Wednesday, October 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

M23 yamaganiye kure ibyatangajwe ku mibare ihanitse y’abantu bahitanywe n’imirwano y’i Goma

radiotv10by radiotv10
14/03/2025
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
M23 yamaganiye kure ibyatangajwe ku mibare ihanitse y’abantu bahitanywe n’imirwano y’i Goma
Share on FacebookShare on Twitter

Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka yamaganye yivuye inyuma amakuru yatangajwe ko yabwiye kimwe mu bitangazamakuru mpuzamahanga ko imirwano y’i Goma yahitanye ubuzima bw’abantu 9 500.

Inkuru yatangajwe na Jeune Afrique, igaruka ku mibare y’abantu baguye mu mirwano yabereye i Goma ubwo Umutwe wa M23 wafataga uyu mujyi hagati ya tariki 27 na 28 Mutarama 2025.

Iyi nkuru ifite umutwe ugira uti “Est de la RDC: l’impossible bilan de la bataille de Goma”. Tugenekereje mu Kinyarwanda ni ukuvuga ngo “Imibare itangaje y’abahitanywe n’imirwano y’i Goma”.

Muri iyi nkuru, iki Kinyamakuru kigenda kigaragaza imibare yagiye itangazwa n’abantu batandukanye barimo ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, imiryango irimo uw’uw’Abibumbye, aho bose batarenzaga mu bantu ibihumbi bitatu (3 000).

Iki kinyamakuru kivuga ko umubare w’abantu 2 900 ari wo wakunze kugarukwaho mu bitangazamakuru binyuranye ko ari bo bantu baguye muri iyi mirwano.

Jeune Afrique ivuga ko tariki 05 Gashyantare 2025, AFC yatangaje ko ababarirwa mu 2 500 bo ku ruhande rw’igisirikare cya Congo n’abagifasha, baguye muri iyi mirwano,

Naho tariki 04 Gashyantare Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe ibikorwa by’Ubutabazi OCHA, rikaba ryaravuze ko hapfuye abantu 2 000, nyuma rikaza kwemeza ko hapfuye abantu 2 773 hagakomereka 3 003.

Iki kinyamakuru gikomeza kivuga ko imibare yagiye yiyongera, ku buryo tariki 09 Werurwe 2025 Minisiteri y’Ubuzima muri DRC yemeje ko hapfuye abantu 8 573, mu gihe Umuvugizi wa M23, Lawrence Kanyuka ngo yemereye iki kinyamakuru ku murongo wa Telefone ko imibare yazamutse ikagera ku 9 500.

Mu butumwa Lawrence Kanyuka yatangaje kuri uyu wa Gatanu tariki 14 Werurwe kuri iyi nkuru ya Jeune Afrique, yamaganiye kure ibyo yavuzweho ko yabwiye iki kinyamakuru.

Yagize ati “Namaganye nivuye inyuma imibare yo hejuru iri muri iyi nkuru ya Jeune Afrique yanditswe n’umunyamakuru wayo, Emmet Livingstone. Nta nshuro n’imwe nigeze ngirana ikiganiro n’iki gitangazamakuru cyerekeranye n’ibivugwa ku mubare w’abapfuye bagera 9 500. Ibi byatangajwe, ni ibihimbano, kandi nta kintu na kimwe kigaragaza ko nabitangaje.”

Uyu muvugizi wa M23 yasabye iki kinyamakuru Jeune Afrique gusiba iyi nkuru, kigatangaza amakuru y’ukuri mu gihe cya vuba, kandi agahabwa umwanya akagira icyo avuga mu bizatangazwa muri iyo nkuru kugira ngo agaragaze uruhande rw’uyu mutwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − fifteen =

Previous Post

Habaye indi mpanuka y’imodoka ya bisi

Next Post

Akaliza nyiri Billion Traders FX yasabiwe gufungwa imyaka itanu n’ihazabu ya Miliyari 5 kubera gutanga sheki itazigamiye

Related Posts

Mu rugamba rwa AFC/M23 na FARDC hongeye kugaragazwa uruhande rwakoreshejwe intwaro rutura

Byongeye gukomera hagati ya AFC/M23 na FARDC uruhande rumwe rwongera gukoresha intwaro za rutura

by radiotv10
21/10/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza uruhande bahanganye rugizwe n’abarimo FARDC rwongeye kurenga ku gahenge rukarasana ubugome bukabije rukoresheje indege z’intambara mu bice...

Uko uwabaye Perezida w’u Bufaransa yageze kuri Gereza agiye gufungirwamo nyuma yo gukatirwa

Uko uwabaye Perezida w’u Bufaransa yageze kuri Gereza agiye gufungirwamo nyuma yo gukatirwa

by radiotv10
21/10/2025
0

Nicolas Sarkozy wabaye Perezida w’u Bufaransa, yageze kuri Gereza ya La Santé i Paris muri iki Gihugu yayoboye, kugira ngo...

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Amakuru avugwa mu mirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

by radiotv10
20/10/2025
0

Imirwano ikomeye hagati y’abarwanyi ba AFC/M23 n’inyeshyamba za Wazalendo, yaramutse mu mujyi a Nyabiondo muri Teritwari ya Masisi mu Ntara...

Moïse Katumbi utavuga rumwe na Tshisekedi yavuze icyo abona cyazanira amahoro Congo

Moïse Katumbi utavuga rumwe na Tshisekedi yavuze icyo abona cyazanira amahoro Congo

by radiotv10
20/10/2025
0

Umunyapolitiki Moïse Katumbi utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Perezida Félix Tshisekedi banahatanye mu matora y’Umukuru w’Igihugu, yavuze ko afite ubushake bwo...

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho gukaza imbaraga mu gufasha FARDC guhangana na AFC/M23

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho gukaza imbaraga mu gufasha FARDC guhangana na AFC/M23

by radiotv10
17/10/2025
0

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera umubare w’abasirikare boherezwa mu bice binyuranye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo gufasha FARDC guhangana...

IZIHERUKA

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho Abasenateri bane barimo babiri bahoze muri Guverinoma y’u Rwanda
MU RWANDA

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho Abasenateri bane barimo babiri bahoze muri Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
21/10/2025
0

Mukura yanditse yerura ko itishimiye imisifurire mu mukino wayo na APR

Mukura yanditse yerura ko itishimiye imisifurire mu mukino wayo na APR

21/10/2025
Mu rugamba rwa AFC/M23 na FARDC hongeye kugaragazwa uruhande rwakoreshejwe intwaro rutura

Byongeye gukomera hagati ya AFC/M23 na FARDC uruhande rumwe rwongera gukoresha intwaro za rutura

21/10/2025
Ibidasanzwe ku modoka nshya y’akataraboneka Rutahizamu ukomeye ku Isi Haaland yaguze

Ibidasanzwe ku modoka nshya y’akataraboneka Rutahizamu ukomeye ku Isi Haaland yaguze

21/10/2025
Umuburo wihutirwa ureba umuntu wese wanyoye iyi Jus n’iki kinyobwa mu Rwanda

Umuburo wihutirwa ureba umuntu wese wanyoye iyi Jus n’iki kinyobwa mu Rwanda

21/10/2025
Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

21/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Akaliza nyiri Billion Traders FX yasabiwe gufungwa imyaka itanu n’ihazabu ya Miliyari 5 kubera gutanga sheki itazigamiye

Akaliza nyiri Billion Traders FX yasabiwe gufungwa imyaka itanu n'ihazabu ya Miliyari 5 kubera gutanga sheki itazigamiye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho Abasenateri bane barimo babiri bahoze muri Guverinoma y’u Rwanda

Mukura yanditse yerura ko itishimiye imisifurire mu mukino wayo na APR

Byongeye gukomera hagati ya AFC/M23 na FARDC uruhande rumwe rwongera gukoresha intwaro za rutura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.