mu gihe Umuvugizi wa M23, Lawrence Kanyuka ngo yemereye iki kinyamakuru ku murongo wa Telefone ko imibare yazamutse ikagera ku 9 500.

Mu butumwa Lawrence Kanyuka yatangaje kuri uyu wa Gatanu tariki 14 Werurwe kuri iyi nkuru ya Jeune Afrique, yamaganiye kure ibyo yavuzweho ko yabwiye iki kinyamakuru.

Yagize ati “Namaganye nivuye inyuma imibare yo hejuru iri muri iyi nkuru ya Jeune Afrique yanditswe n’umunyamakuru wayo, Emmet Livingstone. Nta nshuro n’imwe nigeze ngirana ikiganiro n’iki gitangazamakuru cyerekeranye n’ibivugwa ku mubare w’abapfuye bagera 9 500. Ibi byatangajwe, ni ibihimbano, kandi nta kintu na kimwe kigaragaza ko nabitangaje.”

Uyu muvugizi wa M23 yasabye iki kinyamakuru Jeune Afrique gusiba iyi nkuru, kigatangaza amakuru y’ukuri mu gihe cya vuba, kandi agahabwa umwanya akagira icyo avuga mu bizatangazwa muri iyo nkuru kugira ngo agaragaze uruhande rw’uyu mutwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 + one =

Previous Post

Habaye indi mpanuka y’imodoka ya bisi

Next Post

Akaliza nyiri Billion Traders FX yasabiwe gufungwa imyaka itanu n’ihazabu ya Miliyari 5 kubera gutanga sheki itazigamiye

Related Posts

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

by radiotv10
19/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko uruhande bahanganye rukomeje kurenga ku gahenge ko guhagarika imirwano, aho rwagabye ibitero birimo iby’indege z’intambara n’ibyo...

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

by radiotv10
19/12/2025
0

Umugabo washakishwaga akekwaho kurasa abantu babiri muri Kaminuza ya Brown muri Leta Zunze Ubumwe za America, no kwica umwarimu wa...

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

by radiotv10
19/12/2025
0

The AFC/M23 coalition has announced that the opposing side continues to violate the ceasefire agreement, carrying out attacks that include...

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

AFC/M23 yavuze ko nubwo iri kuvana abarwanyi bayo muri Uvira hari icyo yifuza cyazayishimisha

by radiotv10
19/12/2025
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwavuze ko ari byiza kuba ryubahirije icyifuzo cyo gukura...

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

by radiotv10
18/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko abarwanyi baryo batangiye kuva mu mujyi wa Uvira nyuma yo kwemera kuwurekura ribisabwe n’ubuhuza bwa Leta...

IZIHERUKA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo
MU RWANDA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

19/12/2025
AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

19/12/2025
Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

19/12/2025
Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

19/12/2025
Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

19/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Akaliza nyiri Billion Traders FX yasabiwe gufungwa imyaka itanu n’ihazabu ya Miliyari 5 kubera gutanga sheki itazigamiye

Akaliza nyiri Billion Traders FX yasabiwe gufungwa imyaka itanu n'ihazabu ya Miliyari 5 kubera gutanga sheki itazigamiye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.