Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

M23 yamaganiye kure ibyatangajwe ku mibare ihanitse y’abantu bahitanywe n’imirwano y’i Goma

radiotv10by radiotv10
14/03/2025
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
M23 yamaganiye kure ibyatangajwe ku mibare ihanitse y’abantu bahitanywe n’imirwano y’i Goma
Share on FacebookShare on Twitter

Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka yamaganye yivuye inyuma amakuru yatangajwe ko yabwiye kimwe mu bitangazamakuru mpuzamahanga ko imirwano y’i Goma yahitanye ubuzima bw’abantu 9 500.

Inkuru yatangajwe na Jeune Afrique, igaruka ku mibare y’abantu baguye mu mirwano yabereye i Goma ubwo Umutwe wa M23 wafataga uyu mujyi hagati ya tariki 27 na 28 Mutarama 2025.

Iyi nkuru ifite umutwe ugira uti “Est de la RDC: l’impossible bilan de la bataille de Goma”. Tugenekereje mu Kinyarwanda ni ukuvuga ngo “Imibare itangaje y’abahitanywe n’imirwano y’i Goma”.

Muri iyi nkuru, iki Kinyamakuru kigenda kigaragaza imibare yagiye itangazwa n’abantu batandukanye barimo ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, imiryango irimo uw’uw’Abibumbye, aho bose batarenzaga mu bantu ibihumbi bitatu (3 000).

Iki kinyamakuru kivuga ko umubare w’abantu 2 900 ari wo wakunze kugarukwaho mu bitangazamakuru binyuranye ko ari bo bantu baguye muri iyi mirwano.

Jeune Afrique ivuga ko tariki 05 Gashyantare 2025, AFC yatangaje ko ababarirwa mu 2 500 bo ku ruhande rw’igisirikare cya Congo n’abagifasha, baguye muri iyi mirwano,

Naho tariki 04 Gashyantare Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe ibikorwa by’Ubutabazi OCHA, rikaba ryaravuze ko hapfuye abantu 2 000, nyuma rikaza kwemeza ko hapfuye abantu 2 773 hagakomereka 3 003.

Iki kinyamakuru gikomeza kivuga ko imibare yagiye yiyongera, ku buryo tariki 09 Werurwe 2025 Minisiteri y’Ubuzima muri DRC yemeje ko hapfuye abantu 8 573, mu gihe Umuvugizi wa M23, Lawrence Kanyuka ngo yemereye iki kinyamakuru ku murongo wa Telefone ko imibare yazamutse ikagera ku 9 500.

Mu butumwa Lawrence Kanyuka yatangaje kuri uyu wa Gatanu tariki 14 Werurwe kuri iyi nkuru ya Jeune Afrique, yamaganiye kure ibyo yavuzweho ko yabwiye iki kinyamakuru.

Yagize ati “Namaganye nivuye inyuma imibare yo hejuru iri muri iyi nkuru ya Jeune Afrique yanditswe n’umunyamakuru wayo, Emmet Livingstone. Nta nshuro n’imwe nigeze ngirana ikiganiro n’iki gitangazamakuru cyerekeranye n’ibivugwa ku mubare w’abapfuye bagera 9 500. Ibi byatangajwe, ni ibihimbano, kandi nta kintu na kimwe kigaragaza ko nabitangaje.”

Uyu muvugizi wa M23 yasabye iki kinyamakuru Jeune Afrique gusiba iyi nkuru, kigatangaza amakuru y’ukuri mu gihe cya vuba, kandi agahabwa umwanya akagira icyo avuga mu bizatangazwa muri iyo nkuru kugira ngo agaragaze uruhande rw’uyu mutwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four + eight =

Previous Post

Habaye indi mpanuka y’imodoka ya bisi

Next Post

Akaliza nyiri Billion Traders FX yasabiwe gufungwa imyaka itanu n’ihazabu ya Miliyari 5 kubera gutanga sheki itazigamiye

Related Posts

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

by radiotv10
07/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Israel, Gideon Saar, yagiriye uruzinduko muri Somaliland, nyuma yo kwemeza nk'Igihugu cyigenga iyi Ntara yo muri...

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

by radiotv10
07/01/2026
0

Umuryango Uharanira Amahoro n'Imibereho myiza y’Abaturage (CPCC), watangaje ko Abantu 105 bari mu nkambi z’impunzi z’Abanyekongo ziri mu Burundi, bitabye...

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

by radiotv10
07/01/2026
0

Impanuka y’ikamyo yabereye mu mujyi wa Semera, mu Karere ka Afar mu majyaruguru ya Ethiopia, yari ibatwaye nk'abimukira, yahitanye abantu...

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

by radiotv10
06/01/2026
0

Raporo ku bugenzuzi bwakorewe ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’Amahoro, yagaragaje ko hari ingingo z’ingenzi zikomeje kwirengagizwa mu masezerano y’i Washington,...

Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

by radiotv10
06/01/2026
0

A report assessing the implementation of peace agreements has revealed that key provisions of the Washington Peace Agreement continue to...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Akaliza nyiri Billion Traders FX yasabiwe gufungwa imyaka itanu n’ihazabu ya Miliyari 5 kubera gutanga sheki itazigamiye

Akaliza nyiri Billion Traders FX yasabiwe gufungwa imyaka itanu n'ihazabu ya Miliyari 5 kubera gutanga sheki itazigamiye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.